• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Umunyarwanda yafatiwe muri gare i Kampala n’abantu bitwaje intwaro

Ubwanditsi 04 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abantu bitwaje intwaro bataye muri yombi umunyarwanda bamukuye muri gare i Kampala aho kugeza ubu umuryango we utaramenya irengero rye.

Phillip Rwakibibi ukorera ikigo cy’imodoka zitwara abagenzi cya Trinity muri Uganda; ku wa Kabiri tariki ya 31 Nyakanga 2018 yatwawe n’abantu bitwaje intwaro bamubwiraga ko bakorera inzego z’umutekano.

Abatangabuhamya babonye Rwakibibi atabwa muri yombi babwiye ikinyamakuru Chimp Reports ko uyu mugabo wari amaze imyaka ine atuye muri Uganda, yagerageje kwirwanaho ariko akaza kuganzwa n’aba bagabo bari bitwaje imbunda nto (pistolet).

Umwe mu bayobozi ukorera muri gare i Kampala utifuje ko amazina ye ashyirwa mu itangazamakuru, yagize ati “Twatunguwe no kubona abagabo basimbuka mu modoka ya Rav 4 bagategeka Phillip kwinjiramo.”

Umugore wa Rwakibibi witwa Jeannette we yagize ati “Bivugwa ko abo bantu bakora mu nzego zishinzwe umutekano bakuyemo za pistolet, batera ubwoba ko bagiye kurasa Phillip. Yagombye kumanika amaboko. Bamuyobora ku modoka yabo hanyuma baratsa baragenda.”

Uyu mugore yakomeje avuga ko umugabo we yahamagawe n’umuntu, akamusiga ku bitaro bya Kabowa aho yari ategerereje kwibaruka impanga.

Yakomeje agira ati “Nabwiwe ko abashinzwe umutekano bamutwaye. Ntabwo nzi aho ari, nahungabanye.”

Umugore wa Rwakibibi yakomeje avuga ko abo mu muryango we bagerageje gushakira umugabo we kuri station zitandukanye za polisi mu Mujyi wa Kampala, ikirego cyo kumushakisha kikaba cyakiriwe kuri station ya Polisi izwi nka Old Kampala.

Bombi bafitanye abana babiri ndetse bari barakoreye imihango yo gushyingirwa mu Rwanda.

Hari hashize iminsi inzego zishinzwe ubutasi mu gisirikare cya Uganda zita muri yombi abanyarwanda bya hato na hato aho ziba zibashinja kuba intasi z’u Rwanda no guhungabanya umutekano wa Uganda.

Uyu Rwakibibi ni umunyarwanda ufite inkomoko muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho yakoraga ku modoka zikora mu cyerekezo cya Kampala-Goma.

Umugore we yatangaje ko umugabo we atigeze na rimwe akorera inzego zishinzwe umutekano mu Rwanda. Ati “Ni umukozi usanzwe, ndetse n’amateka ye nta hantu na hamwe ahuriye n’igisirikare cyangwa umutekano.”

Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Richard Karemire, yatangaje ko “nta gitekerezo” afite ku ifatwa rya Rwakibibi naho Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi muri Uganda, Brig. Abel Kandiho we yavuze ko ari “hanze y’igihugu”.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda, Rtd. Maj. Gen. Frank Mugambage, yari aherutse gutangaza ko bitumvikana uburyo abanyarwanda batabwa muri yombi muri Uganda aho yashimangiye ko u Rwanda rurangajwe imbere no kunoza umubano w’ibihugu byombi.

Rene Rutagungira, umunyarwanda wahoze ari umusirikare, ni we wavuzwe mu ba mbere batawe muri yombi na Uganda aho kugeza ubu ari muri gereza ashinjwa ibyaha birimo gushimuta no gucyura abanyarwanda mu buryo bunyuranyije n’amategeko bavanwa muri Uganda.

Perezida Museveni na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, baherutse kugirana ibiganiro i Kampala aho baganiraga ku bibazo by’umutekano bivugwa mu mubano w’ibihugu byombi.

Bombi bemeranyije ubufatanye mu kuzahura umubano aho Ambasaderi Mugambage avuga ko ibihugu byombi bizakomeza kugirana ibiganiro hagamijwe gushimangira umubano wabyo.

2018-08-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Diyasipora irikoma RNC na Himbara bashaka kuyisenya n’ubwo batabigeraho

Ubwanditsi 26 Dec 2019
Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Imicungire yihariye y’umutekano wa Perezida w’u Bushinwa witegura gusura u Rwanda

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Uganda: Abanyarwanda 25 bakatiwe igifungo n’urukiko rwo muri Kisoro

Uganda: Abanyarwanda 25 bakatiwe igifungo n’urukiko rwo muri Kisoro

Ubwanditsi 14 Oct 2018
“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

Ubwanditsi 25 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange
Amakuru

Abitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire bw’ibitsina byombi bashimye imikorere ya Isange

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Perezida Kenyatta si umuhuza w’u Rwanda na Uganda – Minisitiri Nduhungirehe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kenyatta si umuhuza w’u Rwanda na Uganda – Minisitiri Nduhungirehe

Ubwanditsi 12 Mar 2019
Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside
ITOHOZA

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 08 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru