• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Uganda ikomeje kuvunira Ibiti mu matwi ibyo gucyura mu Rwanda umurambo wa Mageza wiciwe muri icyo gihugu

Ubwanditsi 03 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Amezi arenze arindwi kuva Mageza Emmanuel apfiriye mu bitaro bya Butabika mu gihugu cya Uganda nyuma yo gukorerwa iyicarubozo n’urwego rwa Gisirikari CMI;  ubutegetsi bwa Uganda bwakomeje gusabwa gushyikiriza umubiri wa Mageza umuryango we maze ashyingurwe mu cyubahiro ariko bwagumye kuvunira ibiti mu matwi nkaho ayo makuru ari mashya kuribo.

Uyu Mageza Emmanuel ni umwe mu Banyarwanda biciwe muri za kasho za CMI nyuma y’ibikorwa by’iyicarubozo bagiye bakorerwa bihagarikiwe na Major Gen Abel Kandiho, Mageza yakorewe iyicarubozo mu gihe kingana n’umwaka maze aza kugeza igihe ata ubwenge, nyuma CMI yaje kumujugunya mu bitaro bya Butabika bisanzwe bijyanwamo abantu bafite ibibazo byo mu mutwe akaba ari naho yaje gusagwa kubera ingaruka z’iyicarubozo.

Francoise Kagoyire na Safari ndetse n’abandi bo mu muryango baganiriye na Virungapost bakomeje gusaba ko hagira icyakorwa  babashe kubona umubiri w’umuvandimwe wabo kugirango bamushyingure mu cyubahiro, Kagoyire yagize ati ”Turizera ko umunsi umwe tuzasezera kuri musaza wacu  kandi ubuyobozi bwacu ntibwahwemye kuvuga ku kibazo cyacu ndetse ko hakenewe iperereza ryimbitse dore ko aribyo igihugu cyacu gihora gisaba ubugande”.
Leta y’u Rwanda ntiyahwemye kwerekana ko hari abanyarwanda bakomeje kugirirwa nabi mu gihugu cya Uganda ndetse rugakomeza gusaba ibisobanuro mu rwego rwo kuba hagaruka umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi byakagombye kuba bibanye kivandimwe; ku bijyanye n’umurambo wa Mageza u Rwanda rwari rwasabye ko wazanwa mu Rwanda ukaba ariho ushyingurwa ndetse hakaba hakorwa iperereza ku cyaba cyarateye urupfu rwe ibintu ubutegetsi bwa Uganda bwirengagije nkana.

Mageza Emmanuel yakuwe muri Bisi ya Mbarara n’abakozi ba CMI mu kwezi kwa mbere 2019, ndetse icyo gihe ahita ajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Makenke giherereye I Mbarara mu buryo butemewe n’amategeko kuko yashimuswe, nyuma yaho yaje kwimurirwa mu kindi kigo cya gisirikari cya Mbuya kugeza icyo gihe ntiyigeze anagezwa imbere y’urukiko kugirango amenyeshwe ibyo yaregwaga, binavugwa ko yasanze abandi Banyarwanda benshi aho bari bafungiye muri Mbuya nabo bagiye bashimutwa.

Aho bagiye bakorerwa iyicarubozo ritandukanye nko gukubitishwa amashanyarazi, kubinika mu mazi ndetse n’ibindi bikorwa bibabaza umubiri kugira babahatire kwemera ko ari abatasi baje kuneka muri Uganda batumwe n’u Rwanda  muri ibyo bikorwa bya kinyamanswa niho Mageza yaje guta ubwenge.

Uwamwunganiye mu mategeko Eron Kiiza yahamije ko Mageza yamaze amezi 12 yose afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri icyo gihe cyose yakorerwaga ibikorwa by’iyicarubozo byaje no kuba intandaro y’urupfu rwe.

Uyu Mageza ni umwe muri benshi bagiye batakariza ubuzima bwabo mu bikorwa bya leta ya Uganda byo gushimuta Abanyarwanda bagakorerwa iyicarubozo bashinjwa ngo kuba intasi z’u Rwanda, ibirego leta y’u Rwanda yagiye ifata nk’urwitwazo no gukinga amahanga ibikarito mu maso kugirango itabazwa uruhare ishinjwa rwo gukorana bya hafi n’imitwe y’iterabwoba irimo RNC, RUD-Urunana ndetse binyuze muri bamwe mu bategetsi muri Uganda bakaza gutiza umurindi igitero cyagabwe mu Kinigi mu mwaka ushize kigahitana inzirakarengane z’abanyarwanda 14; icyo gihe abafashwe bahamije uruhare rwa Philemon Mateke.

Leta ya Uganda yakunze gusa nkaho yerekana ko nta kibazo ifitanye n’u Rwanda ariko uko iminsi yagiye ishira niko hagiye hagaragara ibizibiti (gihamya) yerekana ibikorwa bya kinyamanswa Leta ya Kampala yagiye ikorera Abanyarwanda ndetse abaenshi bagapfira mu magereza atandukanye muri icyo gihugu; utirengagije ubufasha bagiye baha abarwanya u Rwanda nka Charlotte Mukankusi igihe bamuhaga Passport ya Uganda kandi bizwi neza ko aba mu mutwe w’iterabwoba wa RNC, wakongeraho no kuba ubutegetsi bwa Museveni bwaranze gutanga umubiri wa Emmanuel Mageza ngo ushyingurwe bikerekana kugenda biguruntege mu gushyira mu bikorwa ibyasinyiwe I Luanda mu mwaka ushize ndetse n’ibiganiro bya Gatuna muri Gashyantare uyu mwaka.

2020-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games

Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games

Ubwanditsi 08 Aug 2022
Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Tariki 18 Mata 1994: Perefe Kayishema Clement yarimbuye Abatutsi kuri Stade Gatwaro, Kibuye

Ubwanditsi 18 Apr 2025
Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ubwanditsi 14 Feb 2024
Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Niyonkuru Samuel yegukanye agace ka 3 ka Grand Prix Chantal Biya ibera muri Cameroon

Ubwanditsi 05 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!
Amakuru

Umusaza Louis Rugerinyange yitangiye abari bahungiye muri Mille Collines, hahembwa Paul Rusesabagina wabagambaniye!

Ubwanditsi 06 Jul 2021
Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.
Amakuru

Mu mukino wabonetsemo ibitego 6, Police FC yatsinze Kiyovu SC naho APR FC yakinaga umukino wa mbere wa gicuti itsinda Rutsiro FC.

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Udushya muri Rwanda Cultural Day :  Ex. Amb. Eugene-Richard Gasana ntiyashoboye kuboneka, Abanyamakuru  Anne Garrison na Jeremy Miller barasohorwa
POLITIKI

Udushya muri Rwanda Cultural Day : Ex. Amb. Eugene-Richard Gasana ntiyashoboye kuboneka, Abanyamakuru Anne Garrison na Jeremy Miller barasohorwa

Ubwanditsi 27 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru