• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ubwanditsi 28 Aug 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Icengezamatwara rya leta ya Uganda ryongeye kuvuga ko urwego rushinzwe iperereza mu gisirikari CMI ryataye muri yombi abantu barindwi bo mu nzego z’umutekano za Uganda rushinja ngo gufatanya n’u Rwanda mu butasi.

Nk’ibisanzwe ibi birego ntashingiro bifite usibye kugendera ku magambo gusa nkuko byatangajwe mu nkuru ndende yanditswe n’ikinyamakuru Chimpreports, gikorera ibiro by’iperereza bya Uganda, aho yanditse ko “ku wa gatanu Gicurasi 1, 2020, CMI yatangije igikorwa cy’ibanga kigamije guhiga icyitwa agatsiko bise ko ari ak’abafatanyabikorwa b’u Rwanda muri UPDF “igisirikari cya Uganda”.

Abagabo batawe muri yombi ni Sous-Lt. Mugabi, usanzwe ari umupiloti mu ngabo zidasanzwe za Uganda hanafashwe kandi Sous Lieutenant Alex Kasamula usanzwe mu ngabo za Uganda,ASP Benon Akandwanaho,ASP Frank Sabiiti aba bombi basanzwe ari abapolisi harimo kandi ba Privates Samuel Ndwane na Moses Asiimwe Makobore ndetse na Godfrey Mugabi aba batatu ba nyuma basanzwe ari abasirikari barwanira mu kirere bo mu gace ka Nakasongola (Airforce Wing)- aba bose ni abagande.

Ikibazo gikomeye kuri bamwe muribo, nuko, ari Abagande bafite inkomoko mu Rwanda. Nk’uko bivugwa na CMI, nubwo nta bimenyetso batanga. “abashinzwe iperereza bavuga ko bavumbuye amafoto ya Private Ndwane ‘yambaye imyenda y’ingabo z’u Rwanda, ibi bikaba byaraturutse mu bihe byashize mu gihe Ndwane yari yaritabiriye Gahunda y’Ingando aho urubyiruko rufite inkomoko mu Rwanda ruhabwa amasomo yo gukunda igihugu, CMI ikomeza ivuga ko Ndwane yasanganywe indangamuntu y’u Rwanda. Bavuga ko abandi bari mu itsinda rimwe rya WhatsApp baganira na Ndwane nabo bari bafite indangamuntu z’u Rwanda.

Iyi nkuru yuzuyemo ibinyoma muburyo bwinshi
Duhereye k’urugero rw’Itorero: Itorero ryahozeho mbere y’ubukoroni, kuri ubu itorero ryitabirwa n’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye hakaba n’irindi torero ryitabirwa n’abanyarwanda batuye cyangwa se biga mu mahanga muri icyo gice kandi abitabira bambara imyenda yingabo no guhugura urubyiruko uburyo bwo kwirwanaho n’izindi nyigisho ziganjemo izo gukunda igihugu. Itorero ntabwo ryigeze ryigirwamo imyitozo ya gisirikare, cyangwa ubutasi.

Umwe mu baganiriye na Virunga Post yagize ati “Dufashe kandi ko Ndwane n’abandi bari “abatasi”, ni uwuhe maneko nyawe wagumana ibimenyetso bishinja nk’irangamuntu y’igihugu akeka ko ari maneko? Ukuri gushoboka cyane ni abagabo barindwi gusa ni bo baherutse kwibasirwa n’ubukangurambaga bwibasiye Abanyarwanda, cyangwa Abagande bakomoka mu Rwanda n’inzego zishinzwe umutekano za Museveni. Muri iyi myaka y’ubutegetsi bwa Museveni, kuba umunyarwanda, cyane cyane utavuga nabi ubuyobozi bwa Kigali, ugomba gukekwa. Ati: “Impamvu zishoboka cyane ko barindwi bafite ibibazo ni uko bagomba kuba baranze kwifatanya mu gutesha agaciro u Rwanda!”

Ikindi kigaragaza urwitwazo ruto rwihishe inyuma y’ifatwa ryabo bagabo ndetse n’ibikorwa byakurikiyeho byo kubahuza n’ibinyoma bisanzwe bihuzwa n’u Rwanda, CMI ivuga iti: “abakekwaho icyaha batanze mu ibanga amakuru y’umutekano mu ibanga mu Rwanda, bityo bikaba bibangamira umutekano w’igihugu cya Uganda. Ankunda na bagenzi be bakoranye n’u Rwanda kugira ngo binjire mu mutwe ucunga indege z’intambara za Uganda.
Iyo nkuru ikomeza igira iti: “Indege z’intambara zo mu bwoko bwa Su-30MK2 zo muri Uganda zifite imbaraga nyinshi zo guhangana nibyo yaba igamije guhamya byaba mu kirere, ku butaka, no ku nyanja.” Nk’uko iyi ngingo ibivuga, icyiswe “indege y’ibanga rikomeye” ngo giha Uganda akanyabugabo ku kuba ngo babasha gutsinda u Rwanda mu gihe ibihugu byombi byaba bihuriye mu ntambara, dore ko nubu insinzwi yo mu 2000 I Kisangani ubwo ingabo z’u Rwanda zabakubitaga inshuro mu ntambara y’iminsi itandatu batarabasha kuyakira.

Museveni kuri ubu arasa nuri gutakaza amaboko kuko kuri ubu ahanganye na People’s Power ya Bobby Wine igizwe n’abasivili biganjemo urubyiruko rurambiwe ubutegetsi bwe kandi bakaba batitwaje intwaro, cyangwa Kiiza Besigye – ariko ntibigeze barega u Rwanda, mu bihe ibyo ari byo byose! .”
Hasi aha, haravugwa amakenga avuga ko “hagati ya Gashyantare na Gicurasi 2020, abaregwa ndetse n’abandi bakiri muri rusange ahantu hatandukanye mu mujyi wa Kampala bivugwa ko ngo basangijwe amakuru n’abakozi b’ubuyobozi bw’u Rwanda ngo bagamije guhungabanya umutekano w’ingabo za leta ya Uganda.

Aha niho ibirego bya CMI bigomba kugaragazwa ko ari ibinyoma kandi bikaba ibihimbano. Abayobozi bo mu Rwanda bavugwamo ni bande kandi kuki batavuga amazina yabo? Niba bashobora kuvuga amazina yabo bashinzwe umutekano bashinja kuba abatasi b’u Rwanda, igikurikiraho cyaba ari ukuvuga abo abakozi bo mu Rwanda bavuga ko bakoranye ariko bararuciye bararumira.

Mu bihe byashize, CMI yataye muri yombi uko yishakiye, kandi ihita inagaragaza Abanyarwanda imbere y’itangazamakuru ibashinja kuba“bari intasi z’u Rwanda.” Muri Kanama 2017, urugero bashimuse Rene Rutagungira, bahita batangaza ku mugaragaro ko “yari umuyobozi w’agatsiko k’ubutasi gakorera mu bwihisho muri Uganda.”

Bafunze mu buryo butemewe umusivili, umucuruzi, muri gereza ya gisirikare aho yakorewe iyicarubozo imyaka irenga ibiri. Bikaza kurangira bigaragaye ko Rutagungira ari umwere ndetse akaba yaraje mu Rwanda mu mpera za 2019.
Umwunganizi we i Kampala, Eron Kiiza, yakomeje guhangana na CMI yerekana ibimenyetso bimwe byerekana ko yari umwere, gusa CMI ntacyo yakoze. Yakomeje iyicarubozo kuri Rutagungira kubera ko Uganda yari yatangiye politiki yo kurwanya u Rwanda, abashinzwe umutekano ba Uganda batanze uruhushya rwo guhiga Abanyarwanda bagashimutwa ababigizemo uruhare ntibigeze banakurikiranwa. Ati: “Noneho, tugomba kwizera ko abo ari abantu bananiwe guta muri yombi abitwa ko ari abakozi b’u Rwanda bivugwa ko bakiraga amabanga y’abagize igisirikare n’abapolisi ba Uganda?

Umusesenguzi mu by’umutekano kuri iyi ngingo yagize ati. “Abantu ba Museveni barasekeje kuri iki cyiciro!”

Imwe mu mpamvu zitera imikino nk’iyi ni uko nka CMI ubu iri mu butumwa bwo guhimba inkuru z’impimbano, no gukomeza kwitwaza ibinyoma ngo u Rwanda rugomba kuba ngo rutifuriza ineza Uganda. “Umukino ni ugukomeza guhuzahuza ibinyoma!” Mu myaka itatu ishize kandi inarengaho, u Rwanda rwagiye rugaragaza inshuro nyinshi ubufatanye bwa Leta ya Uganda mu bikorwa bitagira ingano byo guhungabanya u Rwanda.
U Rwanda ntabwo rurega ubusa, kuko rutanga ibimenyetso bifatika. Kuva mu ntangiriro abayobozi b’u Rwanda bagaragaje ubufatanye bw’imitwe Uganda ikorana nayo mu ntego zabo zo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.
U Rwanda rwagejeje ibibazo byarwo muri Uganda rubinyujije mu nzira z’ububanyi n’amahanga, ku bibazo birimo nk’umutwe w’iterabwoba wa RNC byagaragaye ko ushakira abayoboke muri Uganda, ubufatanye kandi uwo mutwe wafashwaga na CMI.

Leta y’u Rwanda kandi yashyize ahagaragara ibintu byinshi bijyanye n’ibyo birego; Urugero nk’ukuntu umuyobozi mukuru wa Uganda nka Philemon Mateke yagize uruhare mu igitero cyo mu Kinigi umwaka ushize afatanije n’umutwe w’iterabwoba wa RUD-Urunana aho bishe abaturage 14 mbere y’uko abashinzwe umutekano mu Rwanda bahashya icyo gitero.
Ni inkuru izwi cyane kubera ibimenyetso byakusanyirijwe ahabereye igitero, harimo telefone , n’ubuhamya bwatanzwe n’abaterabwoba batanu bafashwe bagaragaje ubufatanye na Mateke, ndetse na Uganda. Ibintu nkibi bibatera igisebo, bityo bagakomeza guhimba izi nkuru zuko hari ba maneko b’u Rwanda bafashwe n’ibindi, nkuko ababikurikiranira hafi babivuga kugirango barangaze uruhare rwa Leta ya Uganda mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

2020-08-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : CMI yashimuse undi munyarwanda

Uganda : CMI yashimuse undi munyarwanda

Ubwanditsi 11 Jan 2019
Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Real Madrid yanganyije na Chelsea mu mukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, PSG irakina na Manchester City.

Ubwanditsi 28 Apr 2021
Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Nov 2018
Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Ubwanditsi 19 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye
ITOHOZA

Uganda: Umuhungu wa Rujugiro arindiwe umutekano mu buryo bukomeye

Ubwanditsi 10 Dec 2017
U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC
POLITIKI

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame
POLITIKI

Ubuzima bwiza na bwo ni igipimo cy’iterambere – Perezida Kagame

Ubwanditsi 22 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru