• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Abanyarwanda baba muri Canada bamaganye Mukankusi Charlotte wo muri RNC

Ubwanditsi 25 Mar 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abanyarwanda batuye muri Canada bandikiye inzego z’ubutegetsi muri iki gihugu bamagana ibikorwa by’Umunyarwanda Charlotte Mukankusi ubarizwa mu mutwe w’iterabwoba wa RNC.

Mu ibaruwa Diaspora Nyarwanda yandikiye abaminisitiri barimo Ushinzwe ituze ry’igihugu, Ralph Goodale n’ushinzwe abinjira, impunzi n’ubwenegihugu Ahmed D. Hussein; yabamenyesheje ko itewe impungenge n’ibikorwa bya Mukankusi.

Mukankusi ashinzwe ibijyanye na dipolomasi mu mutwe w’iterabwoba wa RNC, akaba aherutse muri Uganda mu biganiro na Perezida Yoweri Museveni bivugwa ko byari bigamije kunoza umugambi wo kugirira nabi u Rwanda.

Muri iki gihugu yahaherewe Pasiporo azajya yifashisha mu ngendo mu gihe uyu mutwe ukomeje ibikorwa byawo.

Mukankusi uba muri Canada yinjiye mu bijyanye na dipolomasi mu 2004 ubwo yari yungirije Kayumba Nyamwasa wari Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde, nyuma akomezanya nawe mu mutwe wa RNC.

Mu ibaruwa yashyizweho umukono na Perezida wa Diaspora Nyarwanda muri Canada, Joachim Mutezintare, yavuze ko Umuryango Nyarwanda uba muri iki gihugu wifuza ko iki gihugu cyakwita ku bibazo bikomeje kugaragara muri Afurika y’Iburasirazuba bibangamiye imibanire hagati ya Uganda n’u Rwanda.

Bavuze ko “Mu gihe byaba bitagenzuwe neza, bishobora kugera ku rwego rubi bikaba byateza akaga mu karere kose, bikagira ingaruka ku buryo abantu babura ubuzima bikanongera ikibazo cy’impunzi.”

Aba banyarwanda babanje kwibutsa ko tariki 7 Mata uyu mwaka, Abanyarwanda bazaba bibuka ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye, aho abenshi batakaje ubuzima n’ibikorwaremezo bikangizwa, ariko kubera ubushake bw’abaturage n’imiyoborere myiza ubu rwiyubatse.

Aba banyarwanda bavuze ko bwa mbere bo aribo bashima amahoro igihugu kimaze kugeraho no gutera imbere mu buryo bw’ubukungu, ariko ko hari impungenge ko ibi byose bishobora kugwa mu muriro mu gihe amahoro muri aka karere akomeje gukomwa mu nkokora.

Bati “Tariki 18 Ukuboza 2018 Impuguke za Loni kuri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatanze raporo mu Kanama ka Loni gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi, ku mitwe itandukanye yitwaje intwaro ikomeje guhungabanya umutekano mu batuye Uburasirazuba bw’iki gihugu.”

Muri iyi raporo hagaragara umutwe w’iterabwoba witwa RNC uyobowe na Kayumba Nyamwasa. Iyi raporo yavuze ko RNC itanga imyitozo ya gisirikare mu nkambi zirimo iya Fizi iri muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

RNC ku bufatanye na FDLR yamaze gutangaza ko intego yayo ari ugutera u Rwanda, ubu ikaba ikomeje gushaka abayitera inkunga baba abo muri Afurika no mu Burengarazuba bw’Isi ndetse kugeza ubu ifite ubufasha ihabwa n’ibihugu birimo u Burundi na Uganda.

Diaspora Nyarwanda muri Canada yavuze ko kubera iyi mpamvu, Charlotte Mukankusi ubu yahawe inshingano za dipolomasi muri RNC, akaba yarahawe kandi pasiporo ya Uganda kugira ngo imufashe mu ngendo akora ahuza ibikorwa by’uyu mutwe byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Bagize ati “Twe nk’abanya-Canada bavuka mu Rwanda, dutewe impungenge ko umwe mu banyamuryango bacu arimo kujya mu bikorwa bya kinyeshyamba bishobora kubangamira indangagaciro za Canada zigamije amahoro na demokarasi, bikaba byanateza ibibazo mu banyarwanda batuye muri iki gihugu ndetse akaba ari n’ikibazo kubatuye mu Rwanda.”

Bavuze ko bafite impungege ko ibi bikorwa bibisha byo muri RNC bishobora gutuma bamwe mu rubyiruko rutuye muri Canada rujya mu mitwe y’iterabwoba yo hanze cyangwa rukaba rwashinga indi hagati yarwo.

Basabye aba baminisitiri kwita kuri iki kibazo mu buryo bwihutirwa, bagatangiza iperereza kugira ngo Charlotte Mukankusi adakomeza konona amategeko ya Canada, amabwiriza ndetse n’inshingano zitezwe kuri buri wese.

2019-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Interahamwe ruharwa “Capt” Innocent Sagahutu ngo irashaka impinduka mu Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2022
Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Uganda: Hatahuwe  inkambi nshya ikorerwamo imyitozo y’abarwanya leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2017
“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

“Kuri Kiliziya Gatolika, kubyara ni icyaha kurusha kwica. – Tom Ndahiro

Ubwanditsi 06 Dec 2021
Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.

Ntaganda Bernard na Ingabire Victoire bahanganye na “Padiri” Thomas Nahimana ngo ubahatira kumushyigikira muri politiki ye y’ ubuswa n’ubusazi.

Ubwanditsi 03 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru
IMIKINO

APR FC yatsindiwe muri Tunisia, isezererwa muri CAF Champions League, itarenze umutaru

Ubwanditsi 05 Dec 2018
Abayobozi ba Ferwafa bakwiye gusaba imbabazi hanyuma bakegura
IMIKINO

Abayobozi ba Ferwafa bakwiye gusaba imbabazi hanyuma bakegura

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8
IMIKINO

Brazil yongeye kwigaragaza mu gikombe cy’Isi isanga Mexique muri 1/8

Ubwanditsi 28 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru