• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Ubwanditsi 24 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’umutekano wa Uganda, Gen Elly Tumwiine, kuri uyu wa Gatatu yahamagariye inzego z’ubutasi mu karere gukorana, mu rwego rwo guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano byugarije akarere n’umugabane. Yakomoje no ku kuntu Uganda na Kenya byari bigiye kujya mu ntambara kubera amakuru apfuye.

Minisitiri Tumwiine yasobanuye ko gusangira amakuru hagati y’abakuru b’inzego z’umutekano n’iz’ubutasi mu bihugu byo mu karere ari bwo buryo bwiza bwo kubaka ibiraro bibahuza Afurika Yunze Ubumwe igerageza kubaka bigasimbura za bariyeri cyangwa imipaka yashyizweho n’abakoloni muri Afurika.

Gen Elly Tumwiine akaba yatangaje ibi mu nama ya 5 y’abakuru b’inzego z’ubutasi n’umutekano mu bihugu 12 byo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba.Aba bayobozi bakaba bari muri Uganda mu rwego rwo gusangira amakuru ku bintu bitandukanye birimo imitwe yitwaje ibirwanisho n’indi yitwara gisirikare.

Ibi bihugu ni; Kenya, South Sudan, Sudan, Rwanda, Tanzania, Comoros, Djibouti, Mauritius, Madagascar, Somalia, Ethiopia na Uganda, ndetse n’abagize Komite Nyafurika ya Serivisi z’Ubutasi n’Umutekano (African Committee of Intelligence and Security Services).

Muri iyi nama yabereye Entebbe, minisitiri Tumwiine yavuze ko ibihugu bikomeje guhura n’ibibazo birimo ibyaha byihishwe inyuma na politiki, ibyaha bikorerwa kuri internet, ibyaha byateguwe n’iterabwoba, avuga ko bisaba gufatanya guhangana nabyo.

Akavuga ko ibi byagerwaho ari uko abantu bakora mu butasi bakomeje gukorana bagasangira amakuru yo gukumira icyo babona kigamije guhungabanya umutekano w’ibihugu.

Gen Tumwiine yakomoje ku kuntu mu myaka isaga 20 ishize Uganda yari igiye kurwana n’umuturanyi wayo, Kenya, intambara ikabuzwa n’o kuvugana kwa hafi kw’abari bakuriye inzego z’ubutasi mu bihugu byombi.

Tumwiine yavuze ku bo yise abacuruzi b’amakuru bakwiye kwirindwa mu nzego z’ubutasi avuga ukuntu mu 1990 ubwo ubwe yari umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe umutekano wo hanze y’igihugu (ESO) muri Uganda, aba bantu bagerageje kurema amakimbirane hagati ya Uganda na Kenya, kugeza ubwo ibihugu byombi byavugaga ukuntu bigiye kohereza ingabo ku mipaka ibihuza.

Yagize ati: “Kubw’amahirwe kubera ko twari dufite uko tuvugana na bamwe mu bayobozi muri Kenya, twari twarashyizeho mu gihe cy’intambara y’ishyamba; ubwo nahamagaraga mugenzi wanjye wo muri Kenya musaba kongera gusuzuma amakuru yari afite , twasanze yaraturutse ku muntu umwe natwe waduhaye amakuru”.

“Twabimenyesheje abakuru b’ibihugu bagirana inama hafi y’umupaka, hanyuma batubwira ‘  kuva uyu munsi, mugomba kujya musangira amakuru hagati yanyu mujye muduhamagara igihe ibintu byageze kure y’ubushobozi bwanyu bwo kubyitaho’ kuva icyo gihe ntiturongera kugirana ikibazo nk’icyo na Kenya”.

Kubera ibyo bintu byabaye, Gen Tumwiine yabwiye abakuru b’inzego z’umutekano ko kugirango ibihugu by’akarere byubake ibiraro, bigomba kumva byisanzuye mu gusangira amakuru hagati yabyo.

Nk’uko bitangazwa na Ambasaderi Joseph Ochwet, Umuyobozi mukuru wa ESO, ngo inzego z’ubutasi n’iz’umutekano z’ibihugu bitandukanye ziyemeje kujya zihana amakuru yagirira akamaro ibindi bihugu zegeranyije ahantu hatandukanye .

 

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Undi muyobozi ukomeye muri FDLR, wakoranaga na Kayumba Nyamwasa yishwe arashwe

Undi muyobozi ukomeye muri FDLR, wakoranaga na Kayumba Nyamwasa yishwe arashwe

Ubwanditsi 02 Sep 2019
Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Umuzindaro wa bene Mbonyumutwa Uwimana Nkusi Agnes Ugeze Aho Uvuga ko Abatutsi muri 1959 Bahunze u Rwanda kubera Ubwibone, Yavugirijwe induru n’Abakoresha imbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 18 Aug 2021
Ingabo z’u Rwanda zo mu mutwe w’ingabo zikora ibikorwa bidasanzwe (Special Forces) zatabaye ingabo z’u Burundi ziturutse mu bilometero 70 mu gihugu cya Centrafrique

Ingabo z’u Rwanda zo mu mutwe w’ingabo zikora ibikorwa bidasanzwe (Special Forces) zatabaye ingabo z’u Burundi ziturutse mu bilometero 70 mu gihugu cya Centrafrique

Ubwanditsi 03 Jan 2021
FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

RUSHYASHYA 13 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyoma bya RNC, ishingiro ry’ibikorwa bya leta ya Uganda bibangamira Umudendezo w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ibinyoma bya RNC, ishingiro ry’ibikorwa bya leta ya Uganda bibangamira Umudendezo w’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Jan 2018
Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye ikiganiro ku ntege nke z’ibihugu, ukwiyongera k’ubukungu n’iterambere

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani
INKURU NYAMUKURU

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Ubwanditsi 23 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru