• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Banki y’Isi yahaye u Rwanda miliyari 54 Frw azakoreshwa mu iterambere ry’impunzi

Ubwanditsi 16 May 2019 UBUKUNGU

Guverinoma y’u Rwanda na Banki y’Isi byasinyanye amasezerano ya miliyoni $60, akabakaba miliyari 54 Frw, azashorwa mu bikorwa bigamije guteza imbere imibereho y’impunzi n’abaturage baturiye inkambi mu turere dutandatu tw’igihugu.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali ku wa 16 Gicurasi 2019. Yasinywe na Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Ndagijimana Uzziel n’Umuyobozi wungirije wa Banki y’Isi muri Afurika, Hafez Ghanen.

U Rwanda rwahawe impano ya miliyoni $25, mu gihe miliyoni $35 ari inguzanyo ihendutse yatanzwe n’Ikigo Mpuzamahanga gitanga imyenda [International Development Association-IDA], izishyurwa ku nyungu ya 0.75% mu myaka 38 irimo itandatu yasonewe.

Aya mafaranga azashorwa mu mushinga uri mu byiciro bine birimo icy’ishoramari, kwihangira imirimo, kubungabunga ibidukikije no gusana ibyangiritse n’ibikorwa remezo.

Minisitiri Dr Ndagijimana yavuze ko u Rwanda rwafashe icyerekezo cyo kwita ku mibereho y’impunzi rucumbikiye kuva mu myaka 20 ishize.

Yagize ati “Mu ntangiriro z’umwaka, twamuritse gahunda yo kwinjiza impunzi mu buzima bw’igihugu hagati ya 2019-2024, mu kuzifasha kubaho neza no guteza imbere aho zicumbitse.’’

Yakomeje avuga ko amafaranga u Rwanda rwahawe arimo “Azashorwa mu gushyigikira ibikorwa by’ubukungu ku mpunzi n’abaturage baturiye inkambi mu mishinga ibateza imbere, nko kubaka amasoko n’ibindi bizatuma bihangira imirimo.’’

Hari igice cy’amafaranga azashorwa mu bikorwa remezo birimo amashuri, ibigo nderabuzima, amashanyarazi, gusakaza amazi n’iby’isuku n’isukura, mu bice bituriye inkambi.

Uyu mushinga uzafasha impunzi 136 000 zituye mu nkambi zibarizwa mu turere dutandatu n’Abanyarwanda bagera kuri miliyoni ebyiri bazawungukiramo.

Visi Perezida wa Banki y’Isi, Ghanen yashimangiye ko uyu mushinga uzongerera ubumenyi n’amahugurwa azatuma impunzi zinjira mu bikorwa bigamije kwihangira imirimo.

Yakomeje ati “Uyu mushinga uzungukira impunzi n’Abanyarwanda baturanye. Bizagabanya umutwaro Guverinoma y’u Rwanda yagiraga mu gutunga impunzi binyuze mu gushyira uburyo butangiza ibidukikije no kugabanya imbaraga kuri serivisi zikenerwa n’abari mu nkambi.’’

Mu 2016, Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego enye zigamije kwita ku mibereho myiza y’impunzi. Muri zo harimo kuziha amakarita ndangampunzi, guha ikaze abana mu mashuri y’u Rwanda, korohereza impunzi zituye mu mijyi gukoresha ubwisungane mu kwivuza no kubaka ubushobozi bwazo zinjizwa mu bikorwa byo kwihangira imirimo.

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Kamayirese Germaine, yatangaje ko uyu mushinga watekerejwe nyuma yo kubona inkunga impunzi zihabwa yaragabanutse.

Yagize ati “Umushinga uzafasha impunzi gukora ibiziteza imbere. Aho zakiriwe, zikeneye kwiga, hakenewe ibyumba by’amashuri, amavuriro n’ibikorwa remezo bibateza imbere.’’

Yakomeje avuga ko “Inkunga imiryango itera inkunga impunzi yaragabanutse itanga yagabanukaga, ni yo mpamvu leta yafashe inguzanyo ngo izifashe kwiteza imbere bafatanyije n’abo baturage. Twizeye ko bizazifasha kwishakira ibisubizo no kwitunga.’’

U Rwanda rwemeje amasezerano azwi nka “The Comprehensive Refugee Response Framework, CRRF’’ yo gufasha impunzi kwigira ubwazo no gusangira iterambere n’abatuye agace zicumbikiwemo.

Imibare yo muri Werurwe 2019 igaragaza ko u Rwanda rucumbikiye impunzi 148,320.

Inkuru ya IGIHE

2019-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Uganda: Banki y’igihugu igiye gushyirwa ku isoko yegurirwe abashoramari

Ubwanditsi 27 May 2018
Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Inyungu ya BK Group Plc yageze kuri miliyari 27.4 Frw mu 2018

Ubwanditsi 28 Mar 2019
Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Perezida Kagame yaganiriye na Justin Trudeau ku ishoramari n’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Canada

Ubwanditsi 10 Feb 2020
RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

RwandAir yaje mu bigo 10 by’indege byagaragaje impinduka ku Isi mu 2018

Ubwanditsi 26 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR
HIRYA NO HINO

RDC: Abantu benshi baguye mu gitero bikekwa ko cyagabwe na FDLR

Ubwanditsi 02 May 2018
Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 05 Jun 2019
Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA
Mu Rwanda

Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA

Ubwanditsi 19 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru