• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

BNR yatanze icyizere ku izamuka ry’ubukungu rya 7.2%

Ubwanditsi 25 Sep 2018 UBUKUNGU

Banki Nkuru y’u Rwanda, BNR, yatangaje ko ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kuzamuka neza, ku buryo hari icyizere ko intego y’uko buzazamukaho 7.2% muri uyu mwaka, izagerwaho.

Yabitangaje kuri uyu wa Kabiri nyuma y’inama ngarukagihembwe y’akanama gashinzwe politiki y’ifaranga, MPC.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, John Rwangombwa yavuze ko icyo babonye ari uko ubukungu bw’igihugu buhagaze neza, barebeye ku muvuduko w’ibiciro ku masoko cyangwa uko ifaranga rihagaze.

Yagize ati “Iyo turebye uko umuvuduko w’ibiciro wagiye uzamuka mu mezi atandatu ya mbere byari kuri 2.5% naho muri Kanama twabonye 2.1%, bigaragaza ko ubukungu buhagaze neza kuko intego twihaye ni uko tutagombye kurenza 5% mu mwaka, kandi iyo turebye mu gihe gisigaye kugeza mu mpera z’umwaka, tubona ko 5% itazarenga.”

Yanavuze ko ku isoko ry’ivunjisha ugereranyije ifaranga ry’u Rwanda n’idolari rya Amerika, bitewe n’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga byazamutseho 17.9% nubwo ibyo u Rwanda rukurayo byazamutse kuri 7.4%, iyo ubihuje nta kibazo bitera ku isoko ry’ivunjisha.

Yakomeje agira ati “Kugeza ubu iyo ugereranyije aho twari turi mu Ukuboza (2017) n’aho twari mu mpera za Kanama, ifaranga rimaze guta agaciro ho 2.5% ugereranyije n’idolari ry’abanyamerika. Tukabona uyu mwaka, mu mpera z’Ukuboza ntabwo tuzarenza 4%. Ibyo rero dukurikije umuvuduko w’ubukungu bwacu, tubona ari igipimo kidahangayikishije.”

Guverineri Rwangombwa yavuze ko uku kutajegajega k’ubukungu guhuzwa n’ubukungu bukomeje kwiyongera ku gipimo gishimishije.

Yavuze ko iyo ufashe ibihembwe bibiri bya mbere by’uyu mwaka kugeza muri Kanama, ubukungu bwazamutseho 8.7%.

Nubwo ngo nta mibare BNR irabona y’igihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka, ifite imibare ikurikirana y’uko ubukungu bugenda, itanga icyerekezo cy’aho ibintu bigana.

Yakomeje agira ati “Iyo turebye iyo mibare rero dusanga mu mezi abiri ya mbere y’igihembwe cya gatatu, igipimo cyarazamutseho 14.6% ugereranyije na 13.1% byari byazamutse ho mu mezi abiri ya mbere y’igihembwe cya gatatu cy’umwaka ushize.”

“Bikaduha icyizere ko n’iki gihembwe cya gatatu ubukungu buzatera imbere neza, bigatuma tutatinya kwemeza ko mu mpera y’umwaka, igipimo cyari cyatanzwe na Minisiteri y’imari n’igenamigambi cy’uko ubukungu buzazamuka ho 7.2% tuzakigeraho.”

Nyuma y’ibipimo byose bigaragaza uko ubukungu buhagaze mu Rwanda, Akanama gashinzwe politiki y’ifaranga kiyemeje kugumisha igipimo cy’urwunguko rwa banki nkuru kuri 5.5%.

Rwangombwa yakomeje agira ati “Ni ukugira ngo dukomeze gushyigikira ko amabanki yatanga inguzanyo ku bikorera, ngo bakomeze guteza imbere igihugu cyacu.”

Iki gipimo cya 5.5% giheruka gushyirwamo mu mezi umunani ashize.

2018-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Wari uzi ko hari abaperezida bagenda mu ndege zihenze cyane kurusha Air Force One ? Irebere uko bakurikirana

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Minisitiri Hakuziyaremye yahize kugabanya icyuho mu byo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Uko  imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018
I&M Bank yungutse miliyari 6.5 Frw mu 2017

I&M Bank yungutse miliyari 6.5 Frw mu 2017

Ubwanditsi 16 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame  mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’
Mu Rwanda

Perezida Kagame mubihe byiza ku mazi y ‘i Kivu atwaye ‘Jet Ski’

Ubwanditsi 08 Sep 2017
Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa
Mu Mahanga

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Ubwanditsi 12 Mar 2016
Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup
Amakuru

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 12 Sep 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru