• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Ubwanditsi 30 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Kuva mu mwaka wa 2007, iyi nshuro ije yiyongera ku zindi nyinshi imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na Leta y’u Rwanda, basaba Leta y’Ubwongereza kureka gukomeza gucumbikira abicanyi bamaze imyaka bidegembya muri icyo gihugu. N’ubu rero Ubwongereza bwasabwe gufata Vincent Bajinya, Charles Munyaneza, Céléstin Mutabaruka, Céléstin Ugirashebuja na Emmanuel Munyaneza, bakekwaho uruhare rutaziguye mu iyicwa ry’ abatutsi, mu duce aba bagome bari batuyemo mu mwaka w’1994.

Nubwo nyamara muw’ 2015 ndetse no muw’2017 inkiko zinyuranye mu Bwongereza zanzuye ko hari ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rw’abo bantu 5 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ubucamanza bwo muri icyo gihugu ntizirarababuranisha cyangwa ngo boherezwe kuburanishirizwa mu Rwanda, aho bakoreye ibyaha bakekwaho. Abasesenguzi bahamya ko impamvu Ubwongereza bukomeza kwica amatwi zishingiye kuri politiki.

Mu mwaka ushize wa 2020, Minisitiri w’Ubutabera, Jonhson Busingye yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko mu Bwongereza, ko uRwanda nta nyungu rufite mu kwihorera, ko rero igikenewe ari ubutabera, abo bagabo bahamwa n’icyaha bagahanwa, baba abere nabwo bagahabwa uburenganzira bwabo.

Vincent Bajinya waje kuyobya uburari akiyita Vincent BROWN, ni umuganga wakoraga mu kigo cya ONAPO. Abatangabuhamya benshi bamushinje kuyobora inama zitegura ubwicanyi bwaguyemo Abatutsi batabarika mu Mujyi wa Kigali. Izina niryo muntu koko, ngo ’’Bajinya’’ yahoranaga umushiha udasanzwe

Céléstin Mutabaruka we ubu yigize umuvugabutumwa mu itorero ry’Abapantekote mu Bwongereza. Muri Jenoside yakorewe Abatutsi yategekaga umushinga wo kurengera amashyamba mu karere ka Crête – Zayire- Nil, akaba ashinjwa uruhare rukomeye mu bwicanyi bwakorewe mu Bisesero no mu nkengero zaho.

Charles Munyaneza yari Burugumesitiri wa Kinyamakara mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, ari naho yakoreye ibyaha ashinjwa. Abamuzi bavuga ko na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi yari umugome, by’umwihariko ngo akaba yaratoteje cyane Abatutsi n’abandi bari baranze kwishora mu irondakoko.

Célestin Ugirashebuja yabaye ruharwa muri Komini ya Kigoma yategekaga, hari muri Perefegitura ya Gitarama icyo gihe. Abatangabuhamya bamwiboneye ayoboye inama z’abicanyi, ndetse akanabahemba ubwo babaga bavuye gutsemba Abatutsi.Ni Interahamwe kabombo yari yarahize ko nta Mututsi uzasigara muri Kigoma.

Emmanuel Nteziryayo we yategekaga Komini Musasobwa yo muri Gikongoro.By’umwihariko, we na Mugenzi we Charles Munyaneza baregwa uruhare mu bwicanyi bwahitanye Abatutsi babarirwa mu 50.000 bari bahungiye ku ishuri ry’imyuga rya Murambi.

Ibihugu byose ku isi, harimo n’Ubwongereza, bifite inshingano zo gushyikiriza ubutabera umuntu wese ukurikiranyweho icyaha gikomeye nka Jenoside, nk’uko bikubiye mu masezerano ya Génève byashyizeho umukono. Biratangaje rero kubona igihugu nk’Ubwongereza, kivuga ko ari intangarugero mu guharanira uburenganzira bwa muntu, gikingira ikibaba abicanyi kabuhariwe.

Leta y’uRwanda n’Imiryango Iharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batazahwema gusaba amahanga ubufatanye mu gushyikiriza ubutabera abanyabyaha, abasesenguzi ariko bo bakavuga ko igihe cyose hazaba hagishyirwa imbere impamvu za politiki, abagizi ba nabi bazakomeza kwidegembya.

Uretse Ubwongereza, hari n’ibindi bihugu bigicumibikiye abajenosideri, bizi neza ko ari abanyabyaha, nk’Ubufaransa, Ububiligi, Ubuholandi n’ibindi byinshi cyane byiganjemo ibyo muri Afrika.

2021-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ishyaka riri ku butegetsi mu Bushinwa ryasuye u Rwanda mu rwego rwo kungurana ibitekerezo na [ RPF-Inkotanyi ]

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Ubwanditsi 02 Oct 2020
Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Nyuma y’umwaka umwe ayivuyemo, Guy Bukasa yongeye kugirwa umutoza mukuru w’ikipe ya Gasogi United ahabwa inshingano yo gutwara igikombe

Ubwanditsi 19 Aug 2021
Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 02 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino
Amakuru

Rayon Sports yahuye n’ihungabana mu buyobozi, izakoresha agera kuri Miliyari 2 mu mwaka utaha w’imikino

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Igitekerezo cy’umusomyi ku  nkuru y’ Ambassadeur Eugene Gasana
ITOHOZA

Igitekerezo cy’umusomyi ku nkuru y’ Ambassadeur Eugene Gasana

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto
IMIKINO

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru