• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!   |   22 Jan 2021

  • Ushobora gusiga ikikwirukaho, ariko ntiwasiga ikikwirukamo. Abajenosideri isi yababanye nto, bahora bikanga kugarurwa mu Rwanda.Nta gahinda nko kwikanga gusubira iwanyu!   |   21 Jan 2021

  • Ingabo z’u Rwanda zifite inshingano zidasanzwe zo kurindira umutekano Perezida wa Centrafrique kugera ku muturage wo hasi no gukumira ibitero by’inyeshyamba   |   21 Jan 2021

  • Ibyo umushakashatsi wemerewe kureba inyandiko za Mitterrand yiboneye n’amaso ye, yemeza ko Ubufaransa bwagize uruhare muri Jenoside Yakorewe Abatutsi   |   19 Jan 2021

  • U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura   |   18 Jan 2021

  • Umunyarwanda ati:”Umutindi umuha amata akaruka amaraso”. Patrick Habamenshi, ubuparmehutu buranze burakokamye?!   |   18 Jan 2021

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Wari uzi ko gutera Gatarina [ Kondo] mu karere byatangiriye muri Uganda?

Editorial 05 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ejo naganiraga n’umuntu uzi neza ibyo muri Uganda, wabayeyo uzi  iby’ubutegetsi bwa Perezida Museveni, akaba akunze gusoma inkuru za Rushyashya zikamuryohera, agira ati : Mwebwe ntimuzi uby’aba baturanyi, ati twe twabanye nabo turamuzi, ushobora kugirango ni abantu beza ariko ni abantu bafite uburyarya bwinshi,  amayeri, ishyari, ubusambo, uburiganya, guteranya, ubugambanyi n’ibindi byinshi.

Ati: wari uziko ibyo gutera gatarina ariyo i bugande bizwi nka ”Kondo” byatangiriye Uganda mu ntambara yatangijwe na Museveni ahirika k’ubutegetsi Obote. Iyi Kond mu Rwanda mbere ya jenoside muri za 85-90 bayitaga gutera  “Gatarina”. Ati : ubu ni uburyo bwo kwiba  Museveni na bagenzi be bakoresheje mu ntambara yo gukuraho  ubutegetsi bwa Obote na Idi Amin Dada, kuva muri za 81-86, icyo gihe bari mu ishyamba bavaga Tanzania, bakinjira muri Uganda rwihishwa  bakamena inzugi z’abaturage bakoresheje ikibuye kinini bashyize mu igunira, barangiza bakakizunguza, bakagihonda k’urugi rukagwa imbere, bakinjira bagasahura imyaka, udufaranga n’ibindi basangaga hafi aho.

Ibi nibyo bita mu kigande Kondo, ikaba intwaro ikomeye Museveni yarwanishije mu gu sabota leta barwanaga. Ariko na nyuma y’urugamba iyo ntwaro yakomeje gukoreshwa n’abajura kabuhariwe muri Uganda, bakiba iby’abaturage.

Ntagitangaza rero kirimo kumva Museveni n’umuryango we biba ama Banki muri Uganda, bagatwara amafaranga y’abaturage.

Reba inkuru bijyanye:

Uganda: Justine Bagyenda Mu Mazi Abira Nyuma Yo Kubangamira Igurishwa Rya Crane Bank, Museveni Yari Afitemo Inyungu – https://rushyashya.net/2018/12/04/uganda-justine-bagyenda-mu-mazi-abira-nyuma-yo-kubangamira-igurishwa-rya-crane-bank-museveni-yari-afitemo-inyungu/

Ibi Museveni siwe ubyikorera gusa, ahubwo afite agatsiko yagize inkoramutima kamufasha mu kuyogoza igihugu ndetse no kubangamira ubusugire bw’ibihugu bituranyi.

Urugero rwabo akorana nabo twavuga  muri Kampala,  ni igihe abaturage benshi bamenyaga  Rujugiro ubwo ikinyamakuru cyo muri Uganda cyatangazaga ko yasinye amasezerano y’ubucuruzi na murumuna wa Museveni, Gen. Saleh Akandwanaho, abarirwa muri miliyoni z’amadolari.

Muri ayo masezerano, Gen. Saleh yahawe imigabane mu ruganda rw’itabi rwa Rujugiro ingana na 15%, na we amwemerera kurinda imari ye muri icyo gihugu no mu Karere.

Bivugwa ko iyo Rujugiro ari muri Kampala arindwa kurusha abajenerali ba Uganda ndetse n’abahungu be bakarindwa gutyo. Iki ni imwe mu mpamvu muzi igaragaza uko inzego z’iperereza za Uganda (CMI), zabaye inzira yo gushaka abayoboke ba RNC muri Uganda.

Muri Afurika y’Epfo, igitabo cy’umunyamakuru ucukumbura, Jacques Pauw, yise “The President’s Keepers: Those Keeping Zuma in power and Out of Prison”, kivuga ku batumaga Perezida Zuma atava ku butegetsi ntanafungwe nyamara ahora ashinjwa ibyaha birimo ruswa ku ka rubanda, gihishura byinshi ku bikorwa bya Rujugiro.

Uyu Pauw ashyira Rujugiro mu gatsiko ka ’“abicanyi, abacuruzi b’intwaro n’amabandi ruharwa”, yatumye Afurika y’Epfo iba mu “bihugu bitanu ku Isi bifite ibibazo bikomeye mu bucuruzi bw’itabi butemewe”.

Iyi magendu y’itabi  ryacuruzwaga na Rujugiro igereranywa na zahabu nshya  yari ikomeje kuzamura inyungu ku 1000% y’ubu bucuruzi bumaze kuba ihuriro ry’abanyabyaha.

Muri iki gitabo avuga ko ingaruka z’iyo magendu ari uruhuri, kuko uretse gusubiza inyuma igihugu mu bijyanye n’imisoro harimo no kuba indiri y’ibyaha nk’iyezandonke, magendu, no gutiza umurindi ubucuruzi bw’abantu n’ubw’ibiyobyabwenge.

Mu gitabo cye Pauw yakomeje agira ati “Magendu mu itabi ihombya guverinoma miliyari eshatu z’ama-rand kubera kunyereza imisoro, iyezandonke na ruswa.”

Mu iperereza ryakorwaga kuri magendu y’iyo “zahabu yirabura”yari ikomeje guha isura mbi Afurika y’Epfo, Rujugiro yisanze yafatiwe i Londres ku busabe bw’Ubushinjacyaha muri Afurika y’Epfo.

Mu 2007, Ikigo gishinzwe Imisoro n’Amahoro muri iki gihugu cyahagaritse ibikorwa by’uruganda rw’itabi rwa Rujugiro muri Wilsonia kubera magendu ya miliyoni 7.4 z’amadolari. Yaregwaga n’ibirego 25 byo kutishyura imisoro, 25 byo kohereza hanze ibicuruzwa bitanyuze muri za gasutamo, bitandatu birebana no kutishyura umusoro ku nyungu na kimwe cyo gukora ubucuruzi hadakurikijwe amategeko.

Muri Nigeria Rujugiro yatetseyo imitwe, muri iki gihugu na ho Rujugiro yanyereje amafaranga menshi hagendewe ku mahirwe ubuyobozi bwamuhaye ngo ikigo cye Leaf Tobacco Company gikurirweho 60% by’imisoro mu kwinjizayo amasegereti n’ibindi bikoresho nkenerwa kugira ngo ahatangize uruganda, mu gihe cy’imyaka itatu.

Mu buryo bufifitse, hashize imyaka itandatu, ikigo cye cyari kitaratangira gukorera amatabi muri Nigeria ariko kikigendera kuri ya mahirwe cyahawe.

Rujugiro Tribert

Uwo niwe mugabo ukomeje kuba inyuma y’imigambi igamije kwangisha amahanga u Rwanda, ruharwa mu kwigwizaho imitungo mu manyanga, wibwira ko amafaranga ye ashobora kugera aho ahindura n’ubutegetsi.

Imigambi ya Rujugiro igamije guharabika no kwigwizaho imbaraga zamufasha guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda isa n’iyagonze urukuta ku buryo ishobora kuzahera mu ndoto ubuziraherezo.

Rujugiro aheruka no gukurikiranwaho kunyereza imisoro mu Rwanda, kugeza ubwo inyubako ya UTC yari afitemo imigabane 97% yagurishijwe mu cyamunara kuri miliyari esheshatu, miliyoni 877 n’ibihumbi 150 z’amafaranga y’u Rwanda.

Si Rujugiro gusa bakorana n’umuryango wa Museveni kuko na bamwe mu bakomeye muri RNC barimo ba Kayumba Nyamwasa,Rugema Kayumba umenyereweho gushimuta abanyarwanda muri Uganda bakorana bya hafi. Uyu Rugema we Museveni yamwiyegereje kuva kera dore ko bafitanye isano, kuko umugore wa Rugema ni mwene wabo na Museveni, bigaragaza gukorana kwa hafi mu bikorwa byo kubangamira inyungu z’u Rwanda.

Museveni n’umuryango we bakomeje kuvugwaho gusahura imitungo ya leta ya Uganda kugeza naho baherutse kuvumburwa barabeshye imibare y’impunzi ziri muri Uganda, aho bari babeshye ko impunzi Uganda itunze ari miliyoni imwe n’ibihumbi Magana ane, UNHCR ibaruye isanga hiyongeraho ibihumbi Magana atatu by’impunzi bari batubuye ngo babone amafaranga UNHCR yari kuzajya itanga.

Iyi nkambi ya Nakivale muri Uganda irimo impunzi zingahe koko ?

Uretse ibyo gutekinika imibare y’impunzi ,  Museveni aravugwaho  urwango rukomeye afitiye  abanyarwanda Urugero : Nyuma y’ijambo Perezida Museveni, yavugiye ahitwa Kalwana Mukarere Ka Gasanda, ahahoze ari muri Mubende mbere y’uko bayigabanyamo Kabiri,  Museveni yavuzeko Abanyarwanda, Abarundi, Abakongomani, Abatanzania Aba Sudani Na Kenya bose abari Mubirombe bicukurwamo  y’Amabuye yagaciro azwi nka zahabu ko ayo mabuye ari ubukungu bwa Uganda n’abanyagihugu b’abagande,  avugako abanyamahanga bose bagomba kuva muribyo birombe bigakorwamo n’abanyagihugu.

Iryo jambo yari vuze tariki ya  30 Ugushyingo 2018,  niho ikirombe cya Lubaali Mu karere ka Gasanda,  higabyemo abasirikare n’abapolice ba Uganda batangira gufata abanyarwanda bose ngo bave mukirombe hakorwemo abanyagihugu, kugeza n’ubu abo banyarwanda bafashwe ntawe uzi irengero ryabo bamwe batangiye gushinjwa ubutasi.

2018-12-05
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Uko Abanyarwanda barekuwe na Uganda batashye bavuga ku bucakara n’iyicarubozo bakorewe na CMI byahitanye bagenzi babo

Editorial 19 Jun 2019
Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Ikibazo cy’u Rwanda na Uganda ntaho gihuriye n’imipaka – Perezida Kagame

Editorial 30 Jan 2020
Umucamanza urekura abajenosideri  batarangije ibihano yongerewe manda

Umucamanza urekura abajenosideri batarangije ibihano yongerewe manda

Editorial 03 Jul 2018
Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe

Imbere y’Ubutabera Paul Rusesabagina Yasabye Imbabazi ku bw’Ibikorwa bya FLN Byahitanye Abaturage Bigaragaza Uruhare rwe nk’Umukuru wuwo Mutwe

Editorial 14 Sep 2020

Igitekerezo kimwe

  1. katsibwenene
    December 5, 20183:02 pm -

    Ariko ubutiriganya rwose BURASA urabushoboye, hogowe abaturanyi bawe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

Hashinzwe Fondasiyo yigenga ikora ubushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no kurwanya abayihakana

12 Jan 2021
Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

Abapolisi benshi cyane muri Washington DC bambariye urugamba, Abantu Bane bamaze gupfa nyuma yuko abashyigikiye Trump binjiye ku ngufu muri Kongere

07 Jan 2021
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

16 Oct 2020
Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

Judi Rever Umunya Canada wahagurukiye guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, yahawe akato, ahezwa mu ruhando rw’abanyamakuru b’ibihangange!!

07 Oct 2020
Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

Ibihe by’Ingenzi byaranze Inkotanyi/RPA ku rugamba intambwe ku yindi

02 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

10 Jan 2021
Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

Ikigo nderabuzima cya Mbuye muri Ruhango cyahawe ingobyi itwara abarwayi (Ambulance) bemerewe na Ministiri Shyaka Anastase, Abaturage barishimira ko umubare w’ababuraga ubuzima ugiye kugabanuka by’Umwihariko Abana n’Ababyeyi

06 Jan 2021
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yatangaje Ingamba zirimo Guma mu rugo kubera ko icyorezo cya Covid-19 kimaze gufata indi ntera

05 Jan 2021
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa(RCS) rwashyizeho umuvugizi mushya

22 Jul 2020
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

02 Jul 2020
Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

Nyuma yo gukubitirwa muri Kongo, Paul Rusesabagina yacuditse na Manyinya kugirango arebe ko bwacya kabiri

25 Jun 2020
Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

16 Jun 2020

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru