• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abenshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane cyane X bamenyereye Umugome ugira amagambo Gatanyamiryango uwiyita Gitifu Sebatware Udatinya kuvuga ko ari Interahamwe kabombo ya Parmehutu, Intego ye ntayindi ni uguhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nko gusohoza umugambi wo kugira abere (Gutagatifuza) ababyeyi be bakoze hasi bakica abatutsi, ndetse n’abandi ba Ruharwa b’interahamwe

Ubundi amazina ye nyakuri yitwa Alfred Antoine Uzabakiriho akaba ubu atuye ahitwa Aalst-Flemish Region-Belgium, Ni mwene Bernard Uzabakiliho na  nyina Antoinette Nyirabakungu, inshingano ashinzwe akaba ari we ushinzwe icengezamatwara muri cya cyari kibumbiyemo abana b’interahamwe cyitwa Jambo asbl aho nkuzobereye mudasobwa yirirwa ayikoresha mu gukwirakwiza urwango mu bakoresha imbuga nkoranyambaga

Mu bindi wamenya ni uko Se umubyara na Nyina, bakoreye Jenoside mu cyahoze ari Perefegitura ya  Butare muri Segiteri Ngoma, Serire ya Kabutare (mu mujyi wa Butare-Huye) ,aho nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi baje gukatirwa n’inkiko Gacaca, Maze Se Berrnard Uzabakiliho akatirwa imyaka 30 naho Nyina Nyirabakungu akatirwa 25.

Avuka mu muryango w’abana 4 gusa, aho se Bernald Uzabakiliho Yavutse 1948 avukira mu karere ka Nyamasheke aho se yaje kuminuza mu butabire mu byo bita Maîtrise en chimie yakuye Pointier mu gihugu cy’Ubufaransa(France)1976 nk’umuntu wari uvuye kwiga wanasogongeye ku buryohe bw’iringaniza yaje gushyingirwa mu mwaka w’ 1978

Uzabakiriho mu mwaka w’1976 kugeza 1993 yari Umwarimu muri IPN (Instutut Pédagogique National du Rwanda no muri UNR (University National du Rwanda) aho kandi yari mu ishyaka rya MDR ya Faustin Twagiramungu , mu mwaka w’2003 kugeza kuwa 8 Ugushyingo 2006 yigishaga kuri Ecole de filles I Nyamasheke.

8 Ugushyingo 2006 yafatanywe n’umugore we, bafungwa n’urukiko Gacaca rwa Cellule Kabutare secteur Ngoma (Butare) maze aza kugwa muri Gereza.

Konti (account) ye ya X bigaragara ko yayifunguye muri Kanama 2020 nirwo rubuga yisararangaho agatambutsaho uburozi bw’urwango kandi ni ibintu yerura ashize amanga ari nacyo kigaragaza ko yariye uburozi bw’amacakubiri koko ibyo bituma Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye bamwibazaho yewe bamwe bakamwitirira abandi bantu, gusa kuri iyi nshuro iperereza rya gihanga rimaze igihe rikorwa n’abazobereye mu gutahura ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga n’urusobe rwa mudasobwa rigaragaza ko uwiyise “Gitifu Sebatware” amazina ye y’ukuri ari Uzabakiriho Antoine.

Ikindi dukwiye kumenya ni uko leta y’Ubumwe bw’abanyarwanda yahaye Uzabakiliho Antoine amata akayanga akaruka amaraso kuko guhera mu mwaka w’ 2005 kugeza 2008 yakoreye mu biro bikuru by’Umukuru w’Igihugu nabwo akora mu by’ikoranabuhanga kuri mudasobwa (IT)agasanga ntayima iyayo akabara maze umuyaga uhushye tubona ubwambure bw’Inkoko niko gusanga igobe rya Jambo asbl

Uyu Uzabakiriho ni umwe mu nkingi za mwamba z’agatsiko ka Jambo ASBL gahuriza hamwe intagondwa z’abana babarizwa hirya no hino i Burayi aho bakomoka ku bajenosideri baticuza kuba baragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri Jambo ASBL, Uzabakiriho abarizwa mu ishami rishinzwe gucengeza amatwara ku mbuga nkoranyambaga cyane ko ari umwe mu bacunga ndetse bagashyira amakuru by’umwihariko ku rubuga rwa murandasi rw’aka gatsiko, akaba ahabwa izina ry’akazi rya ‘webmaster’.

Mu gukora ibyo, Uzabakiriho ahera ku kuba yarize ibijyanye ni Ikoranabuhanga (Information Technology, Administration and Management) mu Rwanda.

Ubugome n’amacakubiri byokamye uyu Uzabakiriho kugera ubwo yiyunga kuri Jambo ASBL abikomora kuri se umubyara, Uzabakiriho Bernard, umujenosideri wakatiwe akanafungwa ariko akaza gupfa tariki ya 11 Nyakanga muri 2013.

Uzabakiriho wihishe mu mazina ya Gitifu Sebatware kugirango abibe amacakubiri ndetse anahembere urwango mu Banyarwanda ni umwambari wa Jambo Asbl kandi ni na gihamya ko iri tsinda ari igobe ry’abana b’Abajenosideri banze guta umugambi wari mu babyeyi babo wo gutandukanya Abanyarwanda.

Urubyiruko ndetse n’abanyarwanda b’ingeri zitandukanye muri rusange nta kindi basabwa uretse gucagura ibyiza bindi biri kuri Murandasi aho gutora ibyo babonye bahabwa n’izi nterahamwe zifite umugambi wo gutanya abanyarwanda ngo basubize igihugu mu icuraburindi.

2025-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Ubwanditsi 26 Aug 2016
Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Polisi y’u Rwanda irasaba abakora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga kwirinda ruswa

Polisi y’u Rwanda irasaba abakora ibizamini by’impushya zo gutwara ibinyabiziga kwirinda ruswa

Ubwanditsi 14 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha
Mu Rwanda

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 28 Apr 2017
Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu
HIRYA NO HINO

Bidasubirwaho Zari Yatandukanye Na Diamond Burundu

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima
Amakuru

Amakuru twacukumbuye ku buryo buhagije, arahamya ko kimwe mu bikomerezwa bya FDLR, Gen. Appolinaire Hakizimana alias Poète, atagihumeka umwuka w’abazima

Ubwanditsi 03 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru