• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Umushinjacyaha Mukuru wa MICT yatsembeye abana ba Kabuga basaba gusubizwa imitungo yagwatiriwe kuko bayikoresha mu kugura abatangabuhamya

Ubwanditsi 01 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasigariye Urukiko Mpuzamahanga Mpana byaha rwashyiriweho u Rwanda (MICT), Dr Serge Brammertz yatsembeye ku mugaragaro abana ba Kabuga Felesiyani basaba gusubizwa imitungo ya Se yafatiriwe kandi urubanza rutararangira.

Dr Serge Brammertz

Gufatira iyi mitungo ni ukugirango itazakoreshwa mu kugura abatangabuhamya no gusibanganya ibimenyetso nkuko byagaragaye mu rubanza rw’umukwe we Augustin Ngirabatware ndetse n’abaguzwe bakaba barashyikirijwe ubutabera baregwa gutambamira ibyemezo by’inkiko na Ruswa.

Kabuga Felesiyani azagezwa imbere y’ubutabera tariki ya 6 Ukwakira aho azisobanura ku birego aregwa bya Jenoside harimo no gushyiraho ikigega cyo gushyigikira abakoraga umugambi wa Jenoside hakazafatwa n’itariki urubanza nyirizina ruzatangirira.

Gufatira imitungo y’abahigwa n’ubutabera ni uburyo bwagiye bwifashishwa n’Urukiko Mpanabyaha rw’Arusha, aho imitungo ya Kabuga yafatiriwe guhera mu mwaka wa 1999, amakonte ya Banki yagwatiriwe mu Bufaransa no mu Bubiligi ndetse no muri Kenya. Hagwatiriwe kandi inzu yari muri Kenya yari yanditsweho Felesiyani Kabuga na Josephine Mukazitoni wapfuye mu mwaka wa 2017.

Donatien Nshimyumuremyi yagakwiye nawe kugezwa imbere y’ubutabera kuko bahishe ukekwaho umugambi wa Jenoside

Abana ba Kabuga batsinzwe imanza zose zasabaga ko imitungo yabo itafatirwa. Umwana wa Kabuga w’imfura witwa Donatien Nshimyumuremyi avuga ko amafaranhga ye bagwatiriye yayahawe nk’impano na Se muri Kanama 1994. Tubibutse ko amafaranga yakoreshwaga n’abana ariyo yafashije Kabuga guhungira mu Busuwisi nubwo yahise yirukanwa nicyo gihugu akajya muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo yitwaga Zayire icyo gihe.

Usibye amakonti ya Banki n’amazu Umushinjacyaha Serge Brammertz yanze gutanga ibyafatiriwe ubwo Kabuga yafatwaga harimo telephone 15, simukadi ebyiri, Mudasobwa umunani, na kasete video zigera kuri 18.

Ubundi aba bana ba Kabuga cyane cyane Donatien Nshimyumuremyi bagakwiye nabo kugezwa imbere y’ubutabera kuko bahishe ukekwaho umugambi wa Jenoside mu gihe gisaga imyaka makumyabiri n’itanu.

2021-10-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ubwanditsi 22 Jan 2025
Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Me NTAGANDA Bernard yatangiye imyigaragambyo yo kwiyicisha inzara kurugaga rw’Abavoka

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Burundi: Itsinda ry’Abakaraza 21, batorotse igihugu kubera “umutekano muke”.

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Ubwanditsi 13 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDF yasimbuje abasirikare bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo
Mu Mahanga

RDF yasimbuje abasirikare bari mu butumwa muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 02 Nov 2017
Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada
INKURU NYAMUKURU

Cpl Aime Hirwa, ukomoka mu Rwanda, umwe mu Masura ya Division ya 5 y’Igisirikare cya Canada

Ubwanditsi 13 Mar 2018
Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda
INKURU NYAMUKURU

Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Ubwanditsi 28 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru