• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Uganda: Lt Gen. Tumukunde uherutse kwirukanwa muri guverinoma yizeye kuyigarukamo bidatinze

Ubwanditsi 22 May 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ku nshuro ya mbere kuva yakwirukajwa muri guverinoma , uwahoze ari minisitiri w’umutekano wa Uganda, Lt Gen. Henry Tumukunde, yavuze ku iyirukanwa rye muri Werurwe uyu mwaka, asobanura ko atirukanwe kubera ubushobozi bukeya ndeste ahubwo ashobora kuyigarukamo bidatinze. Uyu mwanya akaba yarawirukanweho awumazeho amezi 21.

“Ntabwo byaba byarabaye kuko ntashoboye, nshobora kugaruka muri guverinoma igihe icyo ari cyo cyose”, uwo ni Lt Gen Tumkunde.

Yakomeje agira ati: “Icya ngombwa n’uko ubuyobozi (bugena imyanya) buhabwa umwanya wo gukora kandi nababwira ko hari inzira nyinshi muri politiki.”

Iyi nkuru dukesha Daily Monitor, iributsa ko perezida Museveni yirukaniye rimwe minisitiri Henry Tumukunde n’uwari umukuru w’Igipolisi cya Uganda, Gen Kale Kayihura, mu gihe aba bombi nk’abayobozi bakagombye kuba bakorana umunsi ku wundi, batacanaga uwaka bamaze iminsi bingingirwa gushyira ibibazo byabo ku ruhande bakumvikana bakananirana.

Ubwumvikane bukeya bw’aba bagabo nk’uko bamwe bavuga, bukaba bwarabangamiye ubufatanye hagati ya polisi n’inzego z’iperereza ndetse bikaba byari kubangamira gahunda y’igihugu y’ubwirinzi.

Gen Tumukunde

Minisitiri Tumukunde yasimbujwe Gen Elly Tumwine, wivugira ko ari we warashe isasu rya mbere ryatangije intambara y’imyaka 5 y’inyeshyamba z’umutwe wa NRA yagejeje ku butegetsi perezida Museveni mu 1986.

Gen Tumukunde nawe yabaye umuyobozi wa division ya 4 y’Igisirikare cya Uganda, UPDF, aba Umuyobozi w’ubutasi bwa gisirikare ndetse nyuma aba umuyobozi mukuru urwego rw’umutekano w’imbere mu gihugu (ISO).

Uyu yigeze kugirana ibibazo na perezida Museveni mu 2005 ubwo yagaragazaga kutishimira umushinga wo guhindura itegeko nshinga ngo hakurwemo imyaka y’amavuko umukuru w’igihugu atagomba kuba arengeje, nyuma atabwa muri yombi ashinjwa gukwiza poropaganda , (icyaha yaje guhanagurwaho), n’icyaha cy’imyitwarire mibi mu gisirikare yaje cyaje kumuhama agafungwa mu 2013.

Amaze gusubira mu buzima busanzwe, ngo Lt Gen Henry Tumukunde yagize uruhare mu bukangurambaga bwo kongera gutora perezida Museveni, aca intege Amama Mbabazi, nyuma y’amatora agirwa minisitiri.

Amakuru avuga ko Gen Henry Tumukunde,  ubwo yari Minisitiri w’Umutekano, yari afitanye umubano na Kayumba Nyamwasa wahamijwe ibyaha ndetse akamburwa impeta za gisirikare ariko ubu akaba aba muri Afurika y’Epfo mu buhungiro.

Ikindi kandi ngo Nyamwasa rimwe na rimwe  yagaragaye muri Uganda aho afitanye imikoranire n’abarwanyi ba FDLR, kubufatanye na Gen. Tumukunde.

Bivugwa ko Brig Gen Abel Kanduho ukuriye iperereza mu Ngabo za Uganda na Tumukunde ari abantu bitambika imikorere ya Guverinoma y’u Rwanda.

Gen.Tumukunde yirukanwe  mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda wari  ukomeje kuzamo agatotsi nyuma yaho iki gihugu cy’igituranyi gishyizwe mu majwi ku gufata Abanyarwanda bakajya gufungwa mu buryo budasobanutse.

Kugeza ubu, hari umubare w’Abanyarwanda bagifungiye muri gereza zitandukanye zo muri Uganda aho abenshi ari abari basanzwe bakora ibikorwa by’ubucuruzi byambukiranya imipaka umunsi ku wundi.

 

2018-05-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Nunu Johnson, indi nzirakarengane yazize iyicarubozo rya CMI yapfiriye Ntungamo

Ubwanditsi 21 Aug 2019
Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda  buhatse iki ?

Ubushotoranyi bwa Museveni bwo gukomeza gushimuta Abanyarwanda buhatse iki ?

Ubwanditsi 14 Jan 2019
Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Ubwanditsi 16 Aug 2019
Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

Ingamba z’Ubwirinzi z’u Rwanda ni Ntayegayezwa Interahamwe n’Abambari bazo Bishengura Bazimanike

RUSHYASHYA 18 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru
Mu Rwanda

Uwari Visi Perezida muri Sudan y’Epfo yahungiye Sudan ya ruguru

Ubwanditsi 24 Aug 2016
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo
HIRYA NO HINO

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Ubwanditsi 30 May 2019
Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo
Amakuru

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwanditsi 02 Jul 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru