• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

IBurundi, Niba baganisha kuri Politike nziza y’ubuhahirane n’umubano mwiza ntituzabagora kuko birakwiye – Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10 Nyakanga nibwo Nyakubahwa Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abakoresha imbuga nkoranyambaga mu kiganiro kerekeye ku rugamba rwo kwibohora

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame agaruka k’Umubano n’ibihugu by’ibituranyi by’Umwihariko uBurundi yavuze ko Perezida Ndayishimiye n’abo bafatanyije niba bimirije imbere politike y’Ubuharirane ndetse no kubana amahoro uRwanda rwo rwiteguye kutabananiza kugira ngo umubano mwiza uzahuke

Perezida Paul Kagame yavuze ko atigeze yandika asaba kuba perezida ahubwo yatunganyije inshingano ze ku rugamba zigeze ku musozo bituma akomeza kugirirwa icyizere ku kuyobora uRwanda Ati “Ntabwo nigeze njya muri iyi nzira numva ko nzaba perezida cyangwa se ari byo mparanira njya no kuba perezida cyangwa na mbere y’aho ntabwo nigeze mvuga ngo ngiye kugira ntya ngo mbe perezida, Nakoraga ibyo nsabwa muri uwo mwanya.”

Nyakubahwa Perezida Kagame yavuze ko yagiye ku rugamba nk’abandi bose afite inshingano abikora neza ariko uko igihe cyagiye gitambuka ishyaka n’umurava we byagiye bimuha umwanya ukomeye urimo no kuba perezida w’u Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko kuba Perezida atari akazi umuntu asaba ariko avuga ko iyo wabibaye hari icyo bigusaba.

Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yagarutse ku gitabo azandika kivuga ku mateka yo kubohora igihugu aho azafashwa n’abandi bazi byinshi byabereye ku rugamba

Perezida Kagame yavuze ko kuba Perezida bisaba gukomeza kurenganura abarenganyijwe, guharanira imibereho myiza y’abaturage, no guharanira uburenganzira bwa buri Munyarwanda aho yavuze ko nk’umuyobozi uba ugomba kwitegura gusubiza ikibazo cyatera ingaruka umuturage uri mu nshingano zawe

Perezida Kagame agaruka ku cyamuteraga imbaraga ndetse n’ibyo yaba yarigomwe kugira ngo ajye ku rugamba “Ibyo twe twanyuzemo tukiri bato, si byo abato b’iki gihe banyuramo, kuko bo bafite igihugu kandi atari impunzi,Yagarutse ku cyo buri muntu wese wagize uruhare mu kubohora igihugu yigomwe avuga ko yigomwe Kubaho,Ubuzima ndetse n’ibindi yari kuba aho yari ari ahitamo guharanira uburenganzira bwe mu gihugu cye

Abenshi muri twe bari impunzi hanze y’igihugu, gusa hari n’abari impunzi mu gihugu cy’u Rwanda kuko bari barambuwe uburenganzira bwabo. Abantu bose bagize uruhare mu rugamba rwo kwibohora bigomwe kubaho ubuzima busanzwe, baharanira kurwanira uburenganzira bwabo.”

Nyakubahwa Perezida Kagame yagarutse ku mpanuro aherutse gutangira mu nama ya Komite Nyobozi yaguye y’Umuryango FPR Inkotanyi aho yagarukaga ku mhyitwarire idahwitse ya bamwe mu bayobozi  yo gukoresha nabi umutungo no kuwunyereza kuko bagamije gusubiza igihugu inyuma,akomeza avuga ko abagaragaye atari bo gusa hari n’abandi gusa ubuhwituzo bwabaye kugira ngo buburire n’abandi badakora neza ibyo bashinzwe

Perezida Kagame yagiriye inama urubyiruko ko bidasaba kuba umukuru w’igihugu kugira ngo uzane impinduka mu gihugu cyawe ariyo mpamvu inshingano bafite bagomba kuzikora neza,akomeza kugira inama urubyiruko ati “Ubuzima ntabwo bujya bworoha ,n’iyo bworoshye uyu munsi ejo biba byahindutse,Ikiza ni ukwitegura ubuzima uhereye ku bukomeye,Igihe bworoshye bwo nta kibazo uba ufite ariko byakomeye bikagusanga witeguye”.

2020-07-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Uko ” Alibaba “yahisemo gukorana n’u Rwanda mbere y’abandi muri Afurika

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Perezida Kagame i Dakar mu nama yiga ku mahoro n’umutekano

Perezida Kagame i Dakar mu nama yiga ku mahoro n’umutekano

Ubwanditsi 13 Nov 2017
Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Abatavuga rumwe na Leta ya Nkurunziza babona EAC yarananiwe gukemura ibibazo Abarundi bafitanye

Ubwanditsi 27 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa
ITOHOZA

Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa

Ubwanditsi 30 May 2017
“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame
UBUKUNGU

“Ubukungu Afurika yifuza burasaba ibikorwaremezo by’umurongo mugari wa internet wagerwaho na buri wese mu bushobozi bwe “– Perezida Kagame

Ubwanditsi 07 May 2018
Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia
Amakuru

Icyatumye Ingabo z’u Burundi zerekwa umuryango mu gihugu cya Somalia

Ubwanditsi 04 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru