• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Ubwanditsi 05 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

 Leta y’u Rwanda n’ u Burusiya bikomeje ibikorwa byo kubaka umubano ahanini ushingiye ku bikorwa bya gisirikare, aha niho Uganda  ihera ivuga ko rushobora kuba ruri mu mugambi wo gutumiza imbunda nini zigenda ku modoka ndetse n’indege zo kwifashisha mu mirwano no gucunga umutekano.

Spyreports cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru ivuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya,  Sergey Lavrov yagize ibyo atangaza nyuma y’ikiganiro yagiranye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo ku cyumweru tariki ya 3 Kamena 2018, ari na byo Uganda ishingiraho ivuga ko u Rwanda rushobora kugira ubwirinzi bukomeye kurusha ubwayo.

Minisitiri w’Intebe, Sergey Lavrov yagize ati”Dufitanye umubano mwiza n’u Rwanda mu bya gisirikare netse no mu bya tekiniki, kugeza ubu inzego z’umutekano mu Rwanda, iza gisirikare n’izindi zitandukanye zikoresha kajugujugu zacu, intwaro ntoya zo kwifashiza hasi ku butaka n’izindi. Muri iyi minsi rero, ibijyanye n’intwaro twarongeye tubiganiraho ”

Yakomeje avuga ko mu mwaka washize, ibihugu byombi byicaye bikaganira hakemezwa imikoranire ihamye mu bya gisirikare ku mpande zombi.

Minisitiri Sergey Lavrov yunzemo ati”Muri 2017 habaye icyiciro cya mbere cyo gushyiraho uko imihahiranire igomba kuba iteye mu ihuriro ryabereye I Kigali mu Rwanda, ihuriro rya kabiri kuri ibi rikaba riteganyijwe muri uyu mwaka wa 2018 I Moscow mu Burusiya.”

Uyu muyobozi yakomeje vuga ko ibihugu byombi byishimiye uburyo bikomeje ubufatanye mu bya gisirikare no mu bya tekiniki.

Yongeyeho ko ibi bihugu byombi bifitanye ubufatanye mu guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba kuri ubu byamaze gushing ibirindiro ku mugabane w’Afurika, kurwanya ikoreshwa ry’ibitwabo bikoresha imyuka ihumanya ikirere (Nucleaire) n’ibindi.

Ikinyamakuru Syreports cyo kandi kivuga ko hari abantu cyagize ibanga bavuga ko u Rwanda ruri gushaka gushyira imbaraga mu bikorwa bya gisirikare ngo ruzabashe guhangana n’uwashaka gutobora ngo aze kuruhungabanyiriza umutekano cyane cyane abari mu mashyamba ya Congo.

Kimwe na Uganda kandi mu minsi ishize yakoresheje imbunda ziremereye ndetse n’indege ngo ibashe gutatanya abagize umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF) ukorera mu gace ka Eringeti mu ntara ya North Kivu.

Indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi Su-30MK2

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko Uganda na yo yakoresheje indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi Su-30MK2 yakuye mu gihugu cy’u Burusiya bityo u Rwanda rwo rukaba rushaka gukurayo ibirenze ibyo Uganda isanzwe ikoresha ikaba irasa za misile.

Uganda kandi ivuga ko u Rwanda indege yakoresheje mu guhashya abarwanyi ba ADF, ari nayo yifashishijwe mu kurwanya Al Qaeda muri Somalia ndetse n’ahandi hatandukanye ku isi, bityo ko kuba Uganda yarakoresheje ziriya ntwaro bishobora kuba ari bimwe mu bituma u Rwanda rushobora kuzana ibiremereye kurushaho bityo rukayicecekesha.

2018-06-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Muri  FLN ya Sankara, inzara iravuza ubuhuha, hakiyongeraho no gusambanya abana babakobwa kugahato

Ubwanditsi 24 Aug 2018
Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Sudani y’Epfo: Umugandekazi wakoraga mu biro bya visi perezida yirukanwe nyuma yo gutahurwa ko yabonye ubwenegihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 29 Mar 2018
Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Ubwanditsi 06 Sep 2023
Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Uganda yasabwe kurekura Abanyarwanda badafite ibyo bashinjwa bakava mu busho bafungiyemo

Ubwanditsi 16 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki urupfu rwa Juvenal Habyarimana rugumya kuriza Abafransa- Isesengura rya  Ntarugera Deo Koya
ITOHOZA

Kuki urupfu rwa Juvenal Habyarimana rugumya kuriza Abafransa- Isesengura rya Ntarugera Deo Koya

Ubwanditsi 01 Nov 2016
Icyo wamenya  k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi
UBUKUNGU

Icyo wamenya k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona
Amakuru

Ikindi kinyoma cya Tshisekedi gikubitiwe ahabona

Ubwanditsi 11 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru