• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle

Rayon Sports irabona umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru – Perezida Uwayezu Jean Fidèle

Ubwanditsi 16 Jan 2024 Amakuru, IMIKINO

Ubwo umuyobozi w’ikipe ya Rayon Sports Uwayezu Jean Fidèle yari mu kiganiro n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere, yatangaje ko iyi kipe izaba ifite umutoza mukuru bitarenze iki cyumweru.

Kuva umutoza mukuru wa Rayon Sports Yamine Zelfani atandukanye na Gikundiro, iyi kipe yahaye umutoza wari wungirije inshingano zo gukomeza kuyobora ikipe nkuru Mohamed Wade.

Mu Kiganiro n’itangazamakuru cyabereye ku Biro by’iyi kipe ya Rayon Sports, Umuyobozi wayo Uwayezu yahamije ko umutoza aboneka bitarenze iki cyumweru.

Yanaboneyeho kandi gutangaza ko mu batoza bagiye bavugwa kuza muri Rayon Sports, barimo Ivan Minnaert na Ndayizeye Jimmy ko batari ku rutonde rw’abatoza bavuganye nawe.

Jean Fidèle avuga ku bijyanye n’umusaruro w’ikipe ya Gikundiro yavuze ko kuri ubu ikipe itameze neza nyuma yaho batsinzwe na Gasogi United 2-1 ubwo bakinaga umunsi wa 16 wa shampiyona y’u Rwanda.

Yasabye imbabazi abakunzi ba Gikundiro ku bw’uwo musaruro utari mwiza, yagize ati “ Twatangiye imikino y’igice cya kabiri cya Shampiyona, twatangiye dukina na Gasogi United, twaratsinzwe. Nk’Ikipe nkuru ihatana, ishaka igikombe, tuba twifuza guhora dutsinda, ntabwo twitwaye neza ariko ibyo mu mupira w’amaguru bibaho ubwo abakunzi ba FC Barcelone nanjye mfana barabyumva kundusha.”

“Ibyo rero ndanabisabira imbabazi abafana kuko ntibishimye ariko nta rirarenga shampiyona ni ugusiganwa ntibivuze ko uwagusize metero runaka ari we uzahagera mbere. Intsinzi ni iya twese ni iy’abafana, abayobozi, abakinnyi n’umutoza.”

Rayon Sports irakomeza imikino yayo kuri uyu wa kabiri aho ikina na Interforce FC guhera ku isaha ya Saa kumi n’ebyiri kuri Kigali Pele Stadium, ni mu mukino ubanza wa 1/8 cy’irangiza w’igikombe cy’Amahoro.

2024-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Ubwanditsi 01 Jul 2021
2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari

2017-2018: Manchester City yakoze ibyasaga n’inzozi mu Bwongereza, Arsene Wenger asezerwaho nk’intwari

Ubwanditsi 14 May 2018
Rayon Sports yanganyije  na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Rayon Sports yanganyije na Gor Mahia mu mukino w’amateka

Ubwanditsi 07 May 2018
AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC
ITOHOZA

Icyo abanyarwanda baba muri Amerika bavuga kuri Serge Ndayizeye Umunyamakuru wa Radio Itahuka ya RNC

Ubwanditsi 23 Nov 2016
U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwanze kwitabira inama y’abakuru b’ibihugu bigize EAC bituma isubikwa

Ubwanditsi 30 Nov 2018
Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.
Amakuru

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Ubwanditsi 15 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru