• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Ubwanditsi 30 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Kuva mu mwaka wa 2007, iyi nshuro ije yiyongera ku zindi nyinshi imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na Leta y’u Rwanda, basaba Leta y’Ubwongereza kureka gukomeza gucumbikira abicanyi bamaze imyaka bidegembya muri icyo gihugu. N’ubu rero Ubwongereza bwasabwe gufata Vincent Bajinya, Charles Munyaneza, Céléstin Mutabaruka, Céléstin Ugirashebuja na Emmanuel Munyaneza, bakekwaho uruhare rutaziguye mu iyicwa ry’ abatutsi, mu duce aba bagome bari batuyemo mu mwaka w’1994.

Nubwo nyamara muw’ 2015 ndetse no muw’2017 inkiko zinyuranye mu Bwongereza zanzuye ko hari ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rw’abo bantu 5 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ubucamanza bwo muri icyo gihugu ntizirarababuranisha cyangwa ngo boherezwe kuburanishirizwa mu Rwanda, aho bakoreye ibyaha bakekwaho. Abasesenguzi bahamya ko impamvu Ubwongereza bukomeza kwica amatwi zishingiye kuri politiki.

Mu mwaka ushize wa 2020, Minisitiri w’Ubutabera, Jonhson Busingye yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko mu Bwongereza, ko uRwanda nta nyungu rufite mu kwihorera, ko rero igikenewe ari ubutabera, abo bagabo bahamwa n’icyaha bagahanwa, baba abere nabwo bagahabwa uburenganzira bwabo.

Vincent Bajinya waje kuyobya uburari akiyita Vincent BROWN, ni umuganga wakoraga mu kigo cya ONAPO. Abatangabuhamya benshi bamushinje kuyobora inama zitegura ubwicanyi bwaguyemo Abatutsi batabarika mu Mujyi wa Kigali. Izina niryo muntu koko, ngo ’’Bajinya’’ yahoranaga umushiha udasanzwe

Céléstin Mutabaruka we ubu yigize umuvugabutumwa mu itorero ry’Abapantekote mu Bwongereza. Muri Jenoside yakorewe Abatutsi yategekaga umushinga wo kurengera amashyamba mu karere ka Crête – Zayire- Nil, akaba ashinjwa uruhare rukomeye mu bwicanyi bwakorewe mu Bisesero no mu nkengero zaho.

Charles Munyaneza yari Burugumesitiri wa Kinyamakara mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, ari naho yakoreye ibyaha ashinjwa. Abamuzi bavuga ko na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi yari umugome, by’umwihariko ngo akaba yaratoteje cyane Abatutsi n’abandi bari baranze kwishora mu irondakoko.

Célestin Ugirashebuja yabaye ruharwa muri Komini ya Kigoma yategekaga, hari muri Perefegitura ya Gitarama icyo gihe. Abatangabuhamya bamwiboneye ayoboye inama z’abicanyi, ndetse akanabahemba ubwo babaga bavuye gutsemba Abatutsi.Ni Interahamwe kabombo yari yarahize ko nta Mututsi uzasigara muri Kigoma.

Emmanuel Nteziryayo we yategekaga Komini Musasobwa yo muri Gikongoro.By’umwihariko, we na Mugenzi we Charles Munyaneza baregwa uruhare mu bwicanyi bwahitanye Abatutsi babarirwa mu 50.000 bari bahungiye ku ishuri ry’imyuga rya Murambi.

Ibihugu byose ku isi, harimo n’Ubwongereza, bifite inshingano zo gushyikiriza ubutabera umuntu wese ukurikiranyweho icyaha gikomeye nka Jenoside, nk’uko bikubiye mu masezerano ya Génève byashyizeho umukono. Biratangaje rero kubona igihugu nk’Ubwongereza, kivuga ko ari intangarugero mu guharanira uburenganzira bwa muntu, gikingira ikibaba abicanyi kabuhariwe.

Leta y’uRwanda n’Imiryango Iharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batazahwema gusaba amahanga ubufatanye mu gushyikiriza ubutabera abanyabyaha, abasesenguzi ariko bo bakavuga ko igihe cyose hazaba hagishyirwa imbere impamvu za politiki, abagizi ba nabi bazakomeza kwidegembya.

Uretse Ubwongereza, hari n’ibindi bihugu bigicumibikiye abajenosideri, bizi neza ko ari abanyabyaha, nk’Ubufaransa, Ububiligi, Ubuholandi n’ibindi byinshi cyane byiganjemo ibyo muri Afrika.

2021-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba  ya Leta bakabitwikamo amakara

Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba ya Leta bakabitwikamo amakara

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017
Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze

Babiri bafunzwe bakekwaho guha ruswa abayobozi b’inzego z’ibanze

Ubwanditsi 12 Jan 2017
Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ubwanditsi 29 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Oct 2018
Musanze: Umupolisi yarashe umuyobozi we aramwica
Mu Mahanga

Musanze: Umupolisi yarashe umuyobozi we aramwica

Ubwanditsi 05 May 2016
Uganda: Gen. Salim Saleh  udacana uwaka na  Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen. Salim Saleh udacana uwaka na Gen. Kale Kayihura yamusuye aho afungiye

Ubwanditsi 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru