• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Ubwanditsi 16 May 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi byasinyanye amasezerano ya miliyoni $60, akabakaba miliyari 54 Frw, azashorwa mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho y’impunzi n’abaturage baturiye inkambi mu turere dutandatu tw’igihugu.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 16 Gicurasi 2019. Yasinywe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wungirije wa Banki y’Isi muri Afurika, Hafez Ghanen.

U Rwanda rwahawe impano ya miliyoni $25, mu gihe miliyoni $35 ari inguzanyo ihendutse yatanzwe n’Ikigo Mpuzamahanga gitanga imyenda [International Development Association-IDA], izishyurwa ku nyungu ya 0.75% mu myaka 38 irimo itandatu yasonewe.

Aya mafaranga azashorwa mu mushinga uri mu byiciro bine birimo icy’ishoramari, kwihangira imirimo, kubungabunga ibidukikije no gusana ibyangiritse n’ibikorwa remezo.

Minisitiri Dr Ndagijimana yavuze ko u Rwanda rwafashe icyerekezo cyo kwita ku mibereho y’impunzi rucumbikiye kuva mu myaka 20 ishize.

Yagize ati “Mu ntangiriro z’umwaka, twamuritse gahunda yo kwinjiza impunzi mu buzima bw’igihugu hagati ya 2019-2024, mu kuzifasha kubaho neza no guteza imbere aho zicumbitse.’’

Yakomeje avuga ko amafaranga u Rwanda rwahawe arimo “Azashorwa mu gushyigikira ibikorwa by’ubukungu ku mpunzi n’abaturage baturiye inkambi mu mishinga ibateza imbere, nko kubaka amasoko n’ibindi bizatuma bihangira imirimo.’’

Hari igice cy’amafaranga azashorwa mu bikorwa remezo birimo amashuri, ibigo nderabuzima, amashanyarazi, gusakaza amazi n’iby’isuku n’isukura, mu bice bituriye inkambi.

Uyu mushinga uzafasha impunzi 136 000 zituye mu nkambi zibarizwa mu turere dutandatu n’Abanyarwanda bagera kuri miliyoni ebyiri bazawungukiramo.

Visi Perezida wa Banki y’Isi, Ghanen yashimangiye ko uyu mushinga uzongerera ubumenyi n’amahugurwa azatuma impunzi zinjira mu bikorwa bigamije kwihangira imirimo.

Yakomeje ati “Uyu mushinga uzungukira impunzi n’Abanyarwanda baturanye. Bizagabanya umutwaro Guverinoma y’u Rwanda yagiraga mu gutunga impunzi binyuze mu gushyira uburyo butangiza ibidukikije no kugabanya imbaraga kuri serivisi zikenerwa n’abari mu nkambi.’’

Mu 2016, Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego enye zigamije kwita ku mibereho myiza y’impunzi. Muri zo harimo kuziha amakarita ndangampunzi, guha ikaze abana mu mashuri y’u Rwanda, korohereza impunzi zituye mu mijyi gukoresha ubwisungane mu kwivuza no kubaka ubushobozi bwazo zinjizwa mu bikorwa byo kwihangira imirimo.

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Kamayirese Germaine, yatangaje ko uyu mushinga watekerejwe nyuma yo kubona inkunga impunzi zihabwa yaragabanutse.

Yagize ati “Umushinga uzafasha impunzi gukora ibiziteza imbere. Aho zakiriwe, zikeneye kwiga, hakenewe ibyumba by’amashuri, amavuriro n’ibikorwa remezo bibateza imbere.’’

Yakomeje avuga ko “Inkunga imiryango itera inkunga impunzi yaragabanutse itanga yagabanukaga, ni yo mpamvu leta yafashe inguzanyo ngo izifashe kwiteza imbere bafatanyije n’abo baturage. Twizeye ko bizazifasha kwishakira ibisubizo no kwitunga.’’

U Rwanda rwemeje amasezerano azwi nka “The Comprehensive Refugee Response Framework, CRRF’’ yo gufasha impunzi kwigira ubwazo no gusangira iterambere n’abatuye agace zicumbikiwemo.

Imibare yo muri Werurwe 2019 igaragaza ko u Rwanda rucumbikiye impunzi 148,320.

Inkuru ya IGIHE

2019-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwagurijwe miliyari 237 Frw azifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 17 Oct 2018
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu rwego rw’ingufu

Ubwanditsi 24 Feb 2020
Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Ubwanditsi 04 May 2019
RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

RwandAir iratangira ingendo zijya mu Buhinde bidatinze

Ubwanditsi 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien
Amakuru

Munezero Valentine wakiniraga APR WVC yerekeje muri Tunisia mu ikipe ya Club Sportif Sfaxien

Ubwanditsi 06 Oct 2023
Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite
ITOHOZA

Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Ubwanditsi 12 Jun 2018
Maj. Ntuyahaga  kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?
HIRYA NO HINO

Maj. Ntuyahaga kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Ubwanditsi 05 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru