• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’ubuzima yasabye abapolisi bakora akazi k’ubuganga kwita ku mikorere ya Isange

Minisitiri w’ubuzima yasabye abapolisi bakora akazi k’ubuganga kwita ku mikorere ya Isange

Ubwanditsi 22 Jan 2018 Mu Rwanda

Kuri uyu wa 21 Mutarama 2018,  Minisitiri w’ubuzima Dr  Diane  Gashumba yatangije umwiherero w’umunsi umwe w’ abapolisi bagera kuri 70 bakora umwuga w’ubuganga,uyu mwiherero ukaba wabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.Ubwo yatangizaga uyu mwiherero,Minisitiri Gashumba yabashimiye umurava ubaranga mu kazi,abasaba kugira uruhare rukomeye mu mikorere y’ibigo bya Isange One Stop Centers.

Uretse Minisitiri w’ubuzima watangije uyu mwiherero nk’umushyitsi mukuru, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda Inspector General of Police(IGP) Emmanuel K. Gasana nawe yari ahari.
Mu ijambo rya Minisitiri Gashumba, yibukije aba bapolisi ko ubuzima ari ikintu gikomeye mu mutekano n’iterambere ry’igihugu, abasaba  kujya bihutira kugera ku murwayi ataratakaza ubuzima.
Minisitiri Dr Gashumba yagize ati:”Ubuzima ni ingenzi mu mutekano n’iterambere, gutinda kugera ku murwayi bishobora gutuma abura ubuzima, bikanakwirakwiza indwara zishobora kwandura”.
Yabasabye buri gihe kurangwa n’ikinyabupfura no kuba intangarugero mu gutanga serivisi. Yanabasabye  ko serivisi zitangirwa mu bigo bya Isange One Stop Center bazigira izabo, bakanakurikirana bya hafi imikorere n’imicungire yazo.
Ibigo bya Isange One Stop Centers ubusanzwe bitanga ubufasha ku bantu  bahuye n’ihohoterwa.Uretse ubuvuzi busanzwe bahabwa ku buntu, abagize ihungabana banahabwa ubufasha butuma bongera kugira icyizere bakava mu bwigunge.
Kuri ubu mu gihugu hose harabarirwa ibigo bya Isange One Stop Centers bigera kuri 44, Minisiteri y’ubuzima ikaba ari umwe mu bafatanyabikorwa mu mikorere yabyo.
Minisitiri Gashumba yijeje Polisi y’u Rwanda ubufatanye buhoraho mu guteza imbere ubuzima bw’abanyarwanda.
Yagize ati” Minisiteri izakomeza gukorana bya hafi na Polisi y’u Rwanda mu gushyira ingufu   mu cyateza imbere ubuzima n’imibereho myiza y’abanyarwanda.” Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K.Gasana  yasabye aba baganga guhuza umurimo bakora w’ubuganga n’intego zabo nk’abapolisi, bakumva kandi bakanakora neza inshingano zabo.
Yabasabye kurangwa n’amahame y’umwuga wabo w’ubuganga ndetse abasaba guhora barangwa no kugirirwa icyizere, ndetse no kugira ibanga ry’umwuga wabo.
Uyu mwiherero w’umunsi umwe ukaba wibanze ku kurebera hamwe uko hakemurwa n’uko hakwirindwa ibibazo bikunze kujya bigaragara mu buvuzi, nk’isuku nke, indwara zitandura ndetse n’izandurira mu mibonano mpuzabitsina .
Banaganiriye kandi ku butabazi bw’ibanze, uruhare rwabo mu kwirinda no gukumira ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ibisindisha ndetse hanarebwa n’ibyo Polisi y’u Rwanda iteganya gukora mu minsi iri imbere mu rwego rw’ubuvuzi.
Ubusanzwe abapolisi bakora umwuga w’ubugaga ni bamwe mu bapolisi boherezwa mu butumwa bw’amahoro mu mahanga kimwe n’abandi bapolisi.

2018-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’  bararira ayo kwarika

Ababitsa mu Ikigo cy’imali ‘Letshego Rwanda Ltd’ bararira ayo kwarika

Ubwanditsi 26 Jun 2017
Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Ubwanditsi 24 Apr 2018
‘ Twagiramungu yagira ngo angire urutindo yambukiraho ‘ – Kagame

‘ Twagiramungu yagira ngo angire urutindo yambukiraho ‘ – Kagame

Ubwanditsi 30 Jul 2017
Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Gicumbi: Abari abakozi b’akarere 3 bakatiwe igifungo cy’imyaka 6

Ubwanditsi 16 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye Sylvan Adams washinze Israel Premier Tech, ikipe yitabiye Tour du Rwanda 2023

Ubwanditsi 23 Feb 2023
Uganda: Uwitwa Enos Maniriho yaba yararogewe muri gereza yari afungiyemo
Mu Rwanda

Uganda: Uwitwa Enos Maniriho yaba yararogewe muri gereza yari afungiyemo

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru