• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Kiyovu Sports yasibye amateka mabi yari imaranye imyaka itandatu, itsinda Rayon Sports

Kiyovu Sports yasibye amateka mabi yari imaranye imyaka itandatu, itsinda Rayon Sports

Ubwanditsi 03 Dec 2018 IMIKINO

Umukino w’Umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona y’u Rwanda ‘AZAM Rwanda Premier League 2018-19’ wasize akanyamuneza ku maso y’abakunzi ba Kiyovu Sports kuko ikipe yabo yakuyeho amateka mabi yari amaze imyaka itandatu, itsinda mukeba Rayon Sports, ibitego 2-1.

Kuri iki Cyumweru, tariki 2 Ukuboza 2018 nibwo hakinwe umukino wahuje abakeba bamaranye imyaka irenga 50 mu mupira w’amaguru mu Rwanda.

Roberto Oliviera Goncalves (Robertinho) utoza Rayon Sports yari yahisemo gukinisha abakinnyi batatu bakina hagati mu kibuga; Niyonzima Olivier Sefu, Donkor Prosper Kuka na Fabrice Mugheni wahanganaga na Kiyovu Sports yakiniraga.

Nubwo aba bakinnyi bari benshi hagati ntibashoboye kwitwara neza kuko Habamahoro Vincent na Kalisa Rachid bakinaga hagati muri Kiyovu Sports babarushaga gukora ku mipira myinshi mu gice cya mbere. Gusa nta mipira myinshi yageraga ku banyezamu, byatumye iki gice kirangira ari ubusa ku busa.

Uyu munya-Brazil utoza Rayon Sports warushijwe amayeri y’umukino yafashe umwanzuro wo gukuramo Manishimwe Djabel atanga umwanya kuri Yannick Mukunzi wari wabanje ku ntebe y’abasimbura. Byatumye Sefu usanzwe ukina hagati yugarira ahabwa inshingano zo gusatira aciye ku ruhande rw’iburyo.
Izi mpinduka ntacyo zahinduye kuko Kiyovu Sports yakomeje kuyirusha guhererekanya neza.

Uyu mukino mwiza w’ikipe bita Urucaca wari uyobowe n’abanyamahanga babiri yaguze mu mpeshyi y’uyu mwaka; Shavy Babicka ukomoka muri Gabon na Ghislain Armel wavuye muri Cameroun.

Ntibyatinze gutanga umusaruro kuko ku munota wa 60 w’umukino Kiyovu Sports yafunguye amazamu, igitego cyinjijwe na Nizeyimana Djuma ku mupira mwiza yahawe na Almer Ghislain.

Nyuma yo gutsindwa iki gitego Rayon Sports yakangutse itangira gusatira ishaka igitego cyo kwishyura ariko amahirwe abiri yashoboraga gutuma kiboneka Bimenyimana Bonfils Caleb yayateye inyoni agerageza gutsindisha agatsinsino, abugarira muri Kiyovu Sports bakamwambura umupira.

Iradukunda Eric bita Radu Rayon Sports yavanye muri AS Kigali ntiyacitse intege akomeza guhindura imipira myinshi iva ku ruhande rw’iburyo.

Byaje kuviramo ikipe ye kubona igitego cyo kwishyura ku munota wa 78 ubwo yahaga umupira Niyonzima Olivier Sefu atera ishoti rikomeye umupira ufata igiti cy’izamu ugarutse mu rubuga rw’amahina uhura na Yannick Mukunzi yishyurira ikipe ye.

Iki gitego cya mbere Yannick Mukunzi atsinze kuva yagera muri Rayon Sports ntabwo cyari gihagije ngo ikipe ye itahane inota kuko ku munota wa 91 Kiyovu Sports yakoze contre-attaque, Abdul Rwatubyaye akorera ikosa umunya-Cameroun Almer Ghislain ikosa mu rubuga rw’amahina.

Umusifuzi Abdul Karim Twagirumukiza yemeza penaliti yinjijwe neza na Nizeyimana Djuma.

Nyuma y’umukino habaye gushyamirana gukomeye ubwo abakinnyi basohokaga mu kibuga biviramo Bimenyimana Bonfils Caleb guhabwa ikarita itukura, iya kabiri ahawe mu mikino itandatu ya shampiyona.

Ibitego bibiri bya Djuma uvuka ku Mumena ku gicumbi cya Kiyovu Sports byafashije ikipe ye gusiba amateka y’imyaka itandatu bari imaze idatsinda Rayon Sports. Amanota atatu yayaherukaga tariki 21 Mata 2012 ubwo rutahizamu w’Umunya-Uganda Bakabulindi Julius yayitsindiraga mu mukino warangiye ari 1-0.

2018-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Mu mukino w’ikirarane wa shampiyona y’u Rwanda, Marines FC yatsinze Rutsiro FC igitego kimwe ku busa.

Ubwanditsi 06 Jun 2021
U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

U Rwanda rukomeje kuba isangano ry’isi, binyuze mu marushanwa mpuzamahanga

Ubwanditsi 10 May 2021
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Ubwanditsi 29 Jan 2022
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.
Amakuru

Kwiyambaza abacancuro, ni agasuzuguro  abategetsi ba Kongo bafitiye abakora uko bashoboye ngo ikibazo cyayo gikemuke mu nzira y’amahoro.

Ubwanditsi 28 Dec 2022
Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda na TI Rwanda batangije ubukangurambaga bukangurira abaturage guharanira guhabwa serivisi nziza

Ubwanditsi 31 Dec 2016
RIB Iravuga Ko Abantu 15 Batawe Muri Yombi Bakekwaho Amanyanga Mu Matora
ITOHOZA

RIB Iravuga Ko Abantu 15 Batawe Muri Yombi Bakekwaho Amanyanga Mu Matora

Ubwanditsi 08 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru