• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Burundi : Imbonerakure n’Interahamwe nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Burundi : Imbonerakure n’Interahamwe nyinshi zambaye gisilikare zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Amakuru atangazwa na UBM news, avuga ko izi Mbonerakure  n’interahamwe nyinshi zashyizwe ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda  mu mpera z’icyumweru gishize, abaturage baturiye imipaka bakaba bavuga ko bafite impungenge.

Iki kinyamakuru gitangaza ko Imbonerakure, nk’urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku buyobozi, zashyizwe cyane cyane ku mipaka y’u Burundi n’u Rwanda ndetse n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umwe mu baganiriye n’iki kinyamakuru, yagize ati “Mu ijoro ryo ku wa Kane, haje imodoka ya double cabine, yari izanye ibikoresho izo Mbonerakure zishobora kwifashisha, buri wese yambaye imyenda ya gisirikare, dufite ubwoba bw’izo Mbonerakure kuko hari hasanzwe hari abasirikare basanzwe”.

Ubwo Perezida Nkurunziza yiteguraga kwiyamamaza kuri manda ya gatatu mu 2015, nabwo byatangazwaga ko Imbonerakure zahawe imyenda ya gisirikare na polisi n’intwaro, zihabwa n’inshingano zo kurinda umujyi wa Bujumbura, zikirirwa zihanganye n’abigaragambyaga.

Izi Mbonerakure zagiye zinengwa mu raporo zasohowe n’akanama ka Loni gashinzwe uburenganzira bw’ikiremwamuntu, ko zihohotera abatavuga rumwe na Leta, gufata abagore ku ngufu, ubwicanyi,…

Gusa Leta y’u Burundi yagiye ihakana ibyo zishinjwa, ikavuga ko nta myitozo ya gisirikare zihabwa n’ibikoresho. Kuri iyi nshuro ikaba nta kintu yari yatangaza.

Ibi biraba mugihe hari andi makuru , aturuka i Burundi arahamya ko hari umugambi utegurirwa muri iki gihugu wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Amakuru  dukesha urubuga rwa  twitter ya ndongoziB, avuga ko Abaturage  amagana bo muri Komini ya Bukinanyana aho mu gihugu cy’Uburundi babifashijwemo n’Igipolisi cy’Igihugu ishami rya Komini ya Bukinanyana  binjijwe  mu mutwe witoza  intwaro,  ugizwe n’Interahamwe, imbonerakure n’urubyiruko rwitwa urwa RNC [ Kayumba Nyamwasa] zikorera imyitozo mu Burundi mu ishyamba rya Rukoko ni mu Ntara ya Cibitoki.  Ibyo kwandika abantu bikaba byarabereye ku kicaro cya Polisi y’Uburundi ikorera muri Komini Bukinanyana mu minsi ya mbere y’ukwezi kwa Mutarama 2018, bafite umugambi wo gutera u Rwanda, babifashijwemo n’Imbonerakure.

Uyu mugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’ igihugu cy’u Rwanda uri gutegurirwa mu ibanga mu gihugu cya Uganda n’u Burundi urimo na RNC ya Kayumba Nyamwasa  na  FDLR  kandi  uyu  mugambi wo kuzahungabanya umutekano w’igihugu cy’u Rwanda wiganjemo n’Interahamwe zisanzwe zaratojwe  ubwicanyi  mu gihugu cy’Uburundi na Repubulika iharanira Demokarasi ya congo. Izi  nterahamwe ninazo zirinda muri ikigihe umukuru w’igihugu cy’u Burundi Petero Nkurunziza.

 

 

2018-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Tugomba gukora cyane mu gihe turi ku buyobozi, dukora ibizafasha ahazaza h’abaturage bacu- Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Burya umusazi ngo arasara akagwa ku ijambo, Serge Ndayizeye, umuzindaro w’ibigarasha, ati:”Uwaturoze ntiyakarabye’’.

Ubwanditsi 28 Mar 2022
Amaherezo y’Inzira ni mu nzu, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda

Amaherezo y’Inzira ni mu nzu, umwicanyi Ndereyehe azoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Dec 2020
Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Uganda: ni mpamvu ki ibinyoma ku Rwanda bikomeje kwiyongera?

Ubwanditsi 21 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen MK Mubarakh Muganga yasuye APR FC yitegura guhura na Police FC muri shampiyona y’u Rwanda

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara
POLITIKI

Green Party yasabye ko akato gahabwa abana babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu n’interahamwe gahagarara

Ubwanditsi 07 Apr 2018
Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.
Amakuru

Ubwongereza burasanga gutera inkunga ingabo za SADC ziri muri Kongo bishobora kongerera ikibazo ubukana.

Ubwanditsi 09 Sep 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru