• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

  • Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura   |   04 Aug 2026

  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha by’uko umunyapolitiki Robert Kyagulanyi uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Bobi Wine, yaba agiye kwicwa n’u Rwanda. Ibi bakaba babinyujije kuri Titus Seruga, umwe mu bikoresho by’ingenzi bya leta mu gukwirakwiza icengezamatwara no kuyobya rubanda hifashishijwe amakuru y’ibinyoma.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, uyu mukozi w’inzego z’ubutasi za Uganda (CMI na ISO) ukorera mu Bubiligi, yashinje u Rwanda kuba ruteganya kwivugana icyamamare Bobi Wine, Umunyapolitiki kuri ubu utinywe cyane n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ubusanzwe ngo ibyatangajwe na Seruga byari bikwiye gufatwa nk’ibyatangajwe nk’uwatorotse Butabika, cyangwa mu kindi kigo cyose cyita ku barwayi bo mu mutwe, ariko ngo ibyo atangaza abitamikwa n’inzego z’ubutasi za Kampala kandi ntibikwiye gufatwa nk’ibyoroshye nk’uko iyi nkuru dukesha Virungapost ikomeza ivuga.

Ikibazo rero ngo umuntu yakwibaza ni iki: Kuki ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda (CMI) cyangwa Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) baba bategetse uyu mugabo guhanura iyicwa rya Kyagulanyi?

Isesengura ku bimaze iminsi bitangazwa na Seruga kuri Bobi Wine ngo rigaragaza ko yakomeje gukora ibishoboka ngo ahuze Depite Kyagulanyi n’ubutegetsi bwa Kigali. Mu kwezi gushize Seruga akaba yaratangaje ko u Rwanda rutera inkunga Bobi Wine n’ubukangurambaga bwe bwose! Seruga yanavuze ko Kigali iha Bobi Wine amafaranga yo guha abantu bapfushije!

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko ibi byasekeje benshi ndetse abashyigikiye Depite Kyagulanyi benshi bakajya kuri facebook bakamagana iki gikoresho cya CMI. Bamubwiye ko abashyigikiye Kyagulanyi atari muri Uganda gusa ahubwo no ku Isi hose, bafite ubushobozi bwo gukusanya amafaranga arenze n’ayahagije yo gushyigikira ubukangurambaga bw’umuyobozi wabo.

Igikomeje kwibazwa rero n’ukuntu uyu mukozi wa CMI mu minsi mikeya yaje gutangaza ko u Rwanda rushaka kwica umuntu yari akomeje kwemeza ashikamye ko icyo gihugu kirimo kumutera inkunga? Ntabwo bisobanutse. Ngo ntabwo bisobanutse ukuntu u Rwanda rwashaka kwica umuntu Seruga yitaga igikoresho cyarwo ngo kugirango Museveni agaragare nabi!

Ku rundi ruhande, umusesenguzi wavuganye n’urubuga dukesha iyi nkuru asanga ibitangazwa na Seruga ko u Rwanda rwaba rushaka kwivugana uyu mudepite wo muri Uganda biteye amakenga cyane kuri Bobi Wine. Ngo wasanga ahubwo inzego zihubuka za Perezida Museveni zaba zigiye kugerageza kongerera kumugirira nabi.

Ngo inshuro ya mbere hari mu mwaka ushize muri Arua ubwo habaga amatora agamije gushaka umudepite uzasimbura Ibrahim Abiriga. Ngo nta muntu uzibagirwa ubugizi bwa nabi abashinzwe umutekano wa Perezida Museveni bakoreye abaturage bo muri Arua. Bobi Wine yari ari muri aka karere kimwe na Francis Zaake wo muri Mityana n’abandi bagiye kwamamaza umukandida bari bashyigikiye.

Umwuka wari mubi icyo gihe kuva umutwe ushinzwe kurinda Perezida Museveni (SFC) ukigera muri uyu mujyi wo mu Majyaruguru ya Uganda. Icyakurikiyeho abaturage bumvise ni urusaku rw’amasasu. Abasirikare bo muri SFC bari bamaze kurasa ku modoka ya Bobi Wine yari iparitse hafi ya hotel yari acumbitsemo.

Abasirikare bo muri SFC icyo gihe barashe umushoferi wa Bobi Wine witwa Yassin Kawuma bamusiga avirirana amaraso kugeza apfuye akicaye mu mwanya wa shoferi. Byavuzwe ko ayo masasu yarashwe uyu mushoferi ubundi yari agenewe Bobi Wine ariko habaho kwibeshya ku mushoferi we. Icyo Gihe Robert Kyagulanyi yararokotse ariko iyicarubozo yakorewe nyuma yaho ryo ntiyabashije kuricika dore ko byarangiye agiye no kwivuriza hanze y’igihugu.

“Aba bantu ntabwo bari abantu na gato,” uyu ni Bobi Wine ubwo yandikaga ari ku gitanda cy’ibitaro byo muri Amerika yoherejwemo nyuma yo gukorerwa iyicarubozo.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abazi neza Perezida Museveni bazi ko atajya aruhuka icyo ashaka atarakigeraho. Ngo aracyari inyuma y’ubuzima bwa Bobi Wine ukurikije ibitangazwa na Seruga.

Uyu mugabo yanagiye kure mu butumwa yatambukije ku itariki ya 02 muri uku kwezi kwa Nzeri anemeza ko Inzego z’ubutasi za Israel (Mossad) n’iz’Abafaransa nazo zemeza ko u Rwanda ruri gupangira Bobi Wine. Umuntu umwe akibaza impamvu CMI cyangwa ISO byanategetse Seruga gutangaza ibi bintu.

Isesengura ryoroshye rikaba rivuga ko iteka iyo CMI cyangwa ISO bishaka kwambura ubuzima umuntu ukomeye muri Uganda, babanza kwica umuntu mbere yo kugerageza guhuza urupfu rwe n’u Rwanda, ariko kuri iyi nshuro bwo babanje kubikora (kugerageza guhuza urupfu rwe n’u Rwanda) nk’uko byemezwa n’umwe mu babikurikiranira hafi.

Umwanzuro wa Seruga ku butumwa bwe yanyujije kuri facebook kandi ngo ni ikindi kimenyetso cy’ubujiji n’ubushobozi bukeya bw’ibikorwa by’icengezamatwara by’inzego z’ubutasi za Uganda nk’aho yagize ati: “Raporo yo mu cyumweru gishize yahuje Pilato (izina Seruga akunze gukoresha avuga Perezida w’u Rwanda) n’ubwicanyi amagana muri Uganda no muri East Africa,”

Inkuru igakomeza igira iti: “Nta wundi muntu wigeze wumva ubwo bwicanyi amagana.”

Umusesenguzi akavuga ko nibakomeza bagakora ubundi bugizi bwa nabi bwo kwica indi nzirakarengane y’Umugande bazaba birasheho n’iyi karibure (Caliber) y’Icengezamatwara.

2019-09-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020
Mushikiwabo yerekeje muri Cambodge, iwabo w’umwe mu basekuruza ba OIF

Mushikiwabo yerekeje muri Cambodge, iwabo w’umwe mu basekuruza ba OIF

Ubwanditsi 10 Aug 2018
Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2020
Perezida Museveni yakomoje ku ifungwa rya Gen Kale Kayihura

Perezida Museveni yakomoje ku ifungwa rya Gen Kale Kayihura

Ubwanditsi 28 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu Sports yasibye amateka mabi yari imaranye imyaka itandatu, itsinda Rayon Sports
IMIKINO

Kiyovu Sports yasibye amateka mabi yari imaranye imyaka itandatu, itsinda Rayon Sports

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Hon Patrick Mazimpaka waharaniye kubohorwa k’ u Rwanda yatabarutse.
Mu Rwanda

Hon Patrick Mazimpaka waharaniye kubohorwa k’ u Rwanda yatabarutse.

Ubwanditsi 25 Jan 2018
Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nzopfabarushe wavuze ko abarwanya Leta bazicwa bakajugunywa mu kiyaga yafunguwe

Ubwanditsi 22 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru