• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Ubwanditsi 09 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni w’imyaka 73 y’amavuko akomeje kugirira ubwoba Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine, Intumwa ya Rubanda ihagarariye akarere ka Kyadodno East ko ashobora kumusimbura ku ntebe mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu mwaka wa 2021azaba

Uyu munsi Polisi yahagaritse igitaramo cye cyari kubera mu mugi wa Kampala , kandi  nawe afungirwa iwe ubwo Polisi yafungaga inzira zose zigana kwa Bobi Wine. Mu ibaruwa Polisi yahaye Bobi Wine, batanze impamvu ko badashoboye gucunga umutekano wabitabiriye icyo gitaramo ku munsi w’ubwigenge. Iki ni igitaramo cya 156 cya Bobi Wine gihagaritswe.

Nubwo Polisi ya Uganda yagerageje gufungira iwe Bobi Wine, mu masaha y;igicamunsi yayikojeje isoni ubwo yabacikiraga ahantu hagendwa cyane muri Kampala ashagawe n’abaturage benshi.

Tariki ya 22 Mata 2019, Polisi yahagaritse igitaramo cya Bobi Wine cyatangiye, Bobi Wine bamutera urusenda n’imodoka ye barayangiza.

Tariki ya 13 Kanama umwaka ushize, Polisi ya Uganda yarashe umushoferi wa Bobi Wine witwaga Yasiim Kawuma baziko ariwe bishe, nyuma baza kumufunga bamukorera iyicarubozo ku buryo byabaye ngombwa ko ajya kwivuriza muri Amerika. Ibi byabereye mu karere ka Arua ubwo NRM yatsindwaga amatora yo gusimbura Col Abiliga wari umaze iminsi yishwe.

Icyo gihe abasirikari barinda Museveni bamenye ikirahuri cy’imodoka yimwe mu zimuherekeza kugirango babone impamvu yo kurwanya Bobi Wine n’abamushyigikiye. Inkuru y’urupfu rwa Kawuma ikimara kugera Kampala habaye imyigaragambyo ikomeye kuko urubyiruko rwigabije imihanda yuwo mugi.

Gusa umuntu yakwibaza impamvu, Bobi Wine wari ufite imyaka ine gusa igihe Perezida Museveni yafataga ubutegetsi amutitiza kugeza naho ashaka kumwica akamuhusha. Icyo abahanga mu bya politiki bavuga kuri uru rwango Museveni yanga Bobi Wine, nuko mbere amatora atitabirwaga n’urubyiruko wabaga ari umuhango muri NRM ishyaka rya Museveni, ariko ubu Bobi Wine arakunzwe mu rubyiruko ndetse rusigaye rwitabira amatora; urwo rubyiruko kandi rwavutse Museveni ari Perezida abenshi ni abashomeri bakumva ko impamvu y’ubushomeri ari Perezida Museveni.

Ubwamamare bwa Bobi Wine ntabwo aruko aririmba gusa, ahubwo arakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga aho urubyiruko rumufata nk’umwami wabo kandi nawe yiyise “The Guetto President”. Museveni abibonye nawe yagiye ku mbuga nkoranyambaga ariko bigaragara ko ari abandi bantu bamwandikira, nyuma aza gutanga urwenya ubwo yari mundege ari kuri mudasobwa iciriritse avugako ariwe wisubiriza abagande bamuha induru. Uganda nicyo gihugu cya mbere ku isi gifite ijanisha ry’urubyiruko rwinshi ku isi ugereranyije n’umubare wabatuye icyo gihugu.

Ikindi gituma Museveni atinya Bobi Wine, ni uko mbere yafataga abamurwanya nk’abagamije gucamo amoko ibice cyangwa abanyabyaha, ariko Bobi Wine nta nakimwe yashinjwa.

Bobi Wine yamenyekanye cyane muri Uganda nyuma yo kwamamara mu gace k’akajagali ka Kamwokya nyuma yo kubona amafaranga, abfifashijwe n’umugore we bagiye mu mishinga y’uburezi n’isuku bikaba byaratumye atsinda amatora bimworoheye mu karere ka Kyandondo nk’umuntu ku giti cye adahagarariye ishyaka.

Yamenyakanye cyane mu nteko ubwo yarwanyaga ibyo guhindura imyaka y’umukuru w’igihugu aho mbere itegeko ryavugaga ko Perezida atagomba kurenza 75 nyuma bakabihindura no kurwanya itegeko ryo gusoresha imbuga nkoranyambaga. Mu mwaka wa 2018 yashinzwe icyaha cy’ubugambanyi naho muri 2019 ashinjwa icyaha cyo guhembera amacakubiri no gusuzuguza abantu Perezida Museveni.

Ubu ikiraje ishinge NRM na Komisiyo y’amatora ni ugushyiraho amategeko abangamiye Bobi Wine n’urubyiruko ayoboye mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri 2021.

2019-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Nyuma y’ibyumweru 2 gereza ya Makala muri Kongo ibaye ibagiro ry’abanyururu, abakomeretse b’abagore basambanyijwe ku ngufu nta buvuzi barahabwa.

Ubwanditsi 11 Sep 2024
Abatavuga rumwe na leta  mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Abatavuga rumwe na leta mu Burundi basabye ko amahanga yabufatira ibihano

Ubwanditsi 16 May 2018
Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ibinyamakuru bya CMI Bikomeje Gukwirakwiza Ibinyoma Bikubiye mu Birego ko Bamwe mu Basirikari ba Uganda Banekera u Rwanda nta Kimenyetso na akimwe Batanga

Ubwanditsi 28 Aug 2020
Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Burundi : Uwari wafashwe n’Imbonerakure yoze Rweru akira ageze ku butaka bw’u Rwanda

Ubwanditsi 17 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake
ITOHOZA

Perezida Museveni afata ubuyobozi bwa Congo nka baringa yashyizweho na Bagashakabuhake

Ubwanditsi 05 May 2018
Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro
Amakuru

Faustin Twagiramungu yibutse ibitereko yasheshe, yamanitse amaboko yemera ko yitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 09 Apr 2021
Bombori bombori : Muri RNC ishaje  havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo
ITOHOZA

Bombori bombori : Muri RNC ishaje havutse igice cya gatatu kiyobowe na Gervais Condo

Ubwanditsi 06 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru