• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Ubwanditsi 04 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abantu bitwaje intwaro bataye muri yombi umunyarwanda bamukuye muri gare i Kampala aho kugeza ubu umuryango we utaramenya irengero rye.

Phillip Rwakibibi ukorera ikigo cy’imodoka zitwara abagenzi cya Trinity muri Uganda; ku wa Kabiri tariki ya 31 Nyakanga 2018 yatwawe n’abantu bitwaje intwaro bamubwiraga ko bakorera inzego z’umutekano.

Abatangabuhamya babonye Rwakibibi atabwa muri yombi babwiye ikinyamakuru Chimp Reports ko uyu mugabo wari amaze imyaka ine atuye muri Uganda, yagerageje kwirwanaho ariko akaza kuganzwa n’aba bagabo bari bitwaje imbunda nto (pistolet).

Umwe mu bayobozi ukorera muri gare i Kampala utifuje ko amazina ye ashyirwa mu itangazamakuru, yagize ati “Twatunguwe no kubona abagabo basimbuka mu modoka ya Rav 4 bagategeka Phillip kwinjiramo.”

Umugore wa Rwakibibi witwa Jeannette we yagize ati “Bivugwa ko abo bantu bakora mu nzego zishinzwe umutekano bakuyemo za pistolet, batera ubwoba ko bagiye kurasa Phillip. Yagombye kumanika amaboko. Bamuyobora ku modoka yabo hanyuma baratsa baragenda.”

Uyu mugore yakomeje avuga ko umugabo we yahamagawe n’umuntu, akamusiga ku bitaro bya Kabowa aho yari ategerereje kwibaruka impanga.

Yakomeje agira ati “Nabwiwe ko abashinzwe umutekano bamutwaye. Ntabwo nzi aho ari, nahungabanye.”

Umugore wa Rwakibibi yakomeje avuga ko abo mu muryango we bagerageje gushakira umugabo we kuri station zitandukanye za polisi mu Mujyi wa Kampala, ikirego cyo kumushakisha kikaba cyakiriwe kuri station ya Polisi izwi nka Old Kampala.

Bombi bafitanye abana babiri ndetse bari barakoreye imihango yo gushyingirwa mu Rwanda.

Hari hashize iminsi inzego zishinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda zita muri yombi abanyarwanda bya hato na hato aho ziba zibashinja kuba intasi z’u Rwanda no guhungabanya umutekano wa Uganda.

Uyu Rwakibibi ni umunyarwanda ufite inkomoko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yakoraga ku modoka zikora mu cyerekezo cya Kampala-Goma.

Umugore we yatangaje ko umugabo we atigeze na rimwe akorera inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda. Ati “Ni umukozi usanzwe, ndetse n’amateka ye nta hantu na hamwe ahuriye n’igisirikare cyangwa umutekano.”

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, yatangaje ko “nta gitekerezo” afite ku ifatwa rya Rwakibibi naho Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi muri Uganda, Brig. Abel Kandiho we yavuze ko ari “hanze y’igihugu”.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Rtd. Maj. Gen. Frank Mugambage, yari aherutse gutangaza ko bitumvikana uburyo abanyarwanda batabwa muri yombi muri Uganda aho yashimangiye ko u Rwanda rurangajwe imbere no kunoza umubano w’ibihugu byombi.

Rene Rutagungira, umunyarwanda wahoze ari umusirikare, ni we wavuzwe mu ba mbere batawe muri yombi na Uganda aho kugeza ubu ari muri gereza ashinjwa ibyaha birimo gushimuta no gucyura abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko bavanwa muri Uganda.

Perezida Museveni na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, baherutse kugirana ibiganiro i Kampala aho baganiraga ku bibazo by’umutekano bivugwa mu mubano w’ibihugu byombi.

Bombi bemeranyije ubufatanye mu kuzahura umubano aho Ambasaderi Mugambage avuga ko ibihugu byombi bizakomeza kugirana ibiganiro hagamijwe gushimangira umubano wabyo.

2018-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Uganda igiye gukora iperereza kuri bitugukwaha ivugwa kuri Minisitiri w’Ububanyinamahanga- Museveni

Ubwanditsi 12 Dec 2018
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Ubwanditsi 06 Jan 2022
RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

Ubwanditsi 02 Jul 2018
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umukuru wa Polisi wungirije Jenerali de Brig. Sabiti Mzee Mugyenyi ashobora kwicwa na Jeannette Museveni
ITOHOZA

Uganda: Umukuru wa Polisi wungirije Jenerali de Brig. Sabiti Mzee Mugyenyi ashobora kwicwa na Jeannette Museveni

Ubwanditsi 20 Mar 2018
Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?
INKURU NYAMUKURU

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018
CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW
IMIKINO

CHAN:Ikipe izegukana igikombe izahabwa akayabo izahembwa miliyoni 560 FRW

Ubwanditsi 02 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru