• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Indimi ebyiri za Perezida Museveni zizagarura umubano n’u Rwanda?

Ubwanditsi 05 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Perezida Museveni azwiho kutavugisha ukuri ku buryo iyo ahuye n’abantu akagira ibyo abatangariza iyo ahuye n’abandi arabihindura. Nyuma yo kuva mu nama ya kane igarura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda ku mupaka wa Gatuna yagiye i Kabale abwira abaturage bari biteguye ko umupaka ufungurwa ko ikibazo cy’u Rwanda gikomoka ku bibazo biri imbere mu gihugu.

Ibi ariko ni urwitwazo kuko yari abuze icyo asobanurira abaturage ba Kabale bagizweho ingaruka no gufunga umupaka wa Gatuna, kandi bikaba bigaragaza ko atigeze yemera cyangwa agaragaza icyizere ku masezerano yashyiriweho umukono i Luanda muri Angola. Icyo agamije ni ukubeshya abaturage ba Uganda.

Yagaragarije abaturage ba Kabale ko Kayumba Nyamwasa ari umunyapolitiki kandi bizwi neza ko ayobora umutwe w’iterabwoba wa RNC akaba arinawe yifuzaga ko yayobora Abanyarwanda. Museveni kandi ni nawe muterankunga mukuru wa RNC nindi mitwe y’iterabwoba irwanya u Rwanda. Mu manza zabaye zabakoze ibikorwa by’iterabwoba zagaragaje ko babaga batumwe na Kayumba Nyamwasa mu buryo yakoreshaga bw’ikoranabuhanga.

Nyuma yuko ibimenyetso simusiga bigiriye hanze, Museveni yemeye ko yahuye n’abayobozi ba RNC “bimutunguye” harimo Charlotte Mukankusi na Eugene Gasana ndetse agaha Charlotte urwandiko rw’inzira rwa Uganda. Museveni kandi yemeye ko yahuye n’umucuruzi w’umunyarwanda Tribert Rujugiro utera inkunga RNC. Ikintu cyashize hanze Perezida Museveni kuba akorana n’imitwe y’iterabwoba ni inama yayobowe na Minisitiri Mateke ihuza abayobozi bakuru ba FDLR ndetse na RNC mu rwego rwo guhuza imikoranire. Abayobozi bakuru ba FDLR aribo Bazeye La Forge Fils ndetse na Theophile Abega bafatiwe ku mupaka wa Bunagana basubira muri Kongo, Museveni agakora ibishoboka byose ngo ntibazanwe mu Rwanda ariko bikarangira bacyuwe.

Mu kiganiro n’abaturage ba Kabale, Museveni yashakaga kugaragaza ko Kayumba ari umutagatifu; mu rwego rwo gutesha amasezerano ya Luanda, Perezida Museveni yatumiye abagize umuryango wari wamaganwe ukorera RNC mu nama mu biro bya Perezida wa Uganda. Mu nama ya Gatuna u Rwanda rwari rwatanze ibimenyetso by’uyu muryango uyoborwa na Prossy Bonabana.

Museveni yumva yakina iturufu ebyiri: kugirana ibiganiro na Leta y’u Rwanda kandi agakomeza gufasha abarwanya Leta y’u Rwanda. Yerekanye ku manwa y’ihangu ko nta cyizere cyo gushyira mu bikorwa ibyo amasezerano ya Luanda asaba.  Museveni nakomeza izi nzira ebyiri biragaragara ko nta mubano uzagaruka hagati y’u Rwanda na Uganda. Gusa agomba kumenya ko gushyigikira imitwe irwanya u Rwanda nawe bizamugiraho ingaruka.

2020-03-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Ubwanditsi 03 Mar 2020
Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa  FDLR

Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa FDLR

Ubwanditsi 27 Jan 2017
Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 10 Dec 2018
RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

RUDASINGWA: ” Nyamujyiyobijya “, akeneye kwitabwaho mu rwego rw’ubuvuzi bwo mu mutwe.

Ubwanditsi 25 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique
Amakuru

Ishyari rya Tshisekedi rifashe ubusa: Inkunga ya miliyari hafi 30 imaze kugenerwa ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique

Ubwanditsi 18 Nov 2024
Umutwe wihariye wa Polisi ushinzwe gutabara aho rukomeye wasoje imyitozo
Mu Mahanga

Umutwe wihariye wa Polisi ushinzwe gutabara aho rukomeye wasoje imyitozo

Ubwanditsi 20 Feb 2016
Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru