• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Ubwanditsi 01 Nov 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko kurengera urusobe rw’ibinyabuzima ari inshingano ya buri wese, asaba ibihugu kwishakamo ibisubizo mbere yo kumva ko hari abanyamahanga bazaza kubibakorera.

Yabigarutseho mu nama y’iminsi itatu yateguwe na African Leadership University (ALU), yitabiriwe n’abagera kuri 300 baturutse mu bihugu 35, hagamijwe kuganira ku kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, kuzamura ubukungu no guhanga imirimo ibushingiyeho.

Yavuze ko kimwe n’abaturage b’u Rwanda, urusobe rw’ibinyabuzima rwahuye n’ingaruka n’ibizazane mu myaka ishize byaba karemano cyangwa ibyazanywe n’abantu, ariko kubirengera byabaye inshingano za buri wese mu myaka 25 ishize.

Ubu ubukerarugendo mu Rwanda buza ku isonga mu kwinjiza amadovize.

Perezida Kagame yagaragaje ko abayobozi bakwiye kumva ko kurengera urusobe rw’ibinyabuzima ari ikintu cy’ingenzi, yifashisha urugero rw’inama yigeze kwitabira muri Amerika hamwe n’abandi bayobozi bo muri Afurika, yarimo abakire, abagiraneza n’abandi.

Mu kiganiro ku kurengera Inzovu zikomeza kwicwa n’abashaka amahembe yazo, abayobozi ngo bakurikiranye basaba gufashwa ariko ntibakomoze ku nkunga nyayo bakeneye, abaza bamwe niba ari amafaranga bashaka.

Icyo gihe ngo yagaragaje ko usanga rimwe na rimwe ba rushimusi bakorana n’abakozi ba za guverinoma, baba abapolisi babatiza imbunda cyangwa n’abasirikare.

Ati “Ni gute mutekereza ko bazaza guhagarika abari muri ibi bikorwa bangiza bakanica ibinyabuzima? Ntabwo ari aba bagiraneza bazaza guhangana n’abasirikare bagira uruhare muri ibyo bikorwa byo gushimuta no kwica inzovu. Ni twe ubwacu bigomba guheraho, abayobozi b’ibihugu byacu, kugira ngo dukore ku buryo duhagurukira abo bayobozi.”

“Kubigira ibyacu ni ibintu tugomba guheraho, abayobozi tugomba gufata iya mbere kurusha kuba twasaba inkunga, inkunga izaza hari abashaka kuyitanga, ariko bazafasha abakeneye gufashwa kandi bari gukora ibishoboka kugira ngo batere intambwe.”

Perezida Kagame yavuze ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kurengera ibinyabuzima ituma rwinjira mu bufatanye n’ibindi bigo, burimo ‘Visit Rwanda’ ku bufatanye n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, ikipe anabereye umufana ukomeye.

Hari n’ubufatanye na Alibaba Group, bugamije gutuma abantu benshi barushaho gusura u Rwanda.

Ati “Ibi bikorwa bizatuma umubare munini w’abakerarugendo usura igihugu cyacu n’ibyiza by’u Rwanda, bizamure inyungu iva mu bukerarugendo, guhanga imirimo, binagabanye ikinyuranyo mu byo twohereza n’ibyo dutumiza hanze.”

“Bizanongera inyungu igera ku baturiye za pariki z’igihugu, binatume barushaho kurengera ibidukikije. Icya kabiri, ubufatanye bwacu n’abafatanyabikorwa mu kurengera ibidukikije, buri gutuma twongera ubumenyi ku rusobe rw’ibinyabuzima.”

Ubwo bumenyi ngo bugira uruhare mu kugarura muri pariki inyamaswa zahahoze ariko zikaza gucika no mu kwiyongera kw’izisanzwe.

Yavuze ko mu gihe ibihugu bikomeje guharanira iyoroshywa ry’urujya n’uruza muri Afurika n’Ishyirwaho ry’Isoko rusange rya Afurika, bizazana amahirwe mu kurushaho kwita no kubyaza umusaruro urusobe rw’ibinyabuzima.

Fred Swaniker washinze ALU ubu inafite ishuri ryo kwita ku rusobe rw’ibinyabuzima, yashimangiye ko “abayobozi bakwiye kubona urusobe rw’ibinyabuzima nk’andi mahirwe yo guteza imbere ubukungu.”

Ati “Dukeneye kongera abantu muri Afurika bafite impano n’ubushobozi bwo guhanga ibishya muri uru rwego, ni yo ntego y’ishuri ryigisha ibirebana n’urusobe rw’ibinyabuzima.”

Ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 438 z’amadolari ya Amerika mu 2017, intego ikaba ko mu 2024 inyungu yabwo izaba igeze kuri miliyoni $800.

Amafoto: Village Urugwiro

2018-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Itangazo rya PL rigenewe Abanyamakuru

Ubwanditsi 06 Nov 2017
Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Ubwanditsi 23 Sep 2019
General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Ubwanditsi 01 Mar 2025
FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

RUSHYASHYA 13 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza  buvuye ku izima bwemeye  imishyikirano n’ababurwanya
Mu Rwanda

Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuye ku izima bwemeye imishyikirano n’ababurwanya

Ubwanditsi 17 Jan 2016
Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu  rizwi nka Rwandan Epic
Amakuru

Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic

Ubwanditsi 30 Nov 2025
Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu

Ubwanditsi 27 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru