• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»“Uyu ni umubano mwiza cyane “- Kenyatta avuga kuri Kagame

“Uyu ni umubano mwiza cyane “- Kenyatta avuga kuri Kagame

Ubwanditsi 11 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU

Mu ruzinduko  rutunguranye Perezida Uhuru Kenyatta kuri uyu wa mbere yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare i Gabiro ahari kubera Umwiherero wa 16 w’abayobozi b’u Rwanda uyu ukaba ari umunsi wa gatatu bari mu mwiherero.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu bimaze gutangaza ko aba bayobozi bombi bagiranye ibiganiro byihariye.

Kuri iki cyumweru Perezida Paul Kagame yakiriye Tibor Nagy umuyobozi wungirije Umunyamabanga wa Leta muri Leta zunze ubumwe za Amerika (US) ushinzwe ibibazo by’Africa.

Uyu Nagy yatangaje ko bavuganye ku kwagura ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari hagati ya US n’u Rwanda ndetse n’amahoro n’umutekano mu karere.

Mu cyumweru gishize Perezida Kagame yagiye i Dar es Salaam muri Tanzania kuganira na mugenzi we John Pombe Magufuli ku bibazo birimo ibireba aka karere.

Muri aka karere ikibazo ubu kiri kuvugwa cyane ni umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Uganda.

Hari ikibazo kandi  kirebana n’ubucuruzi ku nzira y’umuhora wa ruguru uturuka muri Kenya ugaca Uganda ukinjira mu Rwanda wadindijwe na Uganda kubera kutumvikana n’u Rwanda. Uyu muhora waruguru wagombaga  no gukomeza mu burasirazuba bwa Congo, ariko bwahungabanyijwe cyane n’iki kibazo cy’umwuka mubi hagati y’u Rwanda na Uganda.

Ibibazo by’umutekano muke  byatumye , Uganda  ivuga ko u Rwanda rwafunze umupaka wa Gatuna kubera ibi bibazo bya Politiki.

Birashoboka cyane ko iki kibazo kiri ku murongo wa mbere w’ibyo aba bayobozi bombi baganiriye i Gabiro.

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta,  yagiye i Gabiro ahateraniye Abayobozi Bakuru mu Mwiherero wa 16, arabaganiriza, ababwira ko ashaka kwigira ku Rwanda uburyo bwo kwihutisha iterambere.

Mu buryo bweruye, Perezida Kenyatta yavuze ko ashimishwa no kuba igihugu nk’u Rwanda cyanyuze mu bihe bibi cyane, uyu munsi ari urugero rwiza rw’igihugu kirimo kwitwara neza mu rugamba rwo kwiyubaka.

Ati, “Mu by’ukuri duterwa ishema n’ukuntu u Rwanda rutera imbere, igihugu cyigeze gupfukama uyu munsi kikaba ari imwe mu nyenyeri z’urumuri rwinshi ku mugabane w’Afurika.”

Yabwiye abitabiriye uyu Mwiherero ko akunda kubwira Perezida Kagame ko ashaka kumucaho mu bijyanye no korohereza ishoramari, Perezida Kagame akamubwira ati “kora iyo bwabaga.”

Yakomeje avuga ko hari ibyo u Rwanda rutakwishoboza n’ibyo Kenya itakwishoboza, ariko ko habayeho gukorana hashoboka byinshi mu kugera ku ntego zihuriweho zo guteza imbere abaturage b’ibihugu byombi.

Avuga ku mubano wa Kenya n’u Rwanda, Perezida Kenyatta yagize ati, “Uyu ni umubano mwiza cyane. Turi abavandimwe, kandi nk’abayobozi inshingano zacu ni ukureba uko uwo mubano twawunoza kurushaho.

2019-03-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo

Museveni aherutse guhura n’Abanyarwanda “Nakasero State House ” ababwira ko u Rwanda aricyo ikibazo

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Charles Tusubira, umugande ukekwaho kubangamira umutekano w’u Rwanda yasubijwe mu gihugu cye

Ubwanditsi 14 Nov 2020
Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Amavu N’amavuko Y’ibibazo U Burundi Burimo N’uruhare Rwa Museveni

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Ubwanditsi 12 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri
Amakuru

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru
INKURU NYAMUKURU

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020
Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano
Mu Mahanga

Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano

Ubwanditsi 19 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru