• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Ubwanditsi 21 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA) ryabaye impamo kubera ubushake bwa politiki buri mu bayobozi bo kuri uyu mugabane.

Umukuru w’Igihugu witabiriye Inama yiga ku Ishoramari rya Afurika n’u Bwongereza, yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20 Mutarama 2020 mu kiganiro kivuga ku bucuruzi n’ishoramari.

Perezida Kagame yagihuriyemo na mugenzi we wa Guinea, Alpha Condé, uwa Malawi Peter Mutharika n’Umunyamabanga wa Leta y’u Bwongereza ushinzwe Ubucuruzi n’Ishoramari, Liz Truss.

Ibihugu 21 bya Afurika nibyo byitabiriye Inama yiga ku ishoramari rya Afurika n’u Bwongereza, muri byo 16 bihagarariwe ku rwego rw’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwakoze mu buryo budasanzwe mu gufasha ishoramari, ku buryo ubu ruri ku mwanya wa kabiri ku mugabane wa Afurika.

Yagize ati “Ku ruhande rwacu twakoze ishoramari no gushyira ubushobozi mu gucuruza no gukurura ishoramari. Banki y’Isi yashyize u Rwanda mu bihugu by’imbere aho byoroshye kuhakorera ubucuruzi, turi aba kabiri muri Afurika.’’

U Rwanda kandi ruza ku mwanya wa 29 ku Isi mu koroshya ishoramari.

Umukuru w’igihugu yanavuze ko imibare igaragaza ko ubucuruzi hagati mu Banyafurika bugiye kuzatera imbere kuri 50%; aya ni amahirwe ku Rwanda n’ibindi bihugu bya Afurika byiteguye kuyungukiramo no gutangamo umusanzu.

Yagize ati “Isoko rusange rya Afurika ryabaye impamo, ibi bisobanuye ubushake bwa politiki ku ruhande rw’abayobozi bashyize hamwe. Ibi kandi byaje bishyigikira ingufu n’icyifuzo cyo kwishyira hamwe twakomeje kujya dutekereza kuzageraho.”

Muri iyi nama, kandi u Rwanda na Banki y’Isi, bazashyira ku isoko ry’imari n’imigabane ry’i Londres impapuro mvunjwafaranga z’imyaka itatu zifite agaciro ka miliyoni $40.

Ibigo bitandukanye bikorera mu Rwanda byitabiriye iyi nama harimo Banki ya Kigali, Entreprise Urwibutso, Mara Phones, Rwanda Finance Ltd, Ampersand, Cogebanque, Africa Improved Foods na Water Access Rwanda.

-  Isoko rusange rya Afurika rizafasha iki Abanyafurika?

Raporo ya Banki y’Isi yagaragarijwe abakuru b’ibihugu i Accra muri Ghana mu Ukuboza 2019 ubwo ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika byakiraga inama zitandukanye z’ubucuruzi zigamije kwihutisha isoko rusange, yavuze ko aya masezerano azafasha Abanyafurika mu buryo bugaragara.

Incamake y’iyo raporo ivuga ko amasezerano yashyizweho umukono n’abayobozi b’ibihugu 44 bya Afurika ku wa 21 Werurwe 2018 i Kigali, kuyashyira mu bikorwa bizatuma ubukene bugabanuka by’umwihariko abagera kuri miliyoni 30 bazava mu bukene bukabije ni ukuvuga 1.5% by’abatuye uyu mugabane.

Muri iyo raporo handitse ko ‘‘Mu Burengerazuba bwa Afurika, ubukene buzagabanukaho miliyoni 12 mu gihe muri Afurika yo hagati bazaba miliyoni 9.3 naho i Burasirazuba bazaba ari miliyoni 4.8.’’

Ivuga ko “AfCFTA ifite amahirwe yo kuzamura abagera kuri miliyoni 67.9 bangana na 3.6 % ku mugabane wose mu 2035. Ku murongo w’abakene bifashije, bakoresha $ 5.50 ku munsi.”

Banki y’Isi yerekana ko mu 2015 miliyoni 415 z’abatuye Afurika bariho mu bukene bukabije, bakoresha $1.90 ku munsi.

Impuguke zagaragaje ko amasezerano ya AfCFTA azarema isoko ryagutse ku Isi hagendewe ku bihugu bifitemo uruhare. Aya masezerano ahuje abaturage miliyari 1.3 b’ibihugu 54 bifite umusaruro mbumbe wa tiliyari $ 3.4.

Gutangira ibikorwa by’isoko rusange byafunguriwe mu nama idasanzwe y’inteko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yabereye i Niamey muri Niger muri ku wa 7 Nyakanga 2019.

Ni inama yafatiwemo ibyemezo by’ingenzi bitandukanye birimo ko AfCFTA izatangira ubucuruzi ku wa 1 Nyakanga 2020.

Perezida Kagame yavuze ko kuba Abanyafurika barishyize hamwe byahoze mu bitekerezo byabo na mbere

Umukuru w’Igihugu yerekanye ko u Rwanda ruri mu bihugu byorohereza ishoramari

2020-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ishoramari rishya mu Rwanda ryageze kuri miliyari $2.4 mu 2019

Ubwanditsi 08 Jan 2020
Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Ubwanditsi 14 Nov 2017
Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Umusaruro w’ubuhinzi natwe twawitunganyiriza – Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jenerali Kayumba Faustin Nyamwasa ngo yaba  yarikundiraga Perezida Habyalimana
ITOHOZA

Jenerali Kayumba Faustin Nyamwasa ngo yaba yarikundiraga Perezida Habyalimana

Ubwanditsi 03 Feb 2017
Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena
Amakuru

Umuhanzi Irakunda Mexance Yashyize hanze indirimbo yise Niyibigena

Ubwanditsi 09 Nov 2020
Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi
Mu Mahanga

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru