• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim

Uko Jakaya Kikwete yabuze igihembo cya Mo Ibrahim

Ubwanditsi 16 Jun 2016 Mu Rwanda

Igihembo cy’amadolari miliyoni eshanu gitangwa na Mo Ibrahim Foundation cyabuze ucyegukana mu mwaka ushize wa 2015.

Salim Ahmed Salim ukuriye akanama gatanga icyo gihembo yatangaje muri iki cyumweru yuko nta muntu numwe wujuje ibisabwa mu mwaka ushize ngo abe yakwegukana icyo gihembo.

Icyo gihembo kitiriwe umuherwe Mo Ibrahim gihabwa umukuru w’igihugu wacyuye igihe mu gihe cya vuba akaba yararanzwe n’imikorere myiza ku gihugu cye. Uwo muntu kandi agomba kuba yaragiye ku butegetsi binyuze mu matora kandi akabuvaho atarengeje manda zemewe n’amategeko.

Umuntu wa vuba uherutse kuva ku butegetsi ni Jakaya Mrisho Kikwete wahoze ari Perezida wa Tanzania kugera mu mpera z’umwaka ushize.

Kikwete ari hafi kuva ku butegetsi ibitangazamakuru bimwe na bimwe muri Tanzania byakomeje kuvuga yuko ashobora kuzegukana icyo gihembo gifite amafaranga atubutse kurusha ikindi icyo aricyo cyose ku isi.

-2991.jpg

Jakaya Mrisho Kikwete

Impamvu Kikwete ategukanye icyo gihembo umuntu ashobora kuzibazaho. Kikwete yagiye ku butegetsi mu buryo bwemewe n’amategeko anarangije manda ye ya kabiri abuvaho ataruhanyije.

Ariko ubutegetsi bwa Kikwete bwaranzwe n’icyo umuntu yakwita imyanda mu mitegekere, harimo Corruption na za Ruswa z’amako yose kugeza n’aho byanateye umujinya abaterankunga bagahagarika zimwe mu mfashanyo !

Ubwo butegetsi bwa Kikwete kandi bwigeze kwirukana Abanyarwanda babaga muri icyo gihugu n’abatanzania bamwe na bamwe bakabigwamo nta kuntu bitamugabanyirije amanota. Uko Kikwete kandi yagendaga akorana amanama n’abantu badashobotse nk’abo muri FDLR nabyo Mo Ibrahim Foundation ntabwo yabura kubimuhanira !

Uwatsindiye igihembo cya Mo Ibrahim Foundation ahita ahabwa miliyoni eshanu z’amadolari, akazakomeza ahabwa amadolari ibihumbi 200 buri mwaka kugeza apfuye !

-2992.jpg

Hekifepunye Pohamba

Agihembo cy’ubushize 2014 icyo gihembo kegukanywe na Hekifepunye Pohamba wahoze ari Perezida wa Namibia.

Abandi bakegukanye ni Joaquim Chissano wahoze ayoboye Mozambique (2007), Festus Mogaye wahoze ayoboye Botswana (2008) na Pedro Pires wahoze ayoboye Cabe Verde (2011).

Casmiry Kayumba

2016-06-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika

Inama y’Abaminisitiri yemeje Gen Patrick Nyamvumba nk’Uhagarariye u Rwanda muri Tanzania naho Teta Gisa Rwigema aba Umuyobozi Mukuru ushinzwe Afurika

Ubwanditsi 28 Feb 2024
Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe

Umurambo w’Umunyarwandakazi watowe mu mugezi muri Canada washyinguwe

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ikurwaho ry’umwanya wa Perezida w’ishyaka bishobora gukurura ibibazo muri CNDD-FDD

Ubwanditsi 24 Aug 2016
‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni  51 ya PL
ITOHOZA

Ndagijimana yatorokanye Ibihumbi 200 by’Amadolari ya RPF, Mitali atorokana Miliyoni 51 ya PL

Ubwanditsi 28 Jun 2017
Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna
ITOHOZA

Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Ubwanditsi 09 Feb 2019
Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda
Mu Mahanga

Inama y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yasojwe nta nkomyi – Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru