• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Ubwanditsi 11 Aug 2017 ITOHOZA

Taliki ya 3 na 4 Kanama 2017 yari iminsi idasanzwe mu Rwanda nkuko byagiye bivugwa cyane hirya no hino aho abanyarwanda batuye mu bice bitandukanye by’Isi, bitabiriye igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu.

Muri iri sesengura tuzagenda tugaragaza imigendekere y’amatora, ibyavuyemo, ibyo abanyarwanda bijejwe kuzakorerwa n’abakandida ndetse n’ibyagiye bivugwa kuri aya matora haba mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

-7508.jpg
Umukandida Paul Kagame wa RPF yiyamamaza

Muri rusange Abanyarwanda 6,897,076 nibo batoye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda; 54% ni abagore naho 46% ni abagabo; muri abo bose urubyiruko rukaba ari 45%. Abanyarwanda baba mu mahanga batoye ni 44,362 batoreye mu byumba by’itora 98. Muri aya matora abantu batoreye kuri site z’itora 2,340 zigizwe n’ibyumba by’itora 16,691. Abakorerabushake bagera ku 70,675 bafashije muri aya matora yabereye hirya no hino mu gihugu.

-7511.jpg
Icyumba cy’itora cyatunganijwe mu muco nyarwanda

Taliki ya 5 Kanama 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje ko Kagame Paul umukandida wa RPF-Inkotanyi anasanzwe ayobora igihugu ari we wegukanye intsinzi ku majwi 6,650,722=98.63% akurikirwa na Philippe Mpayimana, umukandida wigenga wagize amajwi 49117= 0.73% ndetse na Frank Habineza umukandida wari uhagarariye DGPR wagize amajwi 31633=0.47%.

Tubibutse ko hari abandi bakandida 3 batasohotse ku rutonde ndakuka bakaba bataremerewe kwiyamamaza aribo: Barafinda Sekikubo Fred benshi bafataga nk’umunyarwenya washakaga kwimenyekanisha kuko nta bushobozi bwamugaragaraho; Diane Rwigara twagiye tugarukaho mu nkuru nyinshi zatambutse kuri Rushyashya zirimo kwiyandarika ndetse no gutanga muri Komisiyo y’amatora imikono y’abantu bitabye Imana ndetse na Mwenedata Gilbert wari warigeze no kwiyamamariza kuba depite muri 2013 ariko agatsindwa.

-7510.jpg
Habineza Frank wa DGPR yiyamamaza

-7509.jpg
Mpayimana Philippe umukandida wigenga yiyamamaza

Muri rusange rero amatora yarabaye hanze y’igihugu taliki ya 3 Kanama ndetse na taliki ya 4 Kanama aba mu gihugu imbere, aba mw’ituze ridasanzwe muri Afurika nkuko turi tubigarukeho twibanze ku byagiye bitangazwa n’abantu bamwe ndetse n’imiryango cyangwa ibigo bitandukanye byitabiriye amatora nk’indorerezi.

Andrew Mitchell wahoze ari Umunyamabanga wa Leta y’u Bwongereza Ushinzwe iterambere mpuzamahanga, akaza no kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko amatora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda azaba mu mucyo no mu bwisanzure. Mu kiganiro yagiranye na BBC, Mitchell yasobanuye ko kuba ubwisanzure muri politiki bwarateye imbere mu Rwanda, ari ikimenyetso ntakuka cy’uko ibizava mu matora ari amahitamo y’abaturage.

-7513.jpg
Andrew Mitchell

Indorerezi z’imiryango u Rwanda ruhuriramo n’ibindi bihugu muri aka karere zagaragaje ko amatora yabaye ku wa 4 Kanama ubwo abanyarwanda bihitiragamo uzabayobora mu myaka irindwi iri imbere, yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Taliki ya 6 Kanama nibwo indorerezi z’imiryango ya EAC, COMESA na ICGLR zatangazaga iby’ibanze babonye mu itora ryo ku wa 4 Kanama, bagahera ku migendekere y’ibikorwa byo kwiyamamaza, itora nyir’izina no kubarura amajwi.

Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yavuze ko nubwo hari ibyo babonye bikwiye kongerwamo imbaraga, amatora yagenze neza nk’uko raporo yabi ibivuga. Yagize ati “Raporo y’indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yanzuye ko amatora yabaye mu mutuzo ku buryo bujyanye n’amahame mpuzamahanga, ay’umugabane n’ay’akarere agenga amatora anyuze muri demokarasi.”

-7514.jpg
Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi za EAC

Ainaitwe Rwakajara wari uyoboye indorerezi za ICGLR zihagarariye ibihugu 13, yavuze ko abakozi ba komisiyo y’amatora bakoranye umurava, kandi bagaragaje ko bafite ubushobozi buhagije mu birebana n’amatora. Yagize ati “ICGL kandi yabonye umubare munini w’abitabiriye itora, ibyumba by’itora byari biteguye neza kandi abashinzwe umutekano babaga bari hanze aho ntabwo bigeze barogoya imigendekere y’amatora.”

Bishop Mary Nkosi wari uhagarariye indorerezi za COMESA, yavuze ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yahabwa ingengo y’imari ihagije ngo ikomeze kwigisha abaturage ibirebana n’amatora. COMESA nayo yagaragaje ko Komisiyo y’Amatora “yagaragaje ubunyamwga bwatumye amatora abasha kugenda neza.”

Taliki 7 Kanama kandi Urwego rw’igihugu cy’ u Rwanda rushinzwe imiyoborere (RGB) rwatangaje ko amatora ya Perezida yabaye mu cyumweru gishize yabaye mu mucyo no mu bwisanzure gusa runenga bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze babanje kubangamira abakandida mu minsi ya mbere yo kwiyamamaza. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RGB, Usta Kaitesi yavuze ko aho indorerezi z’urwo rwego zageze mu gihugu hose zabonye amatora yaragenze neza. Yagize ati “Ibihe byabanjirije amatora birimo no kwiyamamaza kw’abakandida bahatanaga byaranzwe n’umutuzo. Byaranzwe kandi no gusobanurira abanyarwanda uburenganzira bwabo n’ibyo basabwa gukora ngo bazabashe gutora. Nka RGB twasanze amahame ya demokarasi n’imiyoborere myiza yarubahirijwe”.

Icyakora, RGB ntiyanyuzwe n’uburyo bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bitwaye mu minsi ya mbere yo kwiyamamaza kw’abakandida. Kayitesi yavuze ko bamwe mu bayobozi ku giti cyabo babangamiye abakandida gusa ashima ko byahise bikemurwa n’inzego bireba.

Yagize ati “Mu minsi ya mbere nk’i Rubavu indorerezi zacu zari zihari aho Mpayimana yiyamamarije ubona ko yabangamiwe kandi byarakurikiranywe (ari nabyo byaviriyemo Mayor wa Rubavu gufungwa igihe gito) mu ntangiriro z’ibikorwa byo kwiyamamaza hari abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagaragaje imyitwarire yabangamiye abakandida ariko indorerezi za RGB zishima ko inzego bireba zahise zifata ingamba bigakosoka.”

Si mu Rwanda gusa hatangajwe ko amatora y’umukuru w’igihugu yakozwe mu mutuzo kuko n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi (EU) mw’itangazo washyize ahagaragara taliki ya 6 Kanama wavuze ko wakurikiraniye hafi amatora y’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda watowe ukemeza hakurikijwe amahame ya demokarasi kandi mu mutuzo usesuye.

Umuryango w’ubumwe bw’iburayi kandi wunze mu nama z’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU) gukosora utubazo tumwe na tumwe twagiye tugaragazwa haruguru. Umuryango w’ubumwe bw’uburayi kandi wasoje itangazo ryawo uvuga ko witeguye gufatanya n’u Rwanda mu migabo n’imigambi yarwo.

Amatora mu Rwanda kandi ntabwo yagiye avugwaho rumwe na bamwe mu barwanya igihugu, barangajwe imbere n’abanyarwanda bahunze igihugu batajya bazuyaza kukivuga nabi nubwo cyakora neza, aha twavuga nka Himbara David, Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi b’abanyamahanga nka Filip Reyntens, umubiligi wahoze akorana bya bugufi na Habyarimana Juvenal wayoboraga u Rwanda, aho yakoranaga cyane muri rusange n’inzego zitandukanye z’ubutegetsi bw’icyo gihe. Tubibutse ko uyu mubiligi yagize uruhare rukomeye mu itegurwa ry’Itegeko Nshinga ryakoreshwaga ku ngoma ya Habyarimana ryari ryuzuyemo ivangura ry’amoko n’uturere.

Turabararikira gusoma Igice cya 2 tugiye gusohora kw’isesengura ry’amatora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda…

Ubwanditsi

2017-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Huye: Abakozi bane ba Restaurant ya Kaminuza batawe muri yombi

Ubwanditsi 13 May 2017
Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ingoma ya Museveni kurangaza abaturage yibanda ku Rwanda kubera ikibazo cy’ishimutwa rya Kabuleta

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Gatsibo: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe grenade n’amasasu

Gatsibo: Mu rugo rw’umuturage hafatiwe grenade n’amasasu

Ubwanditsi 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe  munzu  zabo bishwe
ITOHOZA

Kinyinya : Abagore babiri bikekwa ko bicuruzaga [ Indaya ] basanzwe munzu zabo bishwe

Ubwanditsi 15 May 2017
Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette
ITOHOZA

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025
Amakuru

Vision FC na Rutsiro FC niyo makipe yabonye itike yo gukina icyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2024-2025

Ubwanditsi 06 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru