• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Ubwanditsi 11 Aug 2017 ITOHOZA

Taliki ya 3 na 4 Kanama 2017 yari iminsi idasanzwe mu Rwanda nkuko byagiye bivugwa cyane hirya no hino aho abanyarwanda batuye mu bice bitandukanye by’Isi, bitabiriye igikorwa cy’amatora y’umukuru w’igihugu.

Muri iri sesengura tuzagenda tugaragaza imigendekere y’amatora, ibyavuyemo, ibyo abanyarwanda bijejwe kuzakorerwa n’abakandida ndetse n’ibyagiye bivugwa kuri aya matora haba mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

-7508.jpg
Umukandida Paul Kagame wa RPF yiyamamaza

Muri rusange Abanyarwanda 6,897,076 nibo batoye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda; 54% ni abagore naho 46% ni abagabo; muri abo bose urubyiruko rukaba ari 45%. Abanyarwanda baba mu mahanga batoye ni 44,362 batoreye mu byumba by’itora 98. Muri aya matora abantu batoreye kuri site z’itora 2,340 zigizwe n’ibyumba by’itora 16,691. Abakorerabushake bagera ku 70,675 bafashije muri aya matora yabereye hirya no hino mu gihugu.

-7511.jpg
Icyumba cy’itora cyatunganijwe mu muco nyarwanda

Taliki ya 5 Kanama 2017, Komisiyo y’igihugu y’amatora yatangaje ko Kagame Paul umukandida wa RPF-Inkotanyi anasanzwe ayobora igihugu ari we wegukanye intsinzi ku majwi 6,650,722=98.63% akurikirwa na Philippe Mpayimana, umukandida wigenga wagize amajwi 49117= 0.73% ndetse na Frank Habineza umukandida wari uhagarariye DGPR wagize amajwi 31633=0.47%.

Tubibutse ko hari abandi bakandida 3 batasohotse ku rutonde ndakuka bakaba bataremerewe kwiyamamaza aribo: Barafinda Sekikubo Fred benshi bafataga nk’umunyarwenya washakaga kwimenyekanisha kuko nta bushobozi bwamugaragaraho; Diane Rwigara twagiye tugarukaho mu nkuru nyinshi zatambutse kuri Rushyashya zirimo kwiyandarika ndetse no gutanga muri Komisiyo y’amatora imikono y’abantu bitabye Imana ndetse na Mwenedata Gilbert wari warigeze no kwiyamamariza kuba depite muri 2013 ariko agatsindwa.

-7510.jpg
Habineza Frank wa DGPR yiyamamaza

-7509.jpg
Mpayimana Philippe umukandida wigenga yiyamamaza

Muri rusange rero amatora yarabaye hanze y’igihugu taliki ya 3 Kanama ndetse na taliki ya 4 Kanama aba mu gihugu imbere, aba mw’ituze ridasanzwe muri Afurika nkuko turi tubigarukeho twibanze ku byagiye bitangazwa n’abantu bamwe ndetse n’imiryango cyangwa ibigo bitandukanye byitabiriye amatora nk’indorerezi.

Andrew Mitchell wahoze ari Umunyamabanga wa Leta y’u Bwongereza Ushinzwe iterambere mpuzamahanga, akaza no kuba umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko amatora ya Perezida wa Repubulika mu Rwanda azaba mu mucyo no mu bwisanzure. Mu kiganiro yagiranye na BBC, Mitchell yasobanuye ko kuba ubwisanzure muri politiki bwarateye imbere mu Rwanda, ari ikimenyetso ntakuka cy’uko ibizava mu matora ari amahitamo y’abaturage.

-7513.jpg
Andrew Mitchell

Indorerezi z’imiryango u Rwanda ruhuriramo n’ibindi bihugu muri aka karere zagaragaje ko amatora yabaye ku wa 4 Kanama ubwo abanyarwanda bihitiragamo uzabayobora mu myaka irindwi iri imbere, yagenze neza kandi agakurikiza amahame ya demokarasi.

Taliki ya 6 Kanama nibwo indorerezi z’imiryango ya EAC, COMESA na ICGLR zatangazaga iby’ibanze babonye mu itora ryo ku wa 4 Kanama, bagahera ku migendekere y’ibikorwa byo kwiyamamaza, itora nyir’izina no kubarura amajwi.

Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yavuze ko nubwo hari ibyo babonye bikwiye kongerwamo imbaraga, amatora yagenze neza nk’uko raporo yabi ibivuga. Yagize ati “Raporo y’indorerezi z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, yanzuye ko amatora yabaye mu mutuzo ku buryo bujyanye n’amahame mpuzamahanga, ay’umugabane n’ay’akarere agenga amatora anyuze muri demokarasi.”

-7514.jpg
Moody Awori wigeze kuba Visi Perezida wa Kenya wari uyoboye indorerezi za EAC

Ainaitwe Rwakajara wari uyoboye indorerezi za ICGLR zihagarariye ibihugu 13, yavuze ko abakozi ba komisiyo y’amatora bakoranye umurava, kandi bagaragaje ko bafite ubushobozi buhagije mu birebana n’amatora. Yagize ati “ICGL kandi yabonye umubare munini w’abitabiriye itora, ibyumba by’itora byari biteguye neza kandi abashinzwe umutekano babaga bari hanze aho ntabwo bigeze barogoya imigendekere y’amatora.”

Bishop Mary Nkosi wari uhagarariye indorerezi za COMESA, yavuze ko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yahabwa ingengo y’imari ihagije ngo ikomeze kwigisha abaturage ibirebana n’amatora. COMESA nayo yagaragaje ko Komisiyo y’Amatora “yagaragaje ubunyamwga bwatumye amatora abasha kugenda neza.”

Taliki 7 Kanama kandi Urwego rw’igihugu cy’ u Rwanda rushinzwe imiyoborere (RGB) rwatangaje ko amatora ya Perezida yabaye mu cyumweru gishize yabaye mu mucyo no mu bwisanzure gusa runenga bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze babanje kubangamira abakandida mu minsi ya mbere yo kwiyamamaza. Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RGB, Usta Kaitesi yavuze ko aho indorerezi z’urwo rwego zageze mu gihugu hose zabonye amatora yaragenze neza. Yagize ati “Ibihe byabanjirije amatora birimo no kwiyamamaza kw’abakandida bahatanaga byaranzwe n’umutuzo. Byaranzwe kandi no gusobanurira abanyarwanda uburenganzira bwabo n’ibyo basabwa gukora ngo bazabashe gutora. Nka RGB twasanze amahame ya demokarasi n’imiyoborere myiza yarubahirijwe”.

Icyakora, RGB ntiyanyuzwe n’uburyo bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bitwaye mu minsi ya mbere yo kwiyamamaza kw’abakandida. Kayitesi yavuze ko bamwe mu bayobozi ku giti cyabo babangamiye abakandida gusa ashima ko byahise bikemurwa n’inzego bireba.

Yagize ati “Mu minsi ya mbere nk’i Rubavu indorerezi zacu zari zihari aho Mpayimana yiyamamarije ubona ko yabangamiwe kandi byarakurikiranywe (ari nabyo byaviriyemo Mayor wa Rubavu gufungwa igihe gito) mu ntangiriro z’ibikorwa byo kwiyamamaza hari abayobozi bo mu nzego z’ibanze bagaragaje imyitwarire yabangamiye abakandida ariko indorerezi za RGB zishima ko inzego bireba zahise zifata ingamba bigakosoka.”

Si mu Rwanda gusa hatangajwe ko amatora y’umukuru w’igihugu yakozwe mu mutuzo kuko n’umuryango w’ubumwe bw’uburayi (EU) mw’itangazo washyize ahagaragara taliki ya 6 Kanama wavuze ko wakurikiraniye hafi amatora y’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda watowe ukemeza hakurikijwe amahame ya demokarasi kandi mu mutuzo usesuye.

Umuryango w’ubumwe bw’iburayi kandi wunze mu nama z’umuryango w’ubumwe bwa Afurika (AU) gukosora utubazo tumwe na tumwe twagiye tugaragazwa haruguru. Umuryango w’ubumwe bw’uburayi kandi wasoje itangazo ryawo uvuga ko witeguye gufatanya n’u Rwanda mu migabo n’imigambi yarwo.

Amatora mu Rwanda kandi ntabwo yagiye avugwaho rumwe na bamwe mu barwanya igihugu, barangajwe imbere n’abanyarwanda bahunze igihugu batajya bazuyaza kukivuga nabi nubwo cyakora neza, aha twavuga nka Himbara David, Kayumba Nyamwasa ndetse n’abandi b’abanyamahanga nka Filip Reyntens, umubiligi wahoze akorana bya bugufi na Habyarimana Juvenal wayoboraga u Rwanda, aho yakoranaga cyane muri rusange n’inzego zitandukanye z’ubutegetsi bw’icyo gihe. Tubibutse ko uyu mubiligi yagize uruhare rukomeye mu itegurwa ry’Itegeko Nshinga ryakoreshwaga ku ngoma ya Habyarimana ryari ryuzuyemo ivangura ry’amoko n’uturere.

Turabararikira gusoma Igice cya 2 tugiye gusohora kw’isesengura ry’amatora ya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda…

Ubwanditsi

2017-08-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Uganda: CMI yakwirakwije umujyi wa Kampala inkoramutima za RNC mu guhiga bukware abanyarwanda 

Ubwanditsi 04 Mar 2019
Umwaka wa 2015 usize abapadiri batatu ba Diyoseze ya Cyangugu aribo  Padri Thomas NAHIMANA,Fortunatus RUDAKEMWA na Padiri Eugene DUSABIREMA ibyabo bitarasobanuka

Umwaka wa 2015 usize abapadiri batatu ba Diyoseze ya Cyangugu aribo Padri Thomas NAHIMANA,Fortunatus RUDAKEMWA na Padiri Eugene DUSABIREMA ibyabo bitarasobanuka

Ubwanditsi 03 Jan 2016
Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Uko Castro yaryamanye n’umugore watumwe na CIA kumwivugana

Ubwanditsi 31 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Callixte Sankara , Rusesabagina na Col. Wilson zigambye igitero cyo muri  Nyaruguru

Ubwanditsi 16 Jul 2018
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994
Amakuru

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Ubwanditsi 06 Apr 2025
Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Rubavu: Abaturage b’umurenge wa Gisenyi bakanguriwe kwirinda ihohoterwa rikorerwa abana n’icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 03 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru