• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Umwami w’Ububiligi, Philippe II, ari muri Kongo mu gihe Abanyekongo bavuga ikinyarwanda bakorerwa jenoside. Ese abahohoterwa hari icyiza bategereje kuri uru ruzinduko?

Ubwanditsi 09 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uruzinduko rw’Umwami Philippe w’Ububiligi n’Umwamikazi Mathilde muri Kongo, ruhuriranye n’ intambara hagati y’ ingabo za Kongo n’ Umutwe wa M23. Amakuru ava ku rugamba aravuga ko mu minsi 2 ishize uwo mutwe wigaruriye uduce twinshi muri Kivu y’ Amajyaruguru, abasesenguzi bakavuga ko ari ubutumwa M23 ishaka guha Umwami Philippe, buvuga ko ifite imbaraga zo guhindura amateka.

Kuva iyi ntambara yarushaho guca ibintu mu mpera z’ ukwezi gushize kwa Gicurasi, ndetse ingabo za Kongo zikirukanwa mu birindiro byinshi, abategetsi ba Kongo babuze uko basobanura impamvu ingabo zabo zitsindwa ku rugamba, maze babeshya isi yose ko M23 ifashwa n’u Rwanda.

Uru ruzinduko rero rwagombye kubera Ububiligi n’ umuryango mpuzamahanga muri rusange, umwanya wo gusobanukirwa ko ntaho u Rwanda ruhuriye n’ ibibazo Abanyekongo bafitanye hagati yabo, kandi bakaba aribo bagomba kubyirangiriza.

Nk’uko bisanzwe bigenda mu bihugu byo muri aka karere iyo havutse ibibazo bya politiki, abaturage bo mu bwoko bw’ Abatutsi nibo bibasirwa. N’ubu rero muri Kongo abategetsi bitwaje iyo ntambara bategeka guhiga bukware abaturage biganjemo Abatutsi, bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda.

Abahigwa bumvise urwo ruzinduko rw’ Umwami Philippe bariruhutsa, bibwira ko ashobora kumvisha ubutegetsi bwa Kongo ko ibikorerwa abaturage babo bavuga ikinyarwanda ari jenoside, kandi ko ingaruka zayo zitabagwa amahoro.

Nyamara ubanza icyizere kizaraza amasinde, kuko uyu ubaye umunsi wa 2 w’ urwo ruzinduko, kandi Umwami w’ Ababiligi ntaranamagana ubwo bwicanyi n’ imvugo zikwiza urwango .

Umwami Philippe ntazagwe mu mutego w’ ikinyoma cy’ abategetsi ba Kongo babeshya ngo umutwe wa M23 ugizwe n’ Abatutsi bafashwa n’u Rwanda.

Uyu uzamubere umwanya wo kumenya ko M23 igizwe n’ abaturage bo mu bwoko bunyuranye bw’ Abanyekongo, bityo Abatutsi n’ abandi bavuga ikinyarwanda bakaba badakwiye kuzizwa intambara ya M23.

Uretse umugaba mukuru w’ ingabo za M23, Jenerali Sultan Makenga wo mu bwoko bw’ Abatutsi b’ Abanyekongo, abandi bose bayobora uwo mutwe ni abo mu moko anyuranye y’Abanyekongo. Perezida Bertrand Bisimwa, ni uwo mu bwoko bw’ Abashi, umwungirije Pasteur Runiga akaba Umuhavu. Uwitwa Vianney Kazarama bivugwa ko ari Umuhutu wo muri Kivu y’Amajyaruguru. Major Willy Ngoma, umuvugizi wa M23 ni Umunande, n’abandi benshi batagize aho bahurira n’uRwanda.

Si ubwa mbere Kongo ibayemo intambara ziyobowe n’abakomoka mu moko anyuranye. Igitangaje ni ukubona M23 yo itangira intambara, ivuga ko iharanira imiyoborere iha buri muyenyongo uburenganzira bwe, Abatutsi bakaba aribo babizira.

Abasesenguzi bahamya ko iyi ngengabitekerezo ya JenosideAbanyekongo bayandujwe n’ abasize batsembye Abatutsi muw’ 1994 bagahungira muri Kongo. Bagezeyo bafatwa nk’ amata y’abashyitsi, ndetse ubu FDLR y’abajenosideri irafatanya n’ ingabo za Kongo ku rugamba.

Tugarutse mu mateka, muw’ 1960 umunyakatanga Moïse Tchombe yatangije intambara yo guharanira ubwigenge bw’intara ya Katanga, ariko abaturage b’Abanyakatanga ntibahizwe bukware nk’ uko Abatutsi bamerewe ubu.

Muw’ 1964, Pierre Mulele wo mu bwoko bw’ Ababambala yari umukuru w’inyeshyamba za ‘‘Mulele’’, nyamara abaturage bo muri ubwo bwoko ntibishwe. Cyabaye ikibazo cy’ umuntu ku giti cye, Abaturage b’ Ababambala ntibahutazwa.

Laurent Désiré Kabila w’Umubalubakati yategetse AFDL, ariko ntibyatumye Ababalukati bicwa, ahubwo hibasiwe Abanyamulenge, kubera gusa Bizima Karaha na Déogratias Bugera bari mu buyobozi bwa AFDL. Ni nako byagenze ubwo havukaga RCD ya ba Emile Ilunga w’Umuluba na Adolphe Onusuba w’ Umutetela, nyamara Abanyamulenge bagahohoterwa bikomeye, bazira gusa na Azzarias Ruberwa, Umunyamulenge rukumbi wari mu buyobozi bwa RCD.

Ingero ni nyinshi zerekana ko intambara za Kongo zagiye ziyoborwa n’abakomoka mu bwoko bunyuranye, kandi abaturage bo muri ubwo bwoko ntibakorerwe jenoside nk’ irimo gukorerwa Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, by’ umwihariko Abatutsi.

Mu gusoza, Umwami w’ Ababiligi ntakwiye kuzasoza uruzinduko rwe atumvise akababaro k’ izo nzirakarengane, kandi akamagana ku mugaragaro jenoside irimo kubakorerwa. Ntazitwaze ko atabimenye kandi yarigereye mu gihugu kirimo kuberamo jenoside.

Ikibazo rero ni uko, aho kugira inama Perezida Tshisekedi n’ ibyegera bye yo kurangiza ibibazo mu nzira y’ ibiganiro, Ububiligi busa n’ ushishikariza ubutegetsi bwa Kongo inzira y’ intambara, ndetse ngo bukazabafasha kuyirwana. Ni bya bindi ngo’’usenya urwe umutiza umuhoro’’!

Njye nakongeraho nti ‘’bakubeshya ko uri intwari, rwamara kurema bakagutererana’’. Ukraine ni urugero rwiza rw’abashorwa mu ntambara badashoboye.

2022-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Mitsindo Fidele umuhungu wa Aloys Nsekarije yagize icyo vuga kuri Ingabire Victoire uvugwaho gushinga imitwe y’iterabwoba.

Ubwanditsi 16 May 2019
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024
APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

APR VC na Police WVC zegukanye “Tax Payers Appreciation Volleyball Tournament 2023”

Ubwanditsi 13 Nov 2023
Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye  Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Nyaruguru: Igitero cy’abantu bitwaje intwaro cyahitanye Abaturage babiri , batandatu barakomereka , imodoka ya gitifu n’icumbi yabagamo biratwikwa

Ubwanditsi 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)
Mu Rwanda

Azafunga Museveni na Mugabe natorerwa kuba Perezida wa USA (Donald Trump)

Ubwanditsi 04 Jan 2016
U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza
UBUKUNGU

U Rwanda rwasinye amasezerano ya miliyari 54.5Frw zo guhangana n’ikibazo cy’amapfa muri Kayonza

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka
UBUKUNGU

Abanyarwanda 38.2% ntibatungwa n’ibihumbi 159Frw ku mwaka

Ubwanditsi 06 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru