• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yanyagiye Espoir imbere ya Mamelodi ihita ifata umwanya wa mbere

Rayon Sports yanyagiye Espoir imbere ya Mamelodi ihita ifata umwanya wa mbere

Ubwanditsi 05 Mar 2018 IMIKINO

Umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Espoir  ku munsi w’ejo warangiye ku ntsinzi ya Rayon Sports y’ibitego 3 ku busa bituma ihita ifata umwanya wa mbere n’amanota 24.

Uyu mukino waberaga kuri sitade ya Kigali Rayon Sports yari yakiriye Espoir FC, wari umukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona.

Rayon Sports yongeye kwereka abafana bayo wa mupira bakunda wo gusatira ndetse no guhererekanya cyane. Ibi ni nabyo byajr gutuma banatsinda ibitego byinshi, gusa Espoir yabanje kwihagararaho ihagarika ubusatirizi bwa Rayon Sports bwari buyobowe na Christ Mbondi na Bimenyimana Bonfils Caleb.

Gusa ku munota wa 42 Mbondi yahise ayitsinda igitego cya mbere ku mupira w’umuterekano wari utewe na Manishimwe Djabel usanga Manzi Thierry awukoraho awuhereza Mbondi ahita atera ishomu mu izamu atsinda igitego cya mbere.

Igice cya mbere cyarangiye ku gitego kimwe cya Rayon Sports, igice cya kabiri kigitangira Muhire Kevin yahise asimbura Manishimwe Djabel.

Kevin yahise ahurirana n’ikosa rya Espoir maze arihannye atera umupira mwiza imbere y’izamu maze Caleb ashyiraho umutwe atsinda igitego cya kabiri.

Umukino wakomeje gukomeza Rayon Sports isatira cyane ibifashinjwemo na Muhire Kevin wahise uyobora umukino neza ariko na Espoir ikanyuzamo ikagera imbere y’izamu Rayon Sports ari nako abatoza bombi bakora impinduka mu bakinnnyi.

Umupira wenda kurangira ku munota wa 92 Nyandwi Sadam wakinnye neza uyu mukino yahinduye umupira imbere y’izamu rya Espoir maze Christ Mbondi atsinda igitego cya 3 kikaba icya 2 kuri we.

Rayon Sports yarangije umukino itsinze ibitego 3 ku busa bwa Espoir , uyu wari umukino wa mbere umutoza Ivan Jacky Minnaert yicaye ku ntebe y’ubutoza kuva yahabwa akazi ko gusimbura Kerekezi Olivier.

Rayon Sports ihise ifata umwanya wa mbere n’amanota 24 inganya na Kiyovu Sports ariko Rayon Sports ikaza imbere kuko yatsinze umukino wabahuje ndetse ikanazigama ibiteho byinshi 9 mu gihe Kiyovu izigamye ibitego 6.

Uyu mukino kandi warebwe n’abakinnyi b’ikipe ya Mamelod Sundowns izakina na Rayon Sports kuwa gatatu mu marushanwa ya Champions League.

Abakinnyi nka Ndayishimiye Eric ’Bakame’, Nyandwi Saddam, Eric Irambona Gisa, Manzi Thierry, Usengimana Faustin, Mutsinzi Ange ’Jimmy’, Mugisha Francois, Mukunzi Yannick, Manishimwe Djabel, Bimenyimana Bonfils Caleb, Christ Mbondi nibo Rayon Sports yabanje mu kibuga.

2018-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2022 ihurirayo na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports

Police FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2022 ihurirayo na Bugesera FC yasezereye Rayon Sports

Ubwanditsi 24 Apr 2024
APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL

APR FC, Rayon Sports na Etoile de l’Est mu makipe yitwaye neza, Police na As Kigali zitsindwa ku munsi wa 23 PNL

Ubwanditsi 04 Mar 2024
APR FC yasinyishije rutahizamu mushya w’Umunya-Burkina Faso, Cheick Djibril Ouattara

APR FC yasinyishije rutahizamu mushya w’Umunya-Burkina Faso, Cheick Djibril Ouattara

Ubwanditsi 23 Jan 2025
Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Ubwanditsi 06 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

NEC igiye kuvugurura lisiti nshya y’abazitabira amatora y’abadepite
POLITIKI

NEC igiye kuvugurura lisiti nshya y’abazitabira amatora y’abadepite

Ubwanditsi 25 Apr 2018
Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati
ITOHOZA

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi
IMIKINO

Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Ubwanditsi 10 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru