• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Ubwanditsi 06 Apr 2018 Mu Rwanda

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, Manzi Claude, yatawe muri yombi akekewaho uruhare mu rupfu rw’umwana w’imyaka ibiri n’igice wahiriye mu nzu ku Cyumweru gishize.

Gitifu Manzi akekwaho kuba ari we wateye inda umugore witwa Muhawenimana Sonia bakabyarana Uwikaze Kevine ari na we wahiriye mu nzu.

Abaturage bo mu Murenge wa Muko aho umwana yahiriye, babwiye IGIHE ko kuri Pasika, Muhawenimana usanzwe afite undi mugabo basize bakingiranye uwo mwana mu nzu, bakajya kunywa inzoga mu gasantere ka Muko.

Ubwo batahaga, baje gusanga umwana yahiriye mu nzu bavuga ko yatwitswe n’umuriro waturutse mu nzu, hahita hatangira iperereza.

Abo baturage bavuga ko ukurikije aho umwana yari aryamye, nta kimenyetso cyerekana ko umuriro wamutwitse kugeza apfuye ari uwaturutse muri iyo nzu imbere, kuko nta muriro w’amashanyarazi bagira kandi nta mashyiga cyangwa ikindi kintu kirimo umuriro cyari hafi aho mu nzu.

Bavuga ko n’ubusanzwe uwo mwana nubwo yari akiri muto, ngo abo babyeyi bamutotezaga cyane kugeza ubwo umwaka ushize bigeze kumumena peteroli mu gutwi.

Banavuga ko hari igihe yamaze iminsi itatu yarabuze ababyeyi ntacyo bibabwiye, abaturage bagiye kumushaka bamusanga mu nzu itabamo abantu amazemo iminsi itatu.

Bemeza ko Gitifu yaba yarabigizemo uruhare ngo asibanganye ibimenyetso kuko byari byaramenyekanye ko uwo mwana ari uwe nubwo we abihakana.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney yahamirije IGIHE ko Gitifu afunze.

Yavuze ko intandaro yabaye urupfu rwa Uwikaze Kevine ashinjwa kubera se ariko ngo n’ahandi yagiye ayobora ashinjwa gusiga ateye abakobwa inda akabihakana.

Ati “Uriya mugabo yagiye avugwaho ibintu byo gutera abakobwa inda mu mirenge yakoreragamo kuko yari muri Rwaza, avayo ajya muri Kinigi. Hari amakuru yavugaga ko hari uwo yaba yarabyayeho umwana, noneho mu buryo bwo gusibanganya ibimenyetso uwo mwana akaza gupfa atwitswe. Twarabimenye turabikurikirana arabazwa ariko bigaragara ko afite aho ahurira n’icyo kibazo.”

Nubwo Manzi atemera uwo mwana nk’uwe, Gatabazi yavuze ko basabye ko hapimwa isano bafitanye hifashishijwe ADN.

Gatabazi anavuga ko batangiye ubukangurambaga bwo kwerekana no gufata abandi batera abakobwa inda bakazihakana kandi ngo ni urugamba rukomeje.

Ati “Uwo niwe wafashwe ariko n’abandi baba bafite aho bahurira na byo bazamenyekana kuko muri iyi minsi twasabye ko hazamo kwisuzumira ubwacu, aho kubwira abantu ngo baze bagaragaze abagabo babo ahubwo hakaba uburyo bwo kwegera abo bakobwa. Rimwe na rimwe hari ukuntu banga kujya ahagaragara cyangwa se ababyeyi babo bakabyivangamo.”

Kugeza ubu mu Ntara y’Amajyaruguru hamaze gufatwa abagabo 192 bakekwaho gutera abakobwa inda bakabihakana.

Ababyeyi ba Uwineza na Gitifu w’Umuremge wa Kinigi bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu gihe iperereza rikomeje.

2018-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Ubwanditsi 23 Aug 2017
Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye  Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ku Rwibutso rwa Rebero Hashyinguye Inzirakarengane z’Abanyapolitiki bishwe muri Jenoside, Menya byinshi n’Impamvu hongeweho n’abandi

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Ubwanditsi 04 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko
Mu Rwanda

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka
Mu Rwanda

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Ubwanditsi 27 Apr 2018
U Burundi bwikomye Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango Mpuzamahanga
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwikomye Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe n’Umuryango Mpuzamahanga

Ubwanditsi 05 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru