• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza

Ubwanditsi 24 Jan 2019 ITOHOZA

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda mu byumweru bibiri bishize uravuga ko kugeza ubu ntawe uzi aho aherereye ugasaba ko yarekurwa igitaraganya nta mananiza.

Rogers Donne Kayibanda yashimutiwe muri Uganda tariki 10 Mutarama 2019, kuva ubwo kugeza ubu nta wuramuca iryera nk’ uko bivugwa na mushiki we Julian Kayibanda.

Donne Kayibanda yashimutiwe ahitwa Ntinda, muri Kampala n’ abantu bikekwa ko ari abatasi b’ igisirikare cya Uganda.

The New Times yatangaje ko Julian Kayibanda yavuganaga ikiniga ubwo yasobanuraga iby’ ishimutwa rya musaza we yashimuswe yatashye ubukwe bwa murumuna we John Kayibanda wari wasezeranye imbere y’ amategeko.

Julian Kayibanda avuga ko niba hari icyaha musaza we yaba yarakoze akwiye kugezwa imbere y’ inkiko n’ amategeko.

Yagize ati “Nta makuru yizewe dufite kugeza ubu twumva ngo yarashimuswe ariko ntabwo tuzi ngo yashimutiwe iki, ntituzi ngo arafungiranye , turi murungabangabo…ntituzi uko abayeho, ntitunazi niba akiriho cyangwa yarapfuye”

Julian Kayibanda

Julian Kayibanda, uzwi nk’ impirimbanyi y’ uburinganire yahakanye amakuru avuga ko musaza we yashimuswe kuko ari maneko y’ u Rwanda avuga ko musaza adakorera guverinoma.

Inshuti ya Kayibanda Kalisa baniganye yavuze ko Donne Kayibanda atari maneko ahubwo ari ibyo abamushimuse bahimbye kugira ngo bayobye uburari batazabazwa ibijyanye no kumufunga binyuranyije n’ amategeko no kuba Abanyarwanda bakomeje gushimutirwa muri Uganda.

Kuva muri 2017 hakunze kumvikana Abanyarwanda bashimutirwa muri Uganda bagafungirwa ahantu hatagerwa bakanakorerwa iyicarubozo. Abarekuwe bavuga ko bari bafungiye ahantu hateye ubwoba mu nzu y’ umutamenwa bari mu maboko y’ abantu bakorana n’ igisirikare cya Uganda.

Uretse Rogers Donne Kayibanda undi Munyarwanda uherutse gushimutwa ni Moses Ishimwe Rutare washimuswe tariki 22 Ukuboza 2018 saa sita z’ ijoro nk’ uko byemezwa n’ ababibonye.

2019-01-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

 Angola yaburiye Uganda ko ibyo barimo bizababyarira amazi nk’ibisusa babaha urugero rwa Savimbi naho CMI ikomeje gukora inama na RNC

Ubwanditsi 16 Dec 2019
Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Amwe mu mazina y’Abafaransa ashyirwa mu majwi mu guhanura Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 17 Oct 2017
KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

Ubwanditsi 09 Apr 2019
Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Ubwanditsi 29 Nov 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Sunday
    January 24, 20194:53 pm -

    Kagome namutabare

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara
Mu Mahanga

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe
HIRYA NO HINO

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Ubwanditsi 03 Jun 2019
Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite
POLITIKI

Mpayimana Philippe yashyikirije NEC kandidatire ku mwanya w’Ubudepite

Ubwanditsi 25 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru