• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 26 Mar 2017 Mu Rwanda

Ku itariki ya 25 Werurwe, abaturage b’umurenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego kurwanya ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka mbi ku mibereho yabo n’iterambere ry’imiryango yabo. Ubu butumwa bwahawe abo mu kagari ka Rwampara n’imidugudu ituranye nako bagera ku bihumbi 3 nyuma y’igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi, aho by’umwihariko bagejejweho ubutumwa bwo gukumira ibiyobyabwenge.

Uyu muganda wahuriwemo n’inzego zitandukanye zirimo iz’ibanze, inzego z’umutekano, urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, abagize itsinda ry’abahanzi batandukanye barimo ab’indirimbo, amakinamico, abashinzwe gususurutsa ibirori binyuranye, abanyamakuru, n’abandi; bose bakaba ari ba ambasaderi ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ibyaha.

Ubwo yagezaga ijambo rye ku bitabiriye uwo muganda, umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge Madamu Kayisime Nzaramba, yavuze ko bishoboka ko abakoresha ibiyobyabwenge n’ababicuruza babireka kuko nta nyungu bakuramo. Yagize ati:” ubuyobozi bw’igihugu cyacu bwashyizeho gahunda nziza kandi nyinshi zifasha abaturage kwiteza imbere mu buryo butandukanye. Nta mpamvu rero n’imwe yatuma abantu bishora mu biyobyabwenge kuko bibagiraho ingaruka nyinshi zirimo igifungo mu gihe bafatiwe mu byaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi”.

Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge yasabye ko ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge bwagera kuri buri muturage bityo bigafasha buri wese kujya atanga amakuru mu rwego rwo kubirwanya. By’umwihariko yasabye abagore kugira uruhare mu kubirwanya, agaya bamwe muri bo bagiye babifatirwamo mu bihe byashize muri aka karere asaba buri wese kutabyishoramo.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire myiza n’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda , abaturage n’izindi nzego Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, yagarutse ku bubi bw’ibiyobyabwenge cyane cyane urumogi agira ati:” umuntu ubinywa usanga yaracitse intege ndetse ugasanga bimugiraho ingaruka zo kwandura indwara zitandukanye zirimo icyorezo cya Sida”.

Yakomeje avuga kandi ko n’igihugu kibihomberamo kuko abishora mu biyobyabwenge iyo bafashwe bafungwa, bityo imiryango yabo ikahagirira ingorane ndetse n’igihugu kikabatakazaho byinshi birimo no kubatunga kandi badakora.

ACP Twahirwa yakomeje avuga ko mu gukemura icyo kibazo, Polisi y’u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye zirimo gukomeza kongera ubukangurambaga mu nzego zose n’abaturage bugamije kwirinda ibiyobyabwenge, gushyiraho imirongo ya terefone zitishyurwa abaturage batangaho amakuru yo kubirwanya, gukoresha itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga hanyuzwamo ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi.

-6171.jpg

Yasabye abakibikoresha kubireka kuko nk’uko yasoje abivuga, abazavunira ibiti mu matwi bakanga kureka ibiyobyabwenge Polisi izakomeza kubafata ndetse ikabashyikiriza ubutabera.

Umwe mu bahanzi wari witabiriye icyo gikorwa witwa Muyombo Thomas uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tom Close yavuze ko nk’abahanzi basanze ibihangano byabo bigera ku baturage benshi. Yagize ati:” twifuza ko bakomeza kudushyigikira. Ariko ko mu gihe nta buzima buzira umuze bamwe mu bafana bacu bafite nta cyo byaba bimaze. Niyo mpamvu rero twiyemeje natwe gutanga umusanzu wo kwirinda ibiyobyabwenge no gufatanya na Polisi dusaba abaturage kutabyishoramo, ubutumwa bukanyura mu bihangano byacu”.

2017-03-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ibyo komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yagezeho mu iperereza ku mibereho ya Dr Leon Mugesera muri Gereza ya Nyanza

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Amafoto – Nyuma yo kwerekana abatoza bashya ku ikipe ya Rayon Sports, bahise banatangiza imyitozo harimo n’abakinnyi bashya usibye Pierrot

Ubwanditsi 03 Feb 2022
Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Gakenke: Turimubenshi yatunguwe n’ubuhanga yari yibitsemo ‘‘Tora Kagame Paul’’

Ubwanditsi 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda
Amakuru

Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda

Ubwanditsi 02 Oct 2025
Ubuyobozi bwa Arsenal bwakuriye inzira ku murima Minisitiri Therese Kayikwamba uharanira gusiga icyasha u Rwanda
Amakuru

Ubuyobozi bwa Arsenal bwakuriye inzira ku murima Minisitiri Therese Kayikwamba uharanira gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 17 Feb 2025
Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!
Amakuru

Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Ubwanditsi 31 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru