• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»U Burayi bwashimangiye ko bushyigikiye Perezida Kagame mu mavugurura ya AU

U Burayi bwashimangiye ko bushyigikiye Perezida Kagame mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 05 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, EU, washimangiye ko ushyigikiye Perezida Paul Kagame uyoboye amavugurura mu muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, nyuma y’ibiganiro yagiranye n’abayobozi batandukanye kuri uyu wa Mbere mu ruzinduko arimo mu gihugu cy’u Bubiligi.

Perezida Kagame ari i Bruxelles aho aritabira Inama ya 12 Ngarukamwaka y’u Burayi yiga ku Iterambere izwi nka ‘European Development Days’ iteganyijwe ku matariki ya 5 -6 Kamena 2018.

Kuri uyu wa Mbere, Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’abayobozi barimo Perezida wa Komisiyo ya EU, Jean-Claude Juncker; Visi Perezida w’iyi komisiyo akaba n’intumwa yihariye mu bubanyi n’amahanga n’umutekano, Federica Mogherini na Komiseri Ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga n’Iterambere, Neven Mimica.

Nyuma y’ibyo biganiro, Komiseri Mimica yatangaje kuri Twitter ati “Nishimiye guha ikaze Perezida Paul Kagame i Bruxelles. EU ishyigikiye byuzuye amavugurura ayoboye muri AU. Ubufatanye bukomeye hagati AU na EU bukeneye n’abafatanyabikorwa bakomeye.”

Perezida Paul Kagame unayoboye AU muri uyu mwaka, yayoboye amavugurura muri uyu muryango uhereye ku gikorwa cyabanje cyo gushyira ahagaragara ibikeneye kuvugururwa muri uyu muryango w’ibihugu 55, kugeza ku kubishyira mu bikorwa, ari nayo ntambwe uyu mugabane ugezeho.

Intambwe ya mbere yatewe yari ukwemeza ko ibihugu byishamo ubushobozi bwo gutera inkunga ibikorwa bya AU, aho gukomeza gutegera amaboko abaterankunga kandi uyu muryango ugizwe n’ibihugu byigenga.

Icyo gihe byemejwe ko buri gihugu gitanga umusanzu wa 0.2% by’umusoro ku bitumizwa mu mahanga hagati y’igihugu kiri mu muryango n’ikitawurimo.

Andi mavugurura ari gukorwa ni impinduka mu mikoranire mu bucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika, aho muri Werurwe uyu mwaka, ibihugu 44 byashyize umukono ku masezerano ashyiraho isoko rusange rya Afurika, AfCFTA, ndetse 27 bishyira umukono ku masezerano ashyiraho urujya n’uruza rw’abantu. Ubu ibihugu biri mu rugendo rwo kwemeza burundu aya masezerano.

Ibihugu bya Afurika biheruka no kwemeranya ku rujya n’uruza mu bwikorezi n’ingendo z’indege, byose biganisha ku cyerekezo 2063 Afurika yihaye.

Iyi nama Perezida Kagame yitabiriye mu Bubiligi iribanda ku kamaro k’abari n’abategarugori mu kugera ku ntego z’iterambere rirambye, cyane cyane bahabwa amahirwe angana n’ay’abandi mu nzego zifata ibyemezo.

Ku Rwanda ni n’umwanya wo kuganira ku mubano n’ibindi bihugu ku bibazo birebana n’akarere ruherereyemo ndetse n’Isi muri rusange, kuko mu bandi bayobozi bagomba guhura na Perezida Kagame harimo n’Umwami Philippe w’u Bubiligi nyuma yo guhura na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Charles Michel.

Perezida Kagame kandi arageza ijambo ku bitabiriye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro Inama ya 12 Ngarukamwaka Nyaburayi ku Iterambere uteganyijwe kuri uyu wa Kabiri.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Komisiyo ya EU, Jean-Claude Juncker

Perezida Kagame aramukanya na Perezida wa Komisiyo ya EU, Jean-Claude Juncker

Perezida Kagame yahuye kandi na Kristalina Georgieva uyobora Banki y’Isi

Perezida Kagame ari kumwe na Perezida w’Inama Nyobozi ya EU, Donald Tusk

Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Charles Michel, yakira Perezida Kagame

Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Charles Michel, ubwo yahaga ikaze mu Bubiligi, Perezida Kagame

Amafoto: Village Urugwiro

2018-06-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Burundi: Icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bavuga ku ijambo rya perezida Nkurunziza ko ataziyamamaza mu 2020

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ituri: Haravugwa umutwe mushya w’inyeshyamba urimo kwisuganya urimo Abagande n’Abanyarwanda

Ubwanditsi 17 Oct 2018
RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda

RIB yataye muri yombi abakekwaho guhindura ibyangombwa by’abana bahataniraga kujya mu irerero rya Bayern Munich ryo mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2023
Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ko hari ibimenyetso simusiga byerekana itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi , Ingabire Victoire na bagenzi be ko batazana ibya “jenoside yakorewe Abahutu” baririmba?

Ubwanditsi 09 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Amakuru

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.
INKURU NYAMUKURU

Burundi:  Mu kiyaga cya Rweru hongeye kuboneka imirambo ijombyemo ibiti, abaturage ntibashira amakenga  ubuyobozi bwa komini n’ubw’abashinzwe umutekano.

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD
Mu Mahanga

Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Ubwanditsi 04 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru