• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Nyakanga nibwo Nyakubahwa Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakoresha imbuga nkoranyambaga mu kiganiro kerekeye ku rugamba rwo kwibohora

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame agaruka k’Umubano n’ibihugu by’ibituranyi by’Umwihariko uBurundi yavuze ko Perezida Ndayishimiye n’abo bafatanyije niba bimirije imbere politike y’Ubuharirane ndetse no kubana amahoro uRwanda rwo rwiteguye kutabananiza kugira ngo umubano mwiza uzahuke

Perezida Paul Kagame yavuze ko atigeze yandika asaba kuba perezida ahubwo yatunganyije inshingano ze ku rugamba zigeze ku musozo bituma akomeza kugirirwa icyizere ku kuyobora uRwanda Ati “Ntabwo nigeze njya muri iyi nzira numva ko nzaba perezida cyangwa se ari byo mparanira njya no kuba perezida cyangwa na mbere y’aho ntabwo nigeze mvuga ngo ngiye kugira ntya ngo mbe perezida, Nakoraga ibyo nsabwa muri uwo mwanya.”

Nyakubahwa Perezida Kagame yavuze ko yagiye ku rugamba nk’abandi bose afite inshingano abikora neza ariko uko igihe cyagiye gitambuka ishyaka n’umurava we byagiye bimuha umwanya ukomeye urimo no kuba perezida w’u Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko kuba Perezida atari akazi umuntu asaba ariko avuga ko iyo wabibaye hari icyo bigusaba.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yagarutse ku gitabo azandika kivuga ku mateka yo kubohora igihugu aho azafashwa n’abandi bazi byinshi byabereye ku rugamba

Perezida Kagame yavuze ko kuba Perezida bisaba gukomeza kurenganura abarenganyijwe, guharanira imibereho myiza y’abaturage, no guharanira uburenganzira bwa buri Munyarwanda aho yavuze ko nk’umuyobozi uba ugomba kwitegura gusubiza ikibazo cyatera ingaruka umuturage uri mu nshingano zawe

Perezida Kagame agaruka ku cyamuteraga imbaraga ndetse n’ibyo yaba yarigomwe kugira ngo ajye ku rugamba “Ibyo twe twanyuzemo tukiri bato, si byo abato b’iki gihe banyuramo, kuko bo bafite igihugu kandi atari impunzi,Yagarutse ku cyo buri muntu wese wagize uruhare mu kubohora igihugu yigomwe avuga ko yigomwe Kubaho,Ubuzima ndetse n’ibindi yari kuba aho yari ari ahitamo guharanira uburenganzira bwe mu gihugu cye

Abenshi muri twe bari impunzi hanze y’igihugu, gusa hari n’abari impunzi mu gihugu cy’u Rwanda kuko bari barambuwe uburenganzira bwabo. Abantu bose bagize uruhare mu rugamba rwo kwibohora bigomwe kubaho ubuzima busanzwe, baharanira kurwanira uburenganzira bwabo.”

Nyakubahwa Perezida Kagame yagarutse ku mpanuro aherutse gutangira mu nama ya Komite Nyobozi yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi aho yagarukaga ku mhyitwarire idahwitse ya bamwe mu bayobozi  yo gukoresha nabi umutungo no kuwunyereza kuko bagamije gusubiza igihugu inyuma,akomeza avuga ko abagaragaye atari bo gusa hari n’abandi gusa ubuhwituzo bwabaye kugira ngo buburire n’abandi badakora neza ibyo bashinzwe

Perezida Kagame yagiriye inama urubyiruko ko bidasaba kuba umukuru w’igihugu kugira ngo uzane impinduka mu gihugu cyawe ariyo mpamvu inshingano bafite bagomba kuzikora neza,akomeza kugira inama urubyiruko ati “Ubuzima ntabwo bujya bworoha ,n’iyo bworoshye uyu munsi ejo biba byahindutse,Ikiza ni ukwitegura ubuzima uhereye ku bukomeye,Igihe bworoshye bwo nta kibazo uba ufite ariko byakomeye bikagusanga witeguye”.

2020-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Ubwanditsi 01 Oct 2021
Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Ubwanditsi 30 Aug 2024
U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

U Rwanda rugiye gusaba Uganda ibisobanuro ku magambo ya ba minisitiri bavuze ko rumeze nk’igikombe cy’igikoma

Ubwanditsi 26 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi
Amakuru

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru