• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Denise Tshisekedi yashimye ibikorwa bya Jeannette Kagame

Denise Tshisekedi yashimye ibikorwa bya Jeannette Kagame

Ubwanditsi 10 Jun 2019 POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yaraye yakiriye ku meza mugenzi we Denise Nyakeru Tshisekedi, Madamu wa perezida wa Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo.

Uyu muhango wabaye ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 09 Kamena 2019, waranzwe n’ubusabane ku mpande zombi, aho bagarutse ku mubano usanzwe hagati y’abaturage b’ibihugu byombi.

Mu ijambo rye, Madamu Denise Tshisekedi yashimangiye ko nta kintu na kimwe cyaruta ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, anashimira Madamu Jeannette Kagame kubera ibikorwa by’indashyikirwa akora binyuze mu muryango Imbuto Foundation yashinze.

Yagize ati “Ndi hano kugirango nirebere, twungurane ibitekerezo, nanumve umwihariko igihugu cyanyu gifite mu guteza imbere umugore. Nshimishwa cyane n’amateka yanyu.

Nyakubahwa madamu Jeannette Kagame, nshimishwa cyane n’ibikorwa byanyu by’umwihariko ibijyanye no kurwanya SIDA no kwita ku batishoboye, mbateye ingabo mu bitugu mukomereze aho, ibyo nibyo Afurika ikeneye”.

Madamu Denise Tshisekedi kandi yavuze ko nawe afite icyerekezo kimeze nk’icya Madamu Jeannette Kagame mu gufasha no guteza imbere abagore, abinyujije muri gahunda yise “Plus Fortes”.

Iyo gahunda igamije ahanini guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo.

Madamu Jeannette Kagame yashimiye mugenzi we wa Kongo Kinshasa, anamwizeza ubufatanye mu rugamba yatangiye rwo guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abakobwa n’abagore mu gihugu cye cya Kongo Kinshasa.

Ati “Hari isano risanzwe hagati ya Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo n’u Rwanda. Ikirenze kuri ibyo kandi, n’ubwo hari ibibazo byahindanyije amateka dusangiye, buri gihe twahoranaga ibiduhuza binyuze mu buhahirane hagati y’abaturage baturiye imipaka ihuza ibihugu byacu.

Ku bitureba by’umwihariko, muvandimwe Denise nk’uko wabisabye, binyuze mu muryango Imbuto Foundation, gahunda yanyu mwise ‘Plus Fortes’, ifitanye isano n’ibikorwa dukora mu muryango Imbuto Foundation nashinze.

Twashyizeho uburyo bwo guteza imbere imibereho myiza binyuze mu bukangurambaga ku buzima bw’umubyeyi utwite yabiteganyije cyangwa bimutunguye, ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina cyangwa se guta amashuri”.

Madamu Jeannette Kagame kandi yijeje mugenzi we Denyise Tshisekedi ko imiryango y’umuryango Imbuto Foundation izahora ifunguye, kugirango hakomeze kubaho ubufatanye.

Mbere y’uko basangira ku meza, abafasha b’ibihugu byombi babanje kwerekwa umukino witwa ‘We call it Love’, ugaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Muri uwo mukino hagaragajwe intambwe yatewe mu gutanga no gusaba imbabazi, nk’inzira yo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.

Madamu Denise Tshisekedi yageze mu Rwanda mu gitondo cyo ku cyumweru 09 Kamena 2019, yinjiriye ku mupaka munini uzwi nka ‘La corniche’, uhuza u Rwanda na Kongo Kinshasa mu karere ka Rubavu n’umujyi wa Goma.

Ni ibirori byanizihijwe n'abaririmbyi bafite amajwi anogeye ugutwi

Ni ibirori byanizihijwe n’abaririmbyi bafite amajwi anogeye ugutwi
Src : KT

2019-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Ubwanditsi 06 Dec 2018
Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Inama y’abakuru b’ibihugu bya EAC yasubitswe ishyirwa umwaka utaha

Ubwanditsi 19 Nov 2019
Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwiru muri Sena y’u Bufaransa mu kiganiro cy’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 10 Mar 2020
Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

RUSHYASHYA 24 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe
Amakuru

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Ubwanditsi 07 Nov 2020
Tomas Nahimana na Politiki ye y’ikinyoma
POLITIKI

Tomas Nahimana na Politiki ye y’ikinyoma

Ubwanditsi 18 Jun 2016
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe
INKURU NYAMUKURU

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Ubwanditsi 13 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru