• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku itariki ya 5 Kamena 2025 u Burundi bwinjiye mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, ariko ni umunsi utabujije benshi kwibaza icyo imyaka 20 y’ishyaka CNDD-FDD ku butegetsi imaze isigiye igihugu. Muri iyo myaka 20, ishusho rusange y’imibereho y’abaturage n’iterambere ry’igihugu igaragaza gusubira inyuma gukabije, bigaterwa ahanini n’ibura ry’icyerekezo cya politiki, imiyoborere mibi y’ubukungu, n’ihagarikwa ry’inkunga n’ishoramari byaturukaga hanze y’igihugu.

Ishyaka CNDD-FDD ryageze ku butegetsi rishingiye ku masezerano y’amahoro y’i Arusha, yari agamije kugarura ituze no gutangiza inzira y’iterambere rirambye. Ayo masezerano ryayashyize ku ruhande nta gitekerezo gifatika cy’icyazabisimbura, ahasigaye habaho gushyira imbere imigambi n’amavugurura yanditse gusa ku mpapuro, nk’icyerekezo 2025, icyerekezo 2040-2060, n’indi migambi yagiye itangazwa mu magambo gusa itagira ishingiro mu igenamigambi n’ishyirwa mu bikorwa.

Ubuhinzi, kimwe mu byagombaga kuba inkingi y’iterambere, bwagiye burushaho gusubira inyuma. Umusaruro waragabanutse, ibiciro by’ibiribwa byarazamutse, inzara igeramiye abaturage iriyongera. Muri 2024, u Burundi bwaje ku isonga mu bihugu bifite inzara kurusha ibindi ku isi. Mu gihe ubuhinzi bwari bugize 66% by’umusaruro mbumbe w’igihugu mu 1992, mu 2025 ntiburengeje 28%, ibintu byanatewe no kugabanya ingengo y’imari yabwo kuva kuri 22% kugera munsi ya 7%.

Inganda z’ubwubatsi n’ibikorwa by’ubucuruzi ntibyigeze bitezwa imbere. Izishingwa mu myaka ya za 1980 zarafunzwe cyangwa zarapfuye burundu. Imishinga myinshi y’iterambere yarapfubye cyangwa yarabaye umuyoboro wa ruswa. Ibigomba gukorerwa imbere mu gihugu, byose bigitumizwa hanze: isukari, ifarini, imiti, imyambaro n’ibikoresho byo mu rugo. U Burundi bwaragumye mu mwanya wa nyuma mu bihugu bikiri inyuma mu nganda muri Afurika.

Mu myaka 20 ishize, ubukungu bwarangwagamo imiyoborere idahwitse, ubwikanyize mu itangwa ry’amasoko ya Leta, ibikorwa bifite akamaro gake ku baturage, ruswa ikomeye, n’ishoramari rishingiye ku gushingira ku ishyaka aho gushingira ku bumenyi. Raporo za Banki y’Isi n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari zagaragaje ko ubushobozi buke bwa bamwe mu bakozi ba Leta butuma inkunga z’amahanga zidakoreshwa, bityo amafaranga menshi agasubizwa aho yaturutse.

Ibikorwaremezo nk’amashuri, amavuriro, imihanda n’amashanyarazi bigeze aharindimuka. Abaturage bake bagerwaho n’amashanyarazi, amavuriro n’amashuri yifashishwa mu burezi n’ubuvuzi bikaba bidafite ubushobozi. Ifaranga ry’igihugu ryataye agaciro ku kigero kiri hejuru ya 300% mu myaka ibiri, ibura ry’amavuta, imiti, n’ibiribwa ntiryigera ricika. Inyigo zigaragaza ko ubukungu bw’igihugu buri mu kaga, nta n’imishinga irambye yo kugikura aho kigeze.

Ubuhagarike bw’igihugu mu ruhando mpuzamahanga nabwo bwagize uruhare rukomeye mu kwangirika kw’ubukungu. Nyuma y’umwaka wa 2015, aho havutse imvururu za politiki n’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu, inkunga z’amahanga zaragabanutse, ishoramari rituruka hanze riragabanuka. Mu gihe hagati ya 2005 na 2016 inkunga z’amahanga zari zarikubwe kabiri, mu 2024 zari zaragabanutse kugeza hafi ku rwego zariho mbere y’uko CNDD-FDD ifata ubutegetsi. Abashoramari b’abanyamahanga baracitse, ndetse n’abo mu gihugu ubwabo bagahitamo gushora imari hanze aho kuyishora mu gihugu cyabo.

Nubwo abaturage bari bafite ibyiringiro ko amatora ya 2025 yazana impinduka, ukurikije uko Inteko Ishinga Amategeko izaba igizwe, bikomeje kuba igicucu cy’icyifuzo cyabo. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi ntibemerewe kwiyamamaza, abaturage babwiwe ko bagomba gutora gusa ab’ishyaka riri ku butegetsi, bityo igitekerezo cy’imiyoborere ishingiye ku bwiganze bw’amarenga y’abaturage gikomeza kuba inzozi.

Imyaka 20 irashize, abaturage b’u Burundi bakomeje kwihanganira ubukene, inzara, ubushomeri n’icyizere gike cy’ejo hazaza. Bashyirwa imbere n’amasezerano n’amagambo, ariko ibikorwa bifatika byo kubakura mu bukene ntibigaragare. Iyo urebye ishusho y’igihugu uyu munsi, CNDD-FDD ntiyabaye igisubizo cy’iterambere, ahubwo yateje igihugu gusubira inyuma.

2025-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya

Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya

RUSHYASHYA 07 Jul 2026
Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Ubwanditsi 09 Jan 2022
U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

U Rwanda na Uganda biravuga ko byiteguye gushyira mu bikorwa Amasezerano ya Luanda

Ubwanditsi 16 Sep 2019
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Ubwanditsi 01 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lt Gen Mushyo Kamanzi  niwe  Mugaba  mukuru  mushya w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo
ITOHOZA

Lt Gen Mushyo Kamanzi niwe Mugaba mukuru mushya w’Ingabo za Loni muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima
Amakuru

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Ubwanditsi 28 Jun 2024
Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45
IMIKINO

Rtd. Bri Gen Sekamana Jean Damascene  yatorewe kuyobora Ferwafa ku bwiganze bw’amajwi 45

Ubwanditsi 01 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru