• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

  • Umukiliya w’ibanze w’ibisahurano byibwa na FDLR ni MONUSCO; Col. BORA   |   28 Jun 2026

  • Abantu 53,426 bari bakatiwe igihano cyo kwicwa kubera guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   28 Jun 2026

  • Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara   |   27 Jun 2026

  • Ruharwa Ntabakuze azaguma muri gereza: IRMCT yatesheje agaciro ubusabe bwe bwo gufungurwa mbere y’igihe   |   27 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Ubwanditsi 05 Jun 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

 Leta y’u Rwanda n’ u Burusiya bikomeje ibikorwa byo kubaka umubano ahanini ushingiye ku bikorwa bya gisirikare, aha niho Uganda  ihera ivuga ko rushobora kuba ruri mu mugambi wo gutumiza imbunda nini zigenda ku modoka ndetse n’indege zo kwifashisha mu mirwano no gucunga umutekano.

Spyreports cyo muri Uganda dukesha iyi nkuru ivuga ko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya,  Sergey Lavrov yagize ibyo atangaza nyuma y’ikiganiro yagiranye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo ku cyumweru tariki ya 3 Kamena 2018, ari na byo Uganda ishingiraho ivuga ko u Rwanda rushobora kugira ubwirinzi bukomeye kurusha ubwayo.

Minisitiri w’Intebe, Sergey Lavrov yagize ati”Dufitanye umubano mwiza n’u Rwanda mu bya gisirikare netse no mu bya tekiniki, kugeza ubu inzego z’umutekano mu Rwanda, iza gisirikare n’izindi zitandukanye zikoresha kajugujugu zacu, intwaro ntoya zo kwifashiza hasi ku butaka n’izindi. Muri iyi minsi rero, ibijyanye n’intwaro twarongeye tubiganiraho ”

Yakomeje avuga ko mu mwaka washize, ibihugu byombi byicaye bikaganira hakemezwa imikoranire ihamye mu bya gisirikare ku mpande zombi.

Minisitiri Sergey Lavrov yunzemo ati”Muri 2017 habaye icyiciro cya mbere cyo gushyiraho uko imihahiranire igomba kuba iteye mu ihuriro ryabereye I Kigali mu Rwanda, ihuriro rya kabiri kuri ibi rikaba riteganyijwe muri uyu mwaka wa 2018 I Moscow mu Burusiya.”

Uyu muyobozi yakomeje vuga ko ibihugu byombi byishimiye uburyo bikomeje ubufatanye mu bya gisirikare no mu bya tekiniki.

Yongeyeho ko ibi bihugu byombi bifitanye ubufatanye mu guhangana n’ibikorwa by’iterabwoba kuri ubu byamaze gushing ibirindiro ku mugabane w’Afurika, kurwanya ikoreshwa ry’ibitwabo bikoresha imyuka ihumanya ikirere (Nucleaire) n’ibindi.

Ikinyamakuru Syreports cyo kandi kivuga ko hari abantu cyagize ibanga bavuga ko u Rwanda ruri gushaka gushyira imbaraga mu bikorwa bya gisirikare ngo ruzabashe guhangana n’uwashaka gutobora ngo aze kuruhungabanyiriza umutekano cyane cyane abari mu mashyamba ya Congo.

Kimwe na Uganda kandi mu minsi ishize yakoresheje imbunda ziremereye ndetse n’indege ngo ibashe gutatanya abagize umutwe wa Allied Democratic Forces (ADF) ukorera mu gace ka Eringeti mu ntara ya North Kivu.

Indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi Su-30MK2

Iki kinyamakuru kandi kivuga ko Uganda na yo yakoresheje indege y’intambara yo mu bwoko bwa Sukhoi Su-30MK2 yakuye mu gihugu cy’u Burusiya bityo u Rwanda rwo rukaba rushaka gukurayo ibirenze ibyo Uganda isanzwe ikoresha ikaba irasa za misile.

Uganda kandi ivuga ko u Rwanda indege yakoresheje mu guhashya abarwanyi ba ADF, ari nayo yifashishijwe mu kurwanya Al Qaeda muri Somalia ndetse n’ahandi hatandukanye ku isi, bityo ko kuba Uganda yarakoresheje ziriya ntwaro bishobora kuba ari bimwe mu bituma u Rwanda rushobora kuzana ibiremereye kurushaho bityo rukayicecekesha.

2018-06-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko

RUSHYASHYA 20 Apr 2026
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Ubwanditsi 29 Aug 2023
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019
Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Abarokotse ibitero bya FLN babwiye urukiko inzira y’umusaraba banyuzemo mu ijoro ryo kuwa 15 Ukuboza 2018

Ubwanditsi 16 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye
Mu Rwanda

Iya 24 Mata 1994: Inkotanyi zatangiye guhungishiriza i Byumba abo zari zarokoye

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota
Amakuru

Umunsi  wa 20 wa shampiyona y’u Rwanda usize Rayon Sports itsikiriye I Ngoma, Police FC na As Kigali zigabana amanota

Ubwanditsi 06 Mar 2022
Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]
ITOHOZA

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru