• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Ubwanditsi 19 Apr 2017 POLITIKI

Djibouti ni igihugu giherereye mu Ihembe rya Afurika, hafi neza y’icyo umuntu yakwita urugabano mpuzamahanga kuko iri ahantu Inyanja Itukura ihurira n’Inyanja y’Ubuhinde; ibintu bifasha iki gihugu mu kwambutsa ibicuruzwa ibyinshi bijya cyangwa biva muri Ethiopia.

Iki gihugu nicyo Perezida Kagame yagiriyemo uruzinduko rw’iminsi 2 kuva kuwa Kabiri tariki ya 18 Mata 2017. U Rwanda ruruta gato Djibouti ho ubuso bungana na Kilometerokare 3138, rukaba runatuwe kuyirusha kuko yo ibarirwa abaturage hafi miliyoni imwe.

Mu ruzinduko rwe muri icyo gihugu, Perezida Kagame ari kumwe na Madamu, yasuye icyambu cya Doraleh giherereye mu gace ka Balbala mu Mujyi wa Djibouti. Ni mu Majyepfo yinjira mu Nyanja y’Umutuku aho imigabane itatu (Aziya, Afurika, n’u Burayi) itandukanira.

Ni icyambu cyashyizweho mu rwego rwo kuzamura ububahirane muri aka gace ko mu ihembe rya Afurika kugira ngo ibicuruzwa bizanwe n’amato aturutse mu Nyanja Itukura cyangwa iy’Ubuhinde. Ni icyambu kigenzurwa n’Ikompanyi y’Abarabu, DP World, na China Merchants Holdings yo mu Bushinwa.

Imibare igaragaza ko mu mwaka ushize wa 2016 nibura amakontineri 914,300 yanyuze kuri iki cyambu. Ni mu gihe umwaka ushize kandi iki cyambu cyakiriye ibikoresho byo ku rwego ruhambaye byavanywe mu Bushinwa.

-195.png
Icyambu cya Doraleh giherereye mu gace ka Balbala mu Mujyi wa Djibouti

Muri 2012, iki cyambu cyabaye icya kabiri muri Afurika gifite ubushobozi bwo kugenzura neza niba imizigo nta gisasu cy’ubumara ifite nyuma y’icya Mombasa.
Ibikoresho byifashishwa byashyizwe kuri iki cyambu nyuma y’inkunga yatanzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ibarirwa hagati ya miliyoni umunani n’icyenda z’amadolari.

Kuri iyi Nyanja Itukura, ni ho Djibouti mu 2013 yahaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 20 bukazarukoresha nk’ahantu hazajya hagezwa imizigo ikahavanwa n’indege iza mu Rwanda.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yatangaje ko icyihutirwa ari ukubyaza umusaruro ubwo butaka igihugu cya Djibouti cyahaye u Rwanda.

Ati “Icyo navuga cyihutirwa kandi gifatika ni ukubyaza umusaruro ubutaka leta ya Djibouti yahaye u Rwanda ku cyambu cya Djibouti. Iki gihugu gifite ubukungu bujyanye n’aho giherereye; gituye ku Nyanja hakaba ari ahantu hanyura amato menshi hari ibikorwa byinshi by’ubucuruzi.”

2017-04-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Bomboli-Bomboli : Amacakubiri yongeye kwaduka muri RNC

Ubwanditsi 11 Sep 2019
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )

Ubwanditsi 10 Jul 2016
Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Narababwiye ngo u Rwanda kubera ko ari ruto ntabwo tuzategereza udutera adusanga hano -“Chairman”

Ubwanditsi 29 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth
INKURU NYAMUKURU

M7 yasinziriye mu nama ya Commonwealth

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho
ITOHOZA

Uko Prof. Nshuti Manasseh Asesengura Umubano W’u Rwanda Na Uganda Ashingiye Ku Makuru Y’imvaho

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa
Amakuru

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Ubwanditsi 15 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru