• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Uko hari hagiye kuvuka intambara hagati ya Uganda na Kenya kubera amakuru y’ikinyoma

Ubwanditsi 24 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’umutekano wa Uganda, Gen Elly Tumwiine, kuri uyu wa Gatatu yahamagariye inzego z’ubutasi mu karere gukorana, mu rwego rwo guhangana n’ibibazo bikomeye by’umutekano byugarije akarere n’umugabane. Yakomoje no ku kuntu Uganda na Kenya byari bigiye kujya mu ntambara kubera amakuru apfuye.

Minisitiri Tumwiine yasobanuye ko gusangira amakuru hagati y’abakuru b’inzego z’umutekano n’iz’ubutasi mu bihugu byo mu karere ari bwo buryo bwiza bwo kubaka ibiraro bibahuza Afurika Yunze Ubumwe igerageza kubaka bigasimbura za bariyeri cyangwa imipaka yashyizweho n’abakoloni muri Afurika.

Gen Elly Tumwiine akaba yatangaje ibi mu nama ya 5 y’abakuru b’inzego z’ubutasi n’umutekano mu bihugu 12 byo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba.Aba bayobozi bakaba bari muri Uganda mu rwego rwo gusangira amakuru ku bintu bitandukanye birimo imitwe yitwaje ibirwanisho n’indi yitwara gisirikare.

Ibi bihugu ni; Kenya, South Sudan, Sudan, Rwanda, Tanzania, Comoros, Djibouti, Mauritius, Madagascar, Somalia, Ethiopia na Uganda, ndetse n’abagize Komite Nyafurika ya Serivisi z’Ubutasi n’Umutekano (African Committee of Intelligence and Security Services).

Muri iyi nama yabereye Entebbe, minisitiri Tumwiine yavuze ko ibihugu bikomeje guhura n’ibibazo birimo ibyaha byihishwe inyuma na politiki, ibyaha bikorerwa kuri internet, ibyaha byateguwe n’iterabwoba, avuga ko bisaba gufatanya guhangana nabyo.

Akavuga ko ibi byagerwaho ari uko abantu bakora mu butasi bakomeje gukorana bagasangira amakuru yo gukumira icyo babona kigamije guhungabanya umutekano w’ibihugu.

Gen Tumwiine yakomoje ku kuntu mu myaka isaga 20 ishize Uganda yari igiye kurwana n’umuturanyi wayo, Kenya, intambara ikabuzwa n’o kuvugana kwa hafi kw’abari bakuriye inzego z’ubutasi mu bihugu byombi.

Tumwiine yavuze ku bo yise abacuruzi b’amakuru bakwiye kwirindwa mu nzego z’ubutasi avuga ukuntu mu 1990 ubwo ubwe yari umuyobozi mukuru w’urwego rushinzwe umutekano wo hanze y’igihugu (ESO) muri Uganda, aba bantu bagerageje kurema amakimbirane hagati ya Uganda na Kenya, kugeza ubwo ibihugu byombi byavugaga ukuntu bigiye kohereza ingabo ku mipaka ibihuza.

Yagize ati: “Kubw’amahirwe kubera ko twari dufite uko tuvugana na bamwe mu bayobozi muri Kenya, twari twarashyizeho mu gihe cy’intambara y’ishyamba; ubwo nahamagaraga mugenzi wanjye wo muri Kenya musaba kongera gusuzuma amakuru yari afite , twasanze yaraturutse ku muntu umwe natwe waduhaye amakuru”.

“Twabimenyesheje abakuru b’ibihugu bagirana inama hafi y’umupaka, hanyuma batubwira ‘  kuva uyu munsi, mugomba kujya musangira amakuru hagati yanyu mujye muduhamagara igihe ibintu byageze kure y’ubushobozi bwanyu bwo kubyitaho’ kuva icyo gihe ntiturongera kugirana ikibazo nk’icyo na Kenya”.

Kubera ibyo bintu byabaye, Gen Tumwiine yabwiye abakuru b’inzego z’umutekano ko kugirango ibihugu by’akarere byubake ibiraro, bigomba kumva byisanzuye mu gusangira amakuru hagati yabyo.

Nk’uko bitangazwa na Ambasaderi Joseph Ochwet, Umuyobozi mukuru wa ESO, ngo inzego z’ubutasi n’iz’umutekano z’ibihugu bitandukanye ziyemeje kujya zihana amakuru yagirira akamaro ibindi bihugu zegeranyije ahantu hatandukanye .

 

2018-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Ubwanditsi 28 Nov 2020
Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubuhezanguni burangwa muri DALFA-UMULINZI bweretse umuryango Mahoro, Ingabire Victoire yitwaje ko akunda agatama amutegeka kwegura

Ubwanditsi 08 Sep 2020
Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Inararibonye Tito Rutaremara yibukije Abanyarwanda uko amasezerano ya Arusha yavutse

Ubwanditsi 28 Dec 2021
Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Amakimbirane muri RNC agiye gutuma uruhande rwa Leah Karegeya na Jean Paul rwitandukanya n’urwa Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 07 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga
Uncategorized

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Dr Bizimana asaba gushyira ingufu hamwe mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru