• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abenshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane cyane X bamenyereye Umugome ugira amagambo Gatanyamiryango uwiyita Gitifu Sebatware Udatinya kuvuga ko ari Interahamwe kabombo ya Parmehutu, Intego ye ntayindi ni uguhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nko gusohoza umugambi wo kugira abere (Gutagatifuza) ababyeyi be bakoze hasi bakica abatutsi, ndetse n’abandi ba Ruharwa b’interahamwe

Ubundi amazina ye nyakuri yitwa Alfred Antoine Uzabakiriho akaba ubu atuye ahitwa Aalst-Flemish Region-Belgium, Ni mwene Bernard Uzabakiliho na  nyina Antoinette Nyirabakungu, inshingano ashinzwe akaba ari we ushinzwe icengezamatwara muri cya cyari kibumbiyemo abana b’interahamwe cyitwa Jambo asbl aho nkuzobereye mudasobwa yirirwa ayikoresha mu gukwirakwiza urwango mu bakoresha imbuga nkoranyambaga

Mu bindi wamenya ni uko Se umubyara na Nyina, bakoreye Jenoside mu cyahoze ari Perefegitura ya  Butare muri Segiteri Ngoma, Serire ya Kabutare (mu mujyi wa Butare-Huye) ,aho nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi baje gukatirwa n’inkiko Gacaca, Maze Se Berrnard Uzabakiliho akatirwa imyaka 30 naho Nyina Nyirabakungu akatirwa 25.

Avuka mu muryango w’abana 4 gusa, aho se Bernald Uzabakiliho Yavutse 1948 avukira mu karere ka Nyamasheke aho se yaje kuminuza mu butabire mu byo bita Maîtrise en chimie yakuye Pointier mu gihugu cy’Ubufaransa(France)1976 nk’umuntu wari uvuye kwiga wanasogongeye ku buryohe bw’iringaniza yaje gushyingirwa mu mwaka w’ 1978

Uzabakiriho mu mwaka w’1976 kugeza 1993 yari Umwarimu muri IPN (Instutut Pédagogique National du Rwanda no muri UNR (University National du Rwanda) aho kandi yari mu ishyaka rya MDR ya Faustin Twagiramungu , mu mwaka w’2003 kugeza kuwa 8 Ugushyingo 2006 yigishaga kuri Ecole de filles I Nyamasheke.

8 Ugushyingo 2006 yafatanywe n’umugore we, bafungwa n’urukiko Gacaca rwa Cellule Kabutare secteur Ngoma (Butare) maze aza kugwa muri Gereza.

Konti (account) ye ya X bigaragara ko yayifunguye muri Kanama 2020 nirwo rubuga yisararangaho agatambutsaho uburozi bw’urwango kandi ni ibintu yerura ashize amanga ari nacyo kigaragaza ko yariye uburozi bw’amacakubiri koko ibyo bituma Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye bamwibazaho yewe bamwe bakamwitirira abandi bantu, gusa kuri iyi nshuro iperereza rya gihanga rimaze igihe rikorwa n’abazobereye mu gutahura ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga n’urusobe rwa mudasobwa rigaragaza ko uwiyise “Gitifu Sebatware” amazina ye y’ukuri ari Uzabakiriho Antoine.

Ikindi dukwiye kumenya ni uko leta y’Ubumwe bw’abanyarwanda yahaye Uzabakiliho Antoine amata akayanga akaruka amaraso kuko guhera mu mwaka w’ 2005 kugeza 2008 yakoreye mu biro bikuru by’Umukuru w’Igihugu nabwo akora mu by’ikoranabuhanga kuri mudasobwa (IT)agasanga ntayima iyayo akabara maze umuyaga uhushye tubona ubwambure bw’Inkoko niko gusanga igobe rya Jambo asbl

Uyu Uzabakiriho ni umwe mu nkingi za mwamba z’agatsiko ka Jambo ASBL gahuriza hamwe intagondwa z’abana babarizwa hirya no hino i Burayi aho bakomoka ku bajenosideri baticuza kuba baragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri Jambo ASBL, Uzabakiriho abarizwa mu ishami rishinzwe gucengeza amatwara ku mbuga nkoranyambaga cyane ko ari umwe mu bacunga ndetse bagashyira amakuru by’umwihariko ku rubuga rwa murandasi rw’aka gatsiko, akaba ahabwa izina ry’akazi rya ‘webmaster’.

Mu gukora ibyo, Uzabakiriho ahera ku kuba yarize ibijyanye ni Ikoranabuhanga (Information Technology, Administration and Management) mu Rwanda.

Ubugome n’amacakubiri byokamye uyu Uzabakiriho kugera ubwo yiyunga kuri Jambo ASBL abikomora kuri se umubyara, Uzabakiriho Bernard, umujenosideri wakatiwe akanafungwa ariko akaza gupfa tariki ya 11 Nyakanga muri 2013.

Uzabakiriho wihishe mu mazina ya Gitifu Sebatware kugirango abibe amacakubiri ndetse anahembere urwango mu Banyarwanda ni umwambari wa Jambo Asbl kandi ni na gihamya ko iri tsinda ari igobe ry’abana b’Abajenosideri banze guta umugambi wari mu babyeyi babo wo gutandukanya Abanyarwanda.

Urubyiruko ndetse n’abanyarwanda b’ingeri zitandukanye muri rusange nta kindi basabwa uretse gucagura ibyiza bindi biri kuri Murandasi aho gutora ibyo babonye bahabwa n’izi nterahamwe zifite umugambi wo gutanya abanyarwanda ngo basubize igihugu mu icuraburindi.

2025-04-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 nibo bazitabira irushanwa rya Tennis, Rwanda Open M25

Abakinnyi 64 bo mu bihugu 22 nibo bazitabira irushanwa rya Tennis, Rwanda Open M25

Ubwanditsi 20 Sep 2024
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Kenya yapfushije umukuru w’igihugu mu mahoro naho mu Rwanda no mu Burundi biba agahomamunwa

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.

Mu gihe hasigaye iminsi 2 gusa ngo habe amatora ya Perezida muri Uganda, urubuga nkoranyambaga”Facebook” rwafunze “accounts” z’abategetsi bakuru muri icyo gihugu, rubashinja kubiba amacakubiri no kubangamira imigendekere myiza y’amatora.

Ubwanditsi 12 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.
Mu Rwanda

Hafashwe ingamba zikomeye ku bayisilamu bakora ibikorwa byo gufasha.

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy
UBUKERARUGENDO

Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru