• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Abagiraneza si bo bazahangana n’abajya mu byo gushimuta inyamaswa – Kagame

Ubwanditsi 01 Nov 2018 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko kurengera urusobe rw’ibinyabuzima ari inshingano ya buri wese, asaba ibihugu kwishakamo ibisubizo mbere yo kumva ko hari abanyamahanga bazaza kubibakorera.

Yabigarutseho mu nama y’iminsi itatu yateguwe na African Leadership University (ALU), yitabiriwe n’abagera kuri 300 baturutse mu bihugu 35, hagamijwe kuganira ku kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, kuzamura ubukungu no guhanga imirimo ibushingiyeho.

Yavuze ko kimwe n’abaturage b’u Rwanda, urusobe rw’ibinyabuzima rwahuye n’ingaruka n’ibizazane mu myaka ishize byaba karemano cyangwa ibyazanywe n’abantu, ariko kubirengera byabaye inshingano za buri wese mu myaka 25 ishize.

Ubu ubukerarugendo mu Rwanda buza ku isonga mu kwinjiza amadovize.

Perezida Kagame yagaragaje ko abayobozi bakwiye kumva ko kurengera urusobe rw’ibinyabuzima ari ikintu cy’ingenzi, yifashisha urugero rw’inama yigeze kwitabira muri Amerika hamwe n’abandi bayobozi bo muri Afurika, yarimo abakire, abagiraneza n’abandi.

Mu kiganiro ku kurengera Inzovu zikomeza kwicwa n’abashaka amahembe yazo, abayobozi ngo bakurikiranye basaba gufashwa ariko ntibakomoze ku nkunga nyayo bakeneye, abaza bamwe niba ari amafaranga bashaka.

Icyo gihe ngo yagaragaje ko usanga rimwe na rimwe ba rushimusi bakorana n’abakozi ba za guverinoma, baba abapolisi babatiza imbunda cyangwa n’abasirikare.

Ati “Ni gute mutekereza ko bazaza guhagarika abari muri ibi bikorwa bangiza bakanica ibinyabuzima? Ntabwo ari aba bagiraneza bazaza guhangana n’abasirikare bagira uruhare muri ibyo bikorwa byo gushimuta no kwica inzovu. Ni twe ubwacu bigomba guheraho, abayobozi b’ibihugu byacu, kugira ngo dukore ku buryo duhagurukira abo bayobozi.”

“Kubigira ibyacu ni ibintu tugomba guheraho, abayobozi tugomba gufata iya mbere kurusha kuba twasaba inkunga, inkunga izaza hari abashaka kuyitanga, ariko bazafasha abakeneye gufashwa kandi bari gukora ibishoboka kugira ngo batere intambwe.”

Perezida Kagame yavuze ko intambwe u Rwanda rumaze gutera mu kurengera ibinyabuzima ituma rwinjira mu bufatanye n’ibindi bigo, burimo ‘Visit Rwanda’ ku bufatanye n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, ikipe anabereye umufana ukomeye.

Hari n’ubufatanye na Alibaba Group, bugamije gutuma abantu benshi barushaho gusura u Rwanda.

Ati “Ibi bikorwa bizatuma umubare munini w’abakerarugendo usura igihugu cyacu n’ibyiza by’u Rwanda, bizamure inyungu iva mu bukerarugendo, guhanga imirimo, binagabanye ikinyuranyo mu byo twohereza n’ibyo dutumiza hanze.”

“Bizanongera inyungu igera ku baturiye za pariki z’igihugu, binatume barushaho kurengera ibidukikije. Icya kabiri, ubufatanye bwacu n’abafatanyabikorwa mu kurengera ibidukikije, buri gutuma twongera ubumenyi ku rusobe rw’ibinyabuzima.”

Ubwo bumenyi ngo bugira uruhare mu kugarura muri pariki inyamaswa zahahoze ariko zikaza gucika no mu kwiyongera kw’izisanzwe.

Yavuze ko mu gihe ibihugu bikomeje guharanira iyoroshywa ry’urujya n’uruza muri Afurika n’Ishyirwaho ry’Isoko rusange rya Afurika, bizazana amahirwe mu kurushaho kwita no kubyaza umusaruro urusobe rw’ibinyabuzima.

Fred Swaniker washinze ALU ubu inafite ishuri ryo kwita ku rusobe rw’ibinyabuzima, yashimangiye ko “abayobozi bakwiye kubona urusobe rw’ibinyabuzima nk’andi mahirwe yo guteza imbere ubukungu.”

Ati “Dukeneye kongera abantu muri Afurika bafite impano n’ubushobozi bwo guhanga ibishya muri uru rwego, ni yo ntego y’ishuri ryigisha ibirebana n’urusobe rw’ibinyabuzima.”

Ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 438 z’amadolari ya Amerika mu 2017, intego ikaba ko mu 2024 inyungu yabwo izaba igeze kuri miliyoni $800.

Amafoto: Village Urugwiro

2018-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Kwa Petoro Nkurunziza haranuka urunturuntu

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila

Ubwanditsi 26 May 2025
Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Ubwanditsi 07 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame
Mu Rwanda

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2017
Uganda: Urubanza rwa Gen Kayihura rwashyizwe mu Ukwakira
POLITIKI

Uganda: Urubanza rwa Gen Kayihura rwashyizwe mu Ukwakira

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !
Amakuru

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Ubwanditsi 16 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru