• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Nyakanga nibwo Nyakubahwa Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakoresha imbuga nkoranyambaga mu kiganiro kerekeye ku rugamba rwo kwibohora

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame agaruka k’Umubano n’ibihugu by’ibituranyi by’Umwihariko uBurundi yavuze ko Perezida Ndayishimiye n’abo bafatanyije niba bimirije imbere politike y’Ubuharirane ndetse no kubana amahoro uRwanda rwo rwiteguye kutabananiza kugira ngo umubano mwiza uzahuke

Perezida Paul Kagame yavuze ko atigeze yandika asaba kuba perezida ahubwo yatunganyije inshingano ze ku rugamba zigeze ku musozo bituma akomeza kugirirwa icyizere ku kuyobora uRwanda Ati “Ntabwo nigeze njya muri iyi nzira numva ko nzaba perezida cyangwa se ari byo mparanira njya no kuba perezida cyangwa na mbere y’aho ntabwo nigeze mvuga ngo ngiye kugira ntya ngo mbe perezida, Nakoraga ibyo nsabwa muri uwo mwanya.”

Nyakubahwa Perezida Kagame yavuze ko yagiye ku rugamba nk’abandi bose afite inshingano abikora neza ariko uko igihe cyagiye gitambuka ishyaka n’umurava we byagiye bimuha umwanya ukomeye urimo no kuba perezida w’u Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko kuba Perezida atari akazi umuntu asaba ariko avuga ko iyo wabibaye hari icyo bigusaba.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yagarutse ku gitabo azandika kivuga ku mateka yo kubohora igihugu aho azafashwa n’abandi bazi byinshi byabereye ku rugamba

Perezida Kagame yavuze ko kuba Perezida bisaba gukomeza kurenganura abarenganyijwe, guharanira imibereho myiza y’abaturage, no guharanira uburenganzira bwa buri Munyarwanda aho yavuze ko nk’umuyobozi uba ugomba kwitegura gusubiza ikibazo cyatera ingaruka umuturage uri mu nshingano zawe

Perezida Kagame agaruka ku cyamuteraga imbaraga ndetse n’ibyo yaba yarigomwe kugira ngo ajye ku rugamba “Ibyo twe twanyuzemo tukiri bato, si byo abato b’iki gihe banyuramo, kuko bo bafite igihugu kandi atari impunzi,Yagarutse ku cyo buri muntu wese wagize uruhare mu kubohora igihugu yigomwe avuga ko yigomwe Kubaho,Ubuzima ndetse n’ibindi yari kuba aho yari ari ahitamo guharanira uburenganzira bwe mu gihugu cye

Abenshi muri twe bari impunzi hanze y’igihugu, gusa hari n’abari impunzi mu gihugu cy’u Rwanda kuko bari barambuwe uburenganzira bwabo. Abantu bose bagize uruhare mu rugamba rwo kwibohora bigomwe kubaho ubuzima busanzwe, baharanira kurwanira uburenganzira bwabo.”

Nyakubahwa Perezida Kagame yagarutse ku mpanuro aherutse gutangira mu nama ya Komite Nyobozi yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi aho yagarukaga ku mhyitwarire idahwitse ya bamwe mu bayobozi  yo gukoresha nabi umutungo no kuwunyereza kuko bagamije gusubiza igihugu inyuma,akomeza avuga ko abagaragaye atari bo gusa hari n’abandi gusa ubuhwituzo bwabaye kugira ngo buburire n’abandi badakora neza ibyo bashinzwe

Perezida Kagame yagiriye inama urubyiruko ko bidasaba kuba umukuru w’igihugu kugira ngo uzane impinduka mu gihugu cyawe ariyo mpamvu inshingano bafite bagomba kuzikora neza,akomeza kugira inama urubyiruko ati “Ubuzima ntabwo bujya bworoha ,n’iyo bworoshye uyu munsi ejo biba byahindutse,Ikiza ni ukwitegura ubuzima uhereye ku bukomeye,Igihe bworoshye bwo nta kibazo uba ufite ariko byakomeye bikagusanga witeguye”.

2020-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Thabo Mbeki yahishuye uko FPR yaburiye Afurika y’Epfo kutagurisha intwaro leta yakoze Jenoside

Ubwanditsi 03 May 2019
Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Kayumba Nyamwasa akomeje guhiga bukware abanyamuryango ba RNC b’inshuti za Ben Rutabana bari muri Uganda

Ubwanditsi 29 Mar 2020
Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ukuri ku ruhare rwa Perezida Mitterand n’akazu ke muri Jenoside byashyizwe hanze na Komisiyo Duclert

Ubwanditsi 27 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda
IKORANABUHANGA

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu
Amakuru

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025
Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup
Amakuru

Umunsi wa gatanu wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza As Kigali iri mu nzira yerekeza muri Libye gukina na As Nasr muri Confederation Cup

Ubwanditsi 13 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru