• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo
Serge Ndayizeye ati ndashaka umushahara inshuro eshatu cyangwa mbivemo kuko ndi muri risques

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Ubwanditsi 31 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Birazwi neza ko RNC ari agatsiko k’iterabwoba kayobowe na Kayumba Nyamwasa ariko kuri we hari abo yita abahutu be ashyira mu buyobozi ariko ku mugaragaro ariwe uyobora. Umwe mu mandwa zizerwaga na Kayumba Nyamwasa ariwe Serge Ndayizeye, akaba ari umukuru wa Radiyo rutwitsi bita Itahuka mu ibaruwa yandikiye Kayumba mw’ibanga dore ko atahaye copie pour information amenyesha abandi bagize ishyaka ariko Rushyashya ikaba ifite copie, arasaba ko mubihe bagezemo kubera akazi kenshi ndetse ngo no gufata icyo yise risque ngo agomba kukubirwa agahimbazamusyi (umushahara uva mu mafaranga bakira) inshuro eshatu kandi agasaba ko uwitwa Axel Kalimijabo ngo yahabwa umushahara ungana nuwo Serge yahabwaga ngo akagirwa umunyamakuru wa Radio itahuka bityo ngo agahabwa kontaro ya kazi bitaba ibyo bagasezera kuri Radio itahuka bidasubirwaho.

Ibi bibaye mu gihe uwari ushinzwe amakuru no kuyatangaza, ariwe Jean Paul Turayishimye twakwita ko yari akuriye Vuvuzela Serge Ndayizeye nawe yeguye mu minsi yashize.

Serge yibukije ingaruka byagira icyemezo cyabo kiramutse kitubahirijwe ndetse akora na bilan yerekana  ibyo itahuka yakoze n’uburyo ngo yarwanye intambara ya karundura mugihe Dogiteri Theogene Rudasingwa na Yozefu Ngarambe bagize uruhare mwishingwa ya Radio itahuka bashakaga kuyisubiza.

Ikindi arasaba Kayumba kubakura mucyo yise urujijo bitewe nibibazo biri muri RNC byototera nandi mashyirahamwe RNC ihuriyeho nabandi nka P5 ndetse yerekana ko abantu benshi bamwisanzuraho baba muyandi matsinda bamubaza we ibyo atabasha kubonera ibisubizo bityo nawe bikamutera kubyibazaho kandi akabona ntabushake buri mwihuriro byo kuganira no gukemura ibyo bibazo.

Ikindi Serge Ndayizeye atanga urugero avuga ko kazoza ka RNC katagaragara kandi ko abantu benshi bamaze gucika intege, anavuga ko ibiba muri RNC  muri iki gihe bituma atekereza cyane Ku magambo Theogene Rudasingwa yagiye amubwira mbere gato na nyuma aho aviriye muri RNC nandi bagenzi be bagiye bamubwira.

Ikindi ashimangira ko ibitekerezo bye bidatandukanye cyane nibya Jean Paul Turayishimiye, kwibura rya Rutabana Benjamin avuga ko Rutabana ari mu bantu bamukora ku mutima kandi bamubaye hafi ndetse nu muryango we byumwihariko avuga ko atazigera yibagirwa ibiganiro bakoranye, ambiance yamwereka ubwo yabaga yaje mu Bubiligi ndetse na Communication bagiranaga kuri telefone na handi.

Serge asaba ko haba inama y’igitaraganya yagereranije ngo nimwe Twagiramungu yise Rukokoma hakabaho gusasa inzobe , gutanga ihumure ngo no gushaka uwo yise umwanzi ubarimo ngo wabinjiriye akaba abageze mu musokoro.

Serge kandi yaciriye amarenga Kayumba ko aho bukera baza kwirukanwa muri P5. cyangwa ngo bakayisigaramo bonyine hamwe nabo yise ba hafi ya ntabo ashyira mu dukubo ( amahoro PC).

Ni ukubitega amaso ariko ngo akishwe kaburiwe ni impongo kandi ngo umwana umuhana avayo ntumuhana ajyayo. Nikenshi abantu baburiwe ko RNC ari virusi izamunga ikarya nabayo ndetse amaherezo nayo ikaba imungu.

Ibi byose biri kuba uwitwa ko ari umuhuzabikorwa wa RNC, Jerome Nayigiziki ntacyo yiyiziye. Ni mugicuku kuriwe.

2019-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Nyuma yo kuzengereza Kayumba Nyamwasa amukuraho n’abayoboke, Jean Paul Turayishimye yirukanwe burundu muri RNC; Benjamin Rutabana ku isonga ry’ibibazo

Ubwanditsi 19 Jun 2020
Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Dianne Rutabana yifurije umugabo we isabukuru y’amavuko akoresheje igisigo kizimije

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika
UBUKUNGU

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Ubwanditsi 21 Jan 2020
Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira
INKURU NYAMUKURU

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Ubwanditsi 01 May 2019
Muri Kenya barabyukira mu matora  arimo imibare myinshi
Mu Rwanda

Muri Kenya barabyukira mu matora arimo imibare myinshi

Ubwanditsi 07 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru