• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Perezida Kagame yagaragaje ko isoko rusange rya Afurika ryahoze mu bitekerezo by’Abanyafurika

Ubwanditsi 21 Jan 2020 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame yagaragaje ko Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA) ryabaye impamo kubera ubushake bwa politiki buri mu bayobozi bo kuri uyu mugabane.

Umukuru w’Igihugu witabiriye Inama yiga ku Ishoramari rya Afurika n’u Bwongereza, yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki ya 20 Mutarama 2020 mu kiganiro kivuga ku bucuruzi n’ishoramari.

Perezida Kagame yagihuriyemo na mugenzi we wa Guinea, Alpha Condé, uwa Malawi Peter Mutharika n’Umunyamabanga wa Leta y’u Bwongereza ushinzwe Ubucuruzi n’Ishoramari, Liz Truss.

Ibihugu 21 bya Afurika nibyo byitabiriye Inama yiga ku ishoramari rya Afurika n’u Bwongereza, muri byo 16 bihagarariwe ku rwego rw’abakuru b’ibihugu na za Guverinoma.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwakoze mu buryo budasanzwe mu gufasha ishoramari, ku buryo ubu ruri ku mwanya wa kabiri ku mugabane wa Afurika.

Yagize ati “Ku ruhande rwacu twakoze ishoramari no gushyira ubushobozi mu gucuruza no gukurura ishoramari. Banki y’Isi yashyize u Rwanda mu bihugu by’imbere aho byoroshye kuhakorera ubucuruzi, turi aba kabiri muri Afurika.’’

U Rwanda kandi ruza ku mwanya wa 29 ku Isi mu koroshya ishoramari.

Umukuru w’igihugu yanavuze ko imibare igaragaza ko ubucuruzi hagati mu Banyafurika bugiye kuzatera imbere kuri 50%; aya ni amahirwe ku Rwanda n’ibindi bihugu bya Afurika byiteguye kuyungukiramo no gutangamo umusanzu.

Yagize ati “Isoko rusange rya Afurika ryabaye impamo, ibi bisobanuye ubushake bwa politiki ku ruhande rw’abayobozi bashyize hamwe. Ibi kandi byaje bishyigikira ingufu n’icyifuzo cyo kwishyira hamwe twakomeje kujya dutekereza kuzageraho.”

Muri iyi nama, kandi u Rwanda na Banki y’Isi, bazashyira ku isoko ry’imari n’imigabane ry’i Londres impapuro mvunjwafaranga z’imyaka itatu zifite agaciro ka miliyoni $40.

Ibigo bitandukanye bikorera mu Rwanda byitabiriye iyi nama harimo Banki ya Kigali, Entreprise Urwibutso, Mara Phones, Rwanda Finance Ltd, Ampersand, Cogebanque, Africa Improved Foods na Water Access Rwanda.

-  Isoko rusange rya Afurika rizafasha iki Abanyafurika?

Raporo ya Banki y’Isi yagaragarijwe abakuru b’ibihugu i Accra muri Ghana mu Ukuboza 2019 ubwo ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika byakiraga inama zitandukanye z’ubucuruzi zigamije kwihutisha isoko rusange, yavuze ko aya masezerano azafasha Abanyafurika mu buryo bugaragara.

Incamake y’iyo raporo ivuga ko amasezerano yashyizweho umukono n’abayobozi b’ibihugu 44 bya Afurika ku wa 21 Werurwe 2018 i Kigali, kuyashyira mu bikorwa bizatuma ubukene bugabanuka by’umwihariko abagera kuri miliyoni 30 bazava mu bukene bukabije ni ukuvuga 1.5% by’abatuye uyu mugabane.

Muri iyo raporo handitse ko ‘‘Mu Burengerazuba bwa Afurika, ubukene buzagabanukaho miliyoni 12 mu gihe muri Afurika yo hagati bazaba miliyoni 9.3 naho i Burasirazuba bazaba ari miliyoni 4.8.’’

Ivuga ko “AfCFTA ifite amahirwe yo kuzamura abagera kuri miliyoni 67.9 bangana na 3.6 % ku mugabane wose mu 2035. Ku murongo w’abakene bifashije, bakoresha $ 5.50 ku munsi.”

Banki y’Isi yerekana ko mu 2015 miliyoni 415 z’abatuye Afurika bariho mu bukene bukabije, bakoresha $1.90 ku munsi.

Impuguke zagaragaje ko amasezerano ya AfCFTA azarema isoko ryagutse ku Isi hagendewe ku bihugu bifitemo uruhare. Aya masezerano ahuje abaturage miliyari 1.3 b’ibihugu 54 bifite umusaruro mbumbe wa tiliyari $ 3.4.

Gutangira ibikorwa by’isoko rusange byafunguriwe mu nama idasanzwe y’inteko y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yabereye i Niamey muri Niger muri ku wa 7 Nyakanga 2019.

Ni inama yafatiwemo ibyemezo by’ingenzi bitandukanye birimo ko AfCFTA izatangira ubucuruzi ku wa 1 Nyakanga 2020.

Perezida Kagame yavuze ko kuba Abanyafurika barishyize hamwe byahoze mu bitekerezo byabo na mbere

Umukuru w’Igihugu yerekanye ko u Rwanda ruri mu bihugu byorohereza ishoramari

2020-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Guverinoma y’u Rwanda irashimira abakinnyi n’abafana b’amasiganwa y’Isi y’Amagare 2025 ari kubera i Kigali bwambere ku mugabane wa Afurika

Ubwanditsi 24 Sep 2025
KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti,  U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

KIGALI : Embouteillage yo mu Giporoso yavugutiwe umuti, U Bushinwa bwatanze miliyari zisaga 38 Frw yo kwagura umuhanda Giporoso-Nyandungu-Masaka

Ubwanditsi 20 Jun 2019
BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

BAD yageneye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 84.3 $ izateza imbere urubyiruko n’abagore

Ubwanditsi 27 Nov 2017
Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Leta yagaragaje uko miliyari 100 Frw zatanzwe na IMF zizakoresha n’ingaruka zitezwe mu bukungu

Ubwanditsi 05 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa
Mu Mahanga

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Ubwanditsi 16 Jul 2016
Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi
Amakuru

Nyuma y’umunsi umwe komite nyobozi y’ikipe ya Espoir FC yeguye, yongeye kugaruka kuyobora iyi kipe ibarizwa mu karere ka Rusizi

Ubwanditsi 28 Jul 2021
Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda
UBUKUNGU

Amasezerano ya Arsenal  yatesheje umutwe abiyita ko barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 31 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru