• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Kwibuka ntibyavanyweho ahubwo bizajyana n’ibihe turimo bidasanzwe- Dr Bizimana

Ubwanditsi 06 Apr 2020 POLITIKI

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yibukije Abanyarwanda ko ibikorwa byo #Kwibuka26 bitazahagarara, ahubwo ikizahinduka ari uburyo bizakorwamo mu rwego rwo guhuza n’ibihe bidasanzwe u Rwanda ndetse n’isi muri rusange rurimo byo guhangana n’icyorezo cya Coronavirus.

Tariki ya 7 Mata buri mwaka, mu Rwanda n’ahandi ku Isi, hatangizwa iminsi 100 yahariwe kwibuka no kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iki gikorwa gisanzwe kirangwa n’imihango n’ibikorwa bihuriza hamwe abantu benshi, haba mu gihe cyo kugitangiza no bindi bihe abanyarwanda bahurira mu bice bitandukanye bibuka.

Kubera ingamba zashyizweho muri ibi bihe bidasanzwe byo kurwanya no gukumira ikwirakwira rya Coronavirus, zirimo ko nta bikorwa bihuriza hamwe abantu benshi byemerewe kongera kubaho mu gihe iki cyorezo kitaracika, ibikorwa bijyanye no kwibuka ku nshuro ya 26 na byo bizakorwa hakurikizwa izo ngamba.

Mu kiganiro Dusangire Ijambo cyanyuze kuri RBA mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Mata 2020, kigahuriza hamwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène na Perezida w’ Umuryango urengera inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), Prof Dusingizemungu Jean Pierre bagarutse ku buryo gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 26 bizaba biri gukorwa.

Dr Bizimana yavuze ko iki gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi kizubahiriza ibikorwa byose n’amabwiriza ya leta bireba ubuzima bw’igihugu.

Ati “Ubuzima bw’igihugu ubu burahagaze, ibikorwa hafi ya byose birakorerwa mu ngo. Igihe amabwiriza azaba yahindutse, icyorezo twagitsinze nta kibazo kigihari, kwibuka bizakomeza mu buryo byari bisanzwe bikorwamo.”

Yakomeje agira ati “Tugize n’amahirwe icyorezo kikarangira vuba, tukiri mu minsi 100 yo kwibuka, ntekereza ko inzego zabiganiraho. Ntacyabuza ko mu matariki yo mu kwezi kwa Gatandatu […] nka Bisesero twibuka ku itariki ya 26 Nyakanga; birashoboka ko kuri iyo tariki abantu bajya kuhibukira.”

Dr Bizimana yakomeje avuga ko no kuri za Ambasade z’u Rwanda hirya no hino ku isi, ibikorwa byo kwibuka bizakorwa ariko na bwo hakurikizwa amabwiriza yo gukumira ikwirakwira ry’iki icyorezo.

Muri iki kiganiro kandi hagarutswe ku kibazo cy’ihungabana ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutse aho Prof Dusingizemungu Jean Pierre uyobora Ibuka yasabye buri wese ubana n’umuntu ushobora kuzahura n’iki kibazo, kumuba hafi ariko akubahiriza intera ijyanye no kwirinda Coronavirus.

Ati “Uwahuye n’ihungabana, tuzirinde kumusubiza mu mateka bitari ngombwa, tumuhumurize, tumwumvishe ko nubwo ari mu nzu, ubu nta muntu uri kumuhiga, ahubwo ari kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.”

Yakomeje avuga ko kuguma mu rugo bitangana n’iminsi ijana abarokotse bamaze mu rufunzo bihisha abashakaga kubica ndetse ko ubu babaye inararibonye kuko biyubatsemo ingufu zituma bamenya uburyo bahangana n’ibibazo nk’ibyo.

Ati “Mu myaka 26, abacitse ku icumu bagaragaje imbaraga zatumye babasha guhanga n’ingaruka za Jenoside. Ubu bateye imbere kandi bageze kure. Dukwiye gushyira hejuru izo mbaraga zagaragajwe kuruta kugaragaza ko tukiri abo gufashwa muri byose.

Prof Dusingizemungu avuga ko ibyo bidakuraho ko hari abanyembaraga nke bakwiye kugira abababa hafi kandi ko bazakomeza kubafasha.

Yongeyeho ko uzakenera ubufasha bwihariye burenze ubw’uwo babana cyangwa umujyanama w’ubuzima, hazitabazwa umurongo wa telephone 112 mu rwego rwo guhabwa ubufasha bwisumbuyeho.

Prof Dusingizemungu Jean Pierre uyobora umuryango Ibuka yasabye buri muntu wese ubana n’umuntu ushobora kuzahura n’ikibazo cy’ihungabana, kumuba hafi ariko akubahiriza intera ijyanye no kwirinda COVID-19

Gahunda y’icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 26

Muri ibi bihe byo kwibuka hazatangwa ibiganiro bitandukanye bizanyura mu itangazamakuru ku nsanganyamatsiko zateguwe zizafasha abantu kurushaho gusobanukirwa amateka y’ukuri ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Tariki ya 7 Mata, saa yine za mu gitondo, ku rwego rw’Igihugu, ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi hazabera igikorwa cyo kunamira abazize Jenoside kizarangwa no gushyira indabo ku mva, gucana urumuri rutazima, gufata umunota wo Kwibuka, bikurikirwe n’ijambo nyamukuru rizanyuzwa kuri za Radiyo, Televiziyo no ku mbuga nkoranyambaga.

Mu gihe ku Rwibutso rwa Gisozi hazaba hubahirizwa umunota wo Kwibuka, Abanyarwanda na bo bazawubahiriza mu ngo za bo batekereza ku bishwe muri Jenoside bazizwa gusa ko ari Abatutsi.

Tariki ya 08 Mata hazaba ikiganiro kigenewe urubyiruko by’umwihariko ku ruhare rwa rwo mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside. Birakenewe ko urubyiruko ruhabwa umwanya wo kuganira rukigishwa amateka nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuko runagize ijanisha rinini ry’Abanyarwanda muri iki gihe, kandi rukaba ari rwo musemburo w’ahazaza heza h’igihugu.

Takiri ya 09 Mata hazaba ikiganiro kijyanye n’urugendo abarokotse Jenoside bamaze gukora mu kwiyubaka, nyuma y’aho hari na gahunda za leta zitandukanye zashyizweho mu rwego rwo kubafasha kongera kwiyubaka.

Tariki ya 10 Mata hazaba ikiganiro cyihariye ku itangazamakuru, harebwa uruhare ryagize muri Jenoside ndetse n’uruhare rikwiye gukomeza kugira mu rugendo rwo kubaka igihugu.

Ku ya 11 Mata hazaganirwa ku ruhare rw’amahanga mu ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse hanarebwe ku ruhare rwa yo mu kongera kubaka u Rwanda ruriho ubu ndetse n’urw’ahazaza.

Tariki ya 12 Mata hazaba ibiganiro bigaruka ku kibazo cy’ihungabana mu bacitse ku icumu n’ingamba zo gukomeza kugisohokamo kuko imibare igaragaza ko abarokotse bagifite ihungabana bangana na 28%.

Ku ya 13 Mata, itariki yari isanzwe isorezwa icyumweru cyo kwibuka, hazaba umuhango mugufi ku rwibutso rwa Rebero.

Kuri uru rwibutso hazajyayo itsinda rito riyobowe na Perezida wa Sena rizakora igikorwa cyo kunamira no gushyira indabo ku mva zishyinguyemo abanyapolitiki bashyinguye ku i Rebero bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bazizwa kutemera umugambi wa Jenoside.

Indabo kandi zizanashyirwa ku mva zishyinguyemo imibiri irenga ibihumbi cumi na bine y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ishyinguye ku Rwibutso rwa Rebero.

Guhera saa cyenda z’igicamunsi hazaba ikiganiro kizanyuzwa kuri za radiyo, Televiziyo no ku mbuga nkoranyambaga kizaganira ku ruhare rw’amashyaka ya politiki muri Jenoside no ku kamaro ka politiki nziza mu kubaka igihugu no guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda rivuga ko Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari ihame ntakuka.

Dr Bizimana asaba abanyarwanda gufatira urugero kuri Perezida wa Paul Kagame mu rugamba rwo guhangana na COVID-19, kuko nibabikurikiza neza ari bwo gahunda yo kwibuka izongera gukorwa nk’uko bisanzwe.

Yanasabye ko buri munsi mu gihe cyo kwibuka, abacitse ku icumu bagomba kujya batekereza ku muntu wazize Jenoside wababereye urugero.

Urugendo rwo Kwibuka ruba tariki 7 Mata buri mwaka ntiruzaba kimwe n’umugoroba wo kwibuka wakorwaga tariki ya 7 Mata n’ahandi hose wakorwaga ku yandi matariki.

Kwibukira ahantu hatandukanye hirya no hino mu gihugu nk’uko byari bisanzwe bikorwa mu gihe gisanzwe cyo kwibuka byarahagaritswe kugeza igihe cyose amabwiriza yatanzwe na Guverinoma y’u Rwanda yo kwirinda no gukumira icyorezo cya Coronavirus atarahinduka.

2020-04-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Ubwanditsi 07 Mar 2020
RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

RDC: Tshisekedi na Kamerhe bivanye mu bashyigikiye umukandida w’abatavuga rumwe na Leta

Ubwanditsi 13 Nov 2018
U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

U Rwanda rukomeje kuyobora urutonde rwa Afurika rw’ibihugu bifite abaminisitiri benshi b’abagore

Ubwanditsi 13 Sep 2019
Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Umujenosideri Protais Zigiranyirazo ntakibarizwa kuri iyi si!

Ubwanditsi 04 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi
Mu Mahanga

Senateri Mucyo yitabye Imana azize urupfu rutunguranye, rwababaje benshi

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Ese igitutu cya Rudasingwa  kuri Kayumba cyaba  aricyo gitumye  atanga ubuhamya bumugira umwere ?
ITOHOZA

Ese igitutu cya Rudasingwa kuri Kayumba cyaba aricyo gitumye atanga ubuhamya bumugira umwere ?

Ubwanditsi 05 Nov 2016
Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara
POLITIKI

Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 09 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru