• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Ubwanditsi 01 Nov 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko kurengera urusobe rw’ibinyabuzima ari inshingano ya buri wese, asaba ibihugu kwishakamo ibisubizo mbere yo kumva ko hari abanyamahanga bazaza kubibakorera.

Yabigarutseho mu nama y’iminsi itatu yateguwe na African Leadership University (ALU), yitabiriwe n’abagera kuri 300 baturutse mu bihugu 35, hagamijwe kuganira ku kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, kuzamura ubukungu no guhanga imirimo ibushingiyeho.

Yavuze ko kimwe n’abaturage b’u Rwanda, urusobe rw’ibinyabuzima rwahuye n’ingaruka n’ibizazane mu myaka ishize byaba karemano cyangwa ibyazanywe n’abantu, ariko kubirengera byabaye inshingano za buri wese mu myaka 25 ishize.

Ubu ubukerarugendo mu Rwanda buza ku isonga mu kwinjiza amadovize.

Perezida Kagame yagaragaje ko abayobozi bakwiye kumva ko kurengera urusobe rw’ibinyabuzima ari ikintu cy’ingenzi, yifashisha urugero rw’inama yigeze kwitabira muri Amerika hamwe n’abandi bayobozi bo muri Afurika, yarimo abakire, abagiraneza n’abandi.

Mu kiganiro ku kurengera Inzovu zikomeza kwicwa n’abashaka amahembe yazo, abayobozi ngo bakurikiranye basaba gufashwa ariko ntibakomoze ku nkunga nyayo bakeneye, abaza bamwe niba ari amafaranga bashaka.

Icyo gihe ngo yagaragaje ko usanga rimwe na rimwe ba rushimusi bakorana n’abakozi ba za guverinoma, baba abapolisi babatiza imbunda cyangwa n’abasirikare.

Ati “Ni gute mutekereza ko bazaza guhagarika abari muri ibi bikorwa bangiza bakanica ibinyabuzima? Ntabwo ari aba bagiraneza bazaza guhangana n’abasirikare bagira uruhare muri ibyo bikorwa byo gushimuta no kwica inzovu. Ni twe ubwacu bigomba guheraho, abayobozi b’ibihugu byacu, kugira ngo dukore ku buryo duhagurukira abo bayobozi.”

“Kubigira ibyacu ni ibintu tugomba guheraho, abayobozi tugomba gufata iya mbere kurusha kuba twasaba inkunga, inkunga izaza hari abashaka kuyitanga, ariko bazafasha abakeneye gufashwa kandi bari gukora ibishoboka kugira ngo batere intambwe.”

Perezida Kagame yavuze ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kurengera ibinyabuzima ituma rwinjira mu bufatanye n’ibindi bigo, burimo ‘Visit Rwanda’ ku bufatanye n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, ikipe anabereye umufana ukomeye.

Hari n’ubufatanye na Alibaba Group, bugamije gutuma abantu benshi barushaho gusura u Rwanda.

Ati “Ibi bikorwa bizatuma umubare munini w’abakerarugendo usura igihugu cyacu n’ibyiza by’u Rwanda, bizamure inyungu iva mu bukerarugendo, guhanga imirimo, binagabanye ikinyuranyo mu byo twohereza n’ibyo dutumiza hanze.”

“Bizanongera inyungu igera ku baturiye za pariki z’igihugu, binatume barushaho kurengera ibidukikije. Icya kabiri, ubufatanye bwacu n’abafatanyabikorwa mu kurengera ibidukikije, buri gutuma twongera ubumenyi ku rusobe rw’ibinyabuzima.”

Ubwo bumenyi ngo bugira uruhare mu kugarura muri pariki inyamaswa zahahoze ariko zikaza gucika no mu kwiyongera kw’izisanzwe.

Yavuze ko mu gihe ibihugu bikomeje guharanira iyoroshywa ry’urujya n’uruza muri Afurika n’Ishyirwaho ry’Isoko rusange rya Afurika, bizazana amahirwe mu kurushaho kwita no kubyaza umusaruro urusobe rw’ibinyabuzima.

Fred Swaniker washinze ALU ubu inafite ishuri ryo kwita ku rusobe rw’ibinyabuzima, yashimangiye ko “abayobozi bakwiye kubona urusobe rw’ibinyabuzima nk’andi mahirwe yo guteza imbere ubukungu.”

Ati “Dukeneye kongera abantu muri Afurika bafite impano n’ubushobozi bwo guhanga ibishya muri uru rwego, ni yo ntego y’ishuri ryigisha ibirebana n’urusobe rw’ibinyabuzima.”

Ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 438 z’amadolari ya Amerika mu 2017, intego ikaba ko mu 2024 inyungu yabwo izaba igeze kuri miliyoni $800.

Amafoto: Village Urugwiro

2018-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge  za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

RDC: Abayobozi bemeye ko impungenge za Ambasade ya Amerika zo guterwa zifite ishingiro

Ubwanditsi 01 Dec 2018
DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

Ubwanditsi 29 Jul 2016
Amahoro ku isi: u Rwanda rwazamutseho imyanya 24, u Burundi umwanya 1

Amahoro ku isi: u Rwanda rwazamutseho imyanya 24, u Burundi umwanya 1

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe
HIRYA NO HINO

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Ubwanditsi 16 Jul 2019
Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo
Mu Mahanga

Gakenke: Polisi y’u Rwanda yakanguriye abaturage kwirinda ihohoterwa ryo mu ngo

Ubwanditsi 02 May 2016
Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?
Amakuru

Gushyira Julie d’Andurain, umugore wahagurukiye gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komisiyo isesengura uruhare rw’Ubufaransa muri iyo jenoside, si ugushakira amata ku kimasa?

Ubwanditsi 13 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru