• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Ubwanditsi 11 Aug 2017 ITOHOZA

Taliki ya 3 na 4 Kanama 2017 yari iminsi idasanzwe mu Rwanda nkuko byagiye bivugwa cyane hirya no hino aho abanyarwanda batuye mu bice bitandukanye by’Isi, bitabiriye igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu.

Muri iri sesengura tuzagenda tugaragaza imigendekere y’amatora, ibyavuyemo, ibyo abanyarwanda bijejwe kuzakorerwa n’abakandida ndetse n’ibyagiye bivugwa kuri aya matora haba mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

-7508.jpg
Umukandida Paul Kagame wa RPF yiyamamaza

Muri rusange Abanyarwanda 6,897,076 nibo batoye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda; 54% ni abagore naho 46% ni abagabo; muri abo bose urubyiruko rukaba ari 45%. Abanyarwanda baba mu mahanga batoye ni 44,362 batoreye mu byumba by’itora 98. Muri aya matora abantu batoreye kuri site z’itora 2,340 zigizwe n’ibyumba by’itora 16,691. Abakorerabushake bagera ku 70,675 bafashije muri aya matora yabereye hirya no hino mu gihugu.

-7511.jpg
Icyumba cy’itora cyatunganijwe mu muco nyarwanda

Taliki ya 5 Kanama 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje ko Kagame Paul umukandida wa RPF-Inkotanyi anasanzwe ayobora igihugu ari we wegukanye intsinzi ku majwi 6,650,722=98.63% akurikirwa na Philippe Mpayimana, umukandida wigenga wagize amajwi 49117= 0.73% ndetse na Frank Habineza umukandida wari uhagarariye DGPR wagize amajwi 31633=0.47%.

Tubibutse ko hari abandi bakandida 3 batasohotse ku rutonde ndakuka bakaba bataremerewe kwiyamamaza aribo: Barafinda Sekikubo Fred benshi bafataga nk’umunyarwenya washakaga kwimenyekanisha kuko nta bushobozi bwamugaragaraho; Diane Rwigara twagiye tugarukaho mu nkuru nyinshi zatambutse kuri Rushyashya zirimo kwiyandarika ndetse no gutanga muri Komisiyo y’amatora imikono y’abantu bitabye Imana ndetse na Mwenedata Gilbert wari warigeze no kwiyamamariza kuba depite muri 2013 ariko agatsindwa.

-7510.jpg
Habineza Frank wa DGPR yiyamamaza

-7509.jpg
Mpayimana Philippe umukandida wigenga yiyamamaza

Muri rusange rero amatora yarabaye hanze y’igihugu taliki ya 3 Kanama ndetse na taliki ya 4 Kanama aba mu gihugu imbere, aba mw’ituze ridasanzwe muri Afurika nkuko turi tubigarukeho twibanze ku byagiye bitangazwa n’abantu bamwe ndetse n’imiryango cyangwa ibigo bitandukanye byitabiriye amatora nk’indorerezi.

Andrew Mitchell wahoze ari Umunyamabanga wa Leta y’u Bwongereza Ushinzwe iterambere mpuzamahanga, akaza no kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko amatora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda azaba mu mucyo no mu bwisanzure. Mu kiganiro yagiranye na BBC, Mitchell yasobanuye ko kuba ubwisanzure muri politiki bwarateye imbere mu Rwanda, ari ikimenyetso ntakuka cy’uko ibizava mu matora ari amahitamo y’abaturage.

-7513.jpg
Andrew Mitchell

Indorerezi z’imiryango u Rwanda ruhuriramo n’ibindi bihugu muri aka karere zagaragaje ko amatora yabaye ku wa 4 Kanama ubwo abanyarwanda bihitiragamo uzabayobora mu myaka irindwi iri imbere, yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Taliki ya 6 Kanama nibwo indorerezi z’imiryango ya EAC, COMESA na ICGLR zatangazaga iby’ibanze babonye mu itora ryo ku wa 4 Kanama, bagahera ku migendekere y’ibikorwa byo kwiyamamaza, itora nyir’izina no kubarura amajwi.

Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yavuze ko nubwo hari ibyo babonye bikwiye kongerwamo imbaraga, amatora yagenze neza nk’uko raporo yabi ibivuga. Yagize ati “Raporo y’indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yanzuye ko amatora yabaye mu mutuzo ku buryo bujyanye n’amahame mpuzamahanga, ay’umugabane n’ay’akarere agenga amatora anyuze muri demokarasi.”

-7514.jpg
Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi za EAC

Ainaitwe Rwakajara wari uyoboye indorerezi za ICGLR zihagarariye ibihugu 13, yavuze ko abakozi ba komisiyo y’amatora bakoranye umurava, kandi bagaragaje ko bafite ubushobozi buhagije mu birebana n’amatora. Yagize ati “ICGL kandi yabonye umubare munini w’abitabiriye itora, ibyumba by’itora byari biteguye neza kandi abashinzwe umutekano babaga bari hanze aho ntabwo bigeze barogoya imigendekere y’amatora.”

Bishop Mary Nkosi wari uhagarariye indorerezi za COMESA, yavuze ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yahabwa ingengo y’imari ihagije ngo ikomeze kwigisha abaturage ibirebana n’amatora. COMESA nayo yagaragaje ko Komisiyo y’Amatora “yagaragaje ubunyamwga bwatumye amatora abasha kugenda neza.”

Taliki 7 Kanama kandi Urwego rw’igihugu cy’ u Rwanda rushinzwe imiyoborere (RGB) rwatangaje ko amatora ya Perezida yabaye mu cyumweru gishize yabaye mu mucyo no mu bwisanzure gusa runenga bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze babanje kubangamira abakandida mu minsi ya mbere yo kwiyamamaza. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RGB, Usta Kaitesi yavuze ko aho indorerezi z’urwo rwego zageze mu gihugu hose zabonye amatora yaragenze neza. Yagize ati “Ibihe byabanjirije amatora birimo no kwiyamamaza kw’abakandida bahatanaga byaranzwe n’umutuzo. Byaranzwe kandi no gusobanurira abanyarwanda uburenganzira bwabo n’ibyo basabwa gukora ngo bazabashe gutora. Nka RGB twasanze amahame ya demokarasi n’imiyoborere myiza yarubahirijwe”.

Icyakora, RGB ntiyanyuzwe n’uburyo bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bitwaye mu minsi ya mbere yo kwiyamamaza kw’abakandida. Kayitesi yavuze ko bamwe mu bayobozi ku giti cyabo babangamiye abakandida gusa ashima ko byahise bikemurwa n’inzego bireba.

Yagize ati “Mu minsi ya mbere nk’i Rubavu indorerezi zacu zari zihari aho Mpayimana yiyamamarije ubona ko yabangamiwe kandi byarakurikiranywe (ari nabyo byaviriyemo Mayor wa Rubavu gufungwa igihe gito) mu ntangiriro z’ibikorwa byo kwiyamamaza hari abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagaragaje imyitwarire yabangamiye abakandida ariko indorerezi za RGB zishima ko inzego bireba zahise zifata ingamba bigakosoka.”

Si mu Rwanda gusa hatangajwe ko amatora y’umukuru w’igihugu yakozwe mu mutuzo kuko n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi (EU) mw’itangazo washyize ahagaragara taliki ya 6 Kanama wavuze ko wakurikiraniye hafi amatora y’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda watowe ukemeza hakurikijwe amahame ya demokarasi kandi mu mutuzo usesuye.

Umuryango w’ubumwe bw’iburayi kandi wunze mu nama z’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU) gukosora utubazo tumwe na tumwe twagiye tugaragazwa haruguru. Umuryango w’ubumwe bw’uburayi kandi wasoje itangazo ryawo uvuga ko witeguye gufatanya n’u Rwanda mu migabo n’imigambi yarwo.

Amatora mu Rwanda kandi ntabwo yagiye avugwaho rumwe na bamwe mu barwanya igihugu, barangajwe imbere n’abanyarwanda bahunze igihugu batajya bazuyaza kukivuga nabi nubwo cyakora neza, aha twavuga nka Himbara David, Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi b’abanyamahanga nka Filip Reyntens, umubiligi wahoze akorana bya bugufi na Habyarimana Juvenal wayoboraga u Rwanda, aho yakoranaga cyane muri rusange n’inzego zitandukanye z’ubutegetsi bw’icyo gihe. Tubibutse ko uyu mubiligi yagize uruhare rukomeye mu itegurwa ry’Itegeko Nshinga ryakoreshwaga ku ngoma ya Habyarimana ryari ryuzuyemo ivangura ry’amoko n’uturere.

Turabararikira gusoma Igice cya 2 tugiye gusohora kw’isesengura ry’amatora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda…

Ubwanditsi

2017-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe  Intwaro  ku bwa Col Bagosora

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Ubwanditsi 29 Jun 2017
RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 30 Dec 2019
Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Jean Luc Habyarimana aherutse guhunahuna muri Congo mu Guhuza Umubano wa FARDC na FDLR

Ubwanditsi 27 Aug 2024
Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 15 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame
Mu Rwanda

Polisi yasabye Abanyarwanda kuzagaragaza umutuzo mu gihe cy’irahira rya Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF
INKURU NYAMUKURU

Ibihugu Bigize AU Byashyigikiye Kandidatire Ya Minisitiri Mushikiwabo Wiyamamariza Kuyobora OIF

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Umunya-Esipanye Carlos Alós Ferrer niwe wagizwe umutoza w’Amavubi mu gihe cy’umwaka umwe uri imbere
Amakuru

Umunya-Esipanye Carlos Alós Ferrer niwe wagizwe umutoza w’Amavubi mu gihe cy’umwaka umwe uri imbere

Ubwanditsi 29 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru