• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuye ku izima bwemeye imishyikirano n’ababurwanya

Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuye ku izima bwemeye imishyikirano n’ababurwanya

Ubwanditsi 17 Jan 2016 Mu Rwanda

Nyuma y’igihe kirekire ubutegetsi mu Burundi bugaragaza yuko butiteguye kugirana imishyikirano n’ababurwanya noneho bwavuye ku izima bwemera yuko bwiteguye kujya mu mishyikirano nta mananiza ayo ariyo yose.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi, Allain Nyamitwe, ejo ku mugoroba yabwiye abanyamakuru i Daer es Salaam yuko kubera impamvu zo gushaka gukura igihugu mu kaga kirimo Bujumbura yiteguye kugirana imishyikirano n’umuntu uwo ariwe wese wafasha ngo ayo mahoro agaruke mu gihugu, hatitawe ku mutwe wa politike cyangwa ishyirahamwe yaba arimo !

Ubutegetsi mu Burundi kwemera imishyikirano nta mananiza bigomba kuba hari izindi mbaraga zibiri inyuma kuko bwari bumaze iminsi bwaranangiye buvuga yuko bugomba kugirana imishikirano n’uwo bwishakiye.

Ubwo imishyikirano y’Abarundi yatangizwaga Entebbe muri Uganda mu byumweru bubiri bishize, Nyamitwe yariyavuze yuko Bujumbura idashobora gupfa igiye mu mishyikirano n’abarwanya ubutegetsi cyane abari mu mugambi wo gushaka gukorera kudeta Nkurunziza cyangwa abagaragaje kuba bari bahuje umugambi. Abanyapolitike bose bahunze u Burundi, Bujumbura ibashyira muri ka gatebo k’abari bashyigikiye kudeta !

-1801.jpg

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Alain Nyamitwe

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Tanzania, Augustine Mahiga, nawe yaraye abwiye abanyamakuru aho Dar es Salaam yuko Burundi kuba bwemeye imishyikirano Bugomba kugira vuba na bwangu bukaganira na Uganda kugira ngo babeho inamayihutirwa y’Abaminisitiri b’umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ngo nayo itegure byihutirwa iy’abakuru b’ibihugu ngo bige kuri icyo kibazo cy’u Burundi.

Mahiga wari wicaranye na Nyamitwe muri icyo kiganiro n’abanyamakuru yavuze yuko baba byiza ibyo biganiro by’abarundi byatangira mu byumweru bibiri.

-1800.jpg

Agathon Rwasa mu mishyikirano Kampala

Perezida Museveni wa Uganda niwe watoranyijwe kuzaba umuhuza muri ibyo bibazo by’Abarundi, akaba yarahisemo yuko ibiganiro bizajya bibera Arasha muri Tanzania. Aho Arusha niho amasezerano yagaruye amahoro mu Burundi muri 2003, akaba ari nayo yateguriye Petero Nkurunziza inzira yo kujya ku butegetsi muri 2005.

Izo mvururu ziri mu Burundi zatewe n’uko Nkurunziza yashatse kwiyamamariza manda ya gatatu kandi ayo masezerano ya arusha ateganya manda ebyiri gusa z’imyaka itanu itanu.

Casmiry Kayumba

2016-01-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Ubwanditsi 06 Aug 2022
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023
Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, Myr Bimenyimana yashyinguwe

Ubwanditsi 16 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Areruya Joseph yegukanye agace ka 4 ka La Tropicale Amissa Bongo
IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye agace ka 4 ka La Tropicale Amissa Bongo

Ubwanditsi 19 Jan 2018
UEFA CL2016: Manchester City yabonye itike mu mukino warangiye harimo abakinnyi 20
IMIKINO

UEFA CL2016: Manchester City yabonye itike mu mukino warangiye harimo abakinnyi 20

Ubwanditsi 24 Nov 2016
Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.
Amakuru

Igitutu cya M23 cyasohoye Tshisekedi mu bitaro adakize, none uburwayi bumuvugishije amangambure.

Ubwanditsi 07 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru