• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada

Umunyamategeko Ndibwami Alain arasaba  ubuhungiro muri Canada

Ubwanditsi 14 Nov 2017 INKURU NYAMUKURU

Kuva Me Ndibwami Alain atabwa muri yombi ukurikiranweho gukoresha inyandiko mpimbano, bivugwa ko zamuhaga uburenganzira bwo gukurikirana imutungo ya Rujugiro Ayabatwa Tribert, nyuma akaza kwiyambura ububasha bwose izo nyandiko zamuhaga, akarekurwa, ntawongeye kumuca iryera.

Me Ndibwami Alain bivugwa ko yahunze igihugu aciye Uganda yerekeza muri Amerika kuri ubu akaba arimo gusaba ubuhungiro mu gihugu cya Canada.

Mu mwaka w’2013 Ndibwami yatawe muri yombi kubera gutambamira igurishwa rya UTC, akoresheje inyandiko mpimbano, Ndibwami wagaragaje impapuro zamwemereraga kugira ububasha ku mitungo ya Rujugiro Ayabatwa Tribert uri mu buhungiro hanze y’igihugu, imbere y’umucamanza yatangaje ko ububasha yari yahawe abwiyambuye, ndetse ko n’uburenganzira bwose izo mpapuro zamuhaga nta gaciro bufite.

Ubushinjacyaha mu rubanza bwavuze ko inyandiko itanga uburenganzira ku mitungo yakozwe na Rujugiro ari mu birwa bya Maurice, akayoherereza Ndibwami Alain amuha uburenganzira bwo gusinya inyandiko zose zimureba. Ngo byagaragaye ko iyo nyandiko yakozwe ku wa 3 Kanama 2009 iriho umukono wa Rujugiro kandi yarashyizweho umukono na Noteri kuri iyo tariki.

Ubushinjacyaha buvuga ko inyandiko yakorewe mu mahanga, itanga uburenganzira bwo guhagararira umuntu kugira ngo igire agaciro, ikorerwa muri Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu, hanyuma ikoherezwa muri Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga, bikemezwa n’umukozi ubishinzwe.

Ubushinjacyaha bukavuga ko iyo nyandiko nubwo ibyo yaba ivuga byaba ari byo, idashobora gukoreshwa itanyuze mu nzira zemewe. Bityo impapuro ziriho umukono wa Rujugiro zitari kwemerwa mu gihe zitanyuze muri Ambasade y’u Rwanda iri aho zandikiwe.

 

Bunavuga kandi ko na kashe yateweho ndetse n’umukono byashyizweho bigaragaza ko ari ibya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ari ibihimbano, kuko bitanyuze mu nzira zizwi.Ubushinjacyaha bwongeraho kandi ko n’umukozi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, bigaragara ko ariwe washyize umukono kuri izo nyandiko, yabihakanye ko atazizi.

Amakuru Rushyashya yabashije kumenya ni uko Me Ndibwami yoherejwe na Rujugiro muri Canada kugirango afatanye na David Himbara kurwanya leta y’u Rwanda, kuri ubu Ndibwami ategerejwe kujya imbere y’urukiko, asaba ubuhungiro, akaba yaragaragaye muri Canada, arikumwe n’umugore we ndetse na Tabita murumuna w’Adeline Rwigara nawe uba aho muri Canada.

Si igitangaza kumva ko Ndibwami yahunze kuko abantu benshi bamaze kubigira iturufu guhunga nyuma yo gukurikiranwa n’ubutabera bashinjwa ibyaha baba bakoze.

Mu nkuru zacu dukunda guca umugani uvuga ngo: “Nyereka inshuti zawe, ndakubwira uwuriwe” – ntibisaba gushishoza ngo umenye Impamvu yagiye Canada asanze ba himbara na ba Tabita!

Cyiza D.

2017-11-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Ubwanditsi 01 Mar 2025
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022
Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Gusara ni ugushishikara: Kwa Thomas Nahimana bafite” minisitiri ushinzwe inzererezi” muri Leta y’inzererezi n’abazunguzayi.

Ubwanditsi 30 Aug 2024
Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Ubwanditsi 28 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi 160 b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo
HIRYA NO HINO

Abapolisi 160 b’u Rwanda boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Ubwanditsi 29 Apr 2018
Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo
INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi Mukuru w’ikinyamakuru Rushyashya Burasa Jean Gualbert yatuvuyemo

Ubwanditsi 05 May 2020
AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu
IMIKINO

AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru