• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yongeye gusubikwa

Ubwanditsi 20 Dec 2018 INKURU NYAMUKURU

Inama ya 20 y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba, EAC yari iteganyijwe kubera i Arusha muri Tanzania yongeye gusubikwa ku nshuro ya kabiri.

Ku ikubitiro iyi nama yari iteganyijwe ku wa 30 Ugushyingo 2018, iza gusubikwa yimurirwa ku wa 27 Ukuboza 2018. Icyo gihe yasubitswe kubera nta muyobozi uhagarariye u Burundi wayitabiriye.

Iyi nama yari yimuriwe ku wa 27 Ukuboza nanone yongeye gusubikwa.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier yatangaje abinyujije kuri Twitter ko “iyi nama yimuwe kugira ngo abakuru b’ibihugu bazabashe kuyitabira. Abenshi muri bo ntabwo bari kuboneka ku wa 27 Ukuboza 2018, kuko ari mu gihe cy’iminsi mikuru.”

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, ushinzwe Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Nduhungirehe Olivier

Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa EAC Ushinzwe Imari n’Ubutegetsi, Bazivamo Christophe, yavuze ko “Byemejwe ko inama itazaba ku wa 27 Ukuboza.”

Inama y’abaminisitiri bashinzwe ibikorwa bya EAC ibanziriza iy’abakuru b’ibihugu yari iteganyijwe ku wa 20 Ukuboza nayo yahise ihagarikwa.

Amakuru ataremezwa avuga ko iyi nama ishobora kwimurirwa muri Gashyantare cyangwa Werurwe 2019.

Iyi nama isubitswe mu gihe Leta y’u Burundi yaherukaga gutangaza ko Perezida Nkurunziza Pierre ashobora kuyitabira cyangwa akohereza indi ntumwa ye.

Abasesenguzi ba politiki yo muri EAC bavuga ko batatunguwe n’icyemezo cyo gusubika iyi nama ahanini bashingiye ku mwuka utari mwiza hagati y’ibihugu bigize uyu muryango by’umwihariko imibanire y’abayobozi b’u Burundi na Uganda ku Rwanda.

Iyi nama isubitswe mugihe hari amakuru ahamya ko Umuvugizi wa FDLR yafashwe avuye i Kampala guhura n’abashaka gutera u Rwanda. LaForge Fils Bazeye wari Umuvugizi wa FDLR n’ushinzwe iperereza muri uyu mutwe, Lt-Col. Abega, bitangazwa ko bari bavuye i Kampala muri Uganda guhura n’abandi bayobozi batandukanye barimo abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda harimo n’abahagarariye RNC ya Kayumba Nyamwasa.

Aba bayobozi muri FDLR bafashwe n’ingabo za Congo Kinshasa (FARDC) ku wa Gatandatu tariki ya 15 Ukuboza 2018, i Bunagana, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuye muri Uganda guhura n’abandi bayobozi, ngo bategura ibitero. Kuri ubu bakaba bafungiye i Kinshasa.

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC yari yitezweho gusuzumirwamo uko Somalia yakinjizwa mu muryango, kwiga ku mishinga y’amategeko yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba (EALA) irimo uwo gucunga ibikoresho bikozwe muri pulasitiki, gushyiraho Urukiko rumwe, umushinga w’Ifaranga rimwe n’iyindi.

Inama iheruka yasubitswe kuko u Burundi bwanze kuyitabira

 

2018-12-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Umujenosideri Fulgence Kayishema afashwe amaze guhindura amazina inshuro 4!

Ubwanditsi 26 May 2023
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Ubwanditsi 16 Dec 2020

2 Ibitekerezo

  1. Ntareyekanwa
    December 20, 20188:41 pm -

    mbega agatogo k’amakuru!

    Subiza
  2. Emmy
    December 22, 20185:06 am -

    Nibayitegure neza kuko uyu muryango ni ingirakamaro mu karere kacu nubwo satani avangavanga abantu.Ariko Museveni we ntazi abo ari gukina nabo azbaze umugani winkware incira nareke bamugire ikiraro amenye ko bambutse bahita bagisenya.ubuse amasezerano ya Arusha mu Burundi ntiyakubiswe agashoka!!!!!! burya koko gusaza nugusahurwa.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo
Mu Mahanga

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Imishinga itatu ya baringa ikiryabarezi Thomas Nahimana n’agatsiko ke bashaka gukoresha muri gahunda yabo ya mpemuke ndamuke
Amakuru

Imishinga itatu ya baringa ikiryabarezi Thomas Nahimana n’agatsiko ke bashaka gukoresha muri gahunda yabo ya mpemuke ndamuke

Ubwanditsi 25 Mar 2022
Agahuru k’Abajenosideri mu Bubiligi Kahiye, Batatu Batawe muri Yombi na Marcel Sebatware Dosiye ye Ishyikirizwa Ubutabera
Amakuru

Agahuru k’Abajenosideri mu Bubiligi Kahiye, Batatu Batawe muri Yombi na Marcel Sebatware Dosiye ye Ishyikirizwa Ubutabera

Ubwanditsi 03 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru