• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Byagenze bite ngo Rutabana wakiriwe muri Uganda nka VIP aze gushimutwa? Umuryango we uwobarega niwe baregera

Ubwanditsi 05 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Hashize iminsi mike ku mbuga nkoranyambaga no mu bitangazamakuru hagaragara ibaruwa yanditswe n’umuryango wa Ben Rutabana, umuyobozi mukuru muri RNC ushinzwe kuzamura ubushobozi muri iryo shyaka (Capacity Building) bavuga ko yashimutiwe mu gihugu cya Uganda hagati y’amatariki ya 5-8 Nzeli uyu mwaka.

Iyi baruwa yandikiwe Umuhuzabikorwa Mukuru wa RNC Dr Jerome Nayigiziki kandi bigaragara ko ishimutwa ryapanzwe kandi rikorwa na Kayumba Nyamwasa kuko yohereje inkoramutima ze harimo muramu we Frank Ntwali wakoranye n’abashinzwe ubutasi muri Uganda CMI basanzwe bashinzwe “dossier” RNC kandi bakaba ari abizerwa b’umukuru wa CMI Col Abel Kandiho.

Brig. Abel Kandiho wa CMI-Uganda

Kayumba Nyamwasa, niwe mukuru w’ishyaka rya RNC afata nk’akarima ke kuko biri mubyo apfa na bamwe mu barwanashyaka ba RNC harimo na Rutabana. Kayumba yashyizeho Dr Jerome Nayigiziki nk’agakingirizo ngo Impunzi zahungiye iburayi nahandi muri 94 na nyuma ziyumvemo RNC ntibumve ko bagizwe n’abanyabyaha bahunze u Rwanda gusa nyamara ariwe uyobora ishyaka.

Twibukiranye ko Kayumba Nyamwasa yabanje kugerageza Dr Protais Murayi amukurura mu ishyaka ngo ariyobore undi abivamo ku munota wa mbere. Uyu Murayi ni umukwe wa Kabuga Felicien ushakishwa n’Ubutabera Mpuzamahanga kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi cyane cyane mu kugura imihoro ibihumbi 500. Si Murayi gusa Kayumba yiyegereje, yanabanje gukeza Rusesabagina ariko nabyo biba ibyo ubusa kuko yabaye muri RNC igihe gitoya nawe ashinga ishyaka rye nyuma.

Ben Rutabana

Tugarutse ku kagambane Rutabana yahuye nako umuntu yakwibaza impamvu nyamukuru yajyanye Rutabana I Kampala n’uburyo yakiriwe nka VIP nyuma bikaza kuvamo gushimutwa.

Rutabana akigera muri Uganda mu minsi ya mbere y’ukwezi kwa Nzeli, yakiriwe na  Col Kaka Bagyenda ushinzwe ubutasi imbere mu gihugu [ ISO ] kandi abizi ko Rutabana ukoresha urwandiko rw’inzira rw’abafaransa ashakishwa mu Rwanda, nyuma yo kubonana na Kaka, Rutabana yahawe 2nd Lt Jack Erasmus Nsangiranabo ngo abe ariwe ushingwa umutekano we ndetse n’umucuruzi w’umuhima w’umuterankunga wa RNC witwa Frank Kamurari Kinwa. Rutabana kandi yakoranye mu minsi ya mbere na Maj. Mushambo mu gusura ibikorwa bya RNC nkaho batoreza abazoherezwa mu gisirikari.

Biragaragara ko Rutabana wari VIP mu minsi ya mbere nyuma akaza gushimutwa byakozwe nabo hejuru kandi ku mpamvu zikomeye. Kayumba Nyamwasa yakoranye na Col Abel Kandiho kubera amakuru yari afite ndetse no kudahuza na Kayumba Nyamwasa. Ibaruwa y’umuryango wa Rutabana yemezako yari amaze iminsi yishinganishije kubera kutavuga rumwe na Kayumba Nyamwasa.

Kayumba Nyamwasa

Impamvu nyamukuru abasesenguzi bashyira hanze ni umutungo wa RNC utangwa uturutse hirya no hino ariko cyane cyane atangwa na Leta ya Uganda na Rujugiro. Kayumba yemeza ko ibintu bimeze neza abo ku rugamba bakahagwa kuko nta bufasha babona kuko Kayumba aba yayashyize mu bucuruzi afatanyijemo na Col Abel Kandiho.

Biragaragara ko Rutabana yashimuswe amaze gutanga amakuru kuko bivugwa ko ubu nawe aba muri za nzu zifungirwamo abantu zitemewe ku isi (safe house) ariko abayobozi bandi ba RNC nka Kayumba Rugema bemeza ko ari ku rugamba muri Congo. Rutabana wakiriwe nk’ukomeye, n’abamufatishije barakomeye, ni Kayumba Nyamwasa na Abel Kandiho.

Ibaruwa y’Umuryango wa Rutabana, nubwo itatubwira ibyo yari agiye gukora, yerekanye neza ko Uganda ari indiri ya RNC kuko itanga ibisobanuro birambuye uburyo igihe Rutabana yageraga muri Uganda, abayobozi batandukanye ba RNC baturutse hirya no hino bari bahari, ni mugihe ingabo zabo zakubitiwe inshuro muri Kongo kandi imanza zabo zikaba zaratangiye I Kigali. Ni igihe cyo kwisuganya kuko ibyo bari bateguwe babifashijwemo na Uganda bitagenze uko babishakaga.

Si ubwambere RNC yaba iri gusenyuka bitewe na Kayumba Nyamwasa, kuko Theogene Rudasingwa, Jonathan Musonera, Noble Marara n’abandi benshi bayishinze bayivuyemo, barayivumira kugahera, ikibazo gikuru bavuga ko ari Kayumba Nyamwasa.

Tubitege amaso

2019-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Ubwanditsi 05 May 2018
Ubutumwa AREF yageneye Abarimu bose bakoresha ururimi rw’igifaransa mu Rwanda.

Ubutumwa AREF yageneye Abarimu bose bakoresha ururimi rw’igifaransa mu Rwanda.

Ubwanditsi 31 Mar 2019
RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Ubwanditsi 02 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka
INKURU NYAMUKURU

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya
Mu Mahanga

Murukiko rwa Gisilikare Brig.Gen. Rusagara yagaramye ibyo ashinjwa n’abatangabuhamya

Ubwanditsi 09 Jan 2016
Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa  k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol
ITOHOZA

Minisitiri w’ibidukikije w’u Bufaransa k ‘umunota wa nyuma yanze kuza mu Rwanda mu nama ya Montreal Protocol

Ubwanditsi 15 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru