• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo

Ubwanditsi 16 Dec 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukomeje ibikorwa byawo byo guhungabanya umutekano no kwica abaturage mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe Leta y’iki gihugu ikomeje kuvuga ko uyu mutwe utagifite ubushobozi kandi igafatanyanawo mu mirwano irwanya umutwe wa M23.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza 2025, abarwanyi ba FDLR batwitse igiturage giherereye muri Teritwari ya Walikale, mu gace ka Busurungi ho muri Gurupoma ya Waloa Loanda, banica abaturage bane bari batuye muri ako gace.

Abo barwanyi bayobowe n’uwitwa General Mudayongwa, bateye icyo giturage mu gihe abaturage bari bakiryamye, batwika amazu menshi, bituma benshi bahunga berekeza mu bice bya Kifuruka, Kaundju, Katambira na Busurungi.

Urubuga Actualité.cd rwatangaje ko abo barwanyi ba FDLR, ugizwe ahanini n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, binjiye muri ako gace bafite intwaro, bagamije gutera ubwoba abaturage no kubirukana ku butaka bwabo.

Abaturage bavuga ko General Mudayongwa amaze igihe asaba abaturage kwimuka, avuga ko ubwo butaka ari ubwe, akabukoresha mu korora no guhinga ku gahato, ibintu bikomeje guteza umutekano muke n’ihungabana mu baturage baho.

Muri ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi, bivugwa ko hari n’abantu bo mu mitwe yitwaje intwaro ya Wazalendo bahasize ubuzima, by’umwihariko abarwanyi ba Mai-Mai Kifuafua, ibintu byatumye imirwano ikomeye yubura hagati ya FDLR n’iyo mitwe ya Mai-Mai.

Ibi bibaye mu gihe raporo zitandukanye z’Umuryango w’Abibumbye zagiye zerekana ko Leta ya Congo yakiriye, ikanakorana n’abarwanyi ba FDLR, nubwo uyu mutwe uri ku rutonde mpuzamahanga rw’imitwe y’iterabwoba. Izi raporo zigaragaza ko hari ubufatanye hagati ya FDLR n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) mu bikorwa bya gisirikare, ibintu bikomeje gushyira mu kaga umutekano w’abaturage b’abasivili.

Ni mu gihe kandi ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje gutangaza ko FDLR itakiri ikibazo gikomeye, mu gihe ibikorwa byayo byo kwica abaturage, gutwika imidugudu no kwigarurira ubutaka bigenda byiyongera mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu rwego rwo gushakira umuti urambye iki kibazo, amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasinyiwe i Washington D.C ku buhuza bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ateganya ko impande zombi zigomba gufatanya mu gusenya no guhashya umutwe wa FDLR, ugambiriye guhungabanya umutekano w’u Rwanda n’akarere kose.

Gusa uko iminsi igenda ishira, ibikorwa bya FDLR bikomeje kugaragaza ko uyu mutwe ugifite ubushobozi bwo kwica no guhungabanya umutekano, mu gihe abaturage b’abasivili bakomeje kuba igitambo cy’intambara n’imikino ya politiki mu Burasirazuba bwa Congo.

2025-12-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Perezida  Museveni yahaye amabwiriza Brigadier Abel Kandiho yo kunga Kayumba Nyamwasa wa  RNC na Sankara wa  FLN

Ubwanditsi 02 Apr 2019
Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Ubwanditsi 22 Sep 2025
1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

1963-2024: imyaka 61 irashize mu Rwanda habaye “Noheli y’amaraso”

Ubwanditsi 24 Dec 2024
Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?

Maj.Gatarayiha na The Rwandan ni nde uvugisha ukuri ?

Ubwanditsi 05 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma
IMIKINO

Ikipe ya RDC yitegura Amavubi U23 igiye kwitoreza i Goma

Ubwanditsi 05 Nov 2018
U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ntabwo rukwiye kuba ingunguru ukomanga ikirangira – Perezida Kagame

Ubwanditsi 27 Oct 2018
Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro 2018
IMIKINO

Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro 2018

Ubwanditsi 23 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru