• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Ubwanditsi 25 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda batuye muri Canada bandikiye inzego z’ubutegetsi muri iki gihugu bamagana ibikorwa by’Umunyarwanda Charlotte Mukankusi ubarizwa mu mutwe w’iterabwoba wa RNC.

Mu ibaruwa Diaspora Nyarwanda yandikiye abaminisitiri barimo Ushinzwe ituze ry’igihugu, Ralph Goodale n’ushinzwe abinjira, impunzi n’ubwenegihugu Ahmed D. Hussein; yabamenyesheje ko itewe impungenge n’ibikorwa bya Mukankusi.

Mukankusi ashinzwe ibijyanye na dipolomasi mu mutwe w’iterabwoba wa RNC, akaba aherutse muri Uganda mu biganiro na Perezida Yoweri Museveni bivugwa ko byari bigamije kunoza umugambi wo kugirira nabi u Rwanda.

Muri iki gihugu yahaherewe Pasiporo azajya yifashisha mu ngendo mu gihe uyu mutwe ukomeje ibikorwa byawo.

Mukankusi uba muri Canada yinjiye mu bijyanye na dipolomasi mu 2004 ubwo yari yungirije Kayumba Nyamwasa wari Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, nyuma akomezanya nawe mu mutwe wa RNC.

Mu ibaruwa yashyizweho umukono na Perezida wa Diaspora Nyarwanda muri Canada, Joachim Mutezintare, yavuze ko Umuryango Nyarwanda uba muri iki gihugu wifuza ko iki gihugu cyakwita ku bibazo bikomeje kugaragara muri Afurika y’Iburasirazuba bibangamiye imibanire hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Bavuze ko “Mu gihe byaba bitagenzuwe neza, bishobora kugera ku rwego rubi bikaba byateza akaga mu karere kose, bikagira ingaruka ku buryo abantu babura ubuzima bikanongera ikibazo cy’impunzi.”

Aba banyarwanda babanje kwibutsa ko tariki 7 Mata uyu mwaka, Abanyarwanda bazaba bibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye, aho abenshi batakaje ubuzima n’ibikorwaremezo bikangizwa, ariko kubera ubushake bw’abaturage n’imiyoborere myiza ubu rwiyubatse.

Aba banyarwanda bavuze ko bwa mbere bo aribo bashima amahoro igihugu kimaze kugeraho no gutera imbere mu buryo bw’ubukungu, ariko ko hari impungenge ko ibi byose bishobora kugwa mu muriro mu gihe amahoro muri aka karere akomeje gukomwa mu nkokora.

Bati “Tariki 18 Ukuboza 2018 Impuguke za Loni kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatanze raporo mu Kanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi, ku mitwe itandukanye yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano mu batuye Uburasirazuba bw’iki gihugu.”

Muri iyi raporo hagaragara umutwe w’iterabwoba witwa RNC uyobowe na Kayumba Nyamwasa. Iyi raporo yavuze ko RNC itanga imyitozo ya gisirikare mu nkambi zirimo iya Fizi iri muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RNC ku bufatanye na FDLR yamaze gutangaza ko intego yayo ari ugutera u Rwanda, ubu ikaba ikomeje gushaka abayitera inkunga baba abo muri Afurika no mu Burengarazuba bw’Isi ndetse kugeza ubu ifite ubufasha ihabwa n’ibihugu birimo u Burundi na Uganda.

Diaspora Nyarwanda muri Canada yavuze ko kubera iyi mpamvu, Charlotte Mukankusi ubu yahawe inshingano za dipolomasi muri RNC, akaba yarahawe kandi pasiporo ya Uganda kugira ngo imufashe mu ngendo akora ahuza ibikorwa by’uyu mutwe byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Bagize ati “Twe nk’abanya-Canada bavuka mu Rwanda, dutewe impungenge ko umwe mu banyamuryango bacu arimo kujya mu bikorwa bya kinyeshyamba bishobora kubangamira indangagaciro za Canada zigamije amahoro na demokarasi, bikaba byanateza ibibazo mu banyarwanda batuye muri iki gihugu ndetse akaba ari n’ikibazo kubatuye mu Rwanda.”

Bavuze ko bafite impungege ko ibi bikorwa bibisha byo muri RNC bishobora gutuma bamwe mu rubyiruko rutuye muri Canada rujya mu mitwe y’iterabwoba yo hanze cyangwa rukaba rwashinga indi hagati yarwo.

Basabye aba baminisitiri kwita kuri iki kibazo mu buryo bwihutirwa, bagatangiza iperereza kugira ngo Charlotte Mukankusi adakomeza konona amategeko ya Canada, amabwiriza ndetse n’inshingano zitezwe kuri buri wese.

2019-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Ubwanditsi 15 Apr 2022
Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Ubwanditsi 28 Dec 2019
Uko u Burundi na Uganda byafashije Kayumba Nyamwasa kurema umutwe wa gisirikare muri RDC

Uko u Burundi na Uganda byafashije Kayumba Nyamwasa kurema umutwe wa gisirikare muri RDC

Ubwanditsi 03 Oct 2019
Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Bimwe mu bimenyetso birakomeza gushimangira ko kugereka urupfu rwa Yuvenali Habyarimana kuri FPR-Inkotanyi ari ukuyobya uburari.

Ubwanditsi 21 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.
Amakuru

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Ubwanditsi 01 Nov 2020
Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi
Amakuru

Perezida João Lourenço wari umuhuza mu kibazo cya Kongo arayamanitse kubera amananiza ya Tshisekedi

Ubwanditsi 14 Feb 2025
ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]
INKURU NYAMUKURU

ULK Gisenyi: Ku nshuro ya 12 abasaga 300 bahawe impamyabumenyi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 28 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru