• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se

Habonetse umwana uvuga ko ari uwa Fred Rwigema usaba Museveni imitungo ya Se

Ubwanditsi 19 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ivan Nshimye Rwigema ni umusore uba mu cyaro cya Uganda mu bukene bukabije mu nzu y’amatafari ya rukaraka. Imyaka ye yose y’ubuzima ayimaze abihiwe mu gihe atuye mu gihugu Se yakoreyemo amateka.

Ni umusore w’ikimenyabose muri Uganda bitewe ahanini n’amateka ye. Avuga ko Se ari Fred Gisa Rwigema naho nyina akitwa Iramuhima Christine, n’ubu aracyariho.

Uyu mubyeyi avuga ko yahuye bwa mbere na Rwigema ahitwa Kabalega, ahari hakambitse abasirikare mu rugamba rwo kubohora Uganda, aho yafashaga Museveni ngo batsinde Milton Abote.

Mu bucukumbuzi bwakozwe na Televiziyo yo muri Uganda yitwa BBS muri Nzeri uyu mwaka, bwagaragaje umusore utari uzwi uhamya ko ari umwana wa Gisa Fred Rwigema.

Ivan Nshimye Rwigema avuga ko muri iki gihe imibereho ye na nyina iri mu kaga mu gihe Se yakoreye Uganda ibintu byinshi. Muri Uganda, ni ho Rwigema yamaze igihe kinini arwanira kubohora iki gihugu, yanahabereye Minisitiri wungirije w’Ingabo.

Imibereho y’uyu mwana ibabaza benshi barimo abasirikare n’abadepite bamuzi.
Mu kiganiro na BBS, Nshimye yavuze ko Museveni n’ubuyobozi bwe bwirengagije ibikorwa by’agahebuzo byakozwe na Se aho yifashisha umugani mu kigande ati ‘uwo ukijije ikirenge arahindukira akakiguteresha umugeri’.

Se nk’umuntu wabaye mu basirikare bakomeye ba Uganda, yari atunze byinshi ariko ngo ineza yagiriye iki gihugu cyananiwe kuyitura abo yasize.

Ati “Iyo baza kuba bibuka ko Rwigema yabakoreye ibintu bikomeye, ntabwo nari kuba meze uko ndi […] hari n’abasirikare bambona mu nzira bati koko umwana wa Rwigema wagakwiye kuba ugendesha amaguru? Wakoreye iki Perezida Museveni koko?”

Umudepite uhagarariye agace ka Nakaseke mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Paul Lutamaguzi, azi neza uyu musore kuva mu buto bwe. Yatanze ubuhamya ku butwari bwa Se n’imibereho y’abo yasize.

Ati “Abana ba Rwigema bari bakwiye kubaha akazi muri Guverinoma.”

Yiteguye gukoresha ibizamini bya DNA

Umuntu wakoze ibikorwa bishimwa na benshi, iyo atabarutse hakurikiraho inkuru zimuvuga ukubiri bamwe bakamwiyitirira.

Nshimye yabajijwe niba ataba yiyitirira Rwigema, undi asubiza ashize amanga avuga ko ahubwo bamugirira vuba agatanga ibizamini byose.

Ati “Njye ndi umwana wa Rwigema. Niba bashaka bakore ibizamini bya DNA. Njye ndahari na mama arahari.”

Depite Lutamaguzi avuga ko uyu mwana nta bantu bakomeye mu gisirikare batamuzi ndetse ko yajyaga akunda kujya kureba umuvandimwe wa Museveni, Salim Saleh, amusaba ubufasha ariko undi ntamurebe n’irihumye.

Uyu mudepite ngo yari atuye mu gace kamwe na Salim.

Abasirikare bamubwiye aho imitungo ya Se ibarizwa

Mu gihe aba mu kigonyi, BBS yatahuye inzu Rwigema yabagamo atarava muri Uganda iri ahitwa Kororo. Ubu ituwemo n’abandi ariko abamukomokaho nta n’urwara rwo kwishima.

Nshimiye nawe avuga ko hari abasirikare bamubwiye ko Se yari afite isambu ahitwa Bukwiri ingana na hegitari zirenga 300. Ngo hari n’indi hegitari imwe iri ahitwa Kansanga.

Ati “Hari umusirikare uzi iyi sambu witwa Col [izina rye ntiryumvikanye neza] wo mu Burengerazuba n’indi mitungo myinshi.”

Iramuhima Christine ubyara uyu mwana ubwo yaganiraga n’iyi televiziyo yashimangiye ko we na Rwigema babyaranye.

Uyu mugore yavuze ko mu gihe intambara yo kubohora Uganda yari itangiye, yari kumwe na Murumuna we na Nyirakuru gusa we yanga guhunga bimuviramo kwicwa.

Ati “Twe twahungiye mu nkambi yitwa Kabalega yari iyobowe n’uwitwa Tinyefuza. Aho ni ho naje guhurira na Rwigema antera inda ahita ajya ku rugamba.”

Rwigema yakoreye Uganda kurusha u Rwanda

Uyu mugore yabajijwe niba adatekereza kujya mu Rwanda aho kuguma muri Uganda, maze aratsemba avuga ko nta muntu n’umwe ashaka kugora kuko uwo babyaranye ntacyo yamariye u Rwanda ugereranyije na Uganda.

Ati “Kuki najya kugora abandi bantu kandi uwo yafashije [Museveni] ari ku butegetsi? Kandi azi neza ko Rwigema afite umuryango? Kuki twajya mu Rwanda kugora abantu mu gihe igihugu yabohoye gihari, ari Uganda? Kandi na Museveni arabizi ko bafatanyije kurwana.”

Rtd. Capt. Kangavve Moses wari kumwe na Rwigema mu rugamba rwo kubohora Uganda, amuzi neza imbere n’inyuma.

Ati “Rwigema ni we wakundaga kujya ku mirwano ikomeye. Byakundaga kugenda neza ari kumwe na Salim Saleh [Umuvandimwe wa Museveni]. Urugamba bararutsindaga kandi natwe twarabemeraga.”

Uyu mugabo akomeza avuga ko benshi mu bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Uganda babihombeyemo, ubu ababayeho neza uyu munsi nta n’umwe wari ururimo.

Si ubwa mbere habonetse umwana uvuga ko ari uwa Rwigema wiyongera ku bo yabyaranye n’umugore we w’isezerano Janet Rwigema aribo Eric Gisa Rwigema na Teta Gisa Rwigema.

Mu 2013, hagaragaye umwana w’umuhungu witwa Alfred Gisa, icyo gihe yari afite imyaka 24 y’amavuko.

Uyu musore yifashishije urukuta rwa Facebook, yandika atabaza ko uwo yita mukase Janet Rwigema ari kumuhigisha uruhindu ashaka kumugirira nabi we na nyina Eunice Matsiko. Icyo ngo mukase atashakaga ni uko yavuga ko ari umwana wa Rwigema.

 

Ivan Nshimye Rwigema uvuga ko ari umwana wa Fred Gisa Rwigema

 

Umudepite uhagarariye agace ka Nakaseke mu Nteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Paul Lutamaguzi, watanze ubuhamya ku mibereho ya Ivan Nshimye

 

Iramuhima Christine yavuze ko adashobora kuza mu Rwanda kuko uwo babyaranye yafashije Uganda kurusha uko yarufashije

 

Alfred Gisa nawe yigeze kuvuga ko ari umwana wa Maj. Gen Fred Gisa Rwigema

2018-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusirikare w’u Burundi yiciwe muri Centrafrika

Umusirikare w’u Burundi yiciwe muri Centrafrika

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Akumiro: Perezida Nkurunziza afite ikibazo gikomeye: Yagereranije IMANA n’imbonerakure

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Uganda: Haravugwa itabwa muri yombi ry’uwagize uruhare mu iyicwa rya AIGP Andrew Kaweesi

Ubwanditsi 31 May 2018
Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Adolphe Muzitu watangaje ko igihugu cye cya Kongo-Kinshasa kigomba gutera u Rwanda yahuriye mu nama n’abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020

8 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    October 20, 20181:20 am -

    MWARETSE GENERAL RWIGEMA AKARUHUKIRA MUMAHORO!!!!!!
    NGO NTACYO YAMARIYE URWANDA KOKO???
    NONESE NANJYE KO NITWA RWIGEMA YVON EJO NZAJYE MURI RUSHYASHYA NGO
    PAPA WAJYE NI FRED RWIGEMA!!ubwose uwo muvuga ngo numuhunguwe
    ko batanasa nagato!! mwaretse gutoneka ibikomere byumuryango wa Rwigema.
    abatazi GENERAL FRED RWIGEMA bamuvuga uko bishakiye ariko twe tumuzi turamwubaha !!

    Subiza
    • Neza
      October 23, 20186:01 am -

      Wamugani wa Rugendo ntibasa nagato;icyakoze asa nuriya wundi wavuze ko aruwe ariko nanone abantu basa batagirana isano DNA niyo yabitwemeza; kubyara nibisanzwe ntanka yaciye amabere;ubutwari bwe sitwe Abanyarwanda tubuzi gusa numugande wese arabuzi;yabaye Intwari mubikorwa bisanzwe aba Intwari kurugamba (ubutwari ×ubutwari)=

      Subiza
  2. Gruec
    October 20, 20188:24 am -

    Ntabwo ikigamijwe arukumenya ko Fred RWIGEMA yari se, mbabwire muvuga ibiyobyabwenge ariko politiki nicyo kiyobyabwenge cya mbere kw’isi . Ubutumwa mwashatse gutanga n’ubu ” Iramuhima Christine yavuze ko adashobora kuza mu Rwanda kuko uwo babyaranye yafashije Uganda kurusha uko yarufashije”. Ubu koko murabona ibi biri mundangagaciro zacu. Mwirwana n’abazimu, abazima barahari. Uko wabyara kose ntibikubuza kuba uwo uriwe. FRED RWIGEMA ni INTWALI yesterday, today and forever.

    Subiza
  3. Rebero Jeremy
    October 20, 20189:28 am -

    Ese uriya Ivan iyo yirebye yumva yaba ari umwana wa Rwigema koko? Gushaka ibyasebya Rwigema ntabwo aribwo bigitangira ariko umenya bitaragera ku ndunduro! Biragaragara ko ikigamujwe ari ukumuvana mu mitima y’abantu. N’ubundi ariko ntibyari ngombwa gukoresha inzira zigayitse kariya kageni. Urebye Rwigema aba gusa mu mitima y’abo babanye i Bugande cyanga abo yagiye ashakira akazi. Ntawamushimira gusako yashoje intambara yahitanye abantu batagira umubare – uretseko byitwako bose bahitanywe na jenoside – kandi iyo ntambara ikaba yarashyamiranyije amoko ku bulyo busa nubuzamara igihe. Umurusiya Lenine yaravuze ngo intwari si iyitangaho igitambo. Gushoza intambara akaba ari wowe ihitana wa mbere si ukuyitsinda! Si ubundi buhanga cyanga ubuhangange. Muri make, ni bake – niba bahari – babona akamaro Rwigema yaba yaramariye igihugu. Gusa dukwiye kureka akaruhukira mu mahoro.

    Subiza
  4. Gruec
    October 20, 201811:03 am -

    Fred RWIGEMA, yatangije intambara imuhitana mbere nibyo, ariko ntiyanze kwiruka ngo agwire ubusa, yaturukije ikivi afite amahame, ayo mahame yajyanye nayo abushije ikivi yatangiye dushyiraho amahame yacu, ibyakuriye Imana muremyi ireba mumwijima niyo izahamya uko byagenze. RWIGEMA FRED ntiyitanzeho igitambo nkuko ushaka ko tubyumva muriryo sengesho ryawe n’umurusiya LENINE, buri wese azaba responsable w’imyumvire ye. Tugaruke kuba ataratsinze urugamba, abarutsinze bahereye aho yapfuye rugeze, niba ntibeshye mundangagaciro tugenderaho harimo gusigasira ibyagezweho, n’ababitugejejeho cyangwa ntabo. Mr Rebero! singusabye ngo tubyumve kimwe, ariko tujye twirinda gutoba amateka kuko niwo mutungo (patrimoine collectif) w’u Rwanda. Murakoze.

    Subiza
  5. niyogihozo
    October 20, 20183:25 pm -

    Abatekamutwe baragwira pe!!!!!!!!!! Ese ubundi niba ari uwe byukuri, ko ndora akuze nashake uko abaho anashajishe nyina. None se aragirango Rwigema azazuka aze kumushakira ubuzima.
    Ariko aya matiku yose aba ari ayiki???

    Subiza
  6. GISA
    October 24, 20184:13 pm -

    POLITIKI WE!

    Subiza
  7. niyogihozo
    October 25, 20187:49 am -

    Ibibazo nk’ibi bikemukira mu miryango simbona impamvu yo kubimenyesha isi yose. Abana bose basakisha base bizajya byandikwa n’ibinyamakuru?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Kiiza Besigye arashinja Perezida Museveni kuba agirira ishyari perezida Paul Kagame
INKURU NYAMUKURU

Dr Kiiza Besigye arashinja Perezida Museveni kuba agirira ishyari perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Ubwanditsi 13 Jan 2020
Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia
ITOHOZA

Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia

Ubwanditsi 15 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru