• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ishusho y’ubucuruzi bw’u Rwanda n’amahanga mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Ubwanditsi 30 Sep 2019 UBUKUNGU

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), kigaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2019 [Mata-Kamena], ubucuruzi bw’u Rwanda bwose bwari miliyoni 1,073.6 z’amadolari, hakaba harabayeho inyongera ya 13.31% ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cy’umwaka wabanje.

Imibare y’iki kigo kandi yerekana ko ibyoherejwe mu mahanga byari bifite agaciro ka miliyoni 149.26 z’amadolari, ibyatumijweyo bifite agaciro ka miliyoni 822.6 z’amadolari naho ibyatumijwe mu mahanga bikongera koherezwayo bifite agaciro ka miliyoni 101.73 z’amadolari.

Muri iki gihembwe, ibyo u Rwanda rwatumije mu mahanga byose byiyongereyeho 21.09% ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2018, aho byageze kuri miliyoni 822.60 z’amadolari zivuye kuri miliyoni 679.31 z’amadolari. Byaniyongereyeho kandi 11.17% ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2019.

Ibyo u Rwanda rutumiza rukongera kubyohereza mu mahanga byiyongereye ku gipimo cya 28.41% mu gihembwe cya kabiri cya 2019 bigera kuri miliyoni 101.73 z’amadolari bivuye kuri miliyoni 79.22 z’amadolari mu gihembwe cya kabiri cya 2018. Ugereranyije igihembwe cya mbere cya 2019 n’icya kabiri, nabwo habayeho inyongera ya 28.41%.

Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, Uganda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya n’u Busuwisi, nibyo bihugu bya mbere u Rwanda rwoherezamo ibicuruzwa, aho byihariye 64.51% by’igiciro cy’ibyoherejwe byose, ni ukuvuga miliyoni 96.29 z’amadolari.

Muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu hoherejweyo ibifite agaciro ka miliyoni 42.30 z’amadolari ni ukuvuga 28.34%, muri Uganda hagiyeyo ibifite agaciro ka miliyoni 23.23 z’amadolari ni ukuvuga 15.56%, muri RDC hoherejweyo ibifite agaciro ka miliyoni 14.33 z’amadolari ni ukuvuga 9.60%, muri Kenya ni miliyoni 9.28 z’amadolari bingana na 6.22% naho mu Busuwisi hoherejweyo ibifite agaciro ka miliyoni 7.15 z’amadolari ni ukuvuga 4.79%.

Ibicuruzwa byoherezwa cyane mu mahanga birimo; ibiribwa, amatungo akiri mazima bifite agaciro ka miliyoni 74.27 z’amadolari. Hari ibyabanje kongererwa agaciro no gutunganywa n’ibindi.

Ku bijyanye n’ibicuruzwa bituruka mu mahanga bikongera koherezwayo, u Rwanda rubyohereza cyane muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Burundi, Ethiopia, Tanzania na Leta zunze Ubumwe z’Abarabu. RDC yihariye 78.28% by’ibicuruzwa biba byatumijwe mu mahanga bikongera koherezwayo.

Ibikunda gutumizwa bikongera koherezwa birimo; ibikomoka kuri peteroli, ibiribwa n’amatungo akiri mazima.

U Bushinwa, u Buhinde, Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, Kenya na Tanzania nibyo bihugu bya mbere u Rwanda rutumizamo ibicuruzwa, aho byose byihariye miliyoni 431.91 z’amadolari ni ukuvuga 52.51% by’agaciro kose k’ibyatumijwe.

Mu Bushinwa hatumijweyo ibifite agaciro ka miliyoni 159.23 z’amadolari, mu Buhinde hatumijweyo ibifite agaciro ka miliyoni 90.27 z’amadolari, Leta zunze Ubumwe z’Abarabu hatumijweyo ibya miliyoni 69.09 z’amadolari, Kenya havayo ibya miliyoni 57.64 z’amadolari naho Tanzania, hatumizwayo ibya miliyoni 55.68 z’amadolari.

Ibyatumijwe cyane mu mahanga mu gihembwe cya mbere cya 2019, birimo; imashini ndetse n’ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu, ibicuruzwa byo mu nganda n’ibikomoka kuri peteroli.

Ubucuruzi n’ibindi bihugu bya EAC

Mu gihembwe cya kabiri cya 2019, ibyo u Rwanda rwohereje muri EAC birukomokamo bifite agaciro ka miliyoni 41.55 z’amadolari ni ukuvuga 27.84%, rw’ibyo rwohereje birukomokamo. Muri ibyo byose, 55.9% byoherejwe muri Uganda.

Ibi bicuruzwa byoherejwe muri EAC byiyongereyeho 77.43%, ugereranyije n’igihembwe cya mbere cya 2019, ndetse bikaba byariyongereyeho 30.21% ugereranyije n’igihembwe cya kabiri cya 2018.

Ibyatumijwe muri EAC bifite agaciro ka miliyoni 115.10 z’amadolari, ni ukuvuga 13.99 % by’ibyatumijwe byose. Kenya yatumijwemo ibingana na 50.08%, Tanzania byari 48.38%. Muri Uganda hatumijweyo ibingana 1.17% by’ibyatumijwe muri EAC byose, mu Burundi ni 0.37% naho muri Sudan y’Epfo ni 0%.

Muri rusange ibyo u Rwanda rwatumije muri EAC mu gihembwe cya kabiri cya 2019, byagabanutseho 13.37% ugereranyije n’igihembwe nk’iki cya 2018.

Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, aherutse gutangaza ko iri gabanuka ’ryatewe no gukenera bike mu bijyanye n’ibiribwa kubera ukwiyongera k’umusaruro w’imbere mu gihugu’.

Ubucuruzi bw’u Rwanda na COMESA mu gihembwe cya kabiri cya 2019, bwari miliyoni 229.2 z’amadolari buvuye kuri miliyoni 243.46 z’amadolari mu gihembwe nk’iki cya 2018.

Ubucuruzi bw’u Rwanda na SADC bwari miliyoni 181.17 z’amadolari mu gihembwe cya kabiri cya 2019, naho ubucuruzi n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bwari miliyoni 120.81 z’amadolari zivuye kuri miliyoni 98.68 z’amadolari mu gihembwe nk’iki cya 2018 na miliyoni 111.97 z’amadolari mu gihembwe cya mbere cya 2019.

Igice cyahariwe inganda cya Kigali giherereye mu Karere ka Gasabo

Src: IGIHE

2019-09-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Ubwanditsi 14 May 2018
RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

RWANDA DAY : Perezida Kagame yabwiye abanyarwanda ko muri raporo zitandukanye u Rwanda rukomeje kuza ku isonga

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Byose tubikesha Perezida Kagame

Byose tubikesha Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bonnie Mugabe wakoraga muri FIFA yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA
Amakuru

Bonnie Mugabe wakoraga muri FIFA yagizwe umunyamabanga mukuru wa FERWAFA

Ubwanditsi 22 Nov 2025
Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda
Amakuru

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ubwanditsi 28 May 2024
Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League
Amakuru

Shampiyona y’igihugu cy’u Bwongereza yatanze abakinnyi 40 mu gikombe cya Afurika2021, ni abakinnyi bavuye mu makipe 16 ya Premier League

Ubwanditsi 03 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru