• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo
Serge Ndayizeye ati ndashaka umushahara inshuro eshatu cyangwa mbivemo kuko ndi muri risques

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Ubwanditsi 31 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Birazwi neza ko RNC ari agatsiko k’iterabwoba kayobowe na Kayumba Nyamwasa ariko kuri we hari abo yita abahutu be ashyira mu buyobozi ariko ku mugaragaro ariwe uyobora. Umwe mu mandwa zizerwaga na Kayumba Nyamwasa ariwe Serge Ndayizeye, akaba ari umukuru wa Radiyo rutwitsi bita Itahuka mu ibaruwa yandikiye Kayumba mw’ibanga dore ko atahaye copie pour information amenyesha abandi bagize ishyaka ariko Rushyashya ikaba ifite copie, arasaba ko mubihe bagezemo kubera akazi kenshi ndetse ngo no gufata icyo yise risque ngo agomba kukubirwa agahimbazamusyi (umushahara uva mu mafaranga bakira) inshuro eshatu kandi agasaba ko uwitwa Axel Kalimijabo ngo yahabwa umushahara ungana nuwo Serge yahabwaga ngo akagirwa umunyamakuru wa Radio itahuka bityo ngo agahabwa kontaro ya kazi bitaba ibyo bagasezera kuri Radio itahuka bidasubirwaho.

Ibi bibaye mu gihe uwari ushinzwe amakuru no kuyatangaza, ariwe Jean Paul Turayishimye twakwita ko yari akuriye Vuvuzela Serge Ndayizeye nawe yeguye mu minsi yashize.

Serge yibukije ingaruka byagira icyemezo cyabo kiramutse kitubahirijwe ndetse akora na bilan yerekana  ibyo itahuka yakoze n’uburyo ngo yarwanye intambara ya karundura mugihe Dogiteri Theogene Rudasingwa na Yozefu Ngarambe bagize uruhare mwishingwa ya Radio itahuka bashakaga kuyisubiza.

Ikindi arasaba Kayumba kubakura mucyo yise urujijo bitewe nibibazo biri muri RNC byototera nandi mashyirahamwe RNC ihuriyeho nabandi nka P5 ndetse yerekana ko abantu benshi bamwisanzuraho baba muyandi matsinda bamubaza we ibyo atabasha kubonera ibisubizo bityo nawe bikamutera kubyibazaho kandi akabona ntabushake buri mwihuriro byo kuganira no gukemura ibyo bibazo.

Ikindi Serge Ndayizeye atanga urugero avuga ko kazoza ka RNC katagaragara kandi ko abantu benshi bamaze gucika intege, anavuga ko ibiba muri RNC  muri iki gihe bituma atekereza cyane Ku magambo Theogene Rudasingwa yagiye amubwira mbere gato na nyuma aho aviriye muri RNC nandi bagenzi be bagiye bamubwira.

Ikindi ashimangira ko ibitekerezo bye bidatandukanye cyane nibya Jean Paul Turayishimiye, kwibura rya Rutabana Benjamin avuga ko Rutabana ari mu bantu bamukora ku mutima kandi bamubaye hafi ndetse nu muryango we byumwihariko avuga ko atazigera yibagirwa ibiganiro bakoranye, ambiance yamwereka ubwo yabaga yaje mu Bubiligi ndetse na Communication bagiranaga kuri telefone na handi.

Serge asaba ko haba inama y’igitaraganya yagereranije ngo nimwe Twagiramungu yise Rukokoma hakabaho gusasa inzobe , gutanga ihumure ngo no gushaka uwo yise umwanzi ubarimo ngo wabinjiriye akaba abageze mu musokoro.

Serge kandi yaciriye amarenga Kayumba ko aho bukera baza kwirukanwa muri P5. cyangwa ngo bakayisigaramo bonyine hamwe nabo yise ba hafi ya ntabo ashyira mu dukubo ( amahoro PC).

Ni ukubitega amaso ariko ngo akishwe kaburiwe ni impongo kandi ngo umwana umuhana avayo ntumuhana ajyayo. Nikenshi abantu baburiwe ko RNC ari virusi izamunga ikarya nabayo ndetse amaherezo nayo ikaba imungu.

Ibi byose biri kuba uwitwa ko ari umuhuzabikorwa wa RNC, Jerome Nayigiziki ntacyo yiyiziye. Ni mugicuku kuriwe.

2019-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Ubwanditsi 11 Jan 2021
Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Impamvu Jambo asbl ntacyo ikwiye kuvuga ku matora yabereye mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Jul 2024
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Ubwanditsi 03 Aug 2025
Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Ubwanditsi 26 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon sports ikoze mu Ijisho  rya APR FC
Mu Rwanda

Rayon sports ikoze mu Ijisho rya APR FC

Ubwanditsi 31 Aug 2017
Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero
Mu Mahanga

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Ubwanditsi 08 Jun 2016
Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe
INKURU NYAMUKURU

Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe

Ubwanditsi 17 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru