• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 24 Jul 2018 Mu Rwanda

Urukiko Rukuru rukuru mu Rwanda rwahanaguyeho Dr Leopold Munyakazi icyaha cya Jenoside ndetse rumukuriraho n’igihano cya burundu y’umwihariko yari yarakatiwe, rumuhamya icyaha rwahamije cyo guhakana no gupfobya jenoside maze rumuhanisha igifungo cy’imyaka icyenda. Uyu mugabo, mu iburanisha rye yagiye avuga amagambo atangaje yagiye atungura benshi ari nabyo tugarukaho muri iyi nkuru.

Tariki 14 Nyakanga 2017, Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye Dr Leopold Munyakazi w’imyaka 68, igihano cy’igifungo cya burundu y’umwihariko. Iki gihano yaje kukijuririra ndetse asaba ko yajyanwa iwabo i Kayenzi aho yari atuye mbere ya Jenoside.

Kuwa Kabiri tariki 10 Mata 2018, Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru, rwajyanye uru rubanza ruregwamo Dr Leopold Munyakazi mu cyahoze ari komini Kayenzi, ubu ni mu murenge wa Kayenzi mu karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo. Mu gace yari atuyemo, ninaho habereye iburanisha mu ruhame rw’abaturage benshi, hatangwa ubuhamya bw’abatangabuhamya bane bahurije ku mbunda uyu mugabo yari atunze aha muri Kayenzi ariko bose bahuriza ku kuba ntawe yayicishije ndetse bamwe banavuga ko ahubwo hari abo yagerageje guhisha ngo baticwa.

Nyuma yo gusuzuma ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye Urukiko rukuru rwamuhanaguyeho icyaha cya Jenoside, icyo gushishikariza gukora Jenoside no kwica nk’icyaha kibasiye inyokomuntu, ariko ahamwa n’icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside yakoze ubwo yari muri Amerika, akavuga ko mu Rwanda hatabaye Jenoside ahubwo habaye intambara hagati y’impande ebyiri zari zihanganiye ubutegetsi.

Mu miburanire ya Dr Leopold Munyakazi, kuva akigera mu Rwanda, yagiye avuga ibintu byakunze gutangaza no gusetsa bamwe, gusa hakaba ababibona nko kuba yarashakaga guca intege abatangabuhamya bamwe na bamwe bahoraga batumizwa mu rukiko urubanza rugahora rusubikwa, bityo bakazageraho bakananirwa bakabona ko bikomeza kubarushya cyane kwiruka ku byo gutanga ubuhamya bumushinja. Ibyo yagiye avuga nibyo tugiye kugarukaho.

Yabwiye abashinjacyaha ko nta kinyabupfura bagira

Ubwo Dr. Leopard Munyakazi yagezwaga mu rukiko bwa mbere, agihabwa umwanya wo kugira icyo avuga yabwiye abashinjacyaha ko nta kinyabupfura bagira. Ibi Munyakazi yari abishingiye ku kuba batarashyize mu bikorwa ubusabe bwe bw’uko bazazana ibyuma bifata amajwi ibyo avuga byose bikajya bibikwa.

Dr Munyakazi yavuze ko adashaka gukomeza gufungirwa mu musarane kandi afite amazu meza muri Kigali

Uyu mugabo udatinya gukoresha amagambo akomeye cyangwa asesereza iyo arimo kuburana, ubwo yaburanishwaga mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga, ubwo yaburanishwaga ku bijyanye n’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Icyo gihe yabajije abacamanza impamvu bashaka kumucumbikira mu mazu yise ko ari ubwiherero (imisarani) kandi ngo ari umuntu w’umugabo wifitiye amazu muri uyu mujyi wa Kigali kandi meza.

Yagize ati “[…] Ese bancumbikira mu musarane bate bazi ko nari mfite amazu abiri muri Rugenge, harimo imwe niguriye indi nkayiyubakira, ayo mazu sinyararemo kandi ari ayanjye…”

Munyakazi yanze gutanga umwirondoro we nyawo, abwira urukiko ko nibawukenera bazajya kuwushakira kuri paruwasi yabatirijwemo kandi ko we atabibabwira batamuhemba

Kuwa Kane tariki 23 Gashyantare 2017, ubwo yagezwaga imbere y’abacamanza mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga, Dr Leopold Munyakazi yagaragaje ko hari imbogamizi nyinshi afite zituma ataburana, harimo no kuba atazi abagiye kumuburanisha abo ari abo n’imyirondoro yabo, aha ninaho yabasabaga ko bamuha ibyangombwa byabo ngo anamenye niba koko ari abacamanza.

Mu bindi yavuze, ni uko umwirondoro watangajwe atari uwe, uretse amazina ye gusa n’ay’ababyeyi, bityo akavuga ko hashobora kuba habayeho kwibeshya ku wo bashaka kuburanisha, aha yashingiraga ahanini ku gihe cy’amavuko cyatangajwe mu mwirondoro we.

Ubwo yasabwaga gutanga umwirondoro we nyawo, Munyakazi yavuze ko atari akazi ke, agaragaza ko yaba ari kwivanga mu kazi k’abashinjacyaha maze ababwira ko ushaka imyirondoro ye azajya kuyireba muri paruwasi yabatirijwemo ya Kamonyi. Asabwe n’urukiko kuvuga umwirondoro we uw’ukuri kandi yashimangiye ko atawuvugira aho kuko bikwiye gukorwa hakoreshejwe ibitabo by’irangamimerere, ikindi bikanakorwa n’abantu babihemberwa kuko we abivuze nta wabimuhembera.

Dr. Munyakazi yanze kuburana ngo kuko mu rukiko hatarimo ifoto ya Perezida

Ubwo Dr Leopold Munyakazi yatangiraga kuburanishwa mu mizi ku byaha ashinjwa, yasabye urukiko rw’i Muhanga rwamuburanishaga ko rwamuha ibimenyetso by’uko aho aburanira ari mu rukiko kuko ngo atahabonaga ifoto ya Perezida wa Repubulika.

Icyumba cy’iburanisha yari agejejwemo, Dr Munyakazi yavuze ko nta birango bya Repubulika y’u Rwanda birimo, ko nta kirango cy’ubutabera kirimo uretse indangaminsi (Calendar) ariko nayo igaragaraho urukiko rw’ikirenga. Yavuze ko nta bendera ry’u Rwanda ririmo kandi nta n’ifoto ya Perezida wa Repubulika abonamo, bityo akavuga ko ntacyamwemeza ko aho bamuzanye ari mu rukiko.

Dr Munyakazi aburana akangana ko yaminuje, yigeze no kugira umujinya asohoka mu rukiko iburanisha ritararangira

Kuwa 3 Gicurasi 2017 ubwo yitabaga Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga ngo akomeze yiregure ku byaha akurikiranweho bya Jenoside, Dr Munyakazi wagaragazaga uburakari n’imvugo ikarishye, yongeye gusabwa n’abacamanza kudakoresha amagambo akomeye mu rukiko, maze asubiza ko Ikinyarwanda akoresha akizi neza kuko agifitemo impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) kandi akaba ari inzobere mu by’iyigandimi n’icengerandimi. Yavuze ko ufite ikibazo ku byo avuga nabyo yazabishyikiriza urukiko.

Uyu mugabo yaje guhita asaba umucamanza ko yakwisubirira aho afungiye ndetse bidatinze ahita asohoka mu rukiko aragenda ariko abacamanza bakomeza kuburanisha urubanza adahari, nyuma banzura ko ruzasubukurwa tariki 10 Gicurasi 2017.

Perezida w’Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga, Udahemuka Adolphe, yakunze kumvikana yihaniza Dr Munyakazi kureka imyitwarire idahwitse mu rukiko aho kugirango uyu mugabo amwumve ahubwo bikarushaho gufata indi sura.

Tariki 14 Nyakanga 2017, yakatiwe igihano cy’igifungo cya burundu y’Umwihariko maze avuga ko ibyo abacamanza bakoze bamubeshyera, nta kabuza Imana izabibabaza.

2018-07-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Imbabazi za Perezida wa Repubulika ni igihango n’Igihugu, ugitatiye kiramusama

Ubwanditsi 22 Oct 2024
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Kinshasa : Abadepite bavugirije amafirimbi mu Nteko bamagana Minisitiri w’Intebe mushya

Ubwanditsi 17 May 2017
Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ubwanditsi 28 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi
INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi Wa FDLR, La Forge Fils Bazeyi Yatawe Muri Yombi

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.
Amakuru

Ibyihebe byo muri RNC byiyemereye ko ntacyo byageraho, ubwabyo bikibaswe n’umwiryane.

Ubwanditsi 25 Sep 2024
Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ubwanditsi 16 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru