• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Ubwanditsi 30 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Kuva mu mwaka wa 2007, iyi nshuro ije yiyongera ku zindi nyinshi imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na Leta y’u Rwanda, basaba Leta y’Ubwongereza kureka gukomeza gucumbikira abicanyi bamaze imyaka bidegembya muri icyo gihugu. N’ubu rero Ubwongereza bwasabwe gufata Vincent Bajinya, Charles Munyaneza, Céléstin Mutabaruka, Céléstin Ugirashebuja na Emmanuel Munyaneza, bakekwaho uruhare rutaziguye mu iyicwa ry’ abatutsi, mu duce aba bagome bari batuyemo mu mwaka w’1994.

Nubwo nyamara muw’ 2015 ndetse no muw’2017 inkiko zinyuranye mu Bwongereza zanzuye ko hari ibimenyetso simusiga bigaragaza uruhare rw’abo bantu 5 muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Ubucamanza bwo muri icyo gihugu ntizirarababuranisha cyangwa ngo boherezwe kuburanishirizwa mu Rwanda, aho bakoreye ibyaha bakekwaho. Abasesenguzi bahamya ko impamvu Ubwongereza bukomeza kwica amatwi zishingiye kuri politiki.

Mu mwaka ushize wa 2020, Minisitiri w’Ubutabera, Jonhson Busingye yabwiye abagize Inteko Ishinga Amategeko mu Bwongereza, ko uRwanda nta nyungu rufite mu kwihorera, ko rero igikenewe ari ubutabera, abo bagabo bahamwa n’icyaha bagahanwa, baba abere nabwo bagahabwa uburenganzira bwabo.

Vincent Bajinya waje kuyobya uburari akiyita Vincent BROWN, ni umuganga wakoraga mu kigo cya ONAPO. Abatangabuhamya benshi bamushinje kuyobora inama zitegura ubwicanyi bwaguyemo Abatutsi batabarika mu Mujyi wa Kigali. Izina niryo muntu koko, ngo ’’Bajinya’’ yahoranaga umushiha udasanzwe

Céléstin Mutabaruka we ubu yigize umuvugabutumwa mu itorero ry’Abapantekote mu Bwongereza. Muri Jenoside yakorewe Abatutsi yategekaga umushinga wo kurengera amashyamba mu karere ka Crête – Zayire- Nil, akaba ashinjwa uruhare rukomeye mu bwicanyi bwakorewe mu Bisesero no mu nkengero zaho.

Charles Munyaneza yari Burugumesitiri wa Kinyamakara mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, ari naho yakoreye ibyaha ashinjwa. Abamuzi bavuga ko na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi yari umugome, by’umwihariko ngo akaba yaratoteje cyane Abatutsi n’abandi bari baranze kwishora mu irondakoko.

Célestin Ugirashebuja yabaye ruharwa muri Komini ya Kigoma yategekaga, hari muri Perefegitura ya Gitarama icyo gihe. Abatangabuhamya bamwiboneye ayoboye inama z’abicanyi, ndetse akanabahemba ubwo babaga bavuye gutsemba Abatutsi.Ni Interahamwe kabombo yari yarahize ko nta Mututsi uzasigara muri Kigoma.

Emmanuel Nteziryayo we yategekaga Komini Musasobwa yo muri Gikongoro.By’umwihariko, we na Mugenzi we Charles Munyaneza baregwa uruhare mu bwicanyi bwahitanye Abatutsi babarirwa mu 50.000 bari bahungiye ku ishuri ry’imyuga rya Murambi.

Ibihugu byose ku isi, harimo n’Ubwongereza, bifite inshingano zo gushyikiriza ubutabera umuntu wese ukurikiranyweho icyaha gikomeye nka Jenoside, nk’uko bikubiye mu masezerano ya Génève byashyizeho umukono. Biratangaje rero kubona igihugu nk’Ubwongereza, kivuga ko ari intangarugero mu guharanira uburenganzira bwa muntu, gikingira ikibaba abicanyi kabuhariwe.

Leta y’uRwanda n’Imiryango Iharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko batazahwema gusaba amahanga ubufatanye mu gushyikiriza ubutabera abanyabyaha, abasesenguzi ariko bo bakavuga ko igihe cyose hazaba hagishyirwa imbere impamvu za politiki, abagizi ba nabi bazakomeza kwidegembya.

Uretse Ubwongereza, hari n’ibindi bihugu bigicumibikiye abajenosideri, bizi neza ko ari abanyabyaha, nk’Ubufaransa, Ububiligi, Ubuholandi n’ibindi byinshi cyane byiganjemo ibyo muri Afrika.

2021-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Perezida Kagame yahaye abantu 9 impeta y’Igihango Ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Finland haravugwa umupasiteri ugambanira u Rwanda, akaba inshuti ya Bishop Rugagi

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Ubwanditsi 15 Sep 2023
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika  nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba
Mu Mahanga

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

Ubwanditsi 02 Nov 2016
Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17
INKURU NYAMUKURU

Imyanzuro 12 y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 17

Ubwanditsi 25 Dec 2019
Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”
Amakuru

Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Ubwanditsi 30 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru