• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Ubwanditsi 09 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uruzinduko rw’Umwami Philippe w’Ububiligi n’Umwamikazi Mathilde muri Kongo, ruhuriranye n’ intambara hagati y’ ingabo za Kongo n’ Umutwe wa M23. Amakuru ava ku rugamba aravuga ko mu minsi 2 ishize uwo mutwe wigaruriye uduce twinshi muri Kivu y’ Amajyaruguru, abasesenguzi bakavuga ko ari ubutumwa M23 ishaka guha Umwami Philippe, buvuga ko ifite imbaraga zo guhindura amateka.

Kuva iyi ntambara yarushaho guca ibintu mu mpera z’ ukwezi gushize kwa Gicurasi, ndetse ingabo za Kongo zikirukanwa mu birindiro byinshi, abategetsi ba Kongo babuze uko basobanura impamvu ingabo zabo zitsindwa ku rugamba, maze babeshya isi yose ko M23 ifashwa n’u Rwanda.

Uru ruzinduko rero rwagombye kubera Ububiligi n’ umuryango mpuzamahanga muri rusange, umwanya wo gusobanukirwa ko ntaho u Rwanda ruhuriye n’ ibibazo Abanyekongo bafitanye hagati yabo, kandi bakaba aribo bagomba kubyirangiriza.

Nk’uko bisanzwe bigenda mu bihugu byo muri aka karere iyo havutse ibibazo bya politiki, abaturage bo mu bwoko bw’ Abatutsi nibo bibasirwa. N’ubu rero muri Kongo abategetsi bitwaje iyo ntambara bategeka guhiga bukware abaturage biganjemo Abatutsi, bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda.

Abahigwa bumvise urwo ruzinduko rw’ Umwami Philippe bariruhutsa, bibwira ko ashobora kumvisha ubutegetsi bwa Kongo ko ibikorerwa abaturage babo bavuga ikinyarwanda ari jenoside, kandi ko ingaruka zayo zitabagwa amahoro.

Nyamara ubanza icyizere kizaraza amasinde, kuko uyu ubaye umunsi wa 2 w’ urwo ruzinduko, kandi Umwami w’ Ababiligi ntaranamagana ubwo bwicanyi n’ imvugo zikwiza urwango .

Umwami Philippe ntazagwe mu mutego w’ ikinyoma cy’ abategetsi ba Kongo babeshya ngo umutwe wa M23 ugizwe n’ Abatutsi bafashwa n’u Rwanda.

Uyu uzamubere umwanya wo kumenya ko M23 igizwe n’ abaturage bo mu bwoko bunyuranye bw’ Abanyekongo, bityo Abatutsi n’ abandi bavuga ikinyarwanda bakaba badakwiye kuzizwa intambara ya M23.

Uretse umugaba mukuru w’ ingabo za M23, Jenerali Sultan Makenga wo mu bwoko bw’ Abatutsi b’ Abanyekongo, abandi bose bayobora uwo mutwe ni abo mu moko anyuranye y’Abanyekongo. Perezida Bertrand Bisimwa, ni uwo mu bwoko bw’ Abashi, umwungirije Pasteur Runiga akaba Umuhavu. Uwitwa Vianney Kazarama bivugwa ko ari Umuhutu wo muri Kivu y’Amajyaruguru. Major Willy Ngoma, umuvugizi wa M23 ni Umunande, n’abandi benshi batagize aho bahurira n’uRwanda.

Si ubwa mbere Kongo ibayemo intambara ziyobowe n’abakomoka mu moko anyuranye. Igitangaje ni ukubona M23 yo itangira intambara, ivuga ko iharanira imiyoborere iha buri muyenyongo uburenganzira bwe, Abatutsi bakaba aribo babizira.

Abasesenguzi bahamya ko iyi ngengabitekerezo ya JenosideAbanyekongo bayandujwe n’ abasize batsembye Abatutsi muw’ 1994 bagahungira muri Kongo. Bagezeyo bafatwa nk’ amata y’abashyitsi, ndetse ubu FDLR y’abajenosideri irafatanya n’ ingabo za Kongo ku rugamba.

Tugarutse mu mateka, muw’ 1960 umunyakatanga Moïse Tchombe yatangije intambara yo guharanira ubwigenge bw’intara ya Katanga, ariko abaturage b’Abanyakatanga ntibahizwe bukware nk’ uko Abatutsi bamerewe ubu.

Muw’ 1964, Pierre Mulele wo mu bwoko bw’ Ababambala yari umukuru w’inyeshyamba za ‘‘Mulele’’, nyamara abaturage bo muri ubwo bwoko ntibishwe. Cyabaye ikibazo cy’ umuntu ku giti cye, Abaturage b’ Ababambala ntibahutazwa.

Laurent Désiré Kabila w’Umubalubakati yategetse AFDL, ariko ntibyatumye Ababalukati bicwa, ahubwo hibasiwe Abanyamulenge, kubera gusa Bizima Karaha na Déogratias Bugera bari mu buyobozi bwa AFDL. Ni nako byagenze ubwo havukaga RCD ya ba Emile Ilunga w’Umuluba na Adolphe Onusuba w’ Umutetela, nyamara Abanyamulenge bagahohoterwa bikomeye, bazira gusa na Azzarias Ruberwa, Umunyamulenge rukumbi wari mu buyobozi bwa RCD.

Ingero ni nyinshi zerekana ko intambara za Kongo zagiye ziyoborwa n’abakomoka mu bwoko bunyuranye, kandi abaturage bo muri ubwo bwoko ntibakorerwe jenoside nk’ irimo gukorerwa Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’ umwihariko Abatutsi.

Mu gusoza, Umwami w’ Ababiligi ntakwiye kuzasoza uruzinduko rwe atumvise akababaro k’ izo nzirakarengane, kandi akamagana ku mugaragaro jenoside irimo kubakorerwa. Ntazitwaze ko atabimenye kandi yarigereye mu gihugu kirimo kuberamo jenoside.

Ikibazo rero ni uko, aho kugira inama Perezida Tshisekedi n’ ibyegera bye yo kurangiza ibibazo mu nzira y’ ibiganiro, Ububiligi busa n’ ushishikariza ubutegetsi bwa Kongo inzira y’ intambara, ndetse ngo bukazabafasha kuyirwana. Ni bya bindi ngo’’usenya urwe umutiza umuhoro’’!

Njye nakongeraho nti ‘’bakubeshya ko uri intwari, rwamara kurema bakagutererana’’. Ukraine ni urugero rwiza rw’abashorwa mu ntambara badashoboye.

2022-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Habura amasaha make ngo hatangazwe abakandida ndakuka mu matora ya FERWAFA, Gacinya yangiwe kwiyamamaza

Habura amasaha make ngo hatangazwe abakandida ndakuka mu matora ya FERWAFA, Gacinya yangiwe kwiyamamaza

Ubwanditsi 14 Jun 2023
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022
Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Nyampinga wa Gereza muri Kenya yakatiwe igihano cy’urupfu

Ubwanditsi 20 Jul 2018
Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Amateka akomeje gukorwa, Mukansanga Salima mu basifuzi b’umukino w’u Bufaransa na Australia w’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 22 Nov 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw
UBUKUNGU

2019/2020: Ingengo y’Imari y’igihugu yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw

Ubwanditsi 01 May 2019
APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe
IMIKINO

APR FC yatsinze Rayon Sports, ikoza imitwe y’intoki ku gikombe

Ubwanditsi 16 Jun 2018
Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge
ITOHOZA

Nta gahunda yo gutabariza Kigeli V Ndahindurwa mu Rwanda: Boniface Benzinge

Ubwanditsi 09 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru