• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Ubwanditsi 09 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni w’imyaka 73 y’amavuko akomeje kugirira ubwoba Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine, Intumwa ya Rubanda ihagarariye akarere ka Kyadodno East ko ashobora kumusimbura ku ntebe mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu mwaka wa 2021azaba

Uyu munsi Polisi yahagaritse igitaramo cye cyari kubera mu mugi wa Kampala , kandi  nawe afungirwa iwe ubwo Polisi yafungaga inzira zose zigana kwa Bobi Wine. Mu ibaruwa Polisi yahaye Bobi Wine, batanze impamvu ko badashoboye gucunga umutekano wabitabiriye icyo gitaramo ku munsi w’ubwigenge. Iki ni igitaramo cya 156 cya Bobi Wine gihagaritswe.

Nubwo Polisi ya Uganda yagerageje gufungira iwe Bobi Wine, mu masaha y;igicamunsi yayikojeje isoni ubwo yabacikiraga ahantu hagendwa cyane muri Kampala ashagawe n’abaturage benshi.

Tariki ya 22 Mata 2019, Polisi yahagaritse igitaramo cya Bobi Wine cyatangiye, Bobi Wine bamutera urusenda n’imodoka ye barayangiza.

Tariki ya 13 Kanama umwaka ushize, Polisi ya Uganda yarashe umushoferi wa Bobi Wine witwaga Yasiim Kawuma baziko ariwe bishe, nyuma baza kumufunga bamukorera iyicarubozo ku buryo byabaye ngombwa ko ajya kwivuriza muri Amerika. Ibi byabereye mu karere ka Arua ubwo NRM yatsindwaga amatora yo gusimbura Col Abiliga wari umaze iminsi yishwe.

Icyo gihe abasirikari barinda Museveni bamenye ikirahuri cy’imodoka yimwe mu zimuherekeza kugirango babone impamvu yo kurwanya Bobi Wine n’abamushyigikiye. Inkuru y’urupfu rwa Kawuma ikimara kugera Kampala habaye imyigaragambyo ikomeye kuko urubyiruko rwigabije imihanda yuwo mugi.

Gusa umuntu yakwibaza impamvu, Bobi Wine wari ufite imyaka ine gusa igihe Perezida Museveni yafataga ubutegetsi amutitiza kugeza naho ashaka kumwica akamuhusha. Icyo abahanga mu bya politiki bavuga kuri uru rwango Museveni yanga Bobi Wine, nuko mbere amatora atitabirwaga n’urubyiruko wabaga ari umuhango muri NRM ishyaka rya Museveni, ariko ubu Bobi Wine arakunzwe mu rubyiruko ndetse rusigaye rwitabira amatora; urwo rubyiruko kandi rwavutse Museveni ari Perezida abenshi ni abashomeri bakumva ko impamvu y’ubushomeri ari Perezida Museveni.

Ubwamamare bwa Bobi Wine ntabwo aruko aririmba gusa, ahubwo arakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga aho urubyiruko rumufata nk’umwami wabo kandi nawe yiyise “The Guetto President”. Museveni abibonye nawe yagiye ku mbuga nkoranyambaga ariko bigaragara ko ari abandi bantu bamwandikira, nyuma aza gutanga urwenya ubwo yari mundege ari kuri mudasobwa iciriritse avugako ariwe wisubiriza abagande bamuha induru. Uganda nicyo gihugu cya mbere ku isi gifite ijanisha ry’urubyiruko rwinshi ku isi ugereranyije n’umubare wabatuye icyo gihugu.

Ikindi gituma Museveni atinya Bobi Wine, ni uko mbere yafataga abamurwanya nk’abagamije gucamo amoko ibice cyangwa abanyabyaha, ariko Bobi Wine nta nakimwe yashinjwa.

Bobi Wine yamenyekanye cyane muri Uganda nyuma yo kwamamara mu gace k’akajagali ka Kamwokya nyuma yo kubona amafaranga, abfifashijwe n’umugore we bagiye mu mishinga y’uburezi n’isuku bikaba byaratumye atsinda amatora bimworoheye mu karere ka Kyandondo nk’umuntu ku giti cye adahagarariye ishyaka.

Yamenyakanye cyane mu nteko ubwo yarwanyaga ibyo guhindura imyaka y’umukuru w’igihugu aho mbere itegeko ryavugaga ko Perezida atagomba kurenza 75 nyuma bakabihindura no kurwanya itegeko ryo gusoresha imbuga nkoranyambaga. Mu mwaka wa 2018 yashinzwe icyaha cy’ubugambanyi naho muri 2019 ashinjwa icyaha cyo guhembera amacakubiri no gusuzuguza abantu Perezida Museveni.

Ubu ikiraje ishinge NRM na Komisiyo y’amatora ni ugushyiraho amategeko abangamiye Bobi Wine n’urubyiruko ayoboye mu matora ya Perezida wa Repubulika azaba muri 2021.

2019-10-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

Ubwanditsi 26 Nov 2024
Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada

Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Uganda: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zirarira ayo kwarika nyuma yo kumara igihe badahembwa

Uganda: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri Somalia zirarira ayo kwarika nyuma yo kumara igihe badahembwa

Ubwanditsi 30 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu
Mu Mahanga

Nyuma yo gusoza amashuri yisumbuye mu ishuri rya Deerfield Academy muri leta ya Massachusetts Brian Kagame yerekeje mu Itorero ry’Igihugu

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe
Amakuru

Muri gereza ya Mageragere haravugwa ingengabitekerezo ya Jenoside, Ababishinzwe nimutabare amazi atararenga inkombe

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Esther Rubera inkumi yamaze kwinjira muri ‘Management’ z’abahanzi bo mu Rwanda
SHOWBIZ

Esther Rubera inkumi yamaze kwinjira muri ‘Management’ z’abahanzi bo mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru