• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Perezida Museveni azwiho kutavugisha ukuri ku buryo iyo ahuye n’abantu akagira ibyo abatangariza iyo ahuye n’abandi arabihindura. Nyuma yo kuva mu nama ya kane igarura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda ku mupaka wa Gatuna yagiye i Kabale abwira abaturage bari biteguye ko umupaka ufungurwa ko ikibazo cy’u Rwanda gikomoka ku bibazo biri imbere mu gihugu.

Ibi ariko ni urwitwazo kuko yari abuze icyo asobanurira abaturage ba Kabale bagizweho ingaruka no gufunga umupaka wa Gatuna, kandi bikaba bigaragaza ko atigeze yemera cyangwa agaragaza icyizere ku masezerano yashyiriweho umukono i Luanda muri Angola. Icyo agamije ni ukubeshya abaturage ba Uganda.

Yagaragarije abaturage ba Kabale ko Kayumba Nyamwasa ari umunyapolitiki kandi bizwi neza ko ayobora umutwe w’iterabwoba wa RNC akaba arinawe yifuzaga ko yayobora Abanyarwanda. Museveni kandi ni nawe muterankunga mukuru wa RNC nindi mitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda. Mu manza zabaye zabakoze ibikorwa by’iterabwoba zagaragaje ko babaga batumwe na Kayumba Nyamwasa mu buryo yakoreshaga bw’ikoranabuhanga.

Nyuma yuko ibimenyetso simusiga bigiriye hanze, Museveni yemeye ko yahuye n’abayobozi ba RNC “bimutunguye” harimo Charlotte Mukankusi na Eugene Gasana ndetse agaha Charlotte urwandiko rw’inzira rwa Uganda. Museveni kandi yemeye ko yahuye n’umucuruzi w’umunyarwanda Tribert Rujugiro utera inkunga RNC. Ikintu cyashize hanze Perezida Museveni kuba akorana n’imitwe y’iterabwoba ni inama yayobowe na Minisitiri Mateke ihuza abayobozi bakuru ba FDLR ndetse na RNC mu rwego rwo guhuza imikoranire. Abayobozi bakuru ba FDLR aribo Bazeye La Forge Fils ndetse na Theophile Abega bafatiwe ku mupaka wa Bunagana basubira muri Kongo, Museveni agakora ibishoboka byose ngo ntibazanwe mu Rwanda ariko bikarangira bacyuwe.

Mu kiganiro n’abaturage ba Kabale, Museveni yashakaga kugaragaza ko Kayumba ari umutagatifu; mu rwego rwo gutesha amasezerano ya Luanda, Perezida Museveni yatumiye abagize umuryango wari wamaganwe ukorera RNC mu nama mu biro bya Perezida wa Uganda. Mu nama ya Gatuna u Rwanda rwari rwatanze ibimenyetso by’uyu muryango uyoborwa na Prossy Bonabana.

Museveni yumva yakina iturufu ebyiri: kugirana ibiganiro na Leta y’u Rwanda kandi agakomeza gufasha abarwanya Leta y’u Rwanda. Yerekanye ku manwa y’ihangu ko nta cyizere cyo gushyira mu bikorwa ibyo amasezerano ya Luanda asaba.  Museveni nakomeza izi nzira ebyiri biragaragara ko nta mubano uzagaruka hagati y’u Rwanda na Uganda. Gusa agomba kumenya ko gushyigikira imitwe irwanya u Rwanda nawe bizamugiraho ingaruka.

2020-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yirukanye Abanyarwanda 72, abandi bafungwa bashinjwa kuba muri M23

Uganda yirukanye Abanyarwanda 72, abandi bafungwa bashinjwa kuba muri M23

Ubwanditsi 02 Jan 2018
Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Ese abahoze ari abakozi b’Urwego rw’Iperereza muri Uganda [ ISO ] bavanywe ku kazi kubera iki?

Ubwanditsi 29 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare bakekwaho kwica umuturage basabiwe gufungwa iminsi basigaje ku Isi
Mu Rwanda

Abasirikare bakekwaho kwica umuturage basabiwe gufungwa iminsi basigaje ku Isi

Ubwanditsi 08 Sep 2017
Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!
Amakuru

Hagamijwe kuburizamo amatora muri Kivu y’Amajyepfo, ububiko bw’ibikoresho by’amatora mu mujyi wa Bukavu byahawe inkongi!

Ubwanditsi 11 Dec 2023
Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane
Amakuru

Udukingirizo tw’abagore ntitwitabirwa bitewe n’uko kudukoresha bisaba kwigengesera cyane

RUSHYASHYA 23 Oct 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru