• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Perezida Museveni azwiho kutavugisha ukuri ku buryo iyo ahuye n’abantu akagira ibyo abatangariza iyo ahuye n’abandi arabihindura. Nyuma yo kuva mu nama ya kane igarura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda ku mupaka wa Gatuna yagiye i Kabale abwira abaturage bari biteguye ko umupaka ufungurwa ko ikibazo cy’u Rwanda gikomoka ku bibazo biri imbere mu gihugu.

Ibi ariko ni urwitwazo kuko yari abuze icyo asobanurira abaturage ba Kabale bagizweho ingaruka no gufunga umupaka wa Gatuna, kandi bikaba bigaragaza ko atigeze yemera cyangwa agaragaza icyizere ku masezerano yashyiriweho umukono i Luanda muri Angola. Icyo agamije ni ukubeshya abaturage ba Uganda.

Yagaragarije abaturage ba Kabale ko Kayumba Nyamwasa ari umunyapolitiki kandi bizwi neza ko ayobora umutwe w’iterabwoba wa RNC akaba arinawe yifuzaga ko yayobora Abanyarwanda. Museveni kandi ni nawe muterankunga mukuru wa RNC nindi mitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda. Mu manza zabaye zabakoze ibikorwa by’iterabwoba zagaragaje ko babaga batumwe na Kayumba Nyamwasa mu buryo yakoreshaga bw’ikoranabuhanga.

Nyuma yuko ibimenyetso simusiga bigiriye hanze, Museveni yemeye ko yahuye n’abayobozi ba RNC “bimutunguye” harimo Charlotte Mukankusi na Eugene Gasana ndetse agaha Charlotte urwandiko rw’inzira rwa Uganda. Museveni kandi yemeye ko yahuye n’umucuruzi w’umunyarwanda Tribert Rujugiro utera inkunga RNC. Ikintu cyashize hanze Perezida Museveni kuba akorana n’imitwe y’iterabwoba ni inama yayobowe na Minisitiri Mateke ihuza abayobozi bakuru ba FDLR ndetse na RNC mu rwego rwo guhuza imikoranire. Abayobozi bakuru ba FDLR aribo Bazeye La Forge Fils ndetse na Theophile Abega bafatiwe ku mupaka wa Bunagana basubira muri Kongo, Museveni agakora ibishoboka byose ngo ntibazanwe mu Rwanda ariko bikarangira bacyuwe.

Mu kiganiro n’abaturage ba Kabale, Museveni yashakaga kugaragaza ko Kayumba ari umutagatifu; mu rwego rwo gutesha amasezerano ya Luanda, Perezida Museveni yatumiye abagize umuryango wari wamaganwe ukorera RNC mu nama mu biro bya Perezida wa Uganda. Mu nama ya Gatuna u Rwanda rwari rwatanze ibimenyetso by’uyu muryango uyoborwa na Prossy Bonabana.

Museveni yumva yakina iturufu ebyiri: kugirana ibiganiro na Leta y’u Rwanda kandi agakomeza gufasha abarwanya Leta y’u Rwanda. Yerekanye ku manwa y’ihangu ko nta cyizere cyo gushyira mu bikorwa ibyo amasezerano ya Luanda asaba.  Museveni nakomeza izi nzira ebyiri biragaragara ko nta mubano uzagaruka hagati y’u Rwanda na Uganda. Gusa agomba kumenya ko gushyigikira imitwe irwanya u Rwanda nawe bizamugiraho ingaruka.

2020-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Ubwanditsi 18 Sep 2024
IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

IBUKA France yamaganye gushyingura Zigiranyirazo mu Bufaransa

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis

Impamvu nyuma y’imyaka 5 bakorana, Charly na Nina batandukanye na Muyoboke Alexis

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakosa 5 Umucamanza Theodor Meron asabirwa gukurwaho icyizere
Mu Mahanga

Amakosa 5 Umucamanza Theodor Meron asabirwa gukurwaho icyizere

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi
Amakuru

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa imyaka myinshi yatangiye gukorwaho iperereza riganisha kumuta muri yombi

Ubwanditsi 30 Oct 2021
Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye
INKURU NYAMUKURU

Uko Sulah Wakabiligi Nuwamanya yabaye igikoresho cya  RNC/CMI asiga u Rwanda icyasha nyamara rwita ku muryango we yataye

Ubwanditsi 27 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru