• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Umunyamuryango wa RPF-Inkotanyi, Sadate Munyakazi yiyamye imbuzabunwa z’ibigarasha n’abajenosideri. 

Ubwanditsi 25 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Mu minsi yashize, ubwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yashyiragaho abagize Guverinoma, ku mbuga nkoranyambaga hari benshi bibasiwe, nanjye ndimo, ngo twari tuzi ko ibyo dukora tuzabihererwa ingororano yo kwinjizwa muri guveninima. Ibi ni ibitekerezo ( biboze)byakwirakwijwe na ba bandi muzi[ndlr: Ibigarasha n’abajenosideri].

Hari n’abavuze ngo nirirwa nsakuza kuri Twitter, yewe ngo nanazengurutse Igihugu mbyinira umwanya muri Leta. Burya injiji zicwa no kutabimenya koko!

Reka mbabwire rero: 

1. Nabyiniye umukunzi wanjye Paul Kagame: RUDASUMBWA, RUDATSINDWA, UWIKIRENGA, uwarokoye uRwanda n’Abanyarwanda. Namubyiniye kuko mukunda, kandi nzamukundana n’abe bose, n’ibye byose. Ibyo ntunze byose ni ibye, nanjye ubwanjye ndi uwe.

2. Nabyiniye MPINGANZIMA, First Lady w’u Rwanda, akaba umubyeyi uhorana impuhwe, akarangwa n’ineza n’urugwiro, akaba UWIKIRENGA, ibi kandi mbimukundira bidasubirwaho. Uyu nzahora muhanze amaso, nzamukunda n’abe bose, icyo avuze cyose kizaba kibaye itegeko kuri njyewe ndetse n’umuryango wanjye, kuko muri we tubona ituze n’amahoro. Nizere ko “volume” ihagije, niba ari nkeya kandi mumbwire nzamure.

3. Nabyiniye RPF-INKOTANYI muri iyi myaka 30 ishize, nzanayibyinira indi myaka nsigaje kubaho, yo yandokoye , tugirana igihango uwampaye inka! Yabohoye u Rwanda, yimakaza ubumwe, igarura umutekano, byose bituganisha ku iterambere aka kanya rituryoheye.

4. Nabyiniye u Rwanda n’Abanyarwanda kuko ntewe ishema no kwitwa Umunyarwanda, kandi nzahora mbabyinira uwampaye inka!

Muvandimwe dusangiye u Rwanda na Paul Kagame, ibyo uzakora byose uzabikorere u Rwanda n’abanyarwanda. Ntuzabikorere imyanya y’ubuyobozi uharanira, kuko imyanya irashira ariko uRwanda n’Abanyarwanda bizahoraho.

Iyo uharanira imyanya y’ubuyobozi, ujye umenya ko uharanira inda yawe, kandi iyo uyobowe n’inda nta kibi itagukoresha. Birangira uguye mu mwanda, ukarangira utaye icyubahiro n’ikuzo, ukaba usuzuguritse, ugatera isoni abawe n’abari bakwizeye.

Iyo uharanira imyanya ugera aho ukarambirwa, umutima wawe ukuzura urwango, ugakoreshwa n’inda mbi nka Samuel Baker Byansi.

Ni mu gihe abaharanira Igihugu cyacu twe tudacogora, duhora mu b’imbere. Duhorana urukundo dukomora ku batubanjirije, tukaba abadahigwa n’abanyamurava, maze bikaduhesha icyubahiro, ku gihugu cyacu no ku bagituye.

Dukunde Igihugu cyacu. Tugikorere ibyiza byose bishoboka, uyu ube umurage no ku bazadukomokaho.

Iyo ukoze ibi, Igihugu nacyo kiguha n’ibirenze ibitekerezwa n’abana b’abantu.

2024-08-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Ubwanditsi 29 Nov 2023
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye isiganwa Singapore Grand Prix 2022 ryatwawe na Sergio Perez

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye isiganwa Singapore Grand Prix 2022 ryatwawe na Sergio Perez

Ubwanditsi 03 Oct 2022
PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

PSG Academy Rwanda yageze i Kigali izanye igikombe cy’Isi, Zamalek yaraye itsinzwe muri BAL 2022, abasiganwa ku magare baritegura kwerekeza muri Cameroon

Ubwanditsi 26 May 2022
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.
Amakuru

Philippe Mpayimana wigeze kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda, yatangije gahunda yo kurwanya abiyita abanyapolitiki bafite umugambi mubisha wo kumena amaraso y’Abanyarwanda.

Ubwanditsi 19 Oct 2020
Dore Uburyo Wakwemeza Umukobwa Muhuye bwa Mbere Mukubakana Urukundo Rudasanzwe hagati Yanyu
HIRYA NO HINO

Dore Uburyo Wakwemeza Umukobwa Muhuye bwa Mbere Mukubakana Urukundo Rudasanzwe hagati Yanyu

Ubwanditsi 05 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru