• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Ubwanditsi 09 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uruzinduko rw’Umwami Philippe w’Ububiligi n’Umwamikazi Mathilde muri Kongo, ruhuriranye n’ intambara hagati y’ ingabo za Kongo n’ Umutwe wa M23. Amakuru ava ku rugamba aravuga ko mu minsi 2 ishize uwo mutwe wigaruriye uduce twinshi muri Kivu y’ Amajyaruguru, abasesenguzi bakavuga ko ari ubutumwa M23 ishaka guha Umwami Philippe, buvuga ko ifite imbaraga zo guhindura amateka.

Kuva iyi ntambara yarushaho guca ibintu mu mpera z’ ukwezi gushize kwa Gicurasi, ndetse ingabo za Kongo zikirukanwa mu birindiro byinshi, abategetsi ba Kongo babuze uko basobanura impamvu ingabo zabo zitsindwa ku rugamba, maze babeshya isi yose ko M23 ifashwa n’u Rwanda.

Uru ruzinduko rero rwagombye kubera Ububiligi n’ umuryango mpuzamahanga muri rusange, umwanya wo gusobanukirwa ko ntaho u Rwanda ruhuriye n’ ibibazo Abanyekongo bafitanye hagati yabo, kandi bakaba aribo bagomba kubyirangiriza.

Nk’uko bisanzwe bigenda mu bihugu byo muri aka karere iyo havutse ibibazo bya politiki, abaturage bo mu bwoko bw’ Abatutsi nibo bibasirwa. N’ubu rero muri Kongo abategetsi bitwaje iyo ntambara bategeka guhiga bukware abaturage biganjemo Abatutsi, bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda.

Abahigwa bumvise urwo ruzinduko rw’ Umwami Philippe bariruhutsa, bibwira ko ashobora kumvisha ubutegetsi bwa Kongo ko ibikorerwa abaturage babo bavuga ikinyarwanda ari jenoside, kandi ko ingaruka zayo zitabagwa amahoro.

Nyamara ubanza icyizere kizaraza amasinde, kuko uyu ubaye umunsi wa 2 w’ urwo ruzinduko, kandi Umwami w’ Ababiligi ntaranamagana ubwo bwicanyi n’ imvugo zikwiza urwango .

Umwami Philippe ntazagwe mu mutego w’ ikinyoma cy’ abategetsi ba Kongo babeshya ngo umutwe wa M23 ugizwe n’ Abatutsi bafashwa n’u Rwanda.

Uyu uzamubere umwanya wo kumenya ko M23 igizwe n’ abaturage bo mu bwoko bunyuranye bw’ Abanyekongo, bityo Abatutsi n’ abandi bavuga ikinyarwanda bakaba badakwiye kuzizwa intambara ya M23.

Uretse umugaba mukuru w’ ingabo za M23, Jenerali Sultan Makenga wo mu bwoko bw’ Abatutsi b’ Abanyekongo, abandi bose bayobora uwo mutwe ni abo mu moko anyuranye y’Abanyekongo. Perezida Bertrand Bisimwa, ni uwo mu bwoko bw’ Abashi, umwungirije Pasteur Runiga akaba Umuhavu. Uwitwa Vianney Kazarama bivugwa ko ari Umuhutu wo muri Kivu y’Amajyaruguru. Major Willy Ngoma, umuvugizi wa M23 ni Umunande, n’abandi benshi batagize aho bahurira n’uRwanda.

Si ubwa mbere Kongo ibayemo intambara ziyobowe n’abakomoka mu moko anyuranye. Igitangaje ni ukubona M23 yo itangira intambara, ivuga ko iharanira imiyoborere iha buri muyenyongo uburenganzira bwe, Abatutsi bakaba aribo babizira.

Abasesenguzi bahamya ko iyi ngengabitekerezo ya JenosideAbanyekongo bayandujwe n’ abasize batsembye Abatutsi muw’ 1994 bagahungira muri Kongo. Bagezeyo bafatwa nk’ amata y’abashyitsi, ndetse ubu FDLR y’abajenosideri irafatanya n’ ingabo za Kongo ku rugamba.

Tugarutse mu mateka, muw’ 1960 umunyakatanga Moïse Tchombe yatangije intambara yo guharanira ubwigenge bw’intara ya Katanga, ariko abaturage b’Abanyakatanga ntibahizwe bukware nk’ uko Abatutsi bamerewe ubu.

Muw’ 1964, Pierre Mulele wo mu bwoko bw’ Ababambala yari umukuru w’inyeshyamba za ‘‘Mulele’’, nyamara abaturage bo muri ubwo bwoko ntibishwe. Cyabaye ikibazo cy’ umuntu ku giti cye, Abaturage b’ Ababambala ntibahutazwa.

Laurent Désiré Kabila w’Umubalubakati yategetse AFDL, ariko ntibyatumye Ababalukati bicwa, ahubwo hibasiwe Abanyamulenge, kubera gusa Bizima Karaha na Déogratias Bugera bari mu buyobozi bwa AFDL. Ni nako byagenze ubwo havukaga RCD ya ba Emile Ilunga w’Umuluba na Adolphe Onusuba w’ Umutetela, nyamara Abanyamulenge bagahohoterwa bikomeye, bazira gusa na Azzarias Ruberwa, Umunyamulenge rukumbi wari mu buyobozi bwa RCD.

Ingero ni nyinshi zerekana ko intambara za Kongo zagiye ziyoborwa n’abakomoka mu bwoko bunyuranye, kandi abaturage bo muri ubwo bwoko ntibakorerwe jenoside nk’ irimo gukorerwa Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’ umwihariko Abatutsi.

Mu gusoza, Umwami w’ Ababiligi ntakwiye kuzasoza uruzinduko rwe atumvise akababaro k’ izo nzirakarengane, kandi akamagana ku mugaragaro jenoside irimo kubakorerwa. Ntazitwaze ko atabimenye kandi yarigereye mu gihugu kirimo kuberamo jenoside.

Ikibazo rero ni uko, aho kugira inama Perezida Tshisekedi n’ ibyegera bye yo kurangiza ibibazo mu nzira y’ ibiganiro, Ububiligi busa n’ ushishikariza ubutegetsi bwa Kongo inzira y’ intambara, ndetse ngo bukazabafasha kuyirwana. Ni bya bindi ngo’’usenya urwe umutiza umuhoro’’!

Njye nakongeraho nti ‘’bakubeshya ko uri intwari, rwamara kurema bakagutererana’’. Ukraine ni urugero rwiza rw’abashorwa mu ntambara badashoboye.

2022-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ibigo n’amashuri bya Polisi zo mu karere basuzumiye hamwe uko hatezwa imbere ireme ry’amasomo batanga

Ubwanditsi 26 Jan 2016
REG VC, Police VC, Kepler VC na APR VC yabonye itike yo gukina imikino ya kamarampaka muri Volleyball 2024

REG VC, Police VC, Kepler VC na APR VC yabonye itike yo gukina imikino ya kamarampaka muri Volleyball 2024

Ubwanditsi 06 May 2024
Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Ubwanditsi 11 Sep 2024
Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

RUSHYASHYA 18 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese
Mu Rwanda

Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ubwanditsi 10 Mar 2016
Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma
Amakuru

Rayon Sports yegukanye umwanya wa gatatu w’igikombe cy’Amahoro 2022 itsinze Police FC 4-0, APR FC irisobanura na AS Kigali ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 28 Jun 2022
Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye ikipe ya PSG yatsinzwe ibitego 4-1 mu mikino yombi ya 1/2.
Amakuru

Manchester City yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye ikipe ya PSG yatsinzwe ibitego 4-1 mu mikino yombi ya 1/2.

Ubwanditsi 05 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru