• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye

Ubwanditsi 06 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ku itariki ya 5 Kamena 2025 u Burundi bwinjiye mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko, ariko ni umunsi utabujije benshi kwibaza icyo imyaka 20 y’ishyaka CNDD-FDD ku butegetsi imaze isigiye igihugu. Muri iyo myaka 20, ishusho rusange y’imibereho y’abaturage n’iterambere ry’igihugu igaragaza gusubira inyuma gukabije, bigaterwa ahanini n’ibura ry’icyerekezo cya politiki, imiyoborere mibi y’ubukungu, n’ihagarikwa ry’inkunga n’ishoramari byaturukaga hanze y’igihugu.

Ishyaka CNDD-FDD ryageze ku butegetsi rishingiye ku masezerano y’amahoro y’i Arusha, yari agamije kugarura ituze no gutangiza inzira y’iterambere rirambye. Ayo masezerano ryayashyize ku ruhande nta gitekerezo gifatika cy’icyazabisimbura, ahasigaye habaho gushyira imbere imigambi n’amavugurura yanditse gusa ku mpapuro, nk’icyerekezo 2025, icyerekezo 2040-2060, n’indi migambi yagiye itangazwa mu magambo gusa itagira ishingiro mu igenamigambi n’ishyirwa mu bikorwa.

Ubuhinzi, kimwe mu byagombaga kuba inkingi y’iterambere, bwagiye burushaho gusubira inyuma. Umusaruro waragabanutse, ibiciro by’ibiribwa byarazamutse, inzara igeramiye abaturage iriyongera. Muri 2024, u Burundi bwaje ku isonga mu bihugu bifite inzara kurusha ibindi ku isi. Mu gihe ubuhinzi bwari bugize 66% by’umusaruro mbumbe w’igihugu mu 1992, mu 2025 ntiburengeje 28%, ibintu byanatewe no kugabanya ingengo y’imari yabwo kuva kuri 22% kugera munsi ya 7%.

Inganda z’ubwubatsi n’ibikorwa by’ubucuruzi ntibyigeze bitezwa imbere. Izishingwa mu myaka ya za 1980 zarafunzwe cyangwa zarapfuye burundu. Imishinga myinshi y’iterambere yarapfubye cyangwa yarabaye umuyoboro wa ruswa. Ibigomba gukorerwa imbere mu gihugu, byose bigitumizwa hanze: isukari, ifarini, imiti, imyambaro n’ibikoresho byo mu rugo. U Burundi bwaragumye mu mwanya wa nyuma mu bihugu bikiri inyuma mu nganda muri Afurika.

Mu myaka 20 ishize, ubukungu bwarangwagamo imiyoborere idahwitse, ubwikanyize mu itangwa ry’amasoko ya Leta, ibikorwa bifite akamaro gake ku baturage, ruswa ikomeye, n’ishoramari rishingiye ku gushingira ku ishyaka aho gushingira ku bumenyi. Raporo za Banki y’Isi n’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari zagaragaje ko ubushobozi buke bwa bamwe mu bakozi ba Leta butuma inkunga z’amahanga zidakoreshwa, bityo amafaranga menshi agasubizwa aho yaturutse.

Ibikorwaremezo nk’amashuri, amavuriro, imihanda n’amashanyarazi bigeze aharindimuka. Abaturage bake bagerwaho n’amashanyarazi, amavuriro n’amashuri yifashishwa mu burezi n’ubuvuzi bikaba bidafite ubushobozi. Ifaranga ry’igihugu ryataye agaciro ku kigero kiri hejuru ya 300% mu myaka ibiri, ibura ry’amavuta, imiti, n’ibiribwa ntiryigera ricika. Inyigo zigaragaza ko ubukungu bw’igihugu buri mu kaga, nta n’imishinga irambye yo kugikura aho kigeze.

Ubuhagarike bw’igihugu mu ruhando mpuzamahanga nabwo bwagize uruhare rukomeye mu kwangirika kw’ubukungu. Nyuma y’umwaka wa 2015, aho havutse imvururu za politiki n’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu, inkunga z’amahanga zaragabanutse, ishoramari rituruka hanze riragabanuka. Mu gihe hagati ya 2005 na 2016 inkunga z’amahanga zari zarikubwe kabiri, mu 2024 zari zaragabanutse kugeza hafi ku rwego zariho mbere y’uko CNDD-FDD ifata ubutegetsi. Abashoramari b’abanyamahanga baracitse, ndetse n’abo mu gihugu ubwabo bagahitamo gushora imari hanze aho kuyishora mu gihugu cyabo.

Nubwo abaturage bari bafite ibyiringiro ko amatora ya 2025 yazana impinduka, ukurikije uko Inteko Ishinga Amategeko izaba igizwe, bikomeje kuba igicucu cy’icyifuzo cyabo. Abatavuga rumwe n’ubutegetsi ntibemerewe kwiyamamaza, abaturage babwiwe ko bagomba gutora gusa ab’ishyaka riri ku butegetsi, bityo igitekerezo cy’imiyoborere ishingiye ku bwiganze bw’amarenga y’abaturage gikomeza kuba inzozi.

Imyaka 20 irashize, abaturage b’u Burundi bakomeje kwihanganira ubukene, inzara, ubushomeri n’icyizere gike cy’ejo hazaza. Bashyirwa imbere n’amasezerano n’amagambo, ariko ibikorwa bifatika byo kubakura mu bukene ntibigaragare. Iyo urebye ishusho y’igihugu uyu munsi, CNDD-FDD ntiyabaye igisubizo cy’iterambere, ahubwo yateje igihugu gusubira inyuma.

2025-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Umusilikare w’u Rwanda wishe umwana mu Giporoso yagejejwe imbere y’Ubutabera

Ubwanditsi 13 Sep 2016
Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Uganda: Museveni yasezeranije abanyabyaha ko bagiye kujya bicwa bamanitswe

Ubwanditsi 19 Jan 2018
Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Impamvu Dr. Kayumba akeneye ubufasha- Shyaka Kanuma

Ubwanditsi 03 Oct 2018
“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura  ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

“Kuki iyo u Rwanda na Uganda byarebanaga nabi Gen Kayihura ariwe wabigenderagamo” – Impamvu Andrew Mwenda atanga

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza
UBUKUNGU

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

Ubwanditsi 24 Jun 2019
N’ubwo nta bafana bemewe, Rayon Sports yinjije asaga miliyoni esheshatu kuri sitade.
Amakuru

N’ubwo nta bafana bemewe, Rayon Sports yinjije asaga miliyoni esheshatu kuri sitade.

Ubwanditsi 21 May 2021
Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]
POLITIKI

Rwanda -Uganda : Intambara zo muri Congo-Kisangani [ Igice 4 ]

Ubwanditsi 23 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru