• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Ubwanditsi 29 Jun 2017 ITOHOZA

Imiryango itatu yo mu Bufaransa irimo uwitwa Sherpa ugizwe n’abanyamategeko baharanira kurwanya ibyaha by’imari no kurengera ababikorewe; Impuzamiryango iharanira ko abakoze Jenoside mu Rwanda baburanishwa (CPCR) na Ibuka, bamaze kurega banki ikomeye mu Bufaransa BNP Paribas, bayishinja kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.

Ibinyamakuru franceinfo na Le Monde byatangaje ko BNP Paribas iregwa “kugira uruhare muri Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara.”

Imvano ya byose ngo ni amafaranga iyo banki yasohoye bisabwe n’abari abayobozi mu Rwanda akishyurwa intwaro zazanwe mu Rwanda muri Kamena 1994, bikanyuranya n’umwanzuro Umuryango w’Abibumbye wari wafashe ku wa 17 Gicurasi, ukumira u Rwanda ku isoko ry’intwaro nyuma yo kubona ko hari kuba Jenoside.

Imbunda za Kalachnikov zazanwe mu Rwanda

Francetvinfo yatangaje ko hagati muri Kamena 1994, toni 80 z’intwaro zavanwe muri Seychelles zikagera i Goma muri Zaïre ubu yabaye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hafi n’umupaka w’u Rwanda.

Ngo hapanzwe ingendo ebyiri z’indege mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira ku wa 17 Kamena 1994 zijya i Goma, aho ikibuga cy’indege cyagenzurwaga n’Ingabo z’Abafaransa. Ni intwaro ngo Guverinoma ya Seychelles yari yarafatiye mu bwato, muri Werurwe 1993.

Izo ntwaro ngo zavanwe i Goma zambutswa n’inzira z’umuhanda zishyikirizwa Ingabo z’u Rwanda icyo gihe (Forces Armées Rwandaises, FAR), ari nazo zakoraga Jenoside.

Impuguke ku mateka y’u Rwanda, Jacques Morel, yagize ati “Izo ntwaro zahawe abarwanyi bagize uruhare muri jenoside. Hari ubwicanyi bwinshi bwakoreshejwe imihoro, ariko hari n’ubwakoreshejwe imbunda. Izi ntwaro zaje ziturutse muri Seychelles zari ziganjemo imbunda za kalachnikovs AK-47.”

Nk’uko Jacques Morel yakomeje abivuga, muri izo ntwaro harimo amasasu y’imbunda nto n’inini, za grenade n’ibisasu bya mortiers, byose biza harenzwe ku mabwiriza ya Loni.

-7137.jpg

BNP Paribas ni banki ikomeye ikorera mu bihugu 75

Yakomeje agira ati “Intwaro zaguzwe muri Seychelles zahaye imbaraga Abahutu bakoraga Jenoside nk’uko iyi miryango ibivuga mu kirego cyayo. Aho niho haza ikibazo cy’uko BNP Paribas yagize uruhare muri jenoside”

Intwaro zaguzwe ku bwa Col Bagosora

Igurwa ry’izo ntwaro ngo ryari rihagarikiwe na Col Theoneste Bagosora wakatiwe gufungwa imyaka 35, wari kumwe na Petrus Willem Ehlers wari nk’umuhuza, uwo akaba yarabaye Umunyamabanga wa Pieter Willem Botha, Minisitiri w’Intebe wa nyuma wa Afurika y’Epfo.

-7139.jpg

Col. Bagosora Theoneste

Nk’uko ikirego cyashyikirijwe umucamanza mu rukiko i Paris kibigaragaza, ngo uwo umuhuza yishyuwe inshuro ebyiri kuri konti iri muri banki yo mu Busuwisi (Union Bancaire privée de Genève), ubwa mbere ahabwa $592 784 ubundi ahabwa $734 099, yose hamwe akagera kuri miliyoni $1.3, yatanzwe na BNP Paribas bisabwe na Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR.

Icyo kirego kigira kiti “BNP yemeje iyishyurwa rya M. Ehlers ryasabwe na BNR, ibintu izindi banki zose zari zanze gukora.” BNP ngo yabaye “banki rukumbi yasubije yemera kurekura ayo mafaranga ahagije Guverinoma y’u Rwanda igura intwaro.”

Icyo gihe ngo Guverinoma y’u Rwanda yari ikeneye amafaranga cyane, ariko nka Banque Bruxelles Lambert (BBL) yari yanze kuyarekura avuye kuri konti ya Banque commerciale du Rwanda (BCR).

Uwahoze ari umuyobozi muri iyo banki Jacques Simal, ubwo yabazwaga na Polisi y’u Bubiligi ku wa 5 Gicurasi 2004, yagize ati “Nubwo impamvu itari yatangajwe neza, byagaragariraga buri wese ko bagombaga kugura intwaro n’ibisasu. […] Ndibuka ko kugira ngo babyumvishe BBL, guverinoma y’u Rwanda yohereje intumwa ngo ize kutwumvisha kurekura amafaranga.”

Mu kirego cyatanzwe, ngo bigaragazwa neza ko BBL “yanze sheki yari yohererejwe, bituma Guverinoma y’u Rwanda idakoresha ayo mafaranga mu kugura intwaro.”

Marie-Laure Guislain uyobora Sherpa, umwe mu miryango yatanze ikirego, yagize ati “Ku buhamya na raporo dufite, BNP, ni urwego rw’imari rwonyine rwemeje ko izo miliyoni $1,3 akurwa kuri konti ya Banque Nkuru y’u Rwanda kandi hari hariho ibihano by’Umuryango w’Abibumbye, ajya kuri konti yo mu Busuwisi y’umunyafurika y’Epfo.”

“Mu makuru dufite ni uko BNP yari izi neza ko ayo mafaranga yoherejwe yari agiye kwifashishwa mu kugura intwaro no muri Jenoside.”

Ni ubwa mbere ikirego nk’iki gitanzwe kuri Banki mu Bufaransa. Ibi binyamakuru byatangaje ko BNP Paribas yanze kugira icyo ihita itangaza, ivuga ko nta makuru ahagije irabona yatuma igira icyo ivuga kuri iki kirego.

Mu gutanga ikirego, iyi miryango yifashishije inyandiko zirimo raporo ya Human Rights Watch yo muri Gicurasi 1995; raporo esheshatu za komisiyo mpuzamahanga yashyizweho n’akanama gashinzwe umutekano ku Isi kigaga ku kurenga ku mabwiriza yo kutagurisha intwaro u Rwanda, zo kuva muri Mutarama 1996 kugeza mu Ugushyingo 1998.

Bifashishije kandi inyandiko za Banki Nkuru y’u Rwanda mu gihe cy’ibyo bihano; Inyandiko zo mu rubanza rwa Bagosora mu rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha i Arusha na raporo ku madeni u Rwanda rwari rufitiye amahanga yo mu Ugushyingo 1996, yakozwe n’impuguke mu bukungu Pierre Galland na Michel Chossudovsky, zibisabwe na Guverinoma y’u Rwanda.

Umuyobozi w’impuzamiryango ikurikirana abakoze Jenoside bari mu mahanga (CPCR), Alain Gauthier, yavuze ko ubusanzwe bakurikirana “abajenosideri, ariko muri iki kirego turashaka gutandukanya ibice bigize umurunga watumye Jenoside igerwaho.”

Umwanditsi Gaël Faye, usanzwe ari umunyamabanga wa CPCR, yavuze ko hashize imyaka myinshi “nta muntu ushaka ko uruhare rw’ubuyobozi bw’u Bufaransa muri jenoside rujya ahabona”, ariko bikaba bigiye kugaragara.

Marie-Laure Guislain uyobora Sherpa we yavuze ko ari umwanya mwiza wo gushyira mu bikorwa itegeko ry’ukwigengesera kw’inzego, ryemejwe ku wa 21 Gashyantare 2017, Sherpa ibigizemo uruhare. Ku mabanki, ribuza ko kimwe n’ibindi bigo by’imari yagira uruhare mu bikorwa bishobora guhungabanya uburenganzira bwa muntu.

-7138.jpg

Iyi banki mu 2015 yabarirwaga umutongo wa Miliyari 1994 z’amayero ndetse mu 2015 inyungu yayo yageze kuri miliyari z’amayero 7.7

2017-06-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda

New Zealand: Depite Ghahraman akomeje kwibasirwa anengwa ko yaburaniye abakoze jenoside mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Nov 2017
Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Ubwanditsi 31 Oct 2016
RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

Ubwanditsi 20 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.
Mu Rwanda

Abantu 17 baguye mu gitero cy’Abiyahuzi muri Burkina Faso.

Ubwanditsi 14 Aug 2017
Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi
Amakuru

Amatakirangoyi ya ruharwa Angelina Mukandutiye imbere y’ubutabera; ngo azamenya ko ubutabera bubaho nibamuha imbabazi

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Police Handball Club yatangiye imyiteguro y’imikino ya nyuma ya Shampiyona
IMIKINO

Police Handball Club yatangiye imyiteguro y’imikino ya nyuma ya Shampiyona

Ubwanditsi 15 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru