• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abenshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane cyane X bamenyereye Umugome ugira amagambo Gatanyamiryango uwiyita Gitifu Sebatware Udatinya kuvuga ko ari Interahamwe kabombo ya Parmehutu, Intego ye ntayindi ni uguhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nko gusohoza umugambi wo kugira abere (Gutagatifuza) ababyeyi be bakoze hasi bakica abatutsi, ndetse n’abandi ba Ruharwa b’interahamwe

Ubundi amazina ye nyakuri yitwa Alfred Antoine Uzabakiriho akaba ubu atuye ahitwa Aalst-Flemish Region-Belgium, Ni mwene Bernard Uzabakiliho na  nyina Antoinette Nyirabakungu, inshingano ashinzwe akaba ari we ushinzwe icengezamatwara muri cya cyari kibumbiyemo abana b’interahamwe cyitwa Jambo asbl aho nkuzobereye mudasobwa yirirwa ayikoresha mu gukwirakwiza urwango mu bakoresha imbuga nkoranyambaga

Mu bindi wamenya ni uko Se umubyara na Nyina, bakoreye Jenoside mu cyahoze ari Perefegitura ya  Butare muri Segiteri Ngoma, Serire ya Kabutare (mu mujyi wa Butare-Huye) ,aho nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi baje gukatirwa n’inkiko Gacaca, Maze Se Berrnard Uzabakiliho akatirwa imyaka 30 naho Nyina Nyirabakungu akatirwa 25.

Avuka mu muryango w’abana 4 gusa, aho se Bernald Uzabakiliho Yavutse 1948 avukira mu karere ka Nyamasheke aho se yaje kuminuza mu butabire mu byo bita Maîtrise en chimie yakuye Pointier mu gihugu cy’Ubufaransa(France)1976 nk’umuntu wari uvuye kwiga wanasogongeye ku buryohe bw’iringaniza yaje gushyingirwa mu mwaka w’ 1978

Uzabakiriho mu mwaka w’1976 kugeza 1993 yari Umwarimu muri IPN (Instutut Pédagogique National du Rwanda no muri UNR (University National du Rwanda) aho kandi yari mu ishyaka rya MDR ya Faustin Twagiramungu , mu mwaka w’2003 kugeza kuwa 8 Ugushyingo 2006 yigishaga kuri Ecole de filles I Nyamasheke.

8 Ugushyingo 2006 yafatanywe n’umugore we, bafungwa n’urukiko Gacaca rwa Cellule Kabutare secteur Ngoma (Butare) maze aza kugwa muri Gereza.

Konti (account) ye ya X bigaragara ko yayifunguye muri Kanama 2020 nirwo rubuga yisararangaho agatambutsaho uburozi bw’urwango kandi ni ibintu yerura ashize amanga ari nacyo kigaragaza ko yariye uburozi bw’amacakubiri koko ibyo bituma Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye bamwibazaho yewe bamwe bakamwitirira abandi bantu, gusa kuri iyi nshuro iperereza rya gihanga rimaze igihe rikorwa n’abazobereye mu gutahura ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga n’urusobe rwa mudasobwa rigaragaza ko uwiyise “Gitifu Sebatware” amazina ye y’ukuri ari Uzabakiriho Antoine.

Ikindi dukwiye kumenya ni uko leta y’Ubumwe bw’abanyarwanda yahaye Uzabakiliho Antoine amata akayanga akaruka amaraso kuko guhera mu mwaka w’ 2005 kugeza 2008 yakoreye mu biro bikuru by’Umukuru w’Igihugu nabwo akora mu by’ikoranabuhanga kuri mudasobwa (IT)agasanga ntayima iyayo akabara maze umuyaga uhushye tubona ubwambure bw’Inkoko niko gusanga igobe rya Jambo asbl

Uyu Uzabakiriho ni umwe mu nkingi za mwamba z’agatsiko ka Jambo ASBL gahuriza hamwe intagondwa z’abana babarizwa hirya no hino i Burayi aho bakomoka ku bajenosideri baticuza kuba baragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri Jambo ASBL, Uzabakiriho abarizwa mu ishami rishinzwe gucengeza amatwara ku mbuga nkoranyambaga cyane ko ari umwe mu bacunga ndetse bagashyira amakuru by’umwihariko ku rubuga rwa murandasi rw’aka gatsiko, akaba ahabwa izina ry’akazi rya ‘webmaster’.

Mu gukora ibyo, Uzabakiriho ahera ku kuba yarize ibijyanye ni Ikoranabuhanga (Information Technology, Administration and Management) mu Rwanda.

Ubugome n’amacakubiri byokamye uyu Uzabakiriho kugera ubwo yiyunga kuri Jambo ASBL abikomora kuri se umubyara, Uzabakiriho Bernard, umujenosideri wakatiwe akanafungwa ariko akaza gupfa tariki ya 11 Nyakanga muri 2013.

Uzabakiriho wihishe mu mazina ya Gitifu Sebatware kugirango abibe amacakubiri ndetse anahembere urwango mu Banyarwanda ni umwambari wa Jambo Asbl kandi ni na gihamya ko iri tsinda ari igobe ry’abana b’Abajenosideri banze guta umugambi wari mu babyeyi babo wo gutandukanya Abanyarwanda.

Urubyiruko ndetse n’abanyarwanda b’ingeri zitandukanye muri rusange nta kindi basabwa uretse gucagura ibyiza bindi biri kuri Murandasi aho gutora ibyo babonye bahabwa n’izi nterahamwe zifite umugambi wo gutanya abanyarwanda ngo basubize igihugu mu icuraburindi.

2025-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa

Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa

RUSHYASHYA 18 Jul 2026
Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Rucyahana aratabaza ku bw’abana bagaragaweho ingengabitekerezo ya Jenoside baravutse nyuma ya 1994

Ubwanditsi 15 Dec 2016
U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Ubwanditsi 04 Aug 2021
FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure
INKURU NYAMUKURU

Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo kwirukana J.P Turayishimye , Ben Rutabana na Micombero muri RNC, ugeze kure

Ubwanditsi 23 Sep 2019
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 18 Mar 2016
Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Ubwanditsi 04 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru