• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Ubwanditsi 02 Jul 2020 Mu Rwanda

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa kabiri tariki ya 30 kamena 2020, umuyobozi ushinzwe abaforomo n’ababyaza mu bitaro bya Nyamata mu karere ka Bugesera Madame Murebwayire Marie Grace yabwiye abanyamakuru ko uburyo bwo kwakira ababagana bwahindutse kubera uburyo bwo kwirinda COVID 19

Agira ati “Uburyo twakira abatugana muri ibi bihe ntibyoroshye, kuko bidusaba kugenzura ko umuntu wese winjiye abanza gukaraba intoki hanyuma agapimwa umuriro kugira ngo turebe uko ahagaze”

Marie Grace akomeza avuga ko iyo basanze afite umuriro ukabije bakamujyana ahabugenewe akabazwa amakuru yose y’ibirebana na covid-19

Nubwo nta muntu n’umwe barasanga afite iyi virusi, ariko muri ibi bitaro bya Nyamata hari ahabugenewe bashyira abakekwaho ubwandu bw’iyi virusi hazwi nko mu kato

Ati “tumaze kwakira abantu bagera ku 8 tubashyira mu kato aho bamara iminsi bakurikiranwa n’abaganga gusa, ariko nta murwayi n’umwe wagaragaweho Covid 19 muri abo bose”

Buhirike Jean Bosco ushinzwe gukumira no kurwanya indwara z’ibyorezo muri ibi bitaro, avuga ko abantu benshi bamaze kumva neza ibijyanye no kwirinda iyi ndwara.

Ati “tumaze gukora ubukangurambaga tukabona abantu bagera kuri 4 batambaye agapfukamunwa ariko nabo ukabona bafite isoni ariko nabo twarabasobanuriye babyumva neza”

Akomeza avuga ko mu rwego rwo gukomeza kwirinda Coronavirus bafashe ingamba zikomeye hamwe n’inzego z’umutekano, barinda abaturage bagenda batambaye udupfukamunwa, abaca mu nzira zitemewe bava i Burundi n’ahandi, kugira ngo bazatsinde Virusi yugarije isi, ibi binashimangirwa na Dr Ntahompagaze Cyrille Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Nyamata

Aho yavuze ko mu bipimo 2050 bimaze bufatwa mu karere ka Bugesera nta murwayi n’umwe urahaboneka, dore ko na Meya w’aka Karere Bwana Mutabazi Richard yabwiye abanyamakuru ko, nta barwayi baturuka muri aka karere bagaragaweho na Corona virus, uretse bamwe bapimiwe muri ako karere ariko babaga bavuye ahandi

Families face hunger over drought and poor harvest - Rwanda Today

Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Bwana Mutabazi Richard (Photo: N. Cyrille)

Nyirayezu Annonciata ni umuturage utuye mu murenge wa Rweru mu kagari ka Ndemba mu mudugudu wa Rutete yabwiye abanyamakuru ko yacengewe n’inyigisho zo kwirinda ikwirakwizwa rya Corona virusi. Ati ” Nubwo twugarijwe n’iki cyago cya covid-19 hakenewe ubufatanye hagati y’ababyeyi n’ubuyobozi mu kwigisha abana babo kwirinda covid 19 bambara udupfukamunwa, guhana intera hagati y’umuntu n’undi no gukaraba intoki kenshi gashoboka

Meya Mutabazi, avuga ko biteguye guhangana na Corona virusi, kandi ko ku bufatanye n’inzego zose bazayitsinda.

2020-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Ubwanditsi 09 May 2018
Perezida Kagame yayoboye inama nyunguranabitekerezo ku mavugururwa ya AU

Perezida Kagame yayoboye inama nyunguranabitekerezo ku mavugururwa ya AU

Ubwanditsi 20 Aug 2017
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Ubwanditsi 03 Oct 2022
CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

Ubwanditsi 28 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo
IMIKINO

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside
ITOHOZA

Umunyarwanda wabeshye inzego za Amerika aranashinjwa uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 22 Jan 2016
Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo
INKURU NYAMUKURU

Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Ubwanditsi 14 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru