• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15
Perezida Bongo, Yayi Boni na Nkurunziza ubwo bitabiraga irahira rya Perezida Kagame mu mwaka wa 2010 ndetse n'indege ya RDF izimya umuriro watwikaga isoko rya Bujumbura muri 2013

Nkurunziza arabiba urwango hagati y’u Rwanda n’ Burundi mu rwego rwo guhisha ibyaha ashinjwa no kutagaragaza umusaruro w’imyaka 15

Ubwanditsi 27 Dec 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Manda ya gatatu ya Perezida w’u Burundi  Pierre Nkurunziza  yamennye amaraso menshi aho abarenga 1500 bishwe abandi ibihumbi 150 bagahungira mu bihugu by’abaturanyi, ndetse abarenga 800 bakaburirwa irengero; abakozweho n’amahano ya Nkurunziza bakaba bararegeye Ubutabera Mpuzamahanga.

Iyo mdanda ya gatatu ya Nkurunzizaizagera iri ku musozo wayo umwaka utaha kandi Nkurunziza yavuzeko atazongera kwiyamamaza niba ibyo avuga aribyo.  Hashize imyaka igera kuri ine,  Nkurunziza ndetse na CNDD FDD badahwema guhunga inshingano zabo nk’ubuyobozi ahubwo birirwa bashaka kwerekana ko ibibazo byose bafite babiterwa n’abandi naho bo ubwabo ari abatagatifu. Iki nicyo kibazo gikomereye cyane ubuyobozi mu Burundi, kubera guhunga inshingano.

Kuva mu mwaka wa 2015, Abarundi bahaguruka bakamagana ubutegetsi bubi bwa Perezida Nkurunziza kugeza naho bamwe mu basirikari bagerageje gukora Coup d’Etat bikanga, Nkurunziza yakomeje kwitwaza amahanga n’Imiryango Mpuzamahanga aho ibihugu nk’u Bubiligi, U Bufaransa, Koreya n’u Rwanda byagiye bishyirwa mu majwi na Nkurunziza adasize inyuma UN na AU.

Ibi ariko ntibyanyuze Nkurunziza kuko ubu icyo agendereye mu mpera za 2019, ni ukwigisha u Burundi n’abarundi ko u Rwanda ari umwanzi,  kuva kera ko abarundi bakwiriye kurugendera kure aho bemeje kumugaragaro ko u Rwanda ari umuturanyi mubi. Nyamara mu myaka itanu ishize u Burundi nibwo bwabaniye nabi u Rwanda rwiyegereza abarwanya u Rwanda aho bakiriye umubare munini wa FDLR babinjiza mu gisirikari ndetse iyo Uganda n’u Burundi badafasha Kayumba Nyamwasa, ntabwo yari kubasha kugeza ingabo ze mu burasirazuba bwa Kongo.

Ibi byagaragajwe na raporo ya UN ko abarwanyi bavaga muri Uganda nahandi bakoherezwa  mu Burundi ndetse bishimangirwa na Maj (rtd) Mudhatiru wari uyoboye ingabo za Kayumba agafatwa akoherezwa mu Rwanda.

Mu mwaka wa 2018, Perezida Nkurunziza yahaye inzira ingabo za FLN z’impuzamashyirahamwe MRCD ihuriwe na Rusesabagina, Twagiramungu na Callixte Nsabimana nawe wafashwe akoherezwa I Kigali aho bagabye ibitero bibiri kimwe mu murenge wa Nyabimata ikindi mu muremge wa Kitabi. Tariki ya 1 Ukwakira 2018, FLN yateye Nyabimata yica abantu babiri abandi barakomereka, ndetse na Nyamagabe, Cyitabi aho abantu babiri bapfuye abandi umunani bagakomereka.

Ubushake bw’u Rwanda mu gutsura umubano n’u Burundi

Mu mwaka wa 2006, Perezida Nkurunziza yaje mu ruzinduko rw’akazi I Kigali ndetse yerekana n’impano ye y’umupira w’amaguru ubwo ikipe iye Halleluya FC yakinaga ni y’abayobozi b’u Rwanda izwi nka Vision 2020. Icyo gihe Perezida Kagame yari umutoza wa Vision2020 FC; nyuma yaho Perezida Kagame n’itsinda rinini bagize uruzinduko rukomeye I Bujumbura rugaragaza ubuvandimwe hagati y’ibihugu byombi.  Hagaragaye kandi ibikorwa bigaragaza umubano mwiza hagati y’ibihugu byombi aho u Rwanda rwatanze ubufasha mu kuzimya isoko rya Bujumbura ubwo ryafatwaga n’inkongi y’umuriro, ukaba wari gutwika no munkengero z’isoko;  indege ya RDF yarahagobotse izimya umuriro.

Ubwo umwaka wa 2015 wageraga, manda ya Nkurunziza y’imyaka 10 nkuko biteganywa n’amasezerano y’Arusha yageraga ku musozo, nibwo CNDD FDD yabuze uko ibyifatamo, bityo bakurura igihe banga kuvuga uzasimbura Nkurunziza maze tariki ya 25 Mata 2015, CNDD FDD yemezako Nkurunziza akomeza kuko manda ya mbere (2005-2010) itabarwa. Ku munsi wakurikiye tariki ya 26 Mata 2015, umugi wa Bujumbura wuzuye ibihumbi by’abigaragambya bamagana icyo cyemezo iminsi yose, kugeza ubwo bamwe mu basirikari bateguraga Coup d’Etat kuri 13 Gicurasi 2015 igapfuba, ubwo Nkurunziza abona umwanya wo kwigizayo abo adashaka, itangazamakuru aratwika maze ibihumbi by’Abarundi bihungira mu bihugu bitatu bikikije u Burundi aribyo Tanzaniya, Kongo n’u Rwanda.

Mu mpera z’uyu mwaka, Nkurunziza yumvikanye inshuro nyinshi avuga ko u Rwanda ari umwanzi uhoraho bagomba kumenya, nyamara yiyibagiza ko u Rwanda ari igihugu cy’abaturanyi biyambazaga ubwo bagiraga ibyago.

Mu gihe kandi, u Rwanda n’u Burundi byinjiraga mu muryango wa EAC, u Burundi bwagize ikibazo cyo gutanga amafaranga buri gihugu gitanga afasha inzego zuwo muryango gukora maze u Rwanda rwishyurira u Burundi imyaka ibiri. Usibye kandi ibyo u Rwanda rwakoreye u Burundi, Perezida Kagame na Perezida Nkurunziza bagiye bagira ingendo zinyuranye hagati y’ibihugu byombi aho Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Nkurunziza mu mwaka wa 2005 na 2010 akagirira uruzinduko rw’akazi, ndetse yitabira umunsi w’ubwigenge. Nkurunziza nawe yagize ingendo zitandukanye mu Rwanda nyinshi ndetse yitabira irahira rya Perezida Kagame mu mwaka wa 2010.

Nkurunziza n’akazu ke, barashaka ko batabazwa ibyo bakoreye abarundi nyuma yo kwica benshi mu moko yose, bagashaka ko abahutu bibonamo abatutsi nk’abanzi bikanga, barashaka kwimura urwango bakarushyira hagato y’u Rwanda n’u Burundi, ariko birengagije ko u Rwanda n’uburundi ari abaturage basanzwe babanye neza nubwo CNDD FDD yabashyizemo politiki mbi. Ibyo bakoze bazabibazwa hagati yabo batitwaje guteranya abaturage b’ibihugu byombi.

2019-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Hagati ya CMI na RNC imizinga iraza kuvamo imyibano ku ibura rya Ben Rutabana utagejejwe Imbere y’Ubucamanza bwa Uganda

Ubwanditsi 28 Feb 2020
ADEPR : Uko Usabwimana Samuel  yahunze  Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

ADEPR : Uko Usabwimana Samuel yahunze Igihugu n’Impamvu zabyo [ Yavuguruwe ]

Ubwanditsi 14 Mar 2017
Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange

Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange

RUSHYASHYA 13 Jul 2026
Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Abanyarwanda mu begukanye imidali muri ’Kigali International Peace Marathon 2024’, Abarimo Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu n’uwa Siporo bakora Run for Fun

Ubwanditsi 10 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza
Amakuru

Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza

RUSHYASHYA 06 May 2026
Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika
Amakuru

Umusifuzi w’umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umugore wa mbere uyoboye imikino y’abagabo mu gikombe cya Afurika

Ubwanditsi 19 Jan 2022
Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda
ITOHOZA

Urwego Rushinzwe Umutekano Imbere Mu Gihugu Rwasatse Bikomeye Ububiko Bwa MTN-Uganda

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru