• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo   |   13 Nov 2025

  • Rayon Sports yatandukanye n’umutoza wayo Afahmia Lotfi wari umaze ukwezi ahagaritswe   |   13 Nov 2025

  • Kwizera Olivier ari mu bakinnyi bahamagawe mu mwiherero w’iminsi ine uzahuza abakinnyi bakina muri Shampiyona y’u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda   |   11 Nov 2025

  • Amafoto – Al Hilal SC yitegura imikino y’Amatsinda ya CAF Championa League yatsinze AS Kigali ibitego 2-0   |   11 Nov 2025

  • Intwararumuri: Igihungabanya u Rwanda ntitwacyihanganira niyo wagira ute – Perezida Kagame Paul   |   08 Nov 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

Editorial 25 Sep 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka neza, ku buryo hari icyizere ko intego y’uko buzazamukaho 7.2% muri uyu mwaka, izagerwaho.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri nyuma y’inama ngarukagihembwe y’akanama gashinzwe politiki y’ifaranga, MPC.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa yavuze ko icyo babonye ari uko ubukungu bw’igihugu buhagaze neza, barebeye ku muvuduko w’ibiciro ku masoko cyangwa uko ifaranga rihagaze.

Yagize ati “Iyo turebye uko umuvuduko w’ibiciro wagiye uzamuka mu mezi atandatu ya mbere byari kuri 2.5% naho muri Kanama twabonye 2.1%, bigaragaza ko ubukungu buhagaze neza kuko intego twihaye ni uko tutagombye kurenza 5% mu mwaka, kandi iyo turebye mu gihe gisigaye kugeza mu mpera z’umwaka, tubona ko 5% itazarenga.”

Yanavuze ko ku isoko ry’ivunjisha ugereranyije ifaranga ry’u Rwanda n’idolari rya Amerika, bitewe n’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byazamutseho 17.9% nubwo ibyo u Rwanda rukurayo byazamutse kuri 7.4%, iyo ubihuje nta kibazo bitera ku isoko ry’ivunjisha.

Yakomeje agira ati “Kugeza ubu iyo ugereranyije aho twari turi mu Ukuboza (2017) n’aho twari mu mpera za Kanama, ifaranga rimaze guta agaciro ho 2.5% ugereranyije n’idolari ry’abanyamerika. Tukabona uyu mwaka, mu mpera z’Ukuboza ntabwo tuzarenza 4%. Ibyo rero dukurikije umuvuduko w’ubukungu bwacu, tubona ari igipimo kidahangayikishije.”

Guverineri Rwangombwa yavuze ko uku kutajegajega k’ubukungu guhuzwa n’ubukungu bukomeje kwiyongera ku gipimo gishimishije.

Yavuze ko iyo ufashe ibihembwe bibiri bya mbere by’uyu mwaka kugeza muri Kanama, ubukungu bwazamutseho 8.7%.

Nubwo ngo nta mibare BNR irabona y’igihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka, ifite imibare ikurikirana y’uko ubukungu bugenda, itanga icyerekezo cy’aho ibintu bigana.

Yakomeje agira ati “Iyo turebye iyo mibare rero dusanga mu mezi abiri ya mbere y’igihembwe cya gatatu, igipimo cyarazamutseho 14.6% ugereranyije na 13.1% byari byazamutse ho mu mezi abiri ya mbere y’igihembwe cya gatatu cy’umwaka ushize.”

“Bikaduha icyizere ko n’iki gihembwe cya gatatu ubukungu buzatera imbere neza, bigatuma tutatinya kwemeza ko mu mpera y’umwaka, igipimo cyari cyatanzwe na Minisiteri y’imari n’igenamigambi cy’uko ubukungu buzazamuka ho 7.2% tuzakigeraho.”

Nyuma y’ibipimo byose bigaragaza uko ubukungu buhagaze mu Rwanda, Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga kiyemeje kugumisha igipimo cy’urwunguko rwa banki nkuru kuri 5.5%.

Rwangombwa yakomeje agira ati “Ni ukugira ngo dukomeze gushyigikira ko amabanki yatanga inguzanyo ku bikorera, ngo bakomeze guteza imbere igihugu cyacu.”

Iki gipimo cya 5.5% giheruka gushyirwamo mu mezi umunani ashize.

2018-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko mu cyumweru gitaha inoti nshya ya 500 Frw n’iya 1000 Frw zizatangira gukoreshwa

Editorial 07 Feb 2019
BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

BNR yashyize kuri 5% inyungu fatizo banki z’ubucuruzi ziherwaho inguzanyo

Editorial 07 May 2019
Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Twubatse igihugu cyereka abarokotse ko babuze byinshi ariko batatakaje byose-Perezida Kagame

Editorial 18 Apr 2019
Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yashimye intambwe imaze guterwa mu mubano wa Afurika n’u Burayi

Editorial 18 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore
Amakuru

FRVB yaciwe amande asaga miliyoni 120 Frw kubera gukinisha abanyamahanga badafite ibyangombwa mu gikombe cya Afurika cy’Abagore

Editorial 17 Mar 2022
#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari  ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali
Mu Rwanda

#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali

Editorial 18 Jul 2016
Ngororero: Abayobozi b’inzego zitandukanye basabwe gufatanya kurwanya ibyaha bikorerwa abana
Mu Mahanga

Ngororero: Abayobozi b’inzego zitandukanye basabwe gufatanya kurwanya ibyaha bikorerwa abana

Editorial 11 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru