• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Umufaransa Yavuze Ku Buryo Inkotanyi Zafashe Mpiri Abasirikare B’Abafaransa Muri Opération Turquoise

Umufaransa Yavuze Ku Buryo Inkotanyi Zafashe Mpiri Abasirikare B’Abafaransa Muri Opération Turquoise

Ubwanditsi 10 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umufaransa Christophe Cotteret uheruka gukora filime yiswe ‘Inkotanyi’, yavuze uburyo Ingabo zari iza FPR Inkotanyi, mu gihe cya Opération Turquoise zafashe abasirikare b’Abafaransa barenze umurongo, ku buryo hakurikiyeho ibiganiro byashyize iherezo ku butumwa izo ngabo zarimo mu Rwanda mu 1994.

Ku wa 22 Kamena 1994 nibwo Umuryango w’Abibumbye, ubisabwe n’u Bufaransa, wafashe umwanzuro No 929 wemerera u Bufaransa kohereza ingabo zabwo mu Rwanda muri Opération Turquoise, hari mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Baje mu Rwanda bitwaje intwaro za karahabutaka bisa naho biteguye kurwana urugamba kuko mu byanditswe, bahawe ubutumwa bw’ubutabazi, bafite indege z’intambara zirenga 30 n’abasirikare 2500, bizwi neza ko icyo gihugu cyari gifitanye umubano mwiza na leta yari iriho, yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside.

Mu kiganiro Christophe Cotteret yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa kuri iki Cyumweru, yavuye imuzi bimwe mu biganiro yagiranye n’abayobozi batandukanye mu Rwanda, kugeza kuri Perezida Paul Kagame, wamuhaye ikiganiro nyuma y’imyaka ibiri abigerageza.

Umugisha wo kuganira n’Umukuru w’Igihugu nyuma y’icyo gihe cyose, Cotteret yavuze ko atekereza ko yawugize bitewe n’uko nyuma y’ubusabe bwe, habayeho kugenzura ibikorwa bye bikagaragara ko bifite impamvu zumvikana.

Umufaransa Christophe Cotteret wakoze filime yiswe ‘Inkotanyi’

Yabajijwe ku ruhare rw’u Bufaransa mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kugeza ubu igihugu cye kitemera, ahitamo kuvuga ko ari uruhare rwa bamwe mu bayobozi b’u Bufaransa muri icyo gihe, kuko ubwo abasirikare babwo boherezwaga mu Rwanda, hari abazanywe n’indi migambi yihariye.Yagize ati ”Ntabwo twavuga uruhare rw’u Bufaransa kuko Inteko Ishinga Amategeko ntabwo yigeze igishwa inama. Ni bamwe mu bayobozi b’icyo gihe bafashe ibyemezo bya politiki byo gufasha abajenosideri, mbere, mu gihe na nyuma ya Jenoside.”

Yanakomoje ku Bafaransa bafatiwe mu Rwanda, avuga ko ubwo u Bufaransa bwoherezaga abasirikare muri Opération Turquoise, cyari igikorwa cyitwaga icy’ubutabazi mu buryo budashidikanywaho ariko hari n’abazanywe n’indi migambi.

Yakomeje agira ati ”Ariko hari n’abantu mu Ngabo z’u Bufaransa batajyanywe n’ubutabazi, ahubwo no kwitambika abahagaritse Jenoside, Ingabo zari iza FPR. Kuva mu ntangiriro, sinibuka amatariki neza ariko nko ku wa 14 cyangwa 15 Nyakanga, hariho agace ntarengwa kiswe Zone Turquoise, abasirikare b’Abafaransa baza kurenga ako gace barafatwa.”

Ugufatwa kw’abo basirikare ntikwakunze kugarukwaho cyane ndetse Leta y’u Bufaransa yo yabihakanye ibinyujije mu nyandiko yagiye isohora, ubwo ibinyamakuru byatangazaga ko hari abasirikare babwo 18 bafashwe n’Ingabo za FPR mu duce twa Kibuye.

Uwo mubare watangajwe mu kinyamakuru Courrier International no 215 yo ku wa 15 Ukuboza 1994, cyifashishije amakuru yatangajwe muri Le Soir, nyuma y’ikiganiro umunyamakuru wacyo yari yagiranye n’uwari Visi Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Cotteret ashingiye ku kiganiro cya Perezida Kagame, we yakomeje agira ati ”Byabaye imwe mu mpamvu z’ibiganiro byashyize iherezo ku bikorwa by’Abafaransa ku butaka bw’u Rwanda. Icyo abo Bafaransa bakoraga bajya kurenga umurongo byo ni u Bufaransa bwagisobanura.”

Kuva akiri Visi Perezida w’u Rwanda ubwo Jenoside yari irangiye, Kagame yanenze uburyo u Bufaransa nta kintu bwakoze ngo buhagarike abicanyi kimwe n’abasirikare ba Guverinoma yakoze Jenoside, babanyuragaho bahungira mu mashyamba ya Congo.

U Bufaransa kandi bwashinjwe kenshi ko muri icyo gihe bwafashaga abicanyi mu buryo butaziguye ndetse bushinjwa ko bwahaye intwaro Interahamwe n’igihe zari mu nzira zihungira muri Congo nyuma yo gutsindwa urugamba.

Cotteret aheruka gusohora filime yise ‘Inkotanyi’, yakozwe mu gihe cy’imyaka itatu, imara iminota 120 aho iri mu ndimi ebyiri, Igifaransa n’Icyongereza mu bice bitandatu buri kimwe gifite igisobanuro cyihariye.

Igaragaramo ubuhamya bw’abantu bakomeye batandukanye kuva kuri Perezida Paul Kagame wayoboye urugamba rw’amasasu rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba anakomeje urundi rujyanye no guhindura imibereho y’Abanyarwanda nyuma y’ibihe bikomeye banyuzemo.

Abasirikare b’Abafaransa muri Opération Turquoise mu Rwanda mu 1994

2018-04-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyita Museveni perezida w’u Rwanda

Ikinyamakuru cyo mu Bwongereza cyita Museveni perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2018
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Ubwanditsi 31 Aug 2021
Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Umuryango Twubake Ubumwe wongeye Guha Umuganda uwacitse ku icumu rya Jenoside mu Ruhango

Ubwanditsi 23 Nov 2022
Kuki Himbara akomeje  gusebya Louise Mushikiwabo

Kuki Himbara akomeje gusebya Louise Mushikiwabo

Ubwanditsi 09 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri
HIRYA NO HINO

Urukiko rwa gisirikare rwa Uganda rwahagaritse ibirego ku banyarwanda babiri

Ubwanditsi 18 Feb 2020
Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2
HIRYA NO HINO

Bimwe mu byaranze ubuzima bwa Mowzey Radio usize abana 3 n’abagore 2

Ubwanditsi 03 Feb 2018
Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo
Amakuru

Perezida Paul Kagame agiye guhabwa igihembo cy’indashyikirwa na CAF kubera guteza imbere siporo

Ubwanditsi 28 Feb 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru